Umukozi w’Akarere ka Musanze witwa Ntibansekeye Léodomir, ushinzwe kubika ibikoresho (Logistic Officer) yafunzwe, akaba akekwaho icyaha cyo gutesha agaciro Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rw’Akarere ka Musanze.
Perezida Paul Kagame asanga ari ngombwa gukomeza gushyira imbere ubumenyi mu bijyanye n’ikoranabuhanga, ryifashisha mudasabwa na murandasi kugira ngo bifashe umugabane wa Afurika kugera ku mpinduka zishingiye ku ikoranabuhanga.
Ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaruguru bwasobanuye uko byagenze ngo umushinga wo kubaka ibiro byari gukoreramo inzego z’ibanze kuva ku mudugudu kugeza ku Kicaro cy’iyi intara bidindire, kuko uyu mushinga umaze imyaka ine umuritswe ariko kugeza ubu hakaba nta n’ibuye ry’ifatizo rirashyirwa aho ibi biro bizubakwa.
Abagabo batatu bo mu Midugudu itandukanye yo mu Kagari ka Nyabigoma mu Murenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze, biravugwa ko banyweye umuti wica udukoko uzwi nka tiyoda, bikekwa ko bageragezaga kwiyahura babiri bibaviramo gupfa.
Abana basambanyijwe bagaterwa inda, bari mu gihirahiro kuko babonye abaterankunga bo kubishyurira amashuli ariko bakabura aho basiga abana babo, cyane cyane abadafite ababyeyi ngo babunganire.
Nubwo mu Rwanda iterambere ryihuta mu burezi, ubuzima, ikoranabuhanga n’ahandi, abafite ubumuga butandukanye bavuga ko hari aho batabona serivisi uko bikwiye, bitewe n’imitere yaho cyangwa n’ubumuga umuntu afite, bagasaba koroherezwa.
Ku nshuro ya kabiri, mu Rwanda harimo kubera inama mpuzamahanga ku itumanaho rigendanwa (Mobile World Congress).
Umukobwa twahaye izina Uwimana Beatrice yatewe inda ku myaka 13 y’amavuko yiga mu mwaka wa gatanu w’amashuri abanza (P.5), ababyeyi baramwirukana abona umugiraneza umwitaho badahuje isano ndetse udaturanye n’iwabo babana imyaka ibiri yose.
Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango, Habarurema Valens, aratangaza ko gutiza inzu z’Akarere Kaminuza yigenga yigisha iby’amahoteri n’ubukerarugendo (UTB), ntaho bihuriye n’abibaza ko byakozwe mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Kuri uyu wa mbere tariki 16 Ukwakira, Minisitiri w’ikoranabuhanga na Inovasiyo yatangije ku mugaragaro gahunda ya Airtel Rwanda yiswe Connect Rwanda 2.0 igamije gufasha abanyarwanda kugera ku ikoranabuhanga no kwihuta mu iterambere.
Uwitwa Dushimimana Athanase avuga ko yataye indangamuntu, nyuma yaho na simu kadi(Sim Card) ya telefone ye irashya, none ubu ngo ntabasha kubona ibimutunga nyamara afite amafaranga kuri ’Mobile Money’.
Umusaza witwa Gakwavu Damien n’umuhungu we, Ngirimana Ferdinand bo mu Mudugudu wa Cyanika, Akagari ka Masangano mu Murenge wa Nyabinoni, basezeranye mu buryo bwemewe n’amategeko n’imbere y’Imana n’abagore babo, nyuma y’imyaka igera kuri 20 baba n’abo bashakanye.
Abagore bo mu Karere ka Bugesera barishimira ko kujijuka byabafashije kwiteza imbere, bakaba batakiri abo kwicara ngo barye ahubwo ko hari umusanzu basigaye batanga mu ngo.
Umubyeyi wo mu Karere ka Gisagara ahangayikishijwe n’uko umwana we adafite indangamuntu ikosoye, bikaba bimuviramo kudahabwa serivise zimwe na zimwe harimo n’iyo kwivuza kuri mituweli.
Mu Murenge wa Muhondo mu Karere ka Gakenke, huzuye inyubako nshya igezweho y’ibiro by’uyu Murenge. Abawutuye ndetse n’abakozi bawo bishimira iyi ntambwe izoroshya imitangire ya serivisi.
