Abasirikare batatu barimo Sergent Major Ruhumuriza Joseph na mugenzi we Sergent Major Nzeyimana batahutse mu Rwanda bavuye muri Congo kuko ngo aho bari bari batari bamerewe neza bitewe n’imibereho mibi bari barimo.
Kuri uyu wa gatatu tariki 22/05/2013, urubyiruko rwo mu karere ka Nyamagabe rwagejejweho ibiganiro mu cyiswe Youth Connect Dialogue hagamijwe gutanga ubutumwa ku kubaka u Rwanda ruzira Jenoside binyuze mu ndirimbo, ubuhamya ndetse no mu biganiro.
Umuryango TWUNGUBUMWE uri mu bikorwa byo guhuza abarokotse Jenoside yakorewe abatusi yabaye mu Rwanda mu 1994 n’abayigizemo uruhare bemeye icyaha bagafungurwa bo mu karere ka Bugesera.
Nyuma y’uko umupaka muto uhuza umujyi wa Gisenyi n’umujyi wa Goma ufunzwe washyize urafungurwa ariko abagabo n’abasore b’Abanyarwanda bajya i Goma barasabwa kwigengesera cyane kuko hari abahohoterwa.
Polisi y’igihugu iratangaza ko amakuru akomeza gukwirakwira ku ihohoterwa rikorerwa abagore n’abakobwa, ridaterwa no kuba ryiyongeyereye, ahubwo bituruka ku kuba ababikorerwa n’abantu muri rusange baratinyutse kujya batanga amakuru ku hagaragaye ihohoterwa.
Saa moya zo muri iki gitondo cyo kuwa 22/05/2013 ingabo n’abapolisi ba Congo bari maze gufunga umupaka muto uhuza umujwi wa Goma na Gisenyi. Uyu mupaka unyurwaho n’abantu barenga ibihumbi 25 ku munsi.
Mu rwego rwo kureba uko uburenganzira bwa muntu bwubahirizwa muri gereza zo mu Rwanda, Michel Arrion uhagarariye umuryango w’ubumwe bw’ibihugu by’u Burayi mu Rwanda yasuye gereza ya Nyanza izwi rya Mpanga ashima uko abafungiyemo babayeho.
Reta y’u Rwanda ifatanyije n’umuryango mpuzamahanga ufasha abimukira (IOM) bamaze gukusanya amafaranga agera kuri miliyari ebyiri azakoreshwa mu gusubiza mu buzima busanzwe Abanyarwanda batahuka mbere y’uko icyemezo gikuraho ubuhunzi gishyirwa mu bikorwa.
Umutwe w’abasirikare 120 bo mu ngabo z’u Rwanda bashinzwe ibijyanye no kubaka, tariki 21/05/2013, bagarutse mu Rwanda bavuye mu butumwa bw’amahoro mu gihugu cya Sudani y’Amajyepfo.
Kuri uyu wa kabiri tariki 21/5/2013, Ministeri y’imari n’igenamigambi (MINECOFIN), yasinyanye amasezerano y’impano na Banki y’isi, ingana na miriyoni 50 z’amadorari y’Amerika agenewe gufasha inzego z’ibanze gutanga servisi zifite ireme.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC) iratangaza ko nubwo biteganyijwe ko buri muyobozi agomba kurara aho akorera, nta gahunda ihari yo gukurikirana abatahaba biterwa n’uko bakiga.
Umuyobozi w’akarere ka Rubavu araburira Abanyarwanda bajya guhahira no gukorera i Goma kwitwararika kubera intambara yongeraga kubura mu nkengero z’uwo mujyi ndetse n’ubu ikaba igikomeje.
Umujyi wa Kigali waciye ikoreshwa ry’impapuro mu kwaka ibyangombwa byo kubaka ku bikorwa binini, ahubwo hazajya hakoreshwa rwa internet www.kcps.gov.rw mu rwego rwo guhindura imikorere no kwihutisha akazi.
Itangazo dukesha ibiro bya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika (White House) riragaragaza ko amakuru yatangajwe mu minsi ishize ko Perezida wa Amerika Barack Obama azasura u Rwanda mu kwezi gutaha bwa Kamena yari ibihuha bidafite ishingiro.
Antoine Twagirumukiza ushinzwe ishami ry’imari mu karere ka Rusizi yatoranyijwe nk’umukozi warushije abandi gukora neza muri uyu mwaka wa 2012-2013 ahabwa igihembo cy’amafaranga ibihumbi 150.
