Bamwe mu bafite ibyangijwe n’inkongi y’umuriro iheruka kwibasira inyubako y’ubucuruzi yo muri Gare ya Musanze bavuga ko bari mu gihombo batewe n’uko ibyangiritse batari barigeze babishyira mu bwishingizi, ubu bakaba bari mu ihurizo ry’aho bazakura ubushobozi bwo kongera gusubukura imirimo.
Imyuna ni ukuva amaraso mu mazuru mu buryo butunguranye akaza ari menshi cyangwa ari make biturutse ku gukomereka k’udutsi two mu mazuru ndetse n’umuvuduko w’amaraso.
Umuyobozi Mukuru ushinzwe inyubako za gare na Parikingi muri RFTC, Nsengiyumva Benoit, avuga ko uretse umuntu ufite resitora yemewe nta wundi muntu wemerewe kuzana gaz muri gare keretse abanje kubisaba agaragaza ko yahinduye ibyo yakoraga nabwo akabanza kubyemererwa.
Umuntu wahuye n’ubushye ashobora gutabarwa mu buryo bwihuse hakoreshejwe amazi akonje bikamufasha kudashya cyane ndetse bikanamurinda kuba inkovu z’ubwo bushye zabyimba.
Nyiramariza Emerance avuga ko yari mu bukene bukabije atagira n’icyo gutunga umuryango ariko ashobora kubuvamo abifashijwemo n’umuryango wa World Vision ku bufatanye na KOICA. Nyiramariza Emerance hamwe n’abandi bagore 298 bari mu bukene bukabije mu mirenge ya Gihango na Mushubati mu Karere ka Rutsiro bavuga ko bashoboye (…)
Itegeko nshinga ry’u Rwanda, riha abanyarwanda bose uburenganzira ku buzima bwiza, ndetse Leta ikagira inshingano zo guteza imbere ibikorwa nkerwa ngo ibyo bishoboke. Aha ariko, Nta wavuga ubuzima bwiza ngo yirengagize ingingo abantu bose bahuriraho yo gukenera ubwiherero, haba ku nzira, mu rugo, ku kazi ndetse n’ahandi (…)
Mu ishuri ribanza rya Gatikabisi, ryo Kagari ka Matare Umurenge wa Matyazo mu Karere ka Ngororero, haravugwa ikibazo cy’ubucucike bukabije mu mashuri, kugeza ubwo biyambaza urusengero kubera ikibazo cy’ibyumba bike.
Umugabo wo muri Romania yatabawe n’abaganga nyuma y’uko yarimo agerageza kwiyahura, abitewe n’uko yishyizemo ko arwaye kanseri nta muganga wabimubwiye ahubwo ashingiye ku bimenyetso yari afite yahuje n’ibyo yasomye kuri interineti.
Kuri uyu wa gatatu tariki ya 22 Ugushyingo 2023, CG Rtd, Emmanuel Gasana, wari Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, aragera mu rukiko rwisumbuye rwa Nyagatare kugira ngo aburane ubujurire ku cyemezo yafatiwe n’urukiko rw’ibanze rwa Nyagatare cyo gufungwa iminsi 30 y’agateganyo.
Bamwe mu batuye Akarere ka Gakenke, biganjemo abakora umwuga wo gutwara abagenzi, n’abakora ubucuruzi butandukanye bavuga ko babangamiwe n’icyemezo byafashwe n’ubuyobozi cyo kubaraza irondo, aho bemeza ko bafite impungenge z’ingaruka bishobora kubateza.
Abatuye mu Karere ka Bugesera bifuza ko igishushanyo mbonera cyakwihutishwa bakamenya icyateganyirijwe ubutaka bwabo, kubera ko kuba kitarasohoka hari abatemererwa kubaka bikabadindiza mu mishinga yabo.
Sosiyete ya Sony Entertainment Group, yatangaje ko ifite gahunda yo gushora miliyoni 10 z’amadorali ya Amerika mu bigo bigitangira bifite aho bihuriye n’imyidagaduro ku mugabane wa Afurika.
Nyuma y’urupfu rw’abantu 3 bagwiriwe n’umukingo ku wa Mbere tariki 20 Ugushyingo 2023 i Kigali ku Muhima hepfo gato y’ahitwa kuri Peage, imirimo mu kibanza cyacukurwagamo ahazubakwa igorofa rya Greenland Plaza, yahagaze.
Bitewe n’umuco ndetse n’uburere butandukanye hari bintu bifatwa nk’ibyoroheje nyamara biri mu bigize ibyaha kandi bigahanwa n’amategeko.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera buvuga ko bwihaye umuhigo w’uko imiryango igera ku bihumbi bitanu muri ako Karere igomba gufashwa kuva mu bukene, bafashwa muri gahunda zitandukanye zibafasha kwiteza imbere.
