Ubuyobozi bw’ikigo cy’imisoro n’amahoro (RRA), buvuga ko mu rwego rwo kurushaho gutanga serivise zinogeye abasora, amahoro y’isuku rusange azakomatanywa n’ipatante guhera mu mwaka utaha.
Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira Thierry yavuze ko urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha RIB rutazihanganira ibyaha bikorerwa ku mbuga nkoranyambaga bikorwa n’abantu batandukanye harimo n’abitwaje umurimo bakora.
Ihuriro mpuzamahanga rigenga itumanaho rigendanwa (Global Systems for Mobile Communication), ryagaragaje ko abarenga 88% by’abatuye ku mugabane wa Afurika, bazaba batunze telefone ngendanwa zigezweho bitarenze 2030.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yakiriye impapuro za ba Ambasaderi bashya, baje guhagararira ibihugu byabo mu Rwanda, harimo uwa Espagne, Jorge Moragas Sánchez, wijeje ko igihugu cye kizatanga Miliyoni 20 z’Amadolari ya Amerika (ahwanye n’Amanyarwanda Miliyari 22) azifashishwa mu kuhira imyaka muri Kayonza.
Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali wungirije ushinzwe imibereho myiza n’iterambere ry’ubukungu, Urujeni Martine, asanga abagore bakwiye guhindura imyumvire, bakumva ko bakwiye kubaho badateze amaboko ku bandi, ahubwo ko na bo bashobora gukora bakiteza imbere.
Ku i saa yine za mu gitondo zo kuri uyu wa gatatu tariki ya 18 Ukwakira 2023, umuyaga utari mu mvura wasambuye inzu ndetse wangiza n’intoki kuk zaguye hasi, mu Kagari ka Gacundezi na Nyarupfubire mu Murenge wa Rwimiyaga.
Icyamamarekazi mu njyana ya Afrobeats, Tiwa Savage yatangaje ko abaye ahagaritse ibitaramo yateganyaga gukora ku mpamvu z’uburwayi bwibasiye ijwi rye.
Perezida Paul Kagame yakiriye muri Village Urugwiro, Umuyobozi Mukuru w’Ikigo Gishinzwe Kurwanya no Gukumira Indwara muri Afurika (Africa CDC), Dr. Jean Kaseya.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta, ari i Alger muri Algeria, aho yitabiriye inama ihuza Abaminisitiri bo mu bihugu byo mu majyaruguru y’u Burayi na Afurika.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rurasaba abayobozi b’inzego z’ibanze, kwirinda raporo zuzuye amarangamutima ku byaha by’ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’ibikorerwa abana, kuko zituma inzego z’ubutabera zibura ibimenyetso byo gukurikirana abakoze ibyo byaha.
Abaturage bo mu Karere ka Nyabihu, bavuga ko gahunda yo gutera ibiti by’imbuto ziribwa nikomeza gushyirwamo imbaraga, umusaruro wazo uzarushaho kwiyongera babashe guhangana n’ikibazo cy’imirire mibi kikigaragara cyane cyane mu bana.
Umukozi w’Akarere ka Musanze witwa Ntibansekeye Léodomir, ushinzwe kubika ibikoresho (Logistic Officer) yafunzwe, akaba akekwaho icyaha cyo gutesha agaciro Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rw’Akarere ka Musanze.
Perezida Paul Kagame asanga ari ngombwa gukomeza gushyira imbere ubumenyi mu bijyanye n’ikoranabuhanga, ryifashisha mudasabwa na murandasi kugira ngo bifashe umugabane wa Afurika kugera ku mpinduka zishingiye ku ikoranabuhanga.
Ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaruguru bwasobanuye uko byagenze ngo umushinga wo kubaka ibiro byari gukoreramo inzego z’ibanze kuva ku mudugudu kugeza ku Kicaro cy’iyi intara bidindire, kuko uyu mushinga umaze imyaka ine umuritswe ariko kugeza ubu hakaba nta n’ibuye ry’ifatizo rirashyirwa aho ibi biro bizubakwa.
Abagabo batatu bo mu Midugudu itandukanye yo mu Kagari ka Nyabigoma mu Murenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze, biravugwa ko banyweye umuti wica udukoko uzwi nka tiyoda, bikekwa ko bageragezaga kwiyahura babiri bibaviramo gupfa.
