Ambasaderi wa Israel mu Rwanda, Einat Weiss, arashimira uko Abanyarwanda bakomeje kubafata mu mugongo no kubaba hafi, muri iki gihe igihugu cyabo cyinjiye mu ntambara mu buryo butunguranye, kubera ibitero by’umutwe wa Hamas wagabye kuri Israel.
Madamu Jeannette Kagame mu butumwa bwe ku munsi mpuzamahanga w’umwana w’umukobwa, yerekanye ko agaciro k’umukobwa ari ntagereranywa, nk’uko tubikesha urubuga rwe rwa X.
Umujyi wa Muhanga uherereye mu Ntara y’amajyepfo ni umwe muri itatu yunganira Kigali ukaba witezweho kuzaba ari Umujyi w’Ubucuruzi ukomeye mu myaka 27 iri imbere. Biteganyijwe ko abatuye Akarere ka Muhanga muri rusange bazaba icyo gihe bariyongeyeho 45%; ibituma hazubakwa ibikorwaremezo bitandukanye ndetse n’izindi ngamba (…)
Joshua Tuyitakire, wagize igitekerezo yise “Gospel Club” yasobanuye ko abantu babyumvise nabi bakabyita akabyiniro k’abarokore nyamara agamije guhuriza hamwe abantu bakaganira, bagasabana babyina indirimbo zo guhimbaza no kuramya Imana.
Abaturage b’Akagari ka Kanyoza, Umurenge wa Matimba, barifuza guhabwa amazi meza kuko babangamiwe no gukoresha amazi y’Akagera dore ko uretse indwara abatera ngo rimwe na rimwe bahahurira n’inyamanswa zihungabanya umutekano wabo.
Mu gihe usanga hirya no hino abataka amazi n’amashanyarazi basubizwa ko muri 2024 bizaba byarabagejejweho, binajyanye n’intego ya gahunda ya NST1, nta gihamya y’uko bizabageraho bose ufatiye ku bipimo by’abo bimaze kugezwaho kugeza ubu.
Inzego zitandukanye zifite aho zihurira no kurwanya ihohoterwa, zahuriye mu mahugurwa yo kunoza imikorere. Ayo mahugurwa azamara ibyumweru bitatu, yatangiye tariki 10 Ukwakira 2023, akaba agamije kongera ubumenyi no kunoza imikorere n’imikoranire mu gutanga serivisi inoze ku bagana Isange One Stop Centre.
Bamwe mu bageze mu zabukuru mu Karere ka Nyagatare bavuga ko bahura n’ikibazo cy’ubwigunge kubera kutagera ku bo bifuza no kudasurwa ndetse n’ubukene bukabije kuko barya badakora.
Raporo zitandukanye zo mu bigo bya Leta nubwo inyinshi ziba zigenewe Abanyarwanda, ariko usanga ziba zanditse mu ndimi z’amahanga (Icyongereza cyangwa Igifaransa), ibintu bitavugwaho rumwe.
Minisiteri y’Ibikorwa Remezo (MININFRA) ifatanyije n’abikorera b’imbere mu Gihugu no hanze, baritegura imurikagurisha Nyafurika ry’ingufu z’amashanyarazi (Africa Energy Expo), ngo rizasiga Abanyarwanda bose bacaniwe muri 2024.
Ikigo Meteo-Rwanda kivuga ko mu gice cya kabiri cy’uku kwezi k’Ukwakira 2023 (kuva tariki ya 11 kugeza tariki ya 20), mu Rwanda hateganyijwe imvura irenze urugero rw’impuzandengo y’isanzwe igwa muri iki gihe.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Eduard Ngirente, yakiriye itsinda rya gatatu ry’abakozi ba Kongere ya Amerika bari mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi irindwi, mu rwego rwa gahunda y’ubutwererane mu bumenyi n’umuco.
Nta gihe kinini gishize umutwe wa Hamas ukoze ibyo abenshi batatekerezaga ubwo yoherezaga ibisasu bya rutuka ku gihugu cya Isiraheli bihitana abatari bacye ndetse na byinshi birangirika. Ariko se byagenze bite ngo Hamas itinyuke gukora Isiraheli mu jisho, kandi ari igihugu kizwiho kugira ubutasi bukomeye? Ese uyu mutwe wa (…)
Abaturage bo mu Murenge wa Muhororo mu Karere ka Ngororero, bangirijwe ibyabo no gukora umuyoboro w’amashanyarazi ajya gucanira umuhanda wa kaburimbo, baravuga ko bamaze imyaka hafi itatu bangirijwe imitungo yabo ariko bakaba batarishyurwa.
Ibura n’ihenda ry’amata, ibirayi n’ibindi biribwa ni inkuru igaruka kenshi mu biganiro binyuranye muri rubanda. Uretse ibyo, hanavugwa cyane ukuntu amasoko yo hanze acura ay’imbere mu gihugu, hakanagarukwa ku kuba ibikorerwa mu Rwanda bihenda cyane ugereranyije n’ibiva mu mahanga.
