Umugenzuzi Mukuru w’Ihame ry’Uburinganire n’Ubwuzuzanye, Nadine Umutoni, avuga ko kwimakaza ihame ry’Uburinganire byihutisha iterambere ry’Igihugu n’umuryango kandi ntawe usigaye inyuma, bituma abanyarwanda bose bagira amahirwe angana kandi bagakoresha ubumenyi n’impano zabo mu kwiteza imbere bikagabanya imvune zo gukorera (…)
Minisitiri w’Urubyiruko, Dr. Utumatwishima Abdallah, arahamagarira urubyiruko rwo mu Karere ka Musanze gutinyuka bakabyaza umusaruro amahirwe Leta ikomeje kubegereza, mu gihe mu ibyiruka rye ngo batigeze bayabona.
Kuri uyu wa kane tariki 28 Nzeri 2023, Perezida Paul Kagame yakiriye Oscar Kerketta wari uhagarariye u Buhinde mu Rwanda.
Tariki 28 Nzeri 2023 u Rwanda rwizihije umunsi mpuzamahanga wa Demokarasi usanzwe wizihizwa tariki 15 Nzeri buri mwaka. Uyu munsi mpuzamahanga wizihirijwe mu nteko Ishingamategeko.
Nk’uko bimaze kumenyerwa mu Rwanda, buri wa gatandatu w’icyumweru gisoza ukwezi, hirya no hino mu gihugu hakorwa umuganda rusange uhuza abaturage n’abayobozi.
Mu minsi ishize humvikanye inkuru z’abavuga ko Umujyi wa Kigali waciye amahema, akorerwamo ibikorwa bitandukanye ndetse n’ibirori birimo ubukwe n’ibindi. Ariko mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye ku itariki 21 Nzeri 2023, Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Pudence Rubingisa, yavugaga ko icyari kigambiriwe ari ukugira ngo abantu (…)
Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF), yashimiye umuryango Humanity &Inclusion (HI) wafashije abaturage barenga ibihumbi 26, mu turere twa Gasabo na Rutsiro kureka ibikorwa byo guhohotera abandi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga burasaba Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Utugari bahawe moto nk’inyoroshyangendo, kuzamura igipimo cy’imitangire ya serivisi bakarusho kwegera umuturage, nk’uko Politiki ya Leta ibiteganya.
Mu gitaramo cyiswe ‘Tujyane Mwami’, cyabaye ku nshuro ya mbere ariko kikazajya kiba buri gihembwe, cyateguwe n’abahanzi b’indirimbo zo guhimbaza no kuramya Imana, barimo James & Daniella, Danny Mutabazi, Josh Ishimwe, Musinga Joe, ndetse na True Promises cyabereye kuri Dove Hotel ku Gisozi, ku Cyumweru tariki 24 Nzeri (…)
Mu biganiro Perezida wa Sena y’u Rwanda, Kalinda François Xavier yagiranye na Ambasaderi wa Pakistan mu Rwanda, Naeem Ullah Khan tariki 27 Nzeri 2023, byibanze ku bufatanye hagati y’Inteko Zishinga Amategeko n’uburyo bwo kuzamura ubucuruzi hagati y’ibihugu byombi.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, ashingiye ku biteganywa n’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda, yakoze impinduka mu buyobozi bw’inzego zimwe na zimwe z’Igihugu.
Imodoka nini yo mu bwoko bwa Isuzu FRR yari itwawe n’umunyamahanga, iturutse mu Karere ka Gicumbi yerekeza mu mujyi wa Kigali, yakoze impanuka, aho yagonze ibyuma by’ikiraro irakirenga ibihagamamo hagati.
Ambasaderi wa Zimbabwe mu Rwanda, Charity Manyekure, yatangaje ko ashaka guhuza Akarere ka Rubavu n’umujyi wa Mutare muri Zambabwe, bakajya bakora mu bucuruzi n’ibindi.
Mu ijoro rishyira itariki ya 26 Nzeri 2023, abajura binjiye mu nzu icumbikamo abanyeshuri babiri biga muri INES-Ruhengeri mu Kagari ka Ruhengeri, Umurenge wa Muhoza Akarere ka Musanze, biba ibikoresho byabo bitandukanye birimo imashini ya Laptop, imyambaro n’amavarisi.
