Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Nyirarugero Dancille, n’itsinda bari kumwe ry’abayobozi mu nzego zinyuranye hamwe n’abaturage, bifatanyije mu gutangiza gahunda y’icyumweru cyahariwe isuku n’isukura. Ubwo bari bageze mu Mudugudu wa Gahisi, Akagari ka Nyonirima mu Murenge wa Kinigi, batunguwe no gusanga umwanda ukabije mu (…)
Ku wa Kabiri tariki ya 08 Werurwe 2021, Ishami rya Polisi rishinzwe ubutabazi no kurwanya inkongi z’umuriro ryahuguye abakozi ba Hoteli Serena, iherereye mu Karere ka Rubavu.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 09 Werurwe 2022, ku kibuga mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe, Minisitiri w’Intebe, Dr Eduard Ngirente, yasezeye kuri Perezida wa Guinea-Bissau, Umaro Sissoco Embaló, wasoje uruzinduko rw’iminsi itatu yagiriraga mu Rwanda.
Nk’uko bisanzwe tariki 08 Werurwe buri mwaka, mu Rwanda no ku Isi yose hizihizwa umunsi mpuzamahanga wahariwe umugore.
Ubwo ku Isi hose hizihizwaga ku nshuro ya 47 Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore, abahatanira ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda bifatanyije n’abatuye mu Karere ka Bugesera kwizihiza uwo munsi.
Akarere ka Rubavu gaherereye mu Ntara y’Iburengerazuba ni kamwe mu turere turi kwihutisha gahunda yo kugeza amashanyarazi ku bagatuye. Aka karere kaza mu turere twa mbere tumaze kugeza amashanyarazi ku ngo nyinshi nyuma ya Nyarugenge, Kicukiro na Nyaruguru two turi hafi kugeza ku ngo 100% zifite amashanyarazi.
Ababyeyi batujwe mu mudugudu w’icyitegererezo wa Karama mu Karere ka Nyarugenge, bavuga ko bafashe umwanzuro wo kwiga imishinga ibatunga, ikanababyarira inyungu aho kugira ngo bahore bicaye gusa ntacyo binjiza.
Abagore biganjemo abibumbiye mu makoperative anyuranye abarizwa mu Karere ka Gakenke, bemeza ko bashishikajwe no gukora imishinga, ituma barushaho kubungabunga ibidukikije no guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe.
Kuri uyu wa Kabiri tariki 8 Werurwe 2022, umunsi wa kabiri w’uruzinduko rw’iminsi itatau arimo mu Rwanda, Perezida wa Guinea Bissau, Umaro Sissoco Embaló, yasuye icyanya cyahariwe inganda i Masoro mu Mujyi wa Kigali ahazwi nka Kigali Special Economic Zone.
Perezida Paul Kagame yifurije umunsi mwiza abagore, kuri iyi tariki ya 08 Werurwe 2022 ubwo Isi yose yizihizaga Umunsi Mpuzamahanga wahariwe abagore.
Ibigo bitwara abagenzi bava n’abajya muri Uganda bivuga ko n’ubwo imipaka yongeye gufungurwa ingendo zigasubukurwa, hari abagenzi benshi batarimo kujyayo kubera ikiguzi gihenze cyo kwipimisha Covid-19, hamwe n’amafaranga y’urugendo yiyongereye.
Abagore bibumbiye muri Club Soroptimiste-Butare, bamaze imyaka 25 biyemeje kujya begeranya ubushobozi bagafasha abagore bakennye, bakanifuza ko haboneka abandi benshi bafite ubushobozi bagera ikirenge mu cyabo, kuko byafasha mu iterambere ry’umugore.
Ababyeyi b’abana barererwa mu marerero azwi nka Home based ECDs yo mu Karere ka Musanze, barishimira uburyo akomeje kugira uruhare rufatika mu kurinda abana babo kwandagara mu mihanda no mu nsisiro, bityo na bo bakabona uko bashaka ibitunga ingo badafite impungenge z’aho babasiga.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruratangaza ko kwigisha abagenzacyaha ururimi rw’amarenga bizanoza serivisi z’ubutabera ku bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga, kuko wasangaga kubakira bisaba gushaka abasemuzi.
