Ku wa Gatatu tariki ya 19 Mutarama 2022, intumwa ziyobowe na Gen Rudzani Maphwanya, Umugaba mukuru w’Ingabo za Afurika y’Epfo (CDF) aherekejwe na Lt Gen Bertolino Jeremias Capetine, Umugaba mukuru wungirije w’Ingabo za Mozambike (D/ CGS), Maj Gen Xolani Mankayi uhagarariye Ingabo za SADC muri Mozambique (SAMIM) n’abandi (…)
Abatuye mu midugudu ya Remera na Budakiranya mu Murenge wa Cyinzuzi, abo mu mudugudu wa Gatwa mu Murenge wa Shyorongi n’abo mu mudugudu wa Gisiza mu Murenge wa Base, bishimiye kwakira mu midugudu yabo Mukanyirigira Judith, Umuyobozi w’Akarere ka Rulindo, bashimira Leta yabubakiye bakaba babayeho neza.
Mu nama n’abanyamakuru yo ku itariki ya 19 Mutarama 2022, Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Ihuriro Nyarwanda ry’Imiryango y’abafite ubumuga mu Rwanda (NUDOR) Nsengiyumva Jean Damascene, yavuze ko NUDOR yamagana abantu bakoresha ibiganiro abantu bafite ubumuga cyane cyane bwo mu mutwe, aho babafatirana bakabakoresha amakosa.
Ku wa tariki 18 Mutarama 202, Polisi ikorera mu Karere ka Gicumbi yafashe Singuranayo Tite w’imyaka 40 na Tuyizere Theoneste w’imyaka 32, bafashwe baha abapolisi ruswa ingana n’Amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 43,500 kugira ngo babareke bityo Singuranayo akomeze acuruze inzoga itemewe yitwa Inkangaza.
Umworozi witwa Niyonzima Isaac, wo mu Kagari ka Ninda, Umurenge wa Nyange mu Karere ka Musanze, mu ma saa moya z’igitondo cyo ku wa 19 Mutarama 2022, yazindutse ajya kureba inka ze aho zirara, atungurwa no gusanga eshatu muri zo zatemwe mu buryo bukomeye.
Itsinda ryaturutse mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare ryo mu Misiri riyobowe na Brig Gen Ahmed Ibrahim Mohammed Alam El Deen, rigizwe n’abasirikare bane, barimo gusoza amasomo yo ku rwego rwa Ofisiye, ryasuye Ingabo z’u Rwanda ku va ku Cyumweru taliki ya 16 kugeza kuri uyu wa Kane ku ya 20 Mutarama 2022.
Guverineri w’Itara y’Iburasirazuba, Emmanuel K. Gasana, avuga ko mu mpera za Mutarama 2022, buri koperative y’abamotari mu Karere ka Nyagatare izasinyana imihigo n’ubuyobozi bw’akarere, ya koperative itarangwamo icyaha.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Dr Vincent Biruta, ku wa Gatatu tariki 19 Mutarama 2022, yahagarariye Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, mu nama ya 20 y’Abakuru b’ibihugu bigize Umuryango w’Ubukungu bw’Ibihugu bya Afurika yo Hagati (ECCAS).
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC), irasaba Abanyarwanda kumva ko kuba basabwa kwerekana ko bikingije mbere yo guhabwa serivisi bakeneye atari ukubahohotera, ahubwo ari ukugira ngo babarinde.
Imiryango 24 y’abakoze Jenoside ariko baje gufungurwa nyuma yo kwirega no kwemera icyaha, ubu imaze imyaka 17 ibanye n’abo yahemukiye bagize imiryango 86 y’abarokotse mu mudugudu wa Rweru mu Karere ka Bugesera.
Musenyeri Filipo Rukamba, Umushumba wa Diyosezi Gatolika ya Butare, akaba n’umuyobozi w’inama y’abepisikopi mu Rwanda, anenga kuba hari abana basigaye bajya kwiga mu mashuri yisumbuye batazi kwiyitaho.
Abasirikari, abapolisi, abacungagereza n’abasivili baturutse mu bihugu bitatu byo ku mugabane wa Afurika, ku wa Mbere tariki 17 Mutarama 2022, batangiye amahugurwa abera mu Kigo cy’Igihugu cy’Amahoro (Rwanda Peace Academy), giherereye i Nyakinama mu Karere ka Musanze.
Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwami bwa Maroc, Zaina Nyiramatama, ku wa mbere tariki 17 Mutarama 2022 yashyikirije impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda mu Bwami bwa Maroc.
Abaturage bamwe bo mu bice bitandukanye byo mu Ntara y’Amajyepfo, Iburasirazuba n’Iburengerazuba bagaragaje ko batinya Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), aho barubona bakiruka abandi bakishyiramo ko rushinzwe gufunga gusa.
