Intumwa za rubanda 10 zo mu gihugu cya Uganda, tariki 03/04/2013, zasuye umupaka muto wa Rubavu zerekwa uburyo u Rwanda ruri gutegura ibikorwa by’imigenderanire n’igihugu cya Congo hakoreshejwe ikoranabuhanga.
Abadepite bo mu gihugu cya Uganda barashima uburyo abahoze mu mitwe yitwaje intwaro bakiyemeza kugaruka mu gihugu bakirwa n’abandi Banyarwanda, nyamara bamwe muri bo baba bashobora kuba bafite amateka atari meza ku misozi bavukaho.
Abahagarariye amadini akorera mu karere ka Kayonza biyemeje kuzatanga ituro ry’umunsi umwe mu minsi y’amateraniro ya bo, mu rwego rwo gufasha abacitse ku icumu rya Jenoside batishoboye.
Komisiyo y’igihugu ishinzwe kurwanya Jenoside (CNLG) irasaba abantu bose bafata gahunda zo guhunga igihugu kuko kigeze mu gihe cy’icyunamo, kumva ko iyo gahunda ibareba bose. Ikabasaba gutangira kwifatanya n’abandi Banyarwanda mu kwibuka.
Ubuyobozi bw’umuryango Good Windows uratangaza ko nta kimenyane cyabaye mu gikorwa cyo gutanga inka ku bakene bo mu karere ka Muhanga na Ruhango.
Bihira Yuvenali wari uzwi nk’umwe mu bantu bafite amafaranga menshi mu mujyi wa Butare yitabye Imana tariki 24/03/2013, i Burayi aho yari yaragiye kwivuriza. Ku itariki 01/04/2013 ni ho yashyinguwe.
Abaturarwanda cyane cyane urubyiruko barasabwa kwitabira ibikorwa bijyanye no kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, bizabera ku rwego rw’imidugudu mu gihe cy’iminsi irindwi, guhera tariki 07/04/2013.
Imvura idasanzwe yaguye mu ishyamba rya Gishwati ku cyumweru tariki 31/03/2013, bituma umugezi wa Gatare uri hepfo y’iryo shyamba wuzura wica umwana w’imyaka icyenda, ndetse n’ikiraro cyendaga kuzura kirasenyuka.
Umuyobozi w’akarere ka Bugesera, Rwagaju Louis, yagiranye inama n’abakozi bakorera ku karere, Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Imirenge n’Utugari ndetse n’inzego z’ubuyobozi zikorana n’Akarere ngo abasobanurire bimwe mu byagaragaye nk’ibigomba gukosoka cyangwa kongerwamo imbaraga byavuye mu mwiherero w’Abayobozi bakuru (…)
Muragijimana Immaculée, intore iri ku rugerero mu murenge wa Mbazi mu karere ka Nyamagabe yahimbye indirimbo irata itorero ry’igihugu ndetse inagaragaza ubutumwa bwerekana ko bashyigikiye urugerero.
Abatuye mu murenge wa Rutare mu karere ka Gicumbi bemeza ko igitebo bita “Umuhuza” cyagabanyije amakimbirane yo mungo aturuka ku gutinda gutegura amafunguro yo mu rugo hagati y’umugore n’umugabo.
Minisiteri ishinzwe impunzi (MIDMAR), iratangaza ko inkambi ya Nyabiheke yo mu karere ka Gatsibo igiye kongerwa ikabasha kwakira izindi mpunzi, nyuma yaho impunzi zituruka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zikomeje kwiyongera mu Rwanda.
Miss Rwanda 2012, Umutesi Aurore Kayibanda, muri iki gitondo cyo kuwa mbere tariki 1/04/2013, yakoze impanuka y’imodoka, ubwo yari yitwaye mu mujyi wa Kigali ariko nta muntu wayiguyemo cyangwa ngo akomereke bikabije.
Nyuma y’ibyumweru bibiri bari mu murenge wa Mudende akarere ka Rubavu, abari abarwanyi ba Runiga witandukanyije na M23 iyobowe na Gen Makenga, bimuwe aho bari bacumbikiwe.
Abakristu Gatolika bo mu karere ka Burera batangaza ko ku munsi mukuru wa Pasika bibuka ho izuka rya Yezu Kristu ariko banazirikana abakristu bagenzi babo b’abakene babafasha mu buryo butandukanye.
Kubwimana Gaspal w’imyaka 41 utuye mu karere ka Rusizi yirirwana umwana w’imyaka 4 mu mugongo asabiriza cyangwa yisuma mu mujyi wa Kamembe kubera ubukene yatewe no kuvuza umugore we.
Umuryango MOUCECORE (Mouvement Chrétien pour l’Evangélisation, le Counseling et la Réconciliation) urahamagarira abafatanyabikorwa b’akarere ka Nyamagabe kwinjiza muri gahunda zabo gukumira ibiza kuko ahanini biterwa n’ibikorwa bya muntu.
Premier Sergent Niyonsaba Charles wo muri FDLR aherutse gutahuka yaramugajwe n’amasasu atangaza ko yarashwe na mugenzi we bari kumwe waketse ko afite amafaranga akamurasa ashaka kuyamwambura. Ngo yicuza iminsi yataye muri Congo akaba atahutse ntacyo akibashije kwikorera.
Umutwe wa M23 urwanira mu burasirazuba bwa Congo Kinshasa wavuze ko ingabo z’Umuryango w’abibumbye (UN) zigiye kuza kuwurwanya, nta kindi zigamije atari indi ntambara ikomeye igiye kwica abaturage muri Congo no gusenya icyizere cy’amahoro cyari kimaze kugerwaho.
Ku wa gatanu mutagatifu, tariki 29/3/2013, abakirisitu Gatorika bo mu mujyi wa Butare bakoze inzira y’umusaraba bagerageza kwigana uko byagenze igihe Yezu Kristu ababara, agapfa, akabambwa ku musaraba hanyuma agahambwa.
Mu karere ka Ngororero gasanzwe kazwiho kugira imisozi ihanamye, ubutaka bworoshye n’imigezi ikunze kuzura, ubu gafite abaturage 2942 batuye ahantu hagaragaza ko hashobora guteza impanuka bakeneye kwimurwa.
Abanyeshuri bize muri kaminuza zitandukanye zo mu Rwanda batarabona akazi barangije amahugukorwa yo gukora imishinga izabafasha guhanga imirimo.
Ubwo hasozwaga umwiherero wa 10 w’abayobozi bakuru, Perezida wa Repubulika yasabye abayobozi bose mu nzego za Leta n’iz’abikorera ku giti cya bo gukomeza gushyira imbere amasomo azatuma u Rwanda rugira impinduka rukeneye hagamijwe kugera ku bukungu bufatika muri 2020.
Ingabo z’u Rwanda zashimiwe umuhate n’umurava mu mahugurwa mpuzamahanga ya LONI ziri gukorana n’abasirikari b’ibihugu binyuranye mu misozi ya Himalaya mu guhugu cya Nepal.
Abagore n’abakobwa barenga 100 bakoraga uburaya mu karere ka Karongi basoje amahugurwa yateguwe n’umushinga wita ku rubyiruko (Joint Youth Program) muri minisiteri y’urubyiruko, bafashe icyemezo cyo kureka uburaya bagashaka ibindi bakora bibahesha icyubahiro.
Perezida mushya w’inama njyanama y’akarere ka Burera, Bumbakare Pierre Celestin, arasaba abajyanama bose kujya bamugezaho ibyifuzo cyangwa ingingo zigomba kwigirwa hamwe mu nama mbere y’uko iyo nama iba.
Ndayambaje André w’imyaka 25 y’amavuko wari ucumbitse mu mudugudu wa Rupango, akagari ka Mutongo mu murenge wa Macuba wo yitabye Imana tariki 28/03/2013 nyuma yo kurumwa n’inzoka y’Inshira yari yakinishije umwanya munini ayizengurukiriza ku ijosi rye.
Ku munsi abanyeshuri biga mu karere ka Karongi bari gutahiraho tariki 28/03/2013, haguye ’imvura yatumye benshi batabasha kugera ahategerwa imodoka ndetse n’abahashije kuhagera kuzibona ntibya byoroshye.
Abakristu Gatolika bo mu mujyi wa Kigali bakoze inzira y’Umusaraba bibuka ububabare n’urupfu rwa Yezu Kristu ku wa gatanu mugatagatifu tariki 29/3/2013, bavuze ko umuntu uyikora abikunze, bituma agira imyitwarire myiza yo kwicisha bugufi, gukundana no kwitoza kwihanganira ibihe bigoye.
Umugore witwa Uwamariya Christine wo mu Murenge wa Rubaya, Akarere ka Gicumbi, ariko akaba atuye i Kigali afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Byumba aho akurikiranyweho icyaha cyo kwiba umwana.