Iteganyagihe ryatangajwe na Meteo-Rwanda rigaragaza ko mu gice cya gatatu cy’uku kwezi k’Ugushyingo 2023 (kuva tariki ya 21 kugeza tariki ya 30), mu Rwanda hateganyijwe imvura nyinshi cyane kurusha impuzandengo y’imvura isanzwe igwa muri aya matariki.
Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Mapambano Nyiridandi Cyriaque, arizeza abubaka isoko rya Gafunzo mu Murenge wa Sake bafite impungenge zo kwamburwa ko bitashoboka kuko rwiyemezamirimo adashobora kwishyurwa amafaranga yose ataragaragaza ko yishyuye abakozi n’abamuhaye ibikoresho.
Urwego rw’Ubugenzacyaha ( RIB ) rwatangaje ko rwafunze abayobozi batandatu ba Koperative y’icyayi COOTHEVM yo mu Karere ka Gicumbi mu Ntara y’Amajyaruguru.
Hirya no hino mu gihugu hagenda haboneka abantu bamwe na bamwe bavuga ko bafite indangamuntu zagaragayemo amakosa, bakibaza impamvu yabyo ndetse n’igituma kuyakosora bifata igihe.
Perezida wa Sena y’u Rwanda, Dr Kalinda François Xavier kuri uyu wa mbere tariki 20 Ugushyingo 2023 yagiranye ibiganiro na Visi Perezida wa Cuba, Salvador Valdés Mesa, byibanze ku mubano w’ibihugu byombi banarebera hamwe uko wakomeza kwagurwa.
Ibyago ni ikintu gitungurana kenshi kandi kigashengura imitima y’imiryango, inshuti n’abavandimwe. Mu bice bitandukanye by’Igihugu, abantu bagira uburyo bitwara nko kuba hari abadatabarana, kwiyegereza Imana cyane kimwe n’ababifata nk’ibisanzwe ku buryo nta gihinduka ku buzima bari basanzwe babayemo.
Abaturage batuye hagati y’umugezi w’Umuvumba n’umuhanda wa kaburimbo kuva ahahoze Banki y’abaturage kugera Barija, ntibemerewe kubaka cyangwa kuvugurura amazu yabo kuko batuye mu manegeka ndetse mu minsi micye bashobora kuhimurwa hagakorerwa ibijyanye n’ubukerarugendo.
Kimwe mu bintu bitangaje mu buzima bw’amafi ni uko yororoka, harimo kuba hari bumwe mu bwoko bw’amafi butera amagi akazituraga akavamo utwana tw’amafi mu gihe hari n’ubwoko bw’amafi abyara, ku buryo utwana tw’amafi tuva mu nda ya nyina.
Uko imyaka igenda ishira Leta y’u Rwanda igenda ivugurura amategeko amwe n’amwe bikajyana no gukuraho bimwe mu bihano ku bintu byari bigize icyaha mu gihe basanga bishobora kuba ntacyo bitwaye ku wabikoze muri sosiyete ndetse n’uwabikora aho gufungwa agacibwa amande.
Gufata ifoto mu kirahure (screen) cya telefone bita smart phones, ni ibintu biri rusange ku bazitunze bitewe n’ubwoko bwazo, n’ubwo hari abo usanga batabizi. Hari rero n’uburyo n’uburyo butandukanye ushobora kwifashisha ugafata ifoto iri muri screen ya mudasobwa, yaba igendanwa (laptop) cyangwa isanzwe (desktop).
Umukecuru Adèle Madamu w’imyaka 92, utuye mu Mudugudu w’Agacyamu, Akagari ka Rukira, Umurenge wa Huye, Akarere ka Huye, ahangayikishijwe n’uko asabwa kwishyura inzu yubatswe ku butaka bwe.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ubushakashatsi n’Iterambere mu byerekeye Inganda (NIRDA) cyatangiye gushyigikira gahunda yo guhinga ndetse no gukwirakwiza imigano ishobora kwifashishwa mu bwubatsi.
Inama y’Igihugu y’abafite ubumuga (NCPD), iratangaza ko hagiye gukorwa ibarura ry’abafite ubumuga mu Gihugu hose, hiyongereyeho n’abana bari munsi y’imyaka itanu bavukanye ubumuga kuko mbere batabarurwaga.
Abitwa Imboni z’impinduka zigizwe n’urubyiruko rwanyuze mu bigo by’igororamuco, bashimiwe uko bakoresheje ubufasha bw’amafaranga bahawe, kugira ngo abafashe mu bikorwa byo kwiteza imbere.
Hirya no hino mu mijyi uhasanga abana benshi bafite ikibazo cyo kwirirwa bagendagenda mu mujyi bifashishwa n’abantu bakuru. Muri abo bana haba harimo n’abayoboye umuntu ufite ubumuga bwo kutabona mu bikorwa byo gusabiriza ibyo bikorwa bikababuza uburenganzira bwabo no guhabwa uburere n’uburezi mu mashuri.