Umukuru w’igihugu cya Santrafurika Faustin-Archange Touadéra, yasuye umudugudu w’icyitegererezo wa Kinigi (IDP Model Village), atambagizwa ibikorwa remezo binyuranye byubatswe muri uwo mudugudu, birimo urugo mbonezamikurire rw’abana bato, ishuri, ikigo nderabuzima n’ibindi.
Nyuma y’igihe yari amaze ayobora Njyanama y’Umujyi wa Kigali by’agateganyo, Dr. Kayihura Muganga Didas amaze gutorerwa bidasubirwaho umwanya wa Perezida w’Inama Njyanama y’Umujyi wa Kigali.
Bamwe mu bahoze ari abakozi b’Intara ya Butare bavuga ko bifuza guhabwa amafaranga y’ibirarane by’imishahara bemerewe kuzishyurwa bagisezererwa ku kazi mu mpera z’umwaka wa 2004, kuko igihe kibaye kirekire.
Polisi y’u Rwanda, ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, iratangaza ko mu cyumweru kimwe cyo kuva ku wa Gatanu tariki 30 Nyakanga kugeza ku wa Kane tariki 5 Kanama 2021, abantu 12 baguye mu mpanuka zo mu muhanda.
Inteko Nyarwanda y’Umuco n’Ururimi (Rwanda Culture Heritage Autority, RCHA) iratangaza ko harimo kwigwa uko umuganura wahuzwa n’imihigo ya buri mwaka, kugira ngo urusheho kwaguka no guhuza Abanyarwanda.
Ku wa Gatatu tariki ya 04 Kanama 2021, Polisi ikorera mu Karere ka Gicumbi ku bufatanye n’abayobozi mu nzego z’ibanze batwitse banamena ibiyobyabwenge birimo litiro 348 za Kanyanga, udupfunyika tw’urumogi 1358, ibiro 5 by’ikiyobyabwenge cya Mayirungi n’ibiro 2 by’urumogi.
Muri iki gihe icyorezo cya Covid-19 gikomeje kuzahaza abatari bacye ari na ko gihitana abandi, mu bice byo mu nkengero z’umujyi wa Musanze, hakomeje kugaragara abarimo n’urubyiruko barenga ku mabwiriza yo kucyirinda.
Ku munsi wa mbere w’uruzinduko rwe rw’akazi mu Rwanda kuri uyu wa Kane, Perezida wa Repubulika ya Santarafurika, Faustin-Archange Touadéra hamwe na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame, bayoboye isinywa ry’amasezerano ane y’ubufatanye hagati y’ibihugu byombi.
Padiri mukuru wa Paruwasi gatolika ya Cyahinda, Jean Claude Buhanga, yitabye Imana mu masaa tanu zo kuri uyu wa 5 Kanama 2021, azize impanuka y’imodoka.
Perezida wa Santrafurika, Faustin-Archange Touadéra wari utegerejwe mu Rwanda yamaze kugera i Kigali, aho yakiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta.
Ibiro bya Perezida wa Repubulika byatangaje ibizaranga uruzinduko rwa Perezida Faustin-Archange Touadera wa Santrafurika utegerejwe mu Rwanda none tariki 5 Kanama 2021 mu ruzinduko rw’akazi.
Umudugudu w’icyitegererezo wa Kinigi, uherereye mu nkengero z’ibirunga mu Murenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze, nyuma y’uko ku itariki 04 Nyakanga 2021 wizirihirijwemo ku rwego rw’igihugu, ku nshuro ya 27 isabukuru yo kubohora igihugu, ukomeje kuganwa n’abashyitsi banyuranye baturutse hirya no hino ku isi mu ngendoshuri.
Ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki ya 03 Kanama 2021, abapolisi bakorera mu Karere ka Kamonyi bashinzwe umutekano wo mu muhanda bafashe uwitwa Nzanana Evariste bakunze kwita Gakara na Nsanzipfura Augustin, bombi bafashwe bagerageza guha ruswa umupolisi ushinzwe umutekano wo mu muhanda ingana n’Amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 50.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney, yatangaje ko nta gikuba cyacitse kuba Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gatare yashyize Akagari ayobora muri Guma mu rugo, cyakora avuga ko agomba kugirwa inama.