Raporo y’ubushakashatsi bwakozwe n’ikigo gishinzwe gukumira ihohoterwa rishingiye ku gitsina (Gender Monitoring Office) igaragaza ko uturere twa Karongi, Kayonza, Gatsibo na Gasabo twaje imbere mu kugira abana benshi b’abakobwa batwaye inda z’indaro mu mwaka wa 2012.
Uturere twa Rutsiro, Karongi, Nyamasheke na Rusizi twegukanye imyanya ya mbere ku rwego rw’intara y’Uburengerazuba mu byiciro bine by’amarushanwa yo guteza imbere imiturire y’icyaro.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere tariki 20/05/2013, ahagana saa cyenda na 45, akabari kitwa New Bandal kari hafi ya Alpha Palace Hotel mu karere ka Kicukiro mu mujyi wa Kigali, kadutsemo inkongi y’umuriro karashya, karakongoka .
Kuva hafatwa icyemezo cyo kwambura kashe abakuru b’imidugudu, abaturage bo mu karere ka Ruhango baravuga ko ubu service bahabwa zihuta cyane ugereranyije n’izo bahabwaga mbere abakuru b’imidugudu bakizitunze.
Mu nama y’ishyaka PSD yabaye tariki 18/05/2013 mu karere ka Ngoma, hatowe abakandida batandatu bahagarariye ishyaka ryabo ku rwego rw’akarere mu matora y’Abadepite azaba muri Nzeri 2013.
U Rwanda rwateguye isiganwa mpuzamahanga rya marathon ryabaye kuri iki cyumweru tariki 19/05/2013, mu rwego rwo gukangurira abaryitabira bavuye ku migabane itandukanye yo ku isi, guharanira amahoro mu bihugu byabo, nk’uko MINISPOC na World vision babisobanura.
Ibigo by’imirimo (entreprises) 877 byo mu karere ka Nyamasheke byabaruwe ko bidatangira abakozi babyo ubwishingizi butandukanye birasabwa kwikubita agashyi kugira ngo bimenye icyo amategeko ateganyiriza abakozi.
Kuba hirya no hino mu mijyi no ku dusantere hakunze kugaragara abantu basabiriza ngo byaba biterwa ahanini no kuba abasaba bagahabwa bigatuma babigira akamenyero.
Itegeko rishya rigenga itangazamakuru mu Rwanda rirasaba abanyamakuru kwitwararika bikomeye icyo ari cyo cyose cyayobya abana cyangwa kikabatesha umutwe.
Umuhungu wa Prezida Mobutu Sese Seko witwa Mobutu Seko Prince Bwarza wari mu ivugabutumwa mu Rwanda yasabye imbabazi mu izina rye no mu izina rya se Abanyarwanda kubera ibibi se yabakoreye.
Ubuyobozi bwa gereza ya Muhanga n’abacungagereza bagera kuri 54 basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Murambi ruri mu karere ka Nyamagabe hagamijwe kurushaho gusobanukirwa amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi kuko mu bo bashinzwe kugorora harimo n’abakoze Jenoside.
Hari hashize umwaka urenga mu mujyi wa Kibuye harimo gutunganywa umwaro muhimbano (plage artificielle) ahitwa Nyakariba mu murenge wa Bwishyura, ariko igice kimwe cy’uwo mushinga basanze kidakwiye kuba gihari none ngo bazagisenya.
Polisi y’igihugu yagiranye amasezerano n’akarere ka Rusizi agamije ubufatanye mu gukangurira abaturage kurushaho kwibona mu bikorwa bigamije guhangana no gukumira icyo aricyo cyose cyagerageza guhungabanya umutekano mu karere no mu gihugu muri rusange.
Abantu 18 barimo abagore batanu n’abana 13 bafatiwe mu nkambi ya Nyagatare biyita impunzi. Abagore bavuga ururimi rw’Ikinyarwanda, mu gihe abana babo bavuga Igiswahiri bavuga ko bashakanye n’Abakongomani ariko abagabo babo baza gupfa niko kwgira inama yo gutahuka, nk’uko babitangarije Kigali Today, kuwa Kane tariki 17/05/2013.
Umunyamabanaga w’umuryango w’abibumbye Ban Ki-moon n’umuyobozi wa banki y’isi bitegura gusura akarere k’ibiyaga bigari, batangaza ko igisubizo cy’umutekano mucye uri mu karere no kuzamura ubukungu bifitwe n’abayobozi.