Abanyarwanda n’Abanya-Uganda baturiye umupaka wa Cyanika, bari mu byishimo nyuma y’uko uwo mupaka ufunguwe. Ni nyuma y’imyaka isaga ibiri wari umaze ufunze, bakaba bishimira ko ubuhahirane hagati y’ibihugu byombi bugiye kubafasha mu kuzamura iterambere n’imibereho myiza yabo.
Perezida Umaro Sissoco Embaló wa Repubulika ya Gineya-Bissau, uri mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi itatu mu Rwanda, yasuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, anunamira abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, mu rwego rwo kubaha icyubahiro.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima, Dr. Mpunga Tharcisse, avuga ko u Rwanda rwiteguye gukurikirana ubwandu bushya bwa Covid-19 bushobora kugaragara mu bantu binjira mu gihugu, ku buryo n’ingamba zishobora guhinduka bitewe n’ubukana ubwandu bwaba bufite.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu iratangaza ko u Rwanda rumaze iminsi mu biganiro n’igihugu cya Repabulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), ku ikoreshwa rya jeto ku bantu bambuka umupaka bahaturiye.
Perezida Paul Kagame, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 7 Werurwe 2022, muri Village Urugwiro, yakiriye mugenzi we wa Guinea-Bissau, Umaro Sissoco Embaló, watangiye uruzinduko rwe rw’iminsi itatu mu Rwanda.
Perezida wa Guinea-Bissau, Umaro Sissoco Embaló, mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 07 Werurwe 2022, yageze i Kigali aho aje mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi itatu mu Rwanda.
Abakoresha umupaka uhuza Goma na Gisenyi bishimiye ko imipaka yafunguwe ku ruhande rw’u Rwanda, ndetse bagakurirwaho kwipimisha Covid-19 buri byumweru bibiri, icyakora bagasabwa kuba barakingiwe byuzuye.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC), iratangaza ko nta muntu ugejeje igihe cyo guhabwa doze ya Covid-19 yo gushimangira akaba atarayifata, uzahabwa serivisi zihuza abantu benshi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera buratangaza ko burajwe inshinga no kwesa imihigo yari yaradindijwe n’icyorezo cya Covid-19, yiganjemo iyasabaga guhuza abantu benshi.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, kuri uyu wa Gatandatu tariki 5 Werurwe 2022, mu bihe bitandukanye muri Village Urugwiro, yakiriye Minisitiri w’Imari, ingengo y’imari n’urwego rw’amabanki muri Comores, Souef Kamalidini, na Ambasaderi wa Uganda ucyuye igihe, Oliver Wonekha wari waje kumusezeraho.
Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Gatandatu tariki 5 Werurwe 2022, yakiriye Ferit Şahenk, Umuyobozi mukuru wa Doğuş Group yo muri Turukiya n’itsinda ayoboye.
Inzego z’umutekano zataye muri yombi umugabo witwa Ayindemeye Jean Marie Vianney w’imyaka 44, ukurikiranyweho kwica umugore we Mukeshimana Anne Marie w’imyaka 42, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Shyorongi, Nzeyimana Jean Vedaste
Lt. Gen. Muhoozi Kainerugaba wa Uganda, yishimiye icyemezo cya Guverinoma y’u Rwanda cyo gufungura imipaka yo ku butaka, guhera ku ya 7 Werurwe 2022, avuga ko bizatuma abantu benshi barushaho kugenderana mu karere.
Urwego Ngenzuramikorere (RURA), rwatangaje ko igiciro cya litiro ya lisansi muri Kigali cyabaye 1256Frw, mu gihe icya litiro ya mazutu ari 1,201Frw. Ibyo biciro bikazatangira kubahirizwa ku Cyumweru tariki 6 Werurwe 2022.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 5 Werurwe 2022, Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere RDB rwafunze by’agateganyo Hilltop Hotel and Country Club mu gihe cy’ukwezi, kuko itubahiriza ibikubiye mu itegeko rigenga ubukerarugendo mu Rwanda, harimo n’ibijyanye n’isuku n’umutekano.
Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyarugenge, Ngabonziza Emmanuel, avuga ko umushinga wa Green House wo kuhira imyaka mu mudugudu wa Karama, wizwe nabi kuko hatatekerejwe uburyo bworoshye bwo kuhira, ariko ngo icyo kibazo kigiye gukemuka, hifashishijwe uburyo bwo gufata amazi y’imvura.