Hari ibyo abahanga bita ‘faux pas’ cyangwa se amakosa mu myambarire, bituma umuntu iyo yambaye ataberwa cyangwa bidasa neza.
Umwana wo muri Kenya i Mombasa witwa Sheilah Sheldone ufite imyaka 11 y’amavuko yatangaje abantu benshi biturutse cyane cyane ku mpano n’ubuhanga afite mu gushushanya.
Resitora iherereye mu Mujyi wa Shangsha mu Bushinwa yasabye imbabazi abakiriya bayo yabanzaga gupima ibiro kugira ngo ibone kubaha ibiryo bituma badakomeza kugira ibiro byinshi.
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika Donald Trump yatangaje ko urubuga rukunzwe cyane muri iyi minsi n’urubyiruko rwitwa Tik Tok rutazongera gukoreshwa muri Leta zunze Ubumwe za Amerika, mu gihe cyose ruzaba rukiri mu maboko ya sosiyete y’Abashinwa, bitarenze tariki 15 Nzeri uyu mwaka kandi ko bitagibwaho impaka.
Buri mwaka ugira imyambaro ikundwa kugerwaho kurusha iyindi. Uko imyaka yagiye igenda ni ko imwe ivaho hakaza indi. Muri 2020 hari imyenda igezweho kurusha indi haba ku bakobwa ndetse n’abahungu.
Mu buzima bwa buri munsi, dukenera ibikoresho bitandukanye bidufasha kubaho neza haba mu rugo, mu kazi cyangwa mu ngendo. Nyamara hari ibikoresho byinshi dutunze ariko tutazi ko bifite umumaro urenze uwo twabiguriye.
Abantu hirya no hino ku isi bari guhangana n’icyorezo cya COVID-19 mu buryo butandukanye, ariko muri Indonesia hatangijwe uburyo budasanzwe.
Mbere yo kuvuga uko umuntu ugona yakwivura mu buryo bw’umwimerere, ni ngombwa ko abantu babanza kumenya icyo kugona bivuze, n’impamvu zibitera.
Dwayne Johnson umenyerewe mu myidagaduro ku izina rya "The Rock", ubu ni we uri ku mwanya wa mbere ku rutonde rwa Instagram rugaragaza abantu b’ibyamamare baca amafaranga menshi igihe hari ubutumwa (post) bwamamaza bwatewe inkunga bugashyirwa kuri instagram yabo.
I Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali ni kamwe mu duce twakunze guturamo urubyiruko rugendana n’ibigezweho, abo bita ibyamamare, abasirimu cyangwa abasitari.
Umugabo w’Umwongerzaa w’imyaka 45 y’amavuko yareze mu rukiko umugore basohokanye amushinja ko yari arwaye Herpes bakaza gusomana akamwanduza.
Kuba Ikinyabibiri benshi basanzwe bazi ko ari inenge umuntu avukana akaba yayisazana, ariko umuganga waganiriye na KT Radio yagaragaje ko kuba ikinyabibiri ari uburwayi ushobora gufatirana kare bukavurwa bugakira. Umva hano uko abisobanura:
Itsinda ry’abashakashatsi ryo mu Buyapani muri Toho University ryapimye uburyo uruhinja rwitwara iyo ruteruwe ku buryo butandukanye, ndetse n’iyo ruteruwe n’ababyeyi cyangwa abandi bantu rutazi.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku burenganzira bw’umwana (UNICEF), riravuga ko abana babarirwa muri miliyoni bari mu byago byo gushaka akazi bitewe n’ubukene buwete na covid-19. Umubare w’abana bashaka akazi ushobora kuzamuka bwa mbere mu myaka 20 ishize.
Umukinnyi ukomoka muri Ghana wiberaga mu kibuga cy’indege mu Buhinde yabashije kugisohokamo nyuma y’amezi arenga abiri yari amazemo kubera Covid-19.
Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika Donald Trump, ku wa 28 Gicurasi 2020, yashyize umukono ku Iteka rigabanya ubudahangarwa buhabwa imbuga nkoranyambaga mu nkiko, kuko itegeko ryo mu mwaka wa 1996, rivuga ko imbuga nkoranyambaga nka Facebook, Twitter, YouTube na Google bitakurikiranwa mu nkiko bizira ibyo ababikoresha (…)
Urubuga rwa Twitter rukoreshwa n’abatari bake mu gutanga ibitekerezo byabo no gusangira amakuru. Abarukoresha bavuga ko ari rumwe mu mbuga nkoranyambaga ziryoha kubera ubwisanzure mu gutanga ibitekerezo.
