Kigali Today iherutse kubagezaho inkuru yavugaga ku mpanuka y’ubwato yabereye mu Kiyaga cya Ruhondo, aho abantu batanu bo mu Murenge wa Gashaki mu Karere ka Musanze, barohamye mu kiyaga cya Ruhondo babiri baburirwa irengero. Ibikorwa byo kubashakisha byahise bitangira ariko batinda kuboneka. Kuri uyu wa Gatatu tariki 23 (…)
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu n’Umurenge wa Rugerero, batangiye ibikorwa by’umuganda byo guhagarika isuri iva ku musozi wa Rubavu.
Kuva ku wa Mbere tariki ya 21 Gashyantare 202, intumwa za Polisi ya Malawi ziyobowe n’Umuyobozi wa Polisi wungirije ushinzwe imiyoborere, DIGP/A Merlyne Yolamu, bari mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda.
Kuri uyu wa Kabiri tariki 22 Gashyantare 2022, mu turere tugize Intara y’Amajyepfo, hose hatangijwe gahunda ‘Igitondo cy’isuku’, izajya ikorwa buri wa kabiri.
Umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS), Dr Tedros Adhanom Gebreyesus, avuga ko harimo gukorwa imyanzuro isaga 200 igamije kurwanya icyorezo cya Covid-19, ikaba ishobora kuzemezwa n’ibihugu bigize isi muri Gicurasi uyu mwaka.
Abaturiye isoko rya Ndabanyurahe mu Murenge wa Nyange mu Karere ka Musanze, babangamiwe n’ikimoteri cyuzuye imyanda kiri hagati y’ingo zabo n’utubare tugize iryo soko.
Umukozi wo muri Laboratwari y’Ikigo nderabuzima cya Matimba, Renzaho Jean Bosco, ari mu maboko ya RIB Sitasiyo ya Matimba, akekwaho inyandiko mpimbano aho yahaye ibyemezo abantu bihamya ko batarwaye Covid-19 atabapimye.
Ubuyobozi Bukuru bw’Abinjira n’Abasohoka mu gihugu (DGIE) buratangaza ko Abanyarwanda baba mu mahanga ubu bashobora gusaba Indangamuntu hanyuma bagasaba na Pasiporo ikoranye ikoranabuhanga banyuze ku rubuga ‘Irembo’.
Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco irashishikariza abarezi, ababyeyi n’abandi bose bafite inshingano ku bana, kubarerera mu Kinyarwanda, no mu muco w’Abanyarwanda bakabikurana.
Ambasaderi w’u Buyapani mu Rwanda, Masahiro Imai, arasaba abahabwa inkunga kuzikoresha neza bakazibyaza umusaruro, by’umwihariko ku bategura imishinga mito igamije iterambere.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe igororamuco kivuga ko imwe mu miryango y’abagororerwa mu bigo by’igororamuco, itoteza abamaze kugororwa ntibabiyumvemo muri sosiyete bagahabwa akato mu gihe batashye, ikaba imwe mu mpamvu ziri gutera ubwiyongere bw’abasubira muri ibyo bigo nyuma yo kugororwa.
Umuyobozi w’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB), Dr Usta Kaitesi, avuga ko abanyamadini n’amatorero bujuje neza inshingano zabo, bimwe mu bibazo bihangayikishije igihugu nko guta amashuri kw’abana no kutagira ubwiherero bwujuje ibisabwa byacika burundu.
Polisi ikorera mu Karere ka Rwamagana, ku wa Gatanu tariki ya 18 Gashyantare 2022, yafashe abantu barindwi bacyekwaho kuba mu itsinda ry’abibaga abaturage muri akokarere, bakaba banafatanywe bimwe mu bikoresho bibaga harimo moto yo mu bwoko bwa TVS, bicyekwa ko nayo bari bayibye.
Urubyiruko rw’abakorerabushake rwo mu Karere ka Huye, rwahaye inka Vincent Irikujije, wamugariye ku rugamba rwo kubohora u Rwanda, ubu akaba atuye mu Murenge wa Rwaniro.
Ihuriro ry’Abagize Inteko Ishinga Amategeko rishinzwe gukumira Jenoside, ipfobya n’ihakana rya Jenoside yakorewe Abatutsi (AGPF), hamwe n’Ihuriro ry’abagize Inteko Ishinga Amategeko baharanira kurwanya ruswa (APNAC Rwanda), muri gahunda yo gusura amashuri yisumbuye, batangiye guhera ku ya 18 igasozwa ku ya 19 Gashyantare (…)
Abantu batanu bo mu Murenge wa Gashaki mu Karere ka Musanze, barohamye mu kiyaga cya Ruhondo babiri bahasiga ubuzima, batatu barokotse bakaba bari kwitabwaho n’abaganga.