Muri iki gihe abafite inzu z’ubucuruzi hafi y’imihanda ya kaburimbo mu Ntara y’Amajyepfo, barimo gusabwa gushyira amapave imbere yazo, mu rwego rwo kwimakaza isuku. Ariko hari abakorera i Nyamagabe bavuga ko kubona amafaranga bitaboroheye muri iyi minsi, bagasaba kongererwa igihe.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kirehe buvuga ko gukorera mu bimina, byabafashije kwesa umuhigo w’ubwisungane mu kwivuza, kuko abaturage bagenda bizigamira amafaranga uko bishoboye kugeza basoje kwishyurira umuryango wose.
Impuguke mu by’ubukungu zivuga ko intambara zirimo kuba mu bihugu bikungahaye ku bikomoka kuri Peterori bigira ingaruka ku bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere ndetse n’ibidafite ubwo butunzi, bigatuma n’ibiciro by’ibikomoka kuri Petrero bizamuka.
Amateka y’u Rwanda, arimo n’ay’ivanguramoko, usanga agaruka kenshi mu nkuru nyinshi ari izo ku rwego rw’urugo, umuryango mugari no ku muntu ubwe.
Kuri uyu wa kane tariki 12 Ukwakira 2023, ubushinjacyaha bwahawe umwanya wo gukomeza gusobanura ibyo abaregwa bakurikiranyweho.
Ikigo gitwara abagenzi cyizwi nka Jali Transport cyazanye imodoka nshya 20 ziyongera ku zo bari basanganywe, mu rwego rwo kunoza akazi kabo ko gutwara abantu n’ibintu mu mujyi wa Kigali.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare buvuga ko ihagarikwa ry’umushinga w’ubworozi bw’inkoko, mu Mudugudu w’ikitegererezo wa Kinihira ryatewe n’uko bakoreraga mu gihombo, kubera ihenda ry’ibiryo byazo n’abakozi bazitagaho umunsi ku wundi.
Perezida Paul Kagame yabonanye n’itsinda riturutse mu Kigo LG Corporation, riyobowe n’Umuyobozi Mukuru wacyo, Kwang Mo Koo, baganira ku byo bafatanyamo n’u Rwanda mu bucuruzi.
Umwana w’umuhungu w’imyaka itatu n’igice y’amavuko, yaguye mu bwiherero abukurwamo yamaze gushiramo umwuka.
Zimwe mu mpamvu zagaragaye zituma ahacururizwa inzoga zo mu bwoko bwa ‘Liqueur’ hatagomba kunywerwa inzoga nuko usanga abenshi bajya kunywera yo baba banze kubahiriza amasaha yagenwe yo gufungiraho utubari ducuruza inzoga.
Buri mwaka (Nzeri n’Ukwakira) hafatwa amezi abiri yo guhagarika uburobyi mu Kiyaga cya Kivu kugira ngo amafi n’isambaza bishobore kongera kororoka, nyuma y’amezi 10 abakora akazi ko kuroba bataruhuka.
Umuyobozi w’Akarere ka Musanze, Bizimana Hamiss asaba abakora umwuga wo gutanga serivisi za notariya (notariat) bikorera ku giti cyabo, kubahiriza amategeko, ubunyamwuga n’ubushishozi mu kazi na serivisi baha abaturage, kuko bifite uruhare runini mu kugabanya amakimbirane harimo n’ashingiye ku nyandiko.
Minisiteri y’Ibikorwaremezo (MININFRA), yizeza abahawe ingufu z’imirasire bakabona zidakora, ko bashobora kwitabaza Ikigo cyayo gicuruza umuriro w’amashanyarazi(UDCL), cyangwa ibigo byatanze izo ngufu, kugira ngo zisimbuzwe izikora neza.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ubutwererane bw’Akarere muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Gen (Rtd) James Kabarebe, ku wa 11 Ukwakira 2023, yakiriye Ambasaderi w’u Buyapani mu Rwanda, Isao Fukushima, bagirana ibiganiro bitandukanye.
Ambasaderi wa Israel mu Rwanda, Einat Weiss, arashimira uko Abanyarwanda bakomeje kubafata mu mugongo no kubaba hafi, muri iki gihe igihugu cyabo cyinjiye mu ntambara mu buryo butunguranye, kubera ibitero by’umutwe wa Hamas wagabye kuri Israel.