Umurinzi w’Igihango, Joseph Habineza wo mu Murenge wa Bwishyura mu Karere ka Karongi, yatunguwe n’inkuru y’uko bazina we, Joseph Habineza, wigeze kuba Minsitiri yitabye Imana maze yihanganisha umuryango we.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo buvuga ko mu bakobwa barenga 420 batewe inda mu mwaka wa 2020-2021, benshi ngo baziterewe mu ngo n’abo bafitanye isano, abandi baziterwa bagiye gusura abahungu mu macumbi (ghetto), icyo bita ’kurya show’.
Ku wa Gatandatu tariki 21 Kanama 2021, u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kwirukana ku butaka bwarwo Umubiligi Vincent Lurquin, wagaragaye mu itsinda ry’ababuranira Paul Rusesabagina mu rukiko, nta burenganzira abifitiye.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 21 Kanama 2021, u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kwirukana ku butaka bwarwo Umubirigi Vincent Lurquin, wagaragaye mu itsinda ry’ababuranira Paul Rusesabagina mu rukiko, nta burenganzira abifitiye.
Ku wa Gatanu tariki 20 Kanama 2021, Intara y’Iburasirazuba yashyikirije imiryango 131 yo mu Murenge wa Karama, imirasire y’izuba hagamijwe kubashimira uruhare bagize mu bikorwa bijyanye no kugira umudugudu utarangwamo icyaha.
Urubyiruko rw’abakorerabushake mu Karere ka Gicumbi, rwishyize hamwe mu bushobozi rufite, rukusanya inkunga y’Amafaranga y’u Rwanda agera ku bihumbi 380, rworoza umuturage utishoboye inka ihaka.
Niyobuhungiro Félix utuye mu Murenge wa Musasa mu Karere ka Rutsiro, yatawe muri yombi agiye kwandikisha uruhinja rwavutse, nyuma y’uko bimenyekanye ko uwo babyaranye atari yujuje imyaka y’ubukure.
Hakurya y’Umujyi rwagati wa Kigali muri kilometero zitarenga enye ntibatunzwe no kwicara mu biro cyangwa mu modoka, ahubwo bibereyeho nk’abatuye i Shangasha muri Gicumbi, Kinyamakara muri Nyamagabe, Gishyita muri Karongi cyangwa Juru mu Bugesera.
Abaturage b’Umurenge wa Mushishiro babonye amashanyarazi aturuka ku rugomero rwa Nyabarongo ya mbere, baravuga ko yabakuye mu bwigunge ariko bakanifuza ko yakongererwa ingufu kugira ngo babashe kongera umuvuduko mu kwiteza imbere.
Ku wa Gatanu tariki ya 20 Kanama 2021, mu Ishuri rikuru rya Polisi y’u Rwanda (NPC) riri mu Karere ka Musanze, hasojwe amasomo yari amaze amezi ane yahabwaga ba ofisiye bato 39 biganjemo abo muri Polisi y’u Rwanda, abo mu rwego rw’Igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa (RCS) n’abo mu rwego rw’Igihugu rushinzwe (…)
Abakoresha umuhanda by’umwihariko abatwara ibinyabiziga barasabwa kurushaho kwitwararika no kubahiriza amategeko y’umuhanda kugira ngo birinde amakosa akunze gukorwa agateza impanuka.
Abantu 29 bafatiwe mu bice bitandukanye n’amasaha atandukanye mu Mujyi wa Kigali, bafungiwe kuri sitasiyo ya Polisi ya Rwezamenyo bakurikiranyweho gutwara imodoka basinze.
Abaturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu, bakusanyije ubushobozi bwo gushimira ubwitange bw’Ingabo z’u Rwanda, by’umwihariko abamugariye ku rugamba, bityo boroza inka icyenda abatuye mu Murenge wa Nyarugunga mu Karere ka Kicukiro.
Joseph Habineza wigeze kuba Minisitiri w’umuco na Siporo yitabye Imana ku myaka 57, amakuru atangwa n’abo mu muryango we aravuga ko yaguye i Nairobi muri Kenya kuri uyu wa 20 Kanama 2021, aho yari amaze igihe gito kuko yari mu nzira yerekeza i Burayi.
Polisi ikorera mu Mujyi wa Kigali yerekanye abagabo batatu n’umugore umwe batawe muri yombi bakurikiranyweho gukoresha ibisubizo by’ibihimbano bya Covid-19.
Nsabimana Jean Damascène wo mu Kagari ka Nyamirama mu Murenge wa Karangazi, avuga ko hashize imyaka irindwi umugore bashakanye mu buryo bwemewe n’amategeko, amutanye abana bane babyaranye amuziza ubumuga nyamara barashakanye abufite.