Perezida wa Santrafurika, Faustin Archange Touadera, ategerejwe mu Rwanda kuri uyu wa Kane tariki 5 Kanama 2021 mu ruzinduko rw’akazi.
Abatwara abantu n’ibintu kuri moto bazwi ku izina ry’Abamotari bagera ku 46.000 hirya no hino mu gihugu, barimo gukingirwa Covid-19.
Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Col Rwivanga Ronald, yemeje amakuru y’uko Ingabo z’u Rwanda zivuganye abarwanyi barenga 70 mu gace ka Awasse ndetse zigarurira ibirindiro by’inyeshyamba z’umutwe ugendera ku mahame ya Kiyisilamu mu gihugu cya Mozambique.
Urubyiruko rw’abakorerabushake mu Karere ka Musanze, rwashimiwe akazi gakomeye rwakoze mu minsi 15 akarere kamaze kari muri Guma mu rugo bahabwa amajire 250, nyuma y’uko umwe muri bo yitanze imodoka yo kubafasha kurushaho kunoza akazi.
Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) ivuga ko umwenda Leta irimo gufata harimo n’uwavuye mu mpapuro z’agaciro (mpeshwamwenda) z’i Burayi (Eurobonds), uzishyurwa n’abahabwa akazi cyangwa abacuruzi bungukira mu mishinga yasabiwe ayo mafaranga.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Nyirarugero Dancille, aratangaza ko ingeso yo guhishira cyangwa gukingira ikibaba abinjiza kanyanga n’ibindi biyobyabwenge mu gihugu, ituma intego yo kubihashya burundu itagerwaho, bityo agahamagarira buri wese kumenya uruhare rwe mu gutanga amakuru ku babitunda, ababicuruza cyangwa ababinywa.
Mu gihe Leta ikangurira umubyeyi konsa umwana inshuro zitari munsi y’umunani ku munsi, mu gihe cy’amezi atandatu adahabwa imfashabere, agasabwa kandi konsa umwana mu gihe amaze gukaraba intoki mu kwirinda umwanda ushobora kwanduza umwana uburwayi, bamwe mu batuye Akarere ka Musanze, baremeza ko batubahiriza neza ayo (…)
Kuva tariki ya kabiri kugeza tariki eshatu Kanama 2021, Perezida wa Tanzania Samia Suluhu Hassan yagiriye uruzinduko (state visit) rw’iminsi ibiri mu Rwanda. Ni uruzinduko rwa mbere Perezida Suluhu agiriye mu Rwanda kuva agiye ku butegetsi mu kwezi kwa gatatu 2021, asimbuye Dr. John Pombe Magufuli witabye Imana.
Nsekarije Jean damascène w’imyaka 35 yitabye Imana nyuma yo gukubitwa inkoni n’umushumba w’inka, akaba yari agiye kumubaza impamvu yamukubitiye umwana.
Abanyamakuru baributswa kubahiriza amahame agenga umwuga w’itangazamakuru, by’umwihariko igihe batangaza inkuru zerekeye abana, cyane cyane izivuga ku bana bakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Imiryango 550 yo mu Karere ka Rubavu yari imaze imyaka icumi itangira ibyangombwa by’ubutaka yabishyikijwe.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yasabye mugenzi we wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan, guha u Rwanda abarimu bigisha ururimi ry’Igiswahili mu mashuri.
Bamwe mu rubyiruko rwo mu Mujyi wa Kigali baravuga ko bifuza gukora urugendoshuri ahari abarwayi ba Covid-19 kuko byabafasha kurushaho kumenya ubukana bwayo.
Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) rwasohoye amabwiriza mashya agenga Resitora, Hoteli ndetse n’ubukerarugendo muri rusange.
Kuri uyu wa 3 Kanama 2021, Perezida Samia Suluhu Hassan wa Tanzania yasoje uruzinduko rw’iminsi ibiri yagiriraga mu Rwanda.
Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan uri mu Rwanda, yakiriwe na mugenzi we w’u Rwanda Paul Kagame kuri uyu wa Kabiri, bajya gusura inganda zirimo urutunganya amazi, amata n’imitobe rwa Inyange Industries rukorera ku Murindi mu Murenge wa Masaka w’Akarere ka Kicukiro.