Wari uzi uburyo bwiza bwo kubika inyanya zikaba zamara ibyumweru bibiri cyangwa bitatu kandi utifashihije firigo, dore ko abahanga mu byo kubika neza umusaruro w’ibihingwa bimwe na bimwe bavuga ko inyanya zidakwiriye kujya muri firigo!
‘Trikini’ imyenda yo kogana iri kumwe n’agapfukamumywa, ni imyambaro iri gukundwa kurusha uko uwayikoze yari abyiteze kuko yayikoze asa nukina mu bihe byo kuguma mu rugo hirindwa icyorezo cya covid-19.
Kuva icyorezo cya Covid-19 cyakwaduka mu isi, hari amateka kimaze kwandika mu mitwe y’abantu, arimo n’ayo bazajya bacyibukiraho mu bijyanye no gutwara abantu n’ibintu.
Buri muntu iyo agiye mu kazi agira imyenda runaka yambara bitewe n’akazi akora. Abakora mu biro bambara imyenda y’ibiro itandukanye n’iyo kurimba. Abunganizi mu mategeko n’abacamanza mu Rwanda bambara amakanzu y’umukara yitwa ‘toge d’avocat’ cyangwa ‘court dress’.
Nyuma y’Uko Umuryango w’Abibumbye wita ku buzima, OMS, ugaragaje ko kwambara agapfukamunwa ari bumwe mu buryo bwizewe bwo kwirinda kwandura ndetse no kwanduza icyorezo cya Coronavirus cyugarije isi; hirya no hino bakanguriwe kutwambara babishyira mu bikorwa.
Umugabo wa mu Bwongereza witwa Martin Mitchell ufite imyaka 49 y’amavuko, yategetse umukobwa bakundana witwa Susane Payne, kwandikisha izina ry’uwo mugabo ku kuboko kwe ku buryo bidasibangana (tattoo) kugira ngo abantu bose bamenye ko ari uwe.
Ibishayote ni ikimera kiba mu bwoko bw’ibihaza bito, ariko gifite ibyiza bitandukanye kimwe n’izindi mboga.Mu kamaro k’ibanze kabyo, harimo kongerera amashereka umubyeyi ukimara kubyara.
Chris Woodhead, umugabo w’Umwogereza yafashe icyemezo kwo kwishushanyaho (tattooing) ahinduka nk’igisimba ngo yiyibagize ko hariho gahunda ya #GumaMuRugo, isaba abantu kuguma mu ngo ngo birinde icyorezo cya Coronavirus.
Hari abakoresha puwavuro (poivron) mu gikoni nk’ikirungo, cyangwa se bakayikoresha kuko babona igaragara neza, ariko rero si ibyo gusa kuko burya ifite n’akamaro kenshi.
Umusomyi wa Kigali Today yanditse ubutumwa mu mwanya wagenewe ibitekerezo agisha inama y’uko yabigenza ngo ashinge urugo mu bushobozi afite, ariko akaba afite imbogamizi z’uko abakobwa babiri yaterese bamubenze.
Ku rubuga www.doctissimo.fr, bavuga ko ibirayi ari ikiribwa cyiza ku bantu batandunye, baba abana, abakora siporo (les sportifs) ndetse n’abantu bafite ikibazo cy’umubyibuho ukabije cyangwa se abafite ikibazo cy’ibinure bibi byinshi mu maraso ‘hypercholestérolémie’.
Muri iyi minsi hariho gahunda ya #GumaMuRugo, hirindwa Coronavirus, igihe abantu bamara bareba muri telephone, mudasobwa ndeste na television cyariyongere, ndetse ubushakashatsi bwerekana ko umuntu ashobora kumara amasaha 11 ku munsi abireba.
Igifenesi ni urubuto rukundwa n’abantu batari bake, kandi bakarurya mu buryo butandukanye, kuko rugira ibyiza bitandukanye ruzana mu buzima bw’abarurya.