Mu gitondo cyo kuri uyu wa 14 Werurwe 2022, umugabo w’imyaka 65 n’umugore we w’imyaka 72 b’i Rusatira mu Karere ka Huye basanzwe bapfuye, bari mu gitaka ndetse no mu byatsi byamanuwe n’umuvu.
Kuri uyu wa Mbere tariki 14 Werurwe 2022, u Rwanda rwizihije umunsi ngarukamwaka w’umuryango uhuza ibihugu bikoresha ururimi rw’icyongereza, uzwi nka ‘Commonwealth Day 2022’.
Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Dr. Ernest Nsabimana, hamwe na Ambasaderi w’u Bubiligi mu Rwanda, Bert Versmessen, batashye ibikorwa remezo byubatswe mu mushinga wo kongerera imbaraga imiyoboro ikwirakwiza amashanyarazi mu Karere ka Rubavu, watewe inkunga n’Ubwami bw’u Bubiligi.
Umugabo witwa Mugiraneza Innocent w’imyaka 54 wo mu mudugudu wa Rutamba, Akagari ka Rugimbu, Urenge wa Kivuruga mu Karere ka Gakenke, bamusanze amanitse mu mugozi yapfuye, nyuma y’uko bari bamaze kubona umurambo w’umugore we, Nyirambabariye Gaudelive w’imyaka 50, wari wuzuye ibikomere.
Mukeshimana Vestine wo mu Kagari ka Kamanyana mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Burera, amaze imyaka ibiri anyagiranwa n’abana be bane, nyuma y’uko imodoka igonze inzu ye igasigara ari ikirangarizwa ikibazo nticyakemuka, akaba asaba kurenganurwa.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango burasaba abaturage batuye umujyi wa Ruhango, ahanyuraga imihanda y’amabuye, kwitegura kuvugurura inzu zabo igihe ayo mabuye arimo gukurwamo, ngo hashyirwemo kaburimbo.
Abantu bagera kuri 40 biganjemo abakora umwuga wo gutwara abantu n’ibintu kuri Moto mu Murenge wa Tabagwe, bavuga ko bambuwe n’uwari wabijeje kubigisha amategeko y’umuhanda none umwaka ukaba ugiye gushira batamubona.
Mu turere twa Huye na Nyaruguru, ingo zari zibanye nabi kimwe n’abarokotse Jenoside hamwe n’ababiciye ababo hanyuma bakaza kwiyunga babifashijwemo n’umuryango AMI, bateye ibiti by’imbuto zizabafasha kutabyibagirwa.
Ku nshuro ya mbere mu Rwanda no muri Afurika hahembwe ibigo bya Leta ndetse n’iby’abikorera byabaye indashyikirwa mu kubahiriza ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye. Umuhango wo guhemba ibyo bigo wabereye i Kigali tariki 11 Werurwe 2022, uteguwe n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe kugenzura ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye mu (…)
Mu kigo cy’ubutore cya Nkumba giherereye mu Karere ka Burera, hatangijwe ku mugaragaro itorero ry’Intagamburuzwa za AERG, kuri uyu wa Gatanu tariki 11 Werurwe 2022.
Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwatangije ubukangurambaga bw’icyumweru cyahariwe kurengera abaguzi, maze abaturage berekana ibibazo bafiite biri muri serivisi zitangwa n’ibigo by’itumanaho.
Polisi y’u Rwanda, ishami rishinzwe ubutabazi no kurwanya inkongi z’umuriro, ku wa Kane tariki ya 10 Werurwe 2022, ryahuguye abakozi 519 bakora mu isoko rya Musanze (Musanze Modern Market) no mu Bitaro bya Gatonde biherereye mu Karere ka Gakenke
Minisiteri ishinzwe ibikorwa by’ubutabazi (MINEMA) iratangaza ko ibikorwa byo kugeza amashanyarazi y’imirasiye y’izuba mu nkambi hirya no hino mu gihugu, byahinduye ubuzima bw’impunzi kandi bikarushaho kubungabunga ibidukikije.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Ngoma burifuza ko ishuri rikuru rya PIASS ryabakorera ubushakashatsi butanga umuti, ku gituma abantu bafashwa ntibatere imbere, bakaguma mu bukene.
Ambasaderi wa Israel mu Rwanda, Dr. Ron Adam, aratangaza ko Igihugu cye kiyemeje gufasha urubyiruko rw’u Rwanda mu mishinga itandukanye irimo n’iy’ubuhinzi by’umwihariko ku bakobwa babyariye iwabo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango burasaba abakozi bako kujya baganira kuri Ndi Umunyarwanda, kugira ngo bungurane inama kandi banoze ubusabane, kuko kubikora ari nko gusenga Imana, kandi kuko uwujuje indangagaciro z’Ubunyarwanda aba ari nta busembwa afite.
Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Kayisire Marie Solange, yibukije abayobozi mu Karere ka Gatsibo, cyane cyane inzego zegereye abaturage, ko bakwiye gukora ibishoboka byose bagakumira ibiza kuko iyo bidakozwe biteza umutekano mucye.
Abafatanyabikorwa b’u Rwanda mu iterambere bavuga ko bashima umuhate rwakoresheje mu guhashya icyorezo cya Covid-19, ndetse intambwe yo kuzahura ubukungu ikaba igaragara.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, Ingabire Assumpta, ntiyumva ukuntu Akarere ka Nyagatare kabonekamo umusaruro mwinshi w’ibihingwa ndetse n’umukamo mwinshi w’amata ariko kakarenga kakagira abana bagwingira.
Mu gihe hasigaye igiye cy’amezi atarenze atatu kugira ngo umwaka wa 2021-2022 w’ubwisungane mu kwivuza urangire, uturere dutatu tw’Umujyi wa Kigali nitwo twa nyuma mu gutanga mituweli.
Umugabo witwa Simon Mubiligi w’i Nyamagabe, avuga ko kumvikana n’umugore we ku ikoreshwa ry’umutungo w’urugo bituma bamwita inganzwa, ariko kuri we icy’ingenzi ngo ni ukugira urugo ruteye imbere kandi rutekanye.
Perezida Paul kagame kuri uyu wa Kane tariki 10 Werurwe 2022, yakiriye muri Village Urugwiro, Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’igihugu cya Bénin, Aurélien Agbénonci.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ibarurishamibare mu Rwanda (NISR), tariki 10 Werurwe 2022, cyatangaje igipimo cy’ihindagurika ry’ibiciro ku isoko muri Gashyantare 2022, aho igipimo ngenderwaho cyifashishwa mu bukungu bw’u Rwanda kiboneka hifashishijwe gusa ibiciro byakusanyijwe mu mijyi, kikagaragaza ko byiyongereyeho 5.8%.
Mu Karere ka Nyarugenge hatangijwe Icyumweru cy’Ubujyanama ku nsanganyamatsiko igira iti “Twimakaze imiyoborere myiza, ishyira umuturage ku isonga mu mitangire ya Serivisi”.
Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Dr Ernest Nsabimana, yatangarije Inteko Ishinga Amategeko ko Guverinoma ikomeje gushakisha ahaboneka ingufu zunganira izisanzweho, aho Ikimoteri cya Nduba gishobora kubyazwa ifumbire, hamwe na gaz yakoreshwa mu modoka zisimbura izikoresha lisansi (essence) na mazutu.
I Jenda mu Murenge wa Musange mu Karere ka Nyamagabe, biravugwa ko hari abagabo babonye abagore basigaye bazi gushakisha amafaranga, babaharira ingo, ariko hakaba n’abagore bakora bakabona amafaranga bagatangira kugira imyitwarire idakwiye, bikadindiza iterambere ry’ingo zabo.
Umuyobozi Nshingwabikorwa Wungirije w’Akarere ka Kicukiro, Rukebanuka Adalbert, ashima umushinga uherutse gutangizwa muri ako Karere n’Ihuriro Nyarwanda ry’Imiryango y’abantu bafite ubumuga (NUDOR) ribinyujije muri Porogaramu y’iterambere ridaheza rishingiye ku muryango izwi nka ‘CBR’ (Community-based Rehabilitation program).
Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Dr Ernest Nsabimana, yasobanuriye Inteko Ishinga Amategeko impamvu zatumye umushinga wa biyogaze uhomba, maze bamwe mu Badepite bahita bamusaba gukurikirana ababigizemo uruhare bose, kugira ngo babibazwe mu butabera.
Mu mvura yaguye ku wa Gatatu tariki 09 Werurwe 2022 hafi mu duce twose tugize igihugu, yibasiye Intara y’Amajyaruguru, aho yasenye inzu z’abaturage, amashuri n’ibindi bikorwa remezo birimo imihanda yafunzwe n’ibiti, ku bw’amahirwe abenshi bararokoka uretse mu Karere ka Karongi aho abana umunani bakomerekeye ku ishuri.
Umuyobozi Mukuru wa Banki ya Kigali (BK), Dr Diane Karusisi, aratangaza ko ikigo cy’imari abereye umuyobozi, kizahemba umushinga uzagaragaza agashya, w’umukobwa uri mu bahatanira ikamba rya nyampinga w’u Rwanda.