Umugabo wo mu Kagari ka Kibuguzo Umurenge wa Shingiro mu Karere ka Musanze, nyuma yo gukubita umugore we akamugira intere, yihutiye kujya kwa muganga aho yari yamaze kugezwa ngo amurwaze, mu kutamushira amakenga bakeka ko waba ari umugambi yacuze wo kuhamuhuhurira, abaturage batanga amakuru atabwa muri yombi.
Ku gicamunsi cyo ku wa Mbere tariki ya 18 Nzeli 2023, imiryango itishoboye 32 yo mu Mirenge ya Mayange na Musenyi mu Karere ka Bugesera yorojwe inka, isabwa kuzifata neza kugira ngo zibateze imbere.
Abatuye mu Kagari ka Gatwaro ho mu Murenge wa Rwaniro mu Karere ka Huye, barinubira insoresore zibiba, bakanababazwa cyane no kuba bahinga zibarebera, zikanabigambaho zibabwira ko bazabisangira.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuziranenge bw’Ibiribwa n’Imiti, Rwanda FDA, cyamenyesheje abantu ko cyahagaritse ikwirakwiza n’ikoreshwa rya nimero eshatu z’umuti witwa AmoxiClav-Denk 1000/125 mg Powder for oral suspension.
Polisi y’u Rwanda itangaza ko gahunda yo gufasha abanyeshuri gukorera impushya za burundu mu gihe cy’amezi, abiri yarangiye abantu 117,341 babonye impushya za burundu zo gutwara ibinyabiziga.
Mama Francisco Yozefu, umwe mu bamaze imyaka myinshi mu bubikira, yitabye Imana mu gitondo cyo ku itariki 17 Nzeri 2023, afite imyaka 97, aho yari amaze imyaka 63 abaye umubikira.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rukangurira abaturage kugana serivisi za Isange One Stop Center zashyizwe ku bitaro bibegereye mu gihe hari uwahohotewe, kuko ari imwe mu ntwaro yo gukumira ingaruka z’ihohorerwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa umwana.
Hakizimana Isaac w’imyaka 31 wo mu Kagari ka Cyabararika, Umurenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze, yagejejwe mu bitaro bya Ruhengeri, nyuma yo gukomeretswa n’abagizi ba nabi, bamutangiriye mu nzira baranamwambura, atabarwa n’irondo.
Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN), ifatanyije n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR), batangaje ko mu gihembwe cya kabiri cy’umwaka wa 2023, umusaruro mbumbe w’Igihugu wazumutse ukava kuri Miliyari 3,282 ugera kuri 3,970Frw.
Mushimiyimana Clementine wo mu Kagari ka Cyabararika, Umurenge wa Muhoza, Akarere ka Musanze ari mu maboko y’inzego z’ubugenzacyaha, nyuma y’uko we n’umugabo we bafatiwe mu rugo benga inzoga zitemewe, umugabo atorotse hafatwa uwo mugore.
Muri iyi minsi, ahitwa i Cyarwa mu Karere ka Huye hari gucibwa imihanda mu rwego rwo kugira ngo hazabashe guturwa neza, ariko hari abibaza uko baza kubaho kuko ubutaka bari bafite buza kubigenderamo bwose, kandi nta ngurane bagenewe.
Kuri uyu wa Mbere tariki ya 18 Nzeri 2023, kuri Ambasade ya Libya mu Rwanda, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane (MINAFFET), Prof Nshuti Manasseh, yanditse ubutumwa bwihanganisha igihugu cya Libya ku kaga cyatewe n’ibiza byibasiye icyo gihugu.
Rwaka Parfait ni Umunyarwanda ufite ubumuga bwo kutumva no kutavuga, akaba ari umushoferi utwara imodoka ukora mu muryango nyarwanda w’abantu bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga (Rwanda National Union of the Deaf - RNUD).
Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Dushimimana Lambert, yasabye Minisitiri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) gushyiraho abayobozi b’uturere, kugira ngo bakorane mu kugeza servisi nziza ku baturage, kuko mu Turere turindwi tugize iyo Ntara, dutatu tudafite abayobozi.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyundo, Nyirasafari Monique, yabwiye Kigali Today ko bamaze kugenzura inyubako z’abaturage bangirijwe n’amazi ubwo habaga ibiza, bakaba barafashe umwanzuro wo gukodeshereza imiryango igera kuri 200, kugira ngo inzu zitabagwa hejuru.
Mu Kagari ka Gashinga, Umurenge wa Nkotsi mu Karere ka Musanze, haravugwa inkuru y’umugabo witwa Hakizimana Innocent w’imyaka 41, ukekwaho gukomeretsa umugore we amutemye agatsinsino mu gitondo cyo ku wa Gatandatu tariki 16 Nzeri 2023, ubu akaba afunze.