Abana basambanyijwe bagaterwa inda, bari mu gihirahiro kuko babonye abaterankunga bo kubishyurira amashuli ariko bakabura aho basiga abana babo, cyane cyane abadafite ababyeyi ngo babunganire.
Nubwo mu Rwanda iterambere ryihuta mu burezi, ubuzima, ikoranabuhanga n’ahandi, abafite ubumuga butandukanye bavuga ko hari aho batabona serivisi uko bikwiye, bitewe n’imitere yaho cyangwa n’ubumuga umuntu afite, bagasaba koroherezwa.
Ku nshuro ya kabiri, mu Rwanda harimo kubera inama mpuzamahanga ku itumanaho rigendanwa (Mobile World Congress).
Umukobwa twahaye izina Uwimana Beatrice yatewe inda ku myaka 13 y’amavuko yiga mu mwaka wa gatanu w’amashuri abanza (P.5), ababyeyi baramwirukana abona umugiraneza umwitaho badahuje isano ndetse udaturanye n’iwabo babana imyaka ibiri yose.
Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango, Habarurema Valens, aratangaza ko gutiza inzu z’Akarere Kaminuza yigenga yigisha iby’amahoteri n’ubukerarugendo (UTB), ntaho bihuriye n’abibaza ko byakozwe mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Kuri uyu wa mbere tariki 16 Ukwakira, Minisitiri w’ikoranabuhanga na Inovasiyo yatangije ku mugaragaro gahunda ya Airtel Rwanda yiswe Connect Rwanda 2.0 igamije gufasha abanyarwanda kugera ku ikoranabuhanga no kwihuta mu iterambere.
Uwitwa Dushimimana Athanase avuga ko yataye indangamuntu, nyuma yaho na simu kadi(Sim Card) ya telefone ye irashya, none ubu ngo ntabasha kubona ibimutunga nyamara afite amafaranga kuri ’Mobile Money’.
Umusaza witwa Gakwavu Damien n’umuhungu we, Ngirimana Ferdinand bo mu Mudugudu wa Cyanika, Akagari ka Masangano mu Murenge wa Nyabinoni, basezeranye mu buryo bwemewe n’amategeko n’imbere y’Imana n’abagore babo, nyuma y’imyaka igera kuri 20 baba n’abo bashakanye.
Abagore bo mu Karere ka Bugesera barishimira ko kujijuka byabafashije kwiteza imbere, bakaba batakiri abo kwicara ngo barye ahubwo ko hari umusanzu basigaye batanga mu ngo.
Umubyeyi wo mu Karere ka Gisagara ahangayikishijwe n’uko umwana we adafite indangamuntu ikosoye, bikaba bimuviramo kudahabwa serivise zimwe na zimwe harimo n’iyo kwivuza kuri mituweli.
Mu Murenge wa Muhondo mu Karere ka Gakenke, huzuye inyubako nshya igezweho y’ibiro by’uyu Murenge. Abawutuye ndetse n’abakozi bawo bishimira iyi ntambwe izoroshya imitangire ya serivisi.
Muri iki gihe abafite inzu z’ubucuruzi hafi y’imihanda ya kaburimbo mu Ntara y’Amajyepfo, barimo gusabwa gushyira amapave imbere yazo, mu rwego rwo kwimakaza isuku. Ariko hari abakorera i Nyamagabe bavuga ko kubona amafaranga bitaboroheye muri iyi minsi, bagasaba kongererwa igihe.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kirehe buvuga ko gukorera mu bimina, byabafashije kwesa umuhigo w’ubwisungane mu kwivuza, kuko abaturage bagenda bizigamira amafaranga uko bishoboye kugeza basoje kwishyurira umuryango wose.
Impuguke mu by’ubukungu zivuga ko intambara zirimo kuba mu bihugu bikungahaye ku bikomoka kuri Peterori bigira ingaruka ku bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere ndetse n’ibidafite ubwo butunzi, bigatuma n’ibiciro by’ibikomoka kuri Petrero bizamuka.
Amateka y’u Rwanda, arimo n’ay’ivanguramoko, usanga agaruka kenshi mu nkuru nyinshi ari izo ku rwego rw’urugo, umuryango mugari no ku muntu ubwe.