Uko u Rwanda rugenda rukataza mu iterambere, ni nako amashanyarazi agezwa henshi no kuri benshi, haba mu mijyi ndetse no mu byaro. Ubu, ingo zisaga 68.2% zifite amashanyarazi, ndetse inyinshi muri zo zifite amashanyarazi afatiye ku muyoboro rusange.
Abayobozi mu turere n’abandi bayobozi bakuru muri Guverinoma ya Somalia, bari mu ruzinduko rw’iminsi ine mu Rwanda, aho bitabiriye ibiganiro bigamije gusangira ubunararibonye mu miyoborere.
Impuguke yaganiriye na Kigali Today ku bijyanye n’itumbagira ry’ibiciro ririmo kugaragara muri iyi minsi, yavuze ko igihembwe cy’ihinga A hamwe n’izamuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peterori (essence, mazutu,…), byaba ari mpamvu ikomeye yateje guhenda kw’ibicuruzwa.
Umugabo witwa Iyakaremye Théogène ufite ubumuga bw’ingingo, aratabaza nyuma y’uko yibwe igare ry’inyunganirangingo yagendagaho, ibimushyira mu ihurizo ry’uburyo azongera gukora ingendo ajya gushakisha ibitunga urugo rwe.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney , avuga ko ukwezi kwa gatatu kuzarangira abakozi mu nzego z’ibanze batari mu myanya bayishyizwemo, kugira ngo abaturage babashe kubona serivisi nziza kandi ku gihe.
Perezida Paul Kagame kuri uyu wa mbere tariki 14 Gashyantare 2022, yageze i Doha muri Qatar, akaba ari uruzinduko rw’akazi yagiriye muri icyo gihugu, nk’uko byatangajwe n’ibiro ntaramakuru, Qatar News Agency.
Minisitiri w’urubyiruko n’umuco, Rosemary Mbabazi, arasaba urubyiruko gukorera ku ntego, bahura n’ingorane bakihangana bagakomeza inzira biyemeje, kuko ngo udafite intego ahugira mu bitamufitiye umumaro, akazisanga abandi baramusize.
Musenyeri Arnaldo Sanchez Catalan uherutse gutorwa na Papa Francis kuba intumwa ye mu Rwanda, yimitswe ashyirwa mu rwego rw’Abepiskopi. Guhagararira Papa mu Rwanda ni intera ikomeye yahawe, aho akenshi uwo Papa yatoye ngo amuhagararire mu gihugu runaka, abanza kuzamurwa mu rwego rwa Kiliziya agahita ashyirwa ku rwego (…)
Ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera buratangaza ko gahunda y’Umudugudu utarangwamo icyaha irimo kwifashishwa cyane mu kurwanya ibyaha bikorerwa abana hagamijwe kubarengera kugira ngo uburenganzira bwabo burusheho kubahirizwa.
Mu Banyamabanga Nshingwabikorwa b’Imirenge 15 igize Akarere ka Musanze, batatu ni bo batahinduriwe imirimo, abandi bahabwa kuyobora imirenge mishya. Imirenge itatu itahinduriwe abayobozi ni Kinigi, Muhoza na Gacaca, mu gihe imirenge 12 yahawe abayobozi bashya barimo batanu batari basanzwe mu nshingano zo kuyobora imirenge.
Minisiteri y’Uburezi(MINEDUC) isaba iy’Imari n’Igenamigambi(MINECOFIN) kureba uko amafaranga y’ifunguro rihabwa abanyeshuri ku manywa yakwiyongera kuko ngo ari make cyane.
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame kuri uyu wa Gatanu tariki 11 Gashyantare 2022, bitabiriye itangizwa ku mugaragaro ry’umushinga wo kubaka amacumbi ahendutse kandi atangiza ibidukikije wiswe ‘Bwiza Riverside Homes’. Ukaba witezweho gutanga inzu zo guturamo zisaga 2400 mu Mujyi wa Kigali.
Ambasaderi wa Israel mu Rwanda, Dr Ron Adam, yemereye ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamagabe kuzagira uruhare mu kugeza amazi meza ku batarayagezwaho. Yabitangaje nyuma yo kuganira n’ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamagabe, bwari bwamutumiye nk’umufatanyabikorwa bwifuzaho ubufasha mu rwego rwo guteza imbere aka Karere.
Abakozi 130 b’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Igororamuco (NRS), bitabiriye itorero ry’igihugu rizamara iminsi itanu, kuva tariki 09 kuzageza tariki 13 Gashyantare 2022, aho bizeye kurungukiramo ubumenyi buzabafasha kurushaho guha serivisi nziza abo bakira baza.
