Umuryango Mpuzamahanga wita ku kwimuka kw’abantu (Organisation Internationale pour Migration) wohereje abakozi bawo bazakorera mu karere ka Karongi mu mushinga ushyigikira abatahutse n’abatishoboye mu iterambere.
Ingingo ya 13 y’itegeko rishya rigenga itangazamakuru yemerera umunyamakuru iyubahirizwa ry’ibanga rye nk’uko byari bisanzweho mu itegeko rya kera, ngo izafasha benshi kurushaho gutinyuka gutanga amakuru, nk’uko abayiganiriyeho batangaza.
Umusirikari ifite ipeti rya Lieutenant witwa Hagenimana Théophile yitandukanyije n’umutwe wa FDLR akaba yageze mu Rwanda ku mupaka wa Rusizi ya mbere tariki 09/05/2013.
Inama y’Abaminisitiri yateranye tariki 08/05/2013 muri Village Urugwiro iyobowe na Perezida wa Repubulika yashimiye abantu bose bagize uruhare mu gushaka inzira kugira ngo umuhanda wa Kigali-Musanze wongere kuba nyabagendwa.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo ku rwego rwihariye (Cellule Specialisé) rw’Ibitaro bya Kibogora byo mu karere ka Nyamasheke bibarutse abandi banyamuryango 18 barahiye tariki 8/05/2013 bemeza ko batazasubira inyuma mu bikorwa biteza imbere u Rwanda n’Abanyarwanda.
Komisiyo y’iterambere ry’ubukungu n’imari mu nteko ishinga amategeko umutwe wa Sena iri mu ruzinduko rw’iminsi itatu mu karere ka Nyamagabe rwatangiye tariki 08/05/2013, aho ireba ishyirwa mu bikorwa rya gahunda zigamije iterambere ry’abaturage.
Kaporari Harerimana Pascal na mugenzi we kaporari Bahizi bavuye mu mutwe wa FDLR baratangaza mu myaka 19 bamaze mu mashyamba ya Congo abayobozi b’umutwe wa FDLR bahoraga bababeshya ngo bazaza mu Rwanda binyuze mu biganiro cyangwa hakoreshejwe imbaraga zabo.
Abize mu Ishuri ry’Ubumenyi rya Byimana (Ecole des Sciences Byimana) batangiye gahunda yo gutabariza abana biga muri iki kigo, babuze ibikoresho byabo mu nkongi y’umuriro yibasiye imwe mu nyubako abanyeshuri bararagamo bataha amaramasa.
Koperative ishinzwe gukora isuku mu mujyi wa Kigali (COOPED), yazanye imodoka zigezweho mu gutwara imyanda n’ibishingwe. Ubu buryo buracyari mu igeragezwa ariko mu gihe cya vuba buzaba bwatangiye gukorera mu mirenge yose igize Umujyi wa Kigali.
Hari inzobere mu mwuga w’ubunyamakuru, zijya inama y’uburyo ibitangazamakuru bigomba guharanira kubona inyungu ziva mu nkuru bitangaza, ariko ntibyishyire mu byago kubera kutubahiriza ituze rusange rya rubanda n’uburenganzira bwa buri muntu, bwo kugira icyubahiro n’agaciro mu maso y’abandi.
Ingagi yo mu birunga yitwa Umuhanga yo mu muryango ufite izina rya Karisimbi A yabyaye mu ijoro rishyira kuwa kabiri tariki 30/04/2013.
Kuva taliki 07/05/2013, impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi y’agateganyo ya Nkamira zatangiye kwimurirwa mu nkambi ya Nyabiheke aho zishobora kuba igihe kirekire.
Abanyarwanda 22 barimo abana 15, abagore 6 n’umugabo umwe baraye bafatiwe i Bukavu muri Congo bashaka kwiyandikisha mu ishami ry’umuryango w’abibubye ryita kumpunzi (UNHCR) ariko bigaragara ko bari baratahutse bakongera gusubira muri Congo rwihishwa.
Papa Francis uyoboye Kiliziya Gatorika ku isi, tariki 07/05/2013, yatangaje ko Padiri Antoine Kambanda wari umuyobozi wa seminari nkuru ya Nyakibanda agizwe Umusenyeri ahita anamushinga kuyobora Diyoseze ya Kibungo.
Abagore bo mu karere ka Rwamagana baremeza ko bafite ubushobozi busesuye bwo gukora bakiteza imbere mu nzego zose kandi ngo icyizere ni cyose ko bazabigeraho; ndetse bamwe bavuga ko aho bizaba ngombwa ko bahangana n’abagabo bazabarusha guseruka neza.
