Ubuyobozi bw’akarere ka Musanze, bukomeje gusaba abaturage kwirinda kugura no kugurisha amafi mu masoko, nyuma yuko habonetse amafi menshi yapfuye mu ruzi rwa Mukungwa.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu , i Nyamirambo ahitwa mu Rwampara, habereye impanuka itangaje, aho imodoka yagurutse ikagwa hejuru y’igikoni cy’umuturage utuye hepfo y’Umuhanda. Ibi byatangaje benshi babonaga iyi modoka hejuru y’inzu, bakavuga batebya ko imodoka z’i Nyamirambo zisigaye zigana inyoni kuguruka.
Mu bihugu bimwe bya Afurika bizera abo bita Abavubyi, bivugwa ko bashobora kugusha imvura bakanayihagarika igihe babishakiye. Mu Rwanda naho Abavubyi barahabaga, ariko inzobere mu mateka y’u Rwanda kimwe n’abahanga mu bya siyansi bemeza ko nta muntu ufite ububasha bwo kugusha imvura. Izo nzobere zivuga ko ahubwo hari (...)
Icyeza Maria Goreti yihangiye umurimo wo gukora inigi, ibikomo n’amaherena mu masaro akuye ubumenyi kuri Interineti, none ubu uwo mwuga umwinjiriza asaga ibihumbi 200Frw ku kwezi.
Mu kigo cyagenewe ibikorwa by’imurika rishingiye ku muco kiri ahahoze hitwa Camp Kigali hatangirijwe ku mugaragaro gahunda yiswe ArtRwanda-Ubuhanzi igamije guteza imbere ubuhanzi mu rubyiruko.
Abiga mu Ishuri Rikuru ry’imyuga n’ubumenyingiro IPRC-Tumba bagaragaje igicanwa kigurwa 50Frw, gishobora guteka ibiribwa bihira amasaha abiri.
Rutikanga Ferdinand, ni we watangije umukino w’Iteramakofe mu Rwanda, nk’uko adahwema kubibwira buri muntu wese baganiriye. Nubwo ntawamenya igihe yaherukiraga gukina uyu mukino kuko ageze ku myaka irenga 60 ubu, avuga ko kuri uyu wa gatanu hateganyijwe umukino wo gusezera mu Iteramakofe uzamuhuza n’Impanga ye yitwa (...)
Rurangirwa Darius uzwi ku izina ry’Ubuhanzi nka Jah Bone D ( Igufa ry’Imana), avuga ko mu buzima bwe yakuze atotezwa hamwe n’umuryango we, kuko bari Abatutsi. Mu gihe cya Jenoside yabakorerwaga mu 1994 ho, ngo iyo hataba 20.000Frw yaguzwe n’umukozi wa CICR bakoragana amugura n’abicanyi, ubu ngo ntaba akiri ku isi. (...)
Abatuye Akarere ka Nyagatare batunguwe no kubona umuntu batazi yaraye akambitse imbere y’ibiro by’akarere, bahita bahuruza abashinzwe umutekano bazwi nka DASSO.
Umunsi wo gutangaza imihigo mu turere urangwa na "stress" cyane cyane ku bayobozi batwo, ariko ugasanga n’abakozi b’uturere baba batorohewe kuko amanota atangazwa yerekana umusaruro uba waravuye mu ngufu zabo.
Mu ijoro ryo ku wa 27 Nyakanga 2018, hagaragaye ubwirakabiri budasanzwe bw’Ukwezi ku isi hose. Ubwo bwirakabiri bufatwa nk’imbonekarimwe abafotozi bo hirya no hino ku isi bari babutegereje, kugira ngo basigarane amafoto y’urwibutso. Irebere ayo mafoto maze utubwire uwaba yarahize abandi mu gufotora ubwo bwirakabiri.
Hamire Emmanuel uyobora umudugudu wa Rebero, Akagari ka Rugari, Umurenge wa Mimuli mu Karere ka Nyagatare, yahawe impano ya Karuvati iriho ifoto ya Perezida Kagame, ashimirwa ko ayobora neza umudugudu we.
Kuri uyu wa gatanu mu masaha y’ijoro haragaragara ubwirakabiri bw’Ukwezi bumara igihe kirekire mu mateka y’ikinyejana cya 21. Ukwezi kuraza kwihinduriza mu gihe kirenga amasaha abiri. Ubwo bwirakabiri buragaragara no mu rw’imisozi igihumbi, i Kigali mu Rwanda.