Perezida Paul Kagame, mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 10 Gashyantare 2022, muri Village Urugwiro, yagiranye ibiganiro na mugenzi we Perezida wa Mozambique, Filipe Nyusi.
Banki y’Isi yagaragaje ko Repubulika iharanira demokarasi ya Congo (DRC) ari amahirwe akomeye y’ubucuruzi bukomeje kwiyongera mu karere, by’umwihariko ku Rwanda, nk’uko imibare yo mu myaka yashize ibigaragaza.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney, yasabye abayobozi gukora cyane kugira ngo ibyo Perezida yemereye abaturage bigerweho 100%.
Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa Gatatu tariki 09 Gashyantare 2022 yakiriye mu biro bye, Village Urugwiro, abahoze bakinira Arsenal ndetse bakayikoramo amateka akomeye ari bo Robert Pires na Ray Parlour, ndetse n’abo bari kumwe bo mu miryango yabo.
Abatuye mu Murenge wa Byumba mu Kagari ka Ngondore, basaba gukorerwa umuhanda Byumba-Ngondore ubahuza n’umupaka wa Gatuna, kugira ngo barusheho koroherwa no guhahirana n’abo mu bindi bice, kuko ufite ahantu henshi hangiritse cyane.
Mu rwego rwo kurushaho kuzamura ubukungu bw’u Rwanda, Leta yiyemeje kugeza amashanyarazi ku baturage bose hirya no hino mu gihugu mu mwaka wa 2024. Sosiyete y’u Rwanda Ishinzwe Ingufu (REG) iherutse gushyira ahagaragara gahunda ivuguruye yo gukwirakwiza amashanyarazi, aho ingo zizaba zifite amashanyarazi afatiye ku (…)
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bo mu Karere ka Musanze, barishimira Urwibutso ruri hafi kuhuzura, bakavuga ko iyi ari intambwe ikomeye itewe mu gusubiza ababo icyubahiro, bambuwe ubwo bicwaga urw’agashinyaguro mu gihe cya Jenoside.
Abaturage bo mu Kagari ka Kagomasi mu midugudu ya Runzenze na Rushubi ndetse n’ikigo cy’amashuri abanza cya Kagomasi, bishimiye umuyoboro w’amazi meza begerejwe, kuko hari icyo uje guhindura mu mibereho yabo.
Ubuyobozi bw’ihuriro ry’amadini n’amatorero mu Karere ka Huye, buributsa abayobora n’abigisha mu matorero batabifitiye impamyabumenyi, ko hasigaye umwaka umwe n’igice gusa ngo babe batakibyemerewe.
Abaturage hamwe n’inzego zishinzwe kurwanya ubukene mu Rwanda, baratanga icyizere cy’uko mu myaka itatu iri imbere (2024) gahunda ya VUP (Vision 2020 Umurenge Program), izaba yaranduye ubukene bukabije mu Rwanda.
Polisi y’u Rwanda iratangaza ko mu gihe cy’imyaka itatu gusa, impanuka zahitanye abantu 2103, zikaba zabaye mu myaka ya 2019, 2020 na 2021.
Aborozi bororera mu nkengero za Pariki ya Gishwati-Mukura, bamaze iminsi bagaragaza ikibazo cy’inyamaswa ziva muri Pariki zikaza kubarira amatungo, cyane cyane zikibasira inyana zikiri nto.
Amazi y’imvura akomeje gufunga imihanda yo mu makaritsiye anyuranye yo mu nkengero z’umujyi wa Musanze, aho abaturage basaba ubuyobozi kubakemurira icyo kibazo, nyuma yo kubona ko iyo mihanda yarengewe n’ibiziba, bikaba bikomeje kubagiraho ingaruka.
Abashumba ni inyito y’abemera kwandikwaho imitungo itari iyabo, bikorwa na bamwe mu bayobozi baba bashaka guhisha Urwego rw’umuvunyi imitungo yabo.
Abanyeshuri bo mu ishuri rikuru rya gisirikare, Rwanda Defence Force Command and Staff College (RDFCSC), kuri uyu wa Mbere batangiye icyumweru cy’urugendo ngarukamwaka, mu rwego rwo gutegura amasomo (NST 2022). Uyu mwaka insanganyamatsiko igira iti “Iterambere ry’imibereho n’ubukungu binyuze mu bikorwa bigira ingaruka”.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 7 Gashyantare 2022, intumwa za Polisi ya Zambia zasuye Polisi y’u Rwanda. Ni uruzinduko rw’akazi ruzamara iminsi itandatu, bakaba bayobowe n’Umuyobozi wungirije wa Polisi ya Zambia ushinzwe imiyoborere, DIGP Doris Nayame Chibombe.