Abafite inzu ahazwi nko kwa Dubai mu Mudugudu w’Urukumbuzi mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo, barasaba gufashwa kuzisuburamo kubera ko kuba batazirimo birimo kubagiraho ingaruka n’imiryango yabo.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rurasaba abaturage kwirinda guhishira ibyaha by’ihohotera, kuko bibyara ibindi byaha bishobora no kuviramo uwahohotewe kwicwa cyangwa kwica.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Isanzure(RSA) rwagaragarije Umujyi wa Kigali uburyo amashusho ruhabwa n’ibyogajuru azaworohereza gufata ibyemezo bihamye, harimo n’uburyo bwo kumenya hakiri kare abubaka mu kajagari.
Ni ibyatangarijwe mu inama yateguwe n’Umuryango ACORD, yahuje imiryango itari iya leta hagamijwe kwerekana ikibazo cyo guhuza ihindagurika ry’ibihe ingaruka zabyo ku burenganzira bw’abagore n’abakobwa ndetse n’uburyo umugore agomba kugura uruhare mu kurengera ibidukikije.
Inzu ikorerwamo ibintu bitandukanye harimo n’aho bateguraga gushyira akabari, yafashwe n’inkongi y’umuriro mu ma saa sita z’amanywa kuri uyu wa Kabiri tariki 26 Nzeri 2023.
Mu mujyi wa Kigali mu muhanda munini Kigali-Rwamagana kuri uyu wa kabiri tariki 26 Nzeri 2023 habereye impanuka y’ikamyo ahitwa Bambino mu kagali ka Nyagahinga umurenge wa Rusororo, mu karere ka Gasabo, ikomerekeramo abantu bane ituma umuhanda Kigali - Rwamagana udakomeza kuba Nyabagendwa.
Urubyiruko rusoje amashuri yisumbuye rwo mu Karere ka Musanze, rwatangiye Urugerero rudaciye ingando, ruvuga ko rugiye gukorana umurava rukagaragaza umusanzu ufatika mu gusubiza ibibazo byugarije abaturage, mu rwego rwo kwihutisha iterambere ry’Igihugu.
Umwali Epiphanie wamenyekanye cyane nka Umwali Fanny, ni umwe mu Banyarwanda banyuze mu buzima bugoye bakiri bato kubera amateka y’igihugu yijimye yaranzwe n’ivanguramoko ryatumye igice kinini cy’Abanyarwanda bajya mu buhungiro bakagirirayo ubuzima bugoye.
Umujyi wa Kigali watangaje ko hari imihanda itatu igiye kuzajya iharirwa imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange gusa, cyane cyane mu masaha yo kujya no kuva mu kazi, ibyo bikazakorwa nka bumwe mu buryo bwo gukemura ikibazo cy’umuvundo w’imodoka.
Ambasaderi mushya w’u Rwanda muri Tanzania, Harelimana Fatou, yashyikirije Perezida Samia Suluhu Hassan, impapuro zimwererera guhagararira inyungu z’u Rwanda muri icyo gihugu.
Abagore 10 bo mu Mudugudu wa Gihorobwa, Akagari ka Rutaraka, Umurenge wa Nyagatare, bari mu gihirahiro nyuma yo guha amafaranga umuntu batazi wiyise umukozi w’umushinga ugamije guteza imbere ubuhinzi bugamije ubucuruzi no kugabanya ibibubangamira (CDAT) mu Murenge wa Rwempasha, wabizezaga ko bazabona amafaranga menshi (…)
Umuyobozi w’Akarere ka Karongi, Mukarutesi Vestine, yabwiye Kigali Today ko inzu z’abaturage 11 arizo zangijwe n’umutingito hamwe n’ibyumba bibiri by’amashuri, ariko barimo gushaka uburyo bisanwa byihuse.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Jean Damascène Bizimana, yagaragaje ibyashingiweho kugira ngo inzibutso 4 za Jenoside yakorewe Abatutsi, zishyirwe mu murage w’Isi na INESCO.
Abaturage bo mu Murenge wa Mushishiro mu Karere ka Muhanga, by’umwihariko abagore, barishimira kongera kugira uburenganzira, nyuma y’uko ibyangombwa byabo by’irangamimerere bitwitswe n’abacengezi, bakaba barongeye kubihabwa.
Umushumba wa Diyosezi ya Nyundo, Musenyeri Anaclet Mwumvaneza, arasaba Abakirisitu ba Paruwasi Muhororo mu Karere ka Ngororero kwiyunga n’abo bahemukiye, inshuti n’abavandimwe mu rwego rwo kubaka ubukirisitu bubereye Abanyarwanda kandi bifite imbonezamutima nzima.
Ikigo gishinzwe Mine Gaz na Peteroli mu Rwanda (RMB), cyatangaje ko umutingito wumvikanye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 24 Nzeri 2023, ntaho uhuriye n’iruka ry’ibirunga kuko wo uterwa n’ikubitana ry’ibice bigise Isi.