Mu kiciro cya mbere cy’ibikorwa by’intore ku rugerero, intore zo mu karere ka Nyabihu yo zesheje imihigo kuri 84%. Mu cyiciro cya kabiri, Intore zitegerejweho umusaruro ushimishije kurushaho.
Abakirisitu 323 bo mu matorero atandukanye y’abaporotesitanti akorera mu karere ka Kirehe basoje amahugurwa bari bamazemo iminsi ibiri mu karere ka Kirehe aho bigaga ku buryo umuryango nyarwanda wakomeza kurushaho kwiteza imbere binyuze mu masengesho.
Patrice Hakizimana wari ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu murenge wa Boneza mu karere ka Rutsiro yari ari kuri moto agongwa n’imodoka ahita yitaba Imana mu gitondo cyo kuwa kabiri tariki 23/04/2013.
Umugore witwa Justine Nyiraneza utuye mu kagali ka Cyabararika, umurenge wa Muhoza wakorewe ibikorwa by’itotezwa n’abantu bataramenyekana mu cyumweru cy’icyunamo, yahawe ubufasha n’abanyeshuri bo mu ishuri rikuru INES Ruhengeri.
Abasirikare bashinzwe iby’ubuvuzi baturutse mu gihugu cya Tanzania bari mu rugendo shuri rw’iminsi 2 mu Rwanda aho bigira ku Ingabo z’u Rwanda ibijyanye n’ubwisungane mu kwivuza bw’abasirikare.
Abantu bane bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Muhoza mu karere ka Musanze, bazira ubucuruzi bw’ikinyabutabiriye cyitwa ‘mercure’ bashyizeho ibimenyetso by’ibihimbano kuko bavuga ko yasuzumwe n’umuhanga w’umurusiya witwa Mendeleev.
Leta y’u Rwanda irashima ibikorwa by’Abanyarwanda baba hanze (Diaspora) bigamije kufasha no kongerera ubumenyi abari imbere mu gihugu, binyuze mu mushinga wa MIDA (Migration Development in Africa).
Ahagana saa mbiri mu gitondo cya tariki 23/04/2013 inkongi y’umuriro yibasiye amacumbi y’abanyeshuri b’abahungu biga kuva mu mwaka wa mbere kugeza mu wa gatatu mu kigo Ecole de Science Byimana.
Ubwo minisitiri w’akakozi, Anastase Murekezi, yasuraga abakozi bo mu nzego zitandukanye zo mu karere ka Rusizi yabashishikarije gukunda umurimo kuko ibikorwa bivuye mubyo umukozi yakoze aribyo bimihesha agaciro akaba yawurambamo ndetse akazamuka mu yindi ntera.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Ngororero bavuga ko bishimiye ukwiyongera kw’ibitangazamakuru mu Rwanda kuko uko bibageraho ari byinshi ari nako bibakorera ubuvugizi ku bibazo bafite ndetse bimwe bigakemuka.
Abatishoboye batanu basizwe iheruheru na Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu murenge wa Kazo akarere ka Ngoma bahawe inka zavuye mu mafaranga abaturage batanze mu gihe cy’icyunamo.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa mbere tariki 22/4/2013, ububiko bw’Ikigo gishinzwe ubuzima (RBC) buri i Gikondo hafi yo kuri MAGERWA, bwadutsemo inkongi y’umuriro itwika bimwe mu bikoresho byiganjemo impapuro, ibitabo bitarakoreshwa byo kwiyandikisha by’abarwayi ba SIDA, hamwe n’inzitiramubu.
U Rwanda nka kimwe mu bihugu bigize umuryango ushinzwe kurwanya ikwirakwizwa ry’intwaro nto mu karere (RECSA) ni urwa mbere mu kurwanya ikwirakwizwa ry’intwaro kuko rumaze gusenya intwaro zipima toni 53.357 kuva muri Nzeri 1994 kugera mu Ugushyingo 2011.
Mu rucyerera rwa taliki 22/04/2013, abakiristu bo mu itorero rya Goshen Holy Church babuze aho basengera amasengesho ya Nibature nyuma yo gusanga urusengero basengeramo rwashyizweho ingufuri na bamwe mu bakiristu bavuga ko badashaka ko bamwe barusengeramo.
Umuryango ushinzwe kurwanya ikwirakwizwa ry’intwaro nto mu karere (RECSA), uri mu bibazo by’abanyamuryango benshi batagitanga umusanzu, abandi nabo ntibawutangire ku gihe, nk’uko bari barabyiyemeje ubwo uwo muryango watangiraga.
Umusaza Twagiramungu Claude utuye mu murenge wa Mbuye mu karere ka Ruhango, avuga ko mu mwaka 1964 yahuye n’ibibazo bikomeye byo kuba yaratsindiye kujya kwiga mu isemineri ariko akabuzwa ayo mahirwe kuko ngo atasaga n’abandi.
Minisitiri Protais Mitali ushinzwe umuco na Siporo mu Rwanda yamaganye abagifite ibitekerezo birangwamo gupfobya jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda babikora biyise ko ari intyoza bashaka kugoreka ukuri kwayo.
Abakozi bakora umuyoboro w’amazi wa Nyabizi, uherereye mu murenge wa Kinyababa, akarere ka Burera, batangiye guhembwa nyuma yo gutakambira ubuyobozi bavuga ko bamaze amezi atatu badahembwa kandi bakora.
Umushinga wa World Vision, tariki 19/04/2013, wifurije isabukuru y’amavuko abana 7312 bo mu Karere ka Gakenke basangira ndetse babagenera impano zifite agaciro ka miliyoni 25 z’amafaranga y’u Rwanda.
Ubuyobozi bw’inama y’igihugu mu karere ka Rubavu bufatanyije bw’ inama y’igihugu k’urwego rw’igihugu, batangije igikorwa cyo gushishikariza urubyiruko rwo mu karere ka Rubavu gukorana n’amabanki kugira ngo rushobore guhanga imirimo no kurwanya ubukene.
Ikigo gishinzwe imiyoborere mu Rwanda RGB, cyashimiye inzego za Leta n’urubyiruko, uburyo bitwaye muri uku kwezi kw’imiyoborere kwashojwe ku wa Gatandatu tariki 20/04/2013, aho cyakiriyemo ibibazo by’abaturage birenga 7,000, ugereranyije n’ibibazo 2,000 byakiriwe mu mwaka ushize.
Abagore bo mu karere ka Musanze batanze ibitekerezo ku byo babona byashingirwaho hategurwa intego z’ikinyagihumbi za nyuma y’uriya mwaka, mu rwego rwo gukusanya ibitekerezo ku ntego z’ikinyagihumbi za nyuma ya 2015.
Inzego zitandukanye zo mu Muryango w’Abibumbye zikorera mu Rwanda ziraganira n’abaturage b’akarere ka Nyamasheke ku byagezweho mu Ntego z’Ikinyagihumbi (MDGs) mu Rwanda, imbogamizi zikigaragara n’ibitekerezo byatuma ibitaragezweho bibasha kugerwaho.
Inama yahuje abayobozi b’uturere n’intara hamwe n’abayobozi bakuru muri Guvenema kuri uyu wa gatanu tariki 19/4/2013, yafatiwemo ingamba zisaba imbaraga nyinshi abaturage mu bikorwa by’ubuhinzi n’ubworozi, hamwe no kwimura abantu batuye mu buryo bashobora guhitanwa cyangwa kwangirizwa n’ibiza.
Kuva tariki 16/04/2013, umuhanda Gasarenda-Gisovu wacitsemo kabiri, mu kagari ka Rugano mu murenge wa Musebeya, kubera inkangu ubu ukaba udashobora kunyurwamo n’imodoka.
Itsinda ry’abakozi batatu baturuka mu Karere ka Nyanza bayobowe na Nkurunziza Philbert, baganiriye n’abayobozi b’Akarere ka Gakenke babasaba kubafasha kubona abakozi bagera ku bihumbi 10 bo gukoresha mu mirimo yo guca amaterasi.
Mu nkambi ya Kiziba icumbikiye impunzi z’Abanyekongo mu karere ka Karongi habereye inama y’abana iba buri mwaka bagatanga ibitekerezo ku ruhare rwabo mu bikorwa byose bibakorerwa, ariko abanyamakuru babujijwe kwinjira mu cyumba cy’inama.
Ushinzwe imirimo ya Ambasade ya Leta zunze ubumwe za Amerika (USA) mu Rwanda (Charge d’Affaires), Jessica Lapenn, yijeje Abanyarwanda muri iki gihe cyo kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi, ko igihugu cye gishyigikiye u Rwanda muri gahunda yo kwigira.
Nyuma y’urupfu rw’abantu batanu bose bo mu muryango umwe bishwe n’inkangu mu ka kagari ka Kinyonzwe, umudugudu wa Matyazo, umurenge wa Mutuntu mu karere ka Karongi, ubuyobozi bwafashe umwanzuro wo kwimura indi miryango itatu yari ituranye na banyakwigendera.
Imvura nyinshi iri kugwa yatumye amazi y’uruzi rwa Nyabarongo arenga inkombe, akaba atangiye kugera mu muhanda wa Kaburimbo uhuza Kigali n’Intara y’amajyepfo.