Banki ya Kigali (BK Plc), yatangaje impinduka zikomeye yakoze mu buyobozi bukuru bwayo, mu rwego rw’ivugurura rigamije kurushaho kunoza no koroshya bimwe mu bikorwa byayo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gakenke buvuga ko bugiye gushyira imbaraga muri gahunda y’Igororamuco rikorewe mu muryango, nka bumwe mu buryo buzafasha mu gukumira ubuzererezi n’indi myitwarire idahwitse, ituma abantu bajyanwa mu bigo ngororamuco.
Perezida Paul Kagame uri i New York muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yayoboye Inama y’Urwego Ngishwanama rwa Perezida ruzwi nka ‘Presidential Advisory Council’, mu rwego rwo kungurana ibitekerezo ku ngingo zitandukanye ziganisha ku iterambere ry’u Rwanda.
Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango ibinyujije mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe kurengera abana (NCDA), yatangije uburyo bushya bwo gukurikirana abana bakorewe ihohoterwa, ku buryo bwitezweho umusanzu mu gutanga ubutabera busesuye.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) kiratangaza ko abana 7% bageze igihe cyo gufata imfashabere ari bo gusa babona igi, naho abana 22% bagejeje igihe cyo gufata imfashabere akaba ari bo babona indyo yuzuye.
Urubyiruko rw’abakobwa rwiganjemo abakiri abangavu, ruvuka mu Mirenge yiganjemo igihingwa cya Kawa, ruraburira abasore baba batekereza kurugusha mu bishuko ko batabona aho bahera kuko akazi bahawe kabafashije kwigira.
Guverineri w’Intara ya Kagera mu Gihugu cya Tanzaniya, Hon. Fatuma Abiubakar Mwasa, uri mu ruzinduko mu Ntara y’Iburasirazuba, avuga ko bagiye kugabanya inzego zose zidakenewe mu mitangiye ya serivisi, hagamijwe korohereza Abanyarwanda bakorerayo cyangwa bifuza gukorerayo ubucuruzi.
Umuryango wa Croix-Rouge y’u Rwanda washyikirije inkunga abaturage bo mu mirenge ya Kanama, Nyundo, Rugerero na Nyakiriba bangirijwe n’ibiza mu ntangiriro za Gicurasi 2023.
Kuba mu mwaka wa 2035 umubare w’Abanyarwanda uzaba wariyongereye kugera kuri miliyoni 18, kandi buri wese ku mwaka akazaba ashobora kwinjiza byibura ibihumbi bine by’amadolari, kugira ngo bizashobore kugerwaho bisaba ko n’amashanyarazi yiyongera.
Ikigo gishinzwe guteza imbere umwuga w’Ububaruramari (Comptabilité) mu Rwanda (ICPAR), cyatangaje amanota y’abakoze ibizamini ku nshuro ya 24 mu kwezi kwa Kanama 2023, byitabiriwe n’abagera ku 1,155 barimo ababaruramari b’umwuga banini 1050 (biga ibyitwa CPA) hamwe n’ababaruramari bato 105 (biga amasomo yitwa CAT).
Ku wa Kane tariki ya 14 Nzeri 2023, abapolisi 228 basoje amahugurwa y’ibanze y’ibikorwa bya Polisi byihariye (Basic Special Forces course), yari amaze amezi 9 abera mu kigo cya Polisi gitangirwamo amahugurwa yo kurwanya iterabwoba (CCTC), giherereye i Mayange mu Karere ka Bugesera, basabwa kurangwa n’ubunyamwuga.
Ku mugoroba wo ku wa Kane tariki 14 Nzeri 2023, hamenyekane inkuru y’undi muvandimwe muri batatu bashaje kandi bafite ubumuga bw’ubugufi bukabije, André Buhigiro witabye Imana, hakaba hasigaye umwe kuko undi aheruka kwitaba Imana mu kwezi k’Ugushyingo k’umwaka ushize.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 15 Nzeri 2023, Perezida Paul Kagame yageze i Havana muri Cuba, aho yitabiriye inama y’iminsi 2 y’Abakuru b’ibihugu na za Guverinoma, bahuriye mu itsinda G77 rigizwe n’ibihugu biri mu nzira y’amajyambere n’u Bushinwa.
Mu tugari twa Mwendo na Rwesero mu Murenge wa Kigali mu Karere ka Nyarugenge, imvura ivanze n’umuyaga yaguye mu ijoro tariki 13 Nzeri 2023, yasenye ibyumba by’amashuri bya G.S Mwendo, isenya inzu z’imiryango 12 yari ituye mu mudugu batujwemo na Leta, muri IDP Makaga Rwesero.