Ku wa Gatanu tariki ya 18 Gashyantare 2022, Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe ubutabazi no kurwanya inkongi (FRB), ryahuguye abantu 128 ku kurwanya inkongi, barimo abakozi b’ibitaro bya Shyira muri Nyabihu n’abaturage babituriye, bose bakaba 92.
Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Gatandatu tariki 19 Gashyantare 2022, yageze i Munich mu Budage aho yitabiriye Inama yiga ku mutekano.
Iyakaremye Jean de Dieu wo mu Murenge wa Bushoki mu Karere ka Rulindo, yagwiriwe n’inzu ye ahita ahasiga ubuzima.
Urwego rushinzwe Imiyoborere mu Rwanda (RGB), rwitambitse icyemezo cy’abashinze Umuryango Authentic World Ministries, Zion Temple Celebration Center (Pionniers), bashaka kuvana Apôtre Dr Paul Gitwaza ku buyobozi bwawo.
Umuryango w’Abibumbye (UN) binyuze k’Umunyamabanga Mukuru wawo, Antonio Guterres, agiye guha Umunyarwanda, Valentine Rugwabiza, inshingano z’Umuyobozi w’Ubutumwa bwa Loni muri Santrafurika (MINUSCA).
Nzeyimana Felicien w’imyaka 61 wari utuye mu mudugudu wa Nyabwishongwezi ya gatatu, akagari ka Nyabwishongwezi, Umurenge wa Matimba, yitabye Imana ku wa 16 Gashyantare 2022, mu bitaro bya Nyagatare, nyuma yo gukubitwa inyundo mu mutwe n’umuhungu we, umugore akabeshya abaganga ko yakoze impanuka.
Kuri wa Gatatu tariki ya 16 Gashyantare 2022, Polisi ikorera mu Karere ka Musanze ku bufatanye n’abashinzwe umutekano mu bamotari, bafashe uwitwa Habimana Celestin w’imyaka 25, afatirwa mu Murenge wa Muhoza, mu Kagari ka Mpenge, Umudugudu wa Rukoro, akaba yafatanwe moto yo mu bwoko bwa TVS Victor ifite ibirango RD 371J.
Ku wa Kane tariki ya 17 Gashyantare 2022, Polisi ikorera mu Karere ka Gatsibo, mu mukwabo ugambiriwe, yafashe abasore babiri bari barazengereje abaturage babiba.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere (Meteo Rwanda), cyatangaje iteganyagihe ry’Itumba rya 2022, rigaragaza ko Igihe cy’Urugaryi cyabonetsemo imvura mu gihugu hose, ikazakomeza ari Itumba kugera mu mpera z’ukwezi kwa Gicurasi no mu ntangiriro za Kamena.
Ku wa Kane tariki 17 Gashyantare 2022, saa sita z’amanywa, Polisi ikorera mu Karere ka Kayonza yafashe Nsabimana Emmanuel, umushoferi w’imodoka itwara imyaka, ubwo yageragezaga guha abapolisi bo mu muhanda ruswa ya 20,000Frw.
Ku bufatanye n’abaturage, Polisi ikorera mu Karere ka Nyagatare yafashe Mukandinda Marguerite w’imyaka 79 y’amavuko, na Nduwayo Jean Baptiste w’imyaka 29 bafite urwo rumogi kuri Moto.
Abaturage bo mu tugari twa Taba na Rutenderi mu Murenge wa Gashenyi, Akarere ka Gakenke, bahangayikishijwe n’uko ubuhahirane hagati y’utwo tugari twombi n’utundi byegeranye, bumaze iminsi bwarakomwe mu nkokora, bitewe n’ikiraro cyasenyutse, ubu bakaba bari mu bwigunge.
RIB yafashe Nsengiyumva Silas, Perezida w’Urukiko rw’Ibanze rwa Kibeho mu Karere ka Nyaruguru, ukurikiranweho ibyaha bya ruswa y’ishimishamubiri rishingiye ku gitsina, no gufata icyemezo gishingiye ku itonesha n’ubushuti, akaba yafashwe kuri uyu wa Gatanu tari 18 Gashyantare 2022.
Itsinda ry’abayobozi 41 mu nzego z’ibanze, n’abandi bakora muri Minisiteri y’Umutekano n’Ububanyi n’amahanga mu gihugu cya Somalia, bari mu Rwanda, bashimye iterambere u Rwanda rumaze kugeraho, bakemeza ko bizabafasha kwiyubakira igihugu cyabo.