Izina ry’umurenge wa Rwinkwavu mu Karere ka Kayonza, ngo rikomoka ku gasozi kitwaga “Rwinkwavu” kabagaho utunyamaswa duto turimo n’udukwavu.
Ku isaha ya 16h zo ku wa Mbere ushize taliki 14/4/2014 Nyirarwango Lucie umucyecuru w’imyaka 69 nibwo yapfuye mu buryo bw’amayobera aho yari atuye mu kagari ka Rwangara umurenge wa Cyanzarwe akarere ka Rubavu, ariko aza kongera kuzuka mu gihe biteguraga kumushyingura.
Ntaganda Elia w’imyaka 29 n’umugore n’abana batatu utuye mu murenge wa Rurenge akagali ka Rujambara akarere ka Ngoma, ari mu maboko ya police ya Remera Post station nyuma yo kugwa gitumo n’abaturage arya imbwa avuga ko ariye agashyikirizwa polisi.
Abadepite b’abagore mu nteko ishinga amategeko muri Kenya baraye bivumbuye basohoka mu nama yari irimo kwiga ku itegeko rirebana n’ubuharike, bukomeje guteza impagarara muri icyo gihugu.
Umusore witwa Manirakiza Diogène w’imyaka 27 y’amavuko yamenyesheje Nyiransabimana Séraphine w’imyaka 25 ko ubukwe bwabo butakibaye bitewe n’uburwayi, mu gihe hari hasigaye icyumweru kimwe gusa ngo basezerane imbere y’Imana ko bagiye kubana akaramata.
Isantere yo mu Masha ibarizwa mu Kagali ka Mutanda, Umurenge wa Cyabingo mu Karere ka Gakenke, yamenyekanye cyane kubera ko icururizwamo inyama z’ingurube bakunda guha akazina k’akabenzi cyangwa indyoheshabirayi.
Ngo hari ababona umuntu ucecetse bidasanzwe bakamwita umufilozofe, babona uwambaye uko yishakiye bakamwita umufilozofe, ariko ngo ntabwo aribyo kuko ubundi umufilozofe ngo ari umuntu uba afite ibitekerezo biri ku rwego rwo hejuru kandi uba akwiye kumvwa kuko amurikira sosiyeti nk’uko Dr. Nzeyimana Isaïe w’umuhanga muri (...)
Ubwo isiganwa ry’amagare rya “tour du Rwanda” ryageraga bwa mbere mu karere ka Nyamagabe Kuri uyu wa Gatanu tariki 22/11/2013, ryashimishije abaturage cyane bakaba ngo barasanze bari barahejwe ku byiza.
Uwitwa Toby Ng ukomoka muri Hong Kong yashyize ahagaragara ubushakashatsi yakoze bwerekana ikigereranyo cy’uko byari kumera iyo isi iba ari umudugudu umwe utuwe n’abantu 100 gusa.
Abahanga mu bya siyansi bifuza kuzura ubwoko bw’utunyamasyo"Geochelone Abigdoni", nyuma y’aho akanyamasyo rukumbi ko muri ubwo bwoko kitwaga "Georges le solitaire" kari gasigaye kapfuye tariki 24/06/2012.
Gerard Ugirashebuja ukomoka mu Murenge wa Janja, Akarere ka Gakenke, yamenye abamukomokaho bane ubwo yitabaga itsinda ridasanzwe mu gukemura ikibazo cy’imitungo y’abarokotse Jenoside, kugira ngo atange amakuru ku kibazo cy’isambu, kuri uyu wa Gatanu tariki 22/03/2013.
Nyuma y’uko urutonde rw’abahanzi 11 bazahatanira irushanwa rya PGGSS 3 rugiye ahagaragara Jay Polly ntarubonekeho, benshi mu bafana be n’abakurikiranira hafi ibya muzika nyarwanda bahamya ko ibi byaba byaratewe n’ikibazo uyu muhanzi yagiranye n’abanyamakuru umwaka ushize.
Umugore umenyerewe gukina amafilimi asekeje (Comedie) muri Hollywood n’umugabo we bari gukorera ibiruhuko mu Rwanda, aho banasuye inzu ndangamurage y’u Rwanda iherereye mu karere ka Huye mu ntara y’Amajyepfo.
70% by’abantu bafite hejuru y’imyaka 40 bemeza ko bagize ibyishimo nyabyo nyuma yo kugera ku myaka 33; nk’uko ubushakashatsi bwakozwe n’urubuga mpuzambaga rwo mu Bwongereza rwitwa Friends Reunited bubyerekana.
Amakuru yasohotse kuri uyu wa mbere tariki ya 24 Ukwakira 2011 mu kinyamakuru Alto Adige cyo mu Butaliyani aravuga ko hari umupadiri wambuwe uruhushya rwo gutwara imodoka ndetse polisi ikanamucumbikira muri gereza ategereje kujyanwa imbere y’urukiko.
Leta ya Koreya y’amajyepfo yahaye amafaranga y’ama euros 3 afite agaciro k’amafaranga y’amanyarwanda atageze 3000 nk’ impozamarira ku muryango watakaje umusirikare mu ntambara yabaye hagati y’imyaka ya 1950 na 1953.
Robert Muhire uri mu kigero cy’imyaka 20 ashimishwa no kubona umugezi wa Nyabarongo wuzuye kubera imvura, kuko mu gihe abagenzi babuze uko bahanyura, akazi ke kaba gatangiye kuko abashyira ku mugongo akabambutsa.
Pasiteri Youcef Nadarkhani ukomoka mu gihugu cya Iran yakatiwe igihano cy’urupfu n’Urukiko rw’ikirenga rwaho kubera ko yanze kwinjira mu idini ya Isilamu kandi abakurambere be bari baririmo