Abatuye mu Murenge wa Gitambi mu Karere ka Rusizi, ku wa Kabiri tariki 18 Mutarama 2022, bashyikirijwe imodoka bemerewe n’Umukuru w’Igihugu.
U Rwanda ruvuga ko ibyakorwa byose mu rwego rwo gutangira ibiganiro na Uganda, bizaterwa n’uko abayobozi b’icyo gihugu bemeye kugira icyo bakora ku bibazo bitandukanye u Rwanda rwamaze kugaragaza, kuko mu gihe bidakemuwe bazakomeza kubangamira umubano w’ibihugu byombi bituranye ndetse bikaba bihuriye mu Muryango wa Afurika (…)
Perezida Kagame, ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 18 Mutarama 2022, yakiriye mu biro bye (Village Urugwiro) Umuyobozi mukuru wa Starstone Serge Pereira na Cindy Descalzi.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’ubutwererane, Dr Vincent Biruta, ari kumwe na General Albert Murasira, Minisitiri w’Ingabo z’u Rwanda, bitabiriye Inama y’Ibihugu byo mu Muryango w’Ubukungu bw’Ibihugu bya Afurika yo Hagati, ECCAS.
Umujyi wa Kigali ni umwe mu Mijyi 15 yo hirya no hino ku isi yatsindiye igihembo cya Miliyoni y’Amadolari ya Amerika, mu irushanwa rya Mayors Challenge, ryitabiriwe n’imijyi 631 yo mu bihugu 99 byo hirya no hino ku isi.
Ubuyobozi bwa Polisi ikorera mu Ntara y’Iburasirazuba buvuga ko mu mezi abiri gusa mu Karere ka Nyagatare hamaze gufatwa abamotari 78 bakekwaho ibyaha byambukiranya imipaka.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Nyange mu Karere ka Ngororero, burasaba abaturage kwirinda gusiragira mu nkiko, ahubwo bakajya bumvikana n’abo bafitanye ibibazo bakabikemura kuko imanza zikenesha.
Kuri uyu wa Mbere tariki 17 Mutarama 2022, Minisitiri w’ibikorwaremezo, Amb. Calver Gatete yakiriye mu biro bye Umuyobozi mukuru wa Banki Nyafurika itsura Amajyambere (AfDB), uhagarariye Ishami rya Afurika y’Iburasirazuba, Cheptoo Amos Kipronoh, bagirana ibiganiro.
Polisi y’u Rwanda, ishami rishinzwe ubutabazi no kurwanya inkongi z’umuriro (Fire Brigade), kuri uyu wa Mbere tariki 17 Mutarama 2022, ryahuguye abakozi 192 b’ibitaro bya Masaka biherereye mu Karere ka Kicukiro, ku moko y’inkogi z’umuriro n’uko zirwanywa.
Kuri uyu wa mbere tariki 17 Mutarama 2022, Urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwashyikirije Ambasade ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, imodoka yo mu bwoko bwa Audi SUV, bivugwa ko yari yaribwe mu 2016.
Mu ijoro ryo ku Cyumweru tariki 16 Mutarama 2022, mu Murenge wa Nyakabanda ho mu Karere ka Nyarugenge, Akagari ka Nyakabanda ya I mu mudugudu wa Rwagitanga, habereye urugomo rwakorewe abanyerondo babiri barakomereka bikabije bahita bajyanwa ku bitaro bya Nyarugenge kwitabwaho.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwafashe abaganga bagera ku munani (8) bakurikiranyweho ibyaha byo gucunga nabi inkingo za Covid-19 n’ubujura bw’ibikoresho byifashishwa mu gupima iyo virusi.
Diyosezi Gatolika ya Ruhengeri yungutse Paruwasi nshya ya Busengo yitiriwe Bikiramariya Umwamikazi w’Impuhwe, iba Paruwasi ya 16 mu zigize iyo Diyosezi ikaba yuzuye itwaye amafaranga y’u Rwanda asaga miliyoni 312.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwashyikirije ibiribwa n’ibikoresho byo mu rugo umuryango w’abana batandatu batawe n’ababyeyi babo mu mudugudu wa Rusongati, Akagari ka Gisa mu Murenge wa Rugerero.
Impuguke mu bukanishi bw’imodoka, Enjeniyeri(Eng) Venuste Hategekimana, avuga ko habonetse amavuta ya moteri arinda ibyuma by’imodoka (cyangwa indi mashini) gusaza vuba, kandi akayifasha gutwika neza lisansi na mazutu, bigatuma idasohora imyotsi ihumanya ikirere n’umwuka uhumekwa.
Mu imurikagurisha mpuzamahanga rya kawa ryabereye i Dubai kuva tariki 12-14 Mutarama 2022, abakunda n’abaguzi ba kawa i Dubai, banyuzwe n’uburyohe budasanzwe bwa kawa y’u Rwanda, izwiho kugira amateka n’umwihariko wo gukundwa n’abayinyoye bose ku isi, binyuze mu guhumura n’ibara ryayo.