Ishami rw’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (WHO) ryatangaje ko uretse icyorezo cya Covid-19, Afurika y’Iburengerazuba ubu ihanganye n’ibindi byorezo birimo icyitwa ’Marburg’ ndetse na ’Ebola’, ku buryo ngo bishobora kurenga ubushobozi bw’inzego z’ubuzima.
Umuyobozi mukuru wa Koperative Umwalimu Sacco, Laurence Uwambaje, avuga ko abanyamuryango bayo batazagabana inyungu (Ubwasisi) mu gihe abakeneye inguzanyo ari benshi kuko byatuma banki ihomba bityo ntikomeze gufasha abanyamuryango bayo.
Mu kwezi kwa kane 2020, ni bwo urubyiruko rw’abakorerabushake rwinjiye mu rugamba rwo guhangana n’icyorezo cya COVID-19. Ni bwo abasore n’inkumi bambaye udukote tudasanzwe batangiye kugaragara bahagaze ahantu hahurira abantu benshi nko ku masoko, ku nsengero, aho abantu bategera imodoka n’ahandi hatandukanye.
Inzego za Uganda zishinzwe abinjira n’abasohoka zashyikirije u Rwanda abantu 26 bari bafungiye muri Uganda, icyo gikorwa kikaba cyabereye ku mupaka wa Kagitumba tariki 19 Kanama 2021 ahagana saa kumi n’imwe n’iminota 50 z’umugoroba.
Umuyobozi w’Ishami rishinzwe Abarimu mu Kigo cy’Igihugu cy’Uburezi (REB), Mugenzi Ntawukuriryayo Leon, avuga ko uyu munsi mwarimu abayeho mu buzima yishimiye, kubera impinduka zigenda zikorwa hagamijwe kuzamura imibereho ye, gusa ngo izakomeza ubuvugizi kugira ngo ubuzima bwa mwarimu burusheho kuba bwiza.
Bamwe mu bitandukanyije n’ibikorwa byo gutunda magendu n’ibiyobyabwenge, baraburira abakibyishoramo guca ukubiri na byo, kugira ngo bibarinde guhora bahanganye n’inzego z’umutekano, amakimbirane n’ihohoterwa mu miryango.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwashyizeho amarushanwa mu mirenge y’icyaro n’iy’umujyi yo kurwanya umwanda kandi abazahiga abandi bashyiriweho igihembo cy’imodoka.
Ku itariki 17 Kanama 2021, ahagana saa kumi n’ebyiri za mu gitondo, Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’izindi nzego z’umutekano n’abayobozi mu nzego z’ibanze bafashe abantu 17 bari mu gikorwa cyo gucukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranijwe n’amategeko, bafatiwe mu mirenge ya Murambi na Masoro yo mu Karere ka Rulindo.
Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza, Murenzi Jean Claude, avuga ko urujya n’uruza rw’abantu mu bikorwa byemerewe gukomeza mu gihe abantu bari muri Guma mu Rugo, biri ku isonga mu gutuma COVID-19 yiyongera cyane cyane mu mirenge irangwamo ubworozi bwinshi.
Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yayobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame kuri uyu wa Gatatu yatangaje ko abagize Guverinoma bagiye gutangira ikiruhuko kizarangira tariki 31 Kanama 2021.
Ikigo cy’igihugu cy’Iterambere (RDB) cyatangaje ko cyavuguruye amasezerano u Rwanda rufitanye n’ikipe ya Arsenal yo mu gihugu cy’u Bwongereza.
“Igira ku murimo” (Workplace learning) ni gahunda y’igihugu igamije guteza imbere ubumenyingiro bw’urubyiruko rudafite akazi mu mashami y’ubwubatsi akubiyemo ibijyanye n’ububaji (Carpentry), ubucuzi (Welding), ikwirakwizwa ry’amazi (Plumbing), amashanyarazi (Electricity) ndetse no kubaka amazu (Masonry) hibandwa cyane cyane (…)
Kuri uyu wa Gatatu tariki 18 Kanama 2021, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yayoboye inama idasanzwe y’Abaminisitiri igamije kurebera hamwe aho igikorwa cyo gukingira abantu Covid-19 kigeze.
Amakuru Kigali Today yahawe n’umucuruzi ukorera aho muri Nyabugogo, avuga ko kuri uyu wa Gatatu tariki 18 Kanama 2021, hari umugabo cyangwa umusore uhanutse avuye hejuru mu igorofa y’isoko ry’Inkundamahoro, bigakekwa ko yaba yiyahuye.