Hakunze kumvikana impaka zijyanye n’imyemerere aho bamwe bavuga ko abagore bambara bigufi, amapantaro, abasuka cyangwa bakadefiriza imisatsi n’abirimbisha mu buryo bunyuranye batazakandagira mu ijuru. Ibyo ariko hari abandi babona ko nta shingiro bifite ndetse bakanemeza ko kujya mu ijuru bishingira ku byo umuntu akora (...)
Kera iyo umwana yesaga umuhigo yahigiye imbere y’ababyeyi,Umubyeyi yamukoreraga ibirori, akanamugabira inka y’Ubumanzi. Ibi ni ko byagenze ku wa Gatanu ku itariki ya 14 Nyakanga 2018, ubwo Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’ikirenga w’ingabo z’ igihugu, yasozaga amahugurwa y’aba ofisiye bato 180 mu ishuri rikuru rya (...)
Rimwe na rimwe mu bukwe abantu bakunze kwizihirwa, bakagaragaza ibyishimo byabo baririmbira abageni akaririmbo, ndetse bakanababyinira. Indirimbo yaririmbwe muri ubu bukwe yo yatumye ababutashye hafi ya bose baseka imbavu zirashya bataha bumiwe.
Nyir’amaso yerekwa bike ibindi akirebera. Irebere uyu mugabo ukuntu afite impano yo kwigana imodoka iri mu isiganwa uraseka.
Bamwe mu baturage bagira imyumvire itandukanye ku bayobozi babo, ku buryo hari bamwe bazi ko iyo umuntu abaye umuyobozi aba yemerewe ibintu byose. Iyumvire nk’uyu uko yumva yabaho aramutse abaye Meya.
Rev. Dr. Antoine Rutayisire ari mu babona ko Abanyarwanda bakeneye abajyanama bashinzwe kubamenyera ejo hazaza, ariko batari abaraguza umutwe.
Ndandu Marcel, Umunyamabanga Nshingabikorwa w’Umurenge wa Rurembo mu Karere ka Nyabihu, yagaragaye yikoreye umutwaro w’inkwi yari yakiriye umucecuru bitangaza benshi mu bamubonye.
Ubusanzwe iyo Intore zihamiriza ziba zerekana ubutwari bw’Ingabo ziri ku rugamba. Zikaba ziba zifite umwe muri zo uziyoboye uba aziha ikitwa imihamirizo , nazo zikayishyira mu bikorwa.
Bishop Rugagi Innocent aherutse gusengera abakirisitu be abizeza ko bibasaba gutanga ituro gusa, kugira ngo babashe kubona umugisha wa Range Rover mu gihe kitarenze amezi atatu.
Umusirikare wo muri Amerika wari mu ntambara yo guhashya iterabwoba mu gihugu cya Afghanistan, yaturikanywe n’igisasu igitsina cye kirangirika, ndetse n’udusabo twe tw’intanga turangirika.
Ndikubwimana Augustin wari umupadiri muri Diyosezi ya Gikongoro yahagaritswe imyaka ibiri, ashinjwa ubusinzi bukabije ndetse n’ubusambanyi.
Abakuru b’ibihugu bigize umuryango w’Ibihugu bivuga ururimi rw’Icyongereza ‘Commonwealth’ bihereranye bemeza u Rwanda nk’igihugu kizakira inama itaha y’uyu muryango.
Intumwa Gitwaza kimwe n’abandi bavugabutumwa bo mu Rwanda, bakunze kuvugwaho guhanurira abakirisitu babagana, babaturiraho ibintu byiza runaka bigiye kubabaho.
Akenshi Kamere muntu ituma abantu batabasha kwakira ibibi bibabayeho, akenshi ugasanga bitotombera Imana bibaza icyo yabahoye .
Mu gihe insengero zitujuje ibyangombwa zahagurukiwe zimwe zigahagarikwa izindi zigasabwa kubyuzuza kugira ngo habungwabungwe umutekano w’abazisengeramo, hari ahandi hantu hakunze gusengerwa na ho hakwiye kurebwaho.
Benshi bakunze kwibaza niba koko indimi abarokore bakunze kuvugamo mu masengesho igihe bagiye mu mwuka zibaho? Izi ndimi abarokore bavuga ko utajya mu mwuka utabasha kugira icyo utoramo.
Mu ijoro ryo kuri uyu wa gatatu tariki ya 14 Gashyantare 2018 ubwo benshi mu bakundana bizihizaga umunsi w’abakundanye uzwi nka Saint Valantin, Umusore witwa Gasore Felix yibwe umutsima yari yahishiye umukunzi we, bimuviramo guterwa indobo ku munsi w’abakundanye.