Sosiyete y’itumanaho ya MTN ivuga ko mu rwego rwo kurinda abakiriya bayo kuzava ku murongo w’itumanaho mu kwezi kwa karindwi, yatangije kampanyi mu gihugu hose yo kugenda yandika amasimu kadi(SIM cards), umuryango ku wundi aho abakiriya bayo bakorera.
Minisitiri ushinzwe Imari n’igenamigambi mu Rwanda, Ambasaderi Claver Gatete, aratangaza ko umusaruro Leta y’u Rwanda iba itegereje mu bikorwa byo guhura n’Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda ari amakuru menshi y’ahari amahirwe y’iterambere n’ingamba zakoreshwa mu kuyabyaza umusaruro.
Guverinoma y’u Rwanda iremeza ko ifite ubushake n’ubushobozi bwo kwakira neza buri Munyarwanda wese ushaka gutahuka mu gihugu cye kandi ngo abadafite ubushobozi bagafashwa mu by’ibanze bakeneye ngo babeho neza.
Umugabo ushinzwe abakora isuku muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda, yatunguwe n’uko terefone yari atwaye mu mufuka yaturitse, ikamutwikira imyenda ndetse ikanamutera igisebe ku itako.
Abanyarwanda 96 biganjemo abagore n’abana bagarutse mu gihugu cyabo bavuye mu gihugu cya Congo; binjiriye ku mupaka wa Rubavu tariki 17/05/2013.
Abanyarwanda 42 harimo abagabo 6, Abagore 16 n’abana 22 zasesekaye ku mupaka wa Rusizi ya mbere, ku gicyamunsi cyo kuwa 16/05/2013, bavuye muri Congo.
Mu kiganiro Depite Kalima Evode yagejeje ku banyeshuli biga mu ishuli rikuru ry’abalayiki b’abadivantiste rya Kigali (INILAK) ishami rya Nyanza abakangurira kwirinda ubwandu bwa virusi itera SIDA yagaragaje ko ubusambanyi bw’akajagari ari ikibazo gikomereye igihugu.
Abantu bane kuri batandatu basize ubuzima mu mpanuka y’inzu y’igorofa yaguye mu mujyi wa Nyagtare tariki 13/05/2013 bashyinguwe n’akarere ku bufatanye n’abaturage n’ibitaro by’akarere.
Ubuyobozi bw’akarere ka Gasabo buratangaza ko bufite icyizere ko bwamaze gukora ibikorwa bigera kuri 90% by’ibyo gasabwa kuba kashyize mu bikorwa, mbere y’uko hakorwa ibarurwa ry’imihigo y’uyu mwaka wa 2013.
Mu nama y’ Umuryango w’Ibihugu bivuga Icyongereza (Commonwealth) yatangiye kuri uyu wa Kane tariki 16/05/2013 mu Mujyi wa Kampala, Prezida Kagame yabwiye abitabiriye iyo nama ko u Rwanda rwageze kuri byinshi kandi bishimishije kubera kwikemurira ibibazo hashingiwe ku muco n’amateka y’igihugu.
Nyuma y’aho igorofa y’amazu 4 yari irimo kubakwa mu karere ka Nyagatare ