Nyuma y’uko mu kwezi gushize urukiko rw’ubujurire rw’i Paris mu Bufaransa ruhaye agaciro raporo ivuga ko ihanurwa ry’indege yari itwaye Habyarimana ryashakirwa inkomoko mu kigo cya gisirikare cy’i Kanombe, ubu urwo rukiko rwahisemo gukurikirana Paul Barril ufite amabanga menshi muri iyo dosiye.
Umuhanda wa Kigali-Musanze ntiwari nyabagendwa kuri uyu wa gatatu tariki 10/04/2013 kuva saa kumi n’imwe z’umugoroba kubera imvura yaguye ibyondo bimanukira mu muhanda ukorwa i Rulindo ku karere bitera ubunyereri.
Mu kiganiro bajyiriye mu mujyi wa Muhanga, tariki 09/04/2013, bamwe mu batuye uyu mujyi basanga kuba abavuga ko ihanurwa ry’indege y’uwari umukuru w’igihugu Juvenal Habyalimana ariryo mbarutso ya Jenoside yakorewe abatutsi baba bibeshya.
Umujandarume w’Umubiligi wakoze iperereza ku rupfu rw’Ababiligi 10 baguye mu Rwanda mu gihe cya Jenoside, avuga ko imyanzuro y’iperereza rye igaragaza ko ihanurwa ry’indege ya Perezida Habyarimana ridakwiye kubazwa abari muri FPR ahubwo bikwiye kubazwa abari mu gatsiko k’akazu.
Padiri Murenzi Eugene wo muri Paruwasi ya Mushubati mu karere ka Rutsiro aratangaza ko hari igihe yajyaga yibaza impamvu yabaye umupadiri bikamuyobera kubera amateka yibuka y’umupadiri w’umuzungu wanze gufasha Abatutsi bari bishwe n’inzara mu 1960.
Mu gihe cy’ibiganiro byo kuwa 10/04/2013 bijyanye no kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi, abacitse ku icumu bo mu mujyi wa Butare bagaragaje ikibazo cy’imfubyi yitwa Rutsindura Alexis waburiwe irengero. Ngo yagiye agirirwa nabi kenshi biza kurangira abuze burundu.
Bamwe mu baturage bo mu mujyi wa Butare bahangayikishijwe n’impunzi zituruka mu nkambi ya Kigeme zikaza gusabiriza mu mujyi batuyemo.
Abana 28 b’imfubyi ndetse n’abatawe n’ababyeyi bakiri impinja, bahawe inzu ifite agaciro k’amafaranga miliyoni 300, mu murenge wa Gacaca, akarere ka Musanze.
Inyigisho zijyanye n’intego yo guharanira kwigira mu gihe cyo kunamira abazize Jenoside mu karere ka Nyarugenge zatanzwemo n’imigani Abanyarwanda bakoreshaga mu kwirwanaho, nk’igira iti “urya ibitamuvunnye mu maboko avuga ibitamuvuye mu mutwe” na “umwana uzi ubwenge umusiga yinogereza”.
Dusingizimana Israel wahoze ari conseiller ( Konseye) wa segiteri Mushirarungu mu cyahoze ari komini Nyabisindu mu gihe cya Jenoside ubu akaba afungiye muri gereza ya Mpanga yatanze ubuhamya bw’uko Jenoside yateguwe n’uruhare yayigizemo.
Minisitiri ushinzwe umuco n’itangazamakuru muri imwe muri Leta zigize Sudani Ragab Elbash n’itsinda ry’abanyamakuru bo muri Sudani tariki 04/04/2013 basuye Radio Izuba bagamije kureba imikorere y’amaradio y’abaturage mu Rwanda n’icyo Sudani yakwigira kuri iyo mikorere.
Bwamwe mu batuye akarere ka Muhanga basanga Leta y’u Rwanda yarakoze byinshi biganisha ku guha agaciro abazize Jenoside yakorewe Abatutsi ariko ngo haracyari byisnshi byagakozwe birimo ubushakashatsi bwimbitse kuri Jenoside.
Umurenge wa Busogo mu karere ka Musanze ni hamwe mu hantu hagaragaye ukwica Abatutsi mbere y’umwaka 1994, ndetse abahatuye bakemeza ko bwari uburyo bwo kugerageza Jenoside yakorewe Abatutsi.
Kuri uyu wa mbere tariki 08/04/2013, sosiyete ye MTN icuruza itumanaho rya telefone zigendanwa yasuye abacitse ku icumu bo mu Bisesero, umurenge waTwumba mu karere ka Karongi babatera inkunga y’amafaranga miliyoni enye n’ibihumbi 500.
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwa Loni (UNMISS) muri Sudani y’Amajyepfo zifatanyije n’Abanyasudani, tariki 07/04/2013, bitabiriye umuhango wo kwibuka ku nshuro ya 19Jenoside yakorewe Abatutsi.
Nyuma y’uko Nyirakanyana Francoise abyaye abana bane mu mpera z’umwaka ushize, akaza kugabirwa inka y’inzungu ikamwa hamwe n’iyayo, tariki 06/04/2013 yagabiwe inzu.
Kuri iki cymweru tariki 07/04/2013, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Barack Obama yatangaje ko yifatanyije mu kababaro n’Abanyarwanda mu gihe cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994 .
Ubwo hatangizwaga icyunamo cyo kwibuka ku nshuro ya 19 jenoside yakorewe Abatutsi, abaturage mu kagari ka Kagugu umurenge wa Kinyinya akarere ka Gasabo bakusanyije amafaranga asaga ibihumbi 33 byo gufasha umukecuru witwa Mukahigiro Verdian w’imyaka 85.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi batishoboye bo mu mirenge ya Nyamata, Ntarama, Ngeruka na Ruhuha yo mu karere ka Bugesera, tariki 06/04/2013, bashyikirijwe inka 20 zatanzwe na Leta ya Sudani.
Nyuma y’igihe gisaga ukwezi abatuye mu mujyi wa Rwamagana batabona amazi kubera ibikorwa byo kubaka imihanda igezweho muri uwo mujyi, kuva tariki 09/04/2013 bazongera kubona amazi kuko imiyoboro mishya izaba yatangiye gushyirwaho no gusakaza amazi.
Imbaga y’abantu yitabiriye urugendo rwo kwibuka “Walk to remember” mu mujyi wa Kigali ku mugoroba wo ku cyumweru tariki 07/04/2013, harimo n’Umukuru w’igihugu, ngo ni ikimenyetso cy’uko ibitekerezo bya benshi muri iki gihe byamagana Jenoside, nk’uko bamwe babisobanura.
Abaturage b’akarere ka Nyamasheke barasabwa kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 baharanira gukora kugira ngo bashobore kwigira, nk’uko insanganyamatsiko y’uyu mwaka ibivuga.
Minisitiri w’ibikorwaremezo, Prof. Silas Lwakabamba, aremeza ko u Rwanda rufite ubushobozi bwose bwo kurwanya no gukumira uwo ariwe wese washaka kugarura Jenoside cyangwa gusubiza u Rwanda inyuma mu buryo ubwo aribwo bwose.
Bamwe mu barokitse Jenoside yakorewe Abatutsi batuye mu kagari ka Mugumbwa, umurenge wa Mugombwa mu karere ka Gisagara bavuga ko bakeneye ko ubuyobozi bubaba hafi bitewe n’ihohoterwa ririmo kubiba, kubakubita ndetse no kubakomeretsa mu magambo rikunze kubakorerwa mu minsi yo kwibuka.
Kwibuka ku nshuro ya 19 Jenoside yakorewe Abatutsi bizagera ku bantu benshi kurusha mu myaka yashize, kubera ko bizabera mu midugudu, ibisobanuro by’ibara ry’ikijuju ndetse n’icyumba cy’amahoro kizazengurutswa hirya no hino mu gihugu.
Abanyamahoteri n’amaresitora bo mu karere ka Nyagatare barakangurirwa kujya baha Abanyarwanda amata mazima akuwe ku makusanyirizo azwi. Icyemezo kandi kireba n’aborozi kugira ngo hirindwe kugaburira abanyarwanda amata adafite ubuziranenge.
Abatuye akarere ka Nyagatare baracyakomeza guhugurwa ku kamaro amatora afite mu miyoborere n’izindi nkingi zishingirwaho na Guverinoma mu guteza imbere Umuturwanda, n’ubwo kari kahawe igikombe kubera uburyo abagatuye bitabiriye amatora aherutse.
Zimwe muri Politiki za Leta umwiherero wa 10 uherutse gusoza wagaragaje ko zitagezweho zirimo gutura ku midugudu no gukoresha biyogazi, nizo ubuyobozi bw’akarere ka Gakenke butangaza ko bugiye kwibandaho muri uyu mwaka.
Umuyobozi w’akarere ka Nyamagabe wungirije ushinzwe imari, ubukungu n’iterambere, Immaculée Mukarwego Umuhoza, atangaza ko Leta y’u Rwanda ishishikajwe no kubaka umunyarwanda ubereye igihugu n’abagororwa bakaba bari mu barebwa n’icyo kibazo.
bamwe mu bakorera mu karere ka Kirehe batarangwaga na serivisi nziza bagiye kwisubiraho babaifashje n’ibavuye mu nama njyanama y’akarere, yateranye kuri uyu wa Gatanu tariki 05/04/2013.