Kaminuza y’u Rwanda (UR)imaze gutangaza ko umuhango wo gusoza amasomo ya kaminuza ku banyeshuri bayo uzwi nka graduation wari uteganyijwe mu minsi icumi iri imbere wimuriwe mu kwezi gutaha. Ni imipinduka iyi kaminuza ivuga ko zije zitunguranye bitewe n’impanvu zikomeye ariko yavuze ko itatangariza rubanda. Gusa ngo ni mu (…)
Mu ijambo Madamu Jeannette Kagame yagejeje ku bitabiriye inama ya kane, y’ihuriro ry’abagore b’abayobozi ibera mu gihugu cy’u Burundi, kuva tariki ya 9 Ukwakira 2023, yagaragaje ko kuboneza urubyaro bituma umuryango ugira iterambere rirambye.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Kayitesi Alice, aranenga abafatanyabikorwa b’Uturere (JADF) bashora amafaranga mu baturage, ariko wagenzura ugasanga bakomeza gukena kandi bagafashijwe kwikura mu bukene.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ubutwererane bw’Akarere muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Gen (Rtd) James Kabarebe, yakiriye Ambasaderi w’u Bwongereza mu Rwanda, Omar Daair, baganira ku bufatanye hagati y’ibihugu byombi.
Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Mbere tariki ya 9 Ukwakira 2023 yabonanye na Mike Rounds wo muri Sena ya Leta zunze Ubumwe za Amerika na Ron Estes wo muri Kongere y’icyo gihugu, hamwe n’itsinda ayoboye, baganira ku mubano w’u Rwanda na Amerika ndetse n’izindi ngingo zireba Akarere n’Isi muri rusange.
Kuba igicuruzwa cyahabwa icyangombwa cy’ubuziranenge biba bisobanuye ko cyapimwe n’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubuziranenge (RSB), bikemezwa ko nta ngaruka gishobora kugira ku bo kigenewe, kubera ko kiba cyujuje ibisabwa.
Ababyeyi bubakiwe amarerero (ECD’s) aho bakoera, bavuga ko yabafashije kurushaho kugira umutekano ndetse no gutanga umusaruro, kubera ko atuma bakora batuje kuko baba bari kumwe n’abana babo.
Madamu wa Perezida wa Repubulika Jeannette Kagame yageze i Bujumbura mu Burundi kuri uyu wa Mbere tariki 09 Ukwakira 2023. Madamu Jeannette Kagame yitabiriye inama ya kane y’ihuriro ry’abagore b’abayobozi.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 9 Ukwakira 2023, imodoka itwara inzoga za BRALIRWA yafashwe n’inkongi y’umuriro igeze rwagati mu Mujyi wa Musanze, mu Murenge wa Muhoza Akagari ka Kigombe, umudugudu wa Nyamuremure, hafi y’isoko rya GOICO.
Umuntu wese waba afite impapuro zanditsweho cyangwa amakaye atagikenewe, afite imari y’agaciro atagomba gupfusha ubusa, kuko kilogarama imwe yabyo igurwa Amafaranga y’u Rwanda 250.
Umurambo w’umukobwa w’imyaka 27 witwa Ishimwe Devota, bikekwa ko amaze iminsi apfuye, wasanzwe mu nzu iherereye mu Mudugudu wa Gakoro Akagari ka Rwambogo mu Murenge wa Musanze mu Karere ka Musanze, akaba yayicururizagamo anayituyemo.
Bamwe mu bagabo mu Karere ka Nyagatare bavuga ko batinya kuvuga ihohoterwa, bakorerwa kubera gutinya gusuzugurwa n’abaturanyi ariko nanone banishingikiriza ko umugabo ari umutware n’umunyembaraga, ku buryo ataneshwa n’umugore.
Perezida Paul Kagame, yakiriye itsinda ry’abayobozi baturutse muri IRCAD, bayobowe n’uwashinze akaba na Perezida w’uwo muryango, Prof. Jacques Marescaux baganira ku mikorere ya IRCAD Africa.
Mu rugo rw’umugabo witwa Manizabayo Ferdinand, ushinzwe amakuru mu Mudugudu, hasanzwe magendu y’inzoga z’ubwoko bunyuranye zitemewe, ababibonye batungurwa no kuba uwakabaye abera abaturage intangarugero yijandika mu bikorwa nk’ibyo.
Banki ya Kigali (BK) ku wa Gatanu tariki ya 6 Ukwakira 2023, yashimiye abakiriya bayo b’imena bo mu Karere ka Gicumbi uburyo bakorana neza, ibagenera impano ndetse haba n’igikorwa cyo gusangira na bo.