Mu gutangiza Ukwezi k’Urubyiruko ‘Youth Connekt month’ kwatangiriye mu Karere ka Ngororero, tariki 03/05/2013, Minisitiri w’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga mu Isakazabumenyi n’Itumanaho, Jean Philbert Nsengimana yasabye urubyiruko guharanira kurangwa n’umuco wo gukunda igihugu.
Umuhanda Kigali-Musanze wongeye kuba nyabagendwa ku modoka zose ziwunyuramo guhera ahagana mu ma saa 17h40 zo ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 07/05/2013, nyuma y’akazi gakomeye kakozwe n’abahanga mu gukora imihanda b’ingabo z’u Rwanda.
Senateri Kengo wa Dondo uyoboye Sena ya Congo-Kinshasa yijeje impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi ya Gihembe mu karere ka Gicumbi ko niziramuka zisubiye mu gihugu cyazo zizasubizwa imitungo yazo.
Abayobozi ba Sena z’u Rwanda na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo bari mu biganiro i Kigali kuri uyu wa Kabiri tariki 07/05/2013 batangaje ko bazakora ibishoboka byose kugira ngo ikibazo kigaragara mu Burasirazuba bwa Congo gikemuke.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri tariki 07/05/2013, umuhanda uva Musanze werekeza ku rugomero rwa Mukungwa, wahagaritse urujya n’uruza rurimo imodoka zijyana mazutu ku rugomero kugirango rubashe gutanga amashanyarazi.
Abanyarwanda 5000 bo mu turere icumi batahutse bavuye mu buhungiro bagiye guterwa inkunga ibafasha gusubira mu buzima busanzwe binyuze mu mushinga wa Minisiteri y’Imicungire y’Ibiza n’Impunzi (MIDIMAR) n’Umuryango Mpuzamahanga Ushinzwe abimukira (IOM).
Abagenzi bo mu ntara y’Uburasirazuba bakoresha taxi express baremeza ko kubufatanye n’ikigo cy’iguhugu gishinzwe kugenzura imirimo ifitiye igihugu akamaro (RURA) hari impinduka zikomeye nziza zabaye mu mitangire ya service ku modoka za express zijya i Kigali.
Nubwo abakuru b’imidugudu bafataga gutunga cashe nko kuba bahagarariye Perezida wa Republika ku rwego rw’imidugudu, ngo bishimiye ko batakizitunze kuko byabagoraga gutunga kashe kandi nta biro bagira.
Umuryango w’Abagide (urubyiruko rw’abakobwa n’abagore) baturutse mu bihugu 45 byo ku migabane yose igize isi, baje mu Rwanda kungurana ibitekerezo na bagenzi babo bo mu Rwanda, no kwiga uburyo bajya kwamagana ihohoterwa mu bihugu byabo.
Ingabo z’igihugu zatangiye imirimo yo gusana umuhanda wa Kigali-Musanze wacikiye ku Kinyanda mu Kagali ka Taba, Umurenge wa Gashenyi, Akarere ka Gakenke mu rukerera rwo kuwa gatandatu tariki 04/05/2013.
U Rwanda rwohereje umutwe ugizwe n’abasirikare, abapolisi n’abasivile 206 bagiye mu myitozo y’ibihugu bigize akarere k’Afurika y’Iburasirazuba (Eastern African Standby Force). Imyitozo izaba ihuriweho n’abasirikare bagera 1250 bava mu bihugu 11 bigize akarere k’Afurika y’iburasirazuba.
Nyuma y’aho umuhanda Kigali-Musanze ucikiye, benshi mu bakoraga ingendo za Kigali-Musanze-Rubavu batangiye gukoresha umuhanda Mukamira-Ngororero ariko uyu muhanda unyura mu misozi miremire wibasiwe n’inkangu cyane cyane muri ibi bihe by’imvura.
Nyuma y’uko ikiraro cyari kiri ku mugezi wa Rwondo ugabanya umurenge wa Mushubi n’uwa Nkomane yo mu karere ka Nyamagabe gisenyutse, kuwambuka ni ikibazo kuko iyo imvura itaguye abantu bavogera abifite bagatanga igiceri cy’ijana bakabambutsa babahetse ku mugongo.
Abagabo batatu bafungiye kuri Station ya Polisi ya Muhima, bakurikiranyweho ubujura bwa bateri zibika umuriro umunani za MTN, zakoreshwaga ku munara (Antene) wa Muhima igatanga umuriro mu gice cya Gasabo, Nyarugenge n’ikindi gice cya Rulindo mu natara y’Amajyaruguru.
Nyuma y’aho Leta y’u Rwanda ifashe icyemezo cyo guhindura imiterere y’ubuyobozi hagashyirwaho intara, uturere, imirenge, utugari n’imidugudu, mu karere ka Karongi hari byinshi byahindutse birimo itangwa rya serivisi zitandukanye mu nzego za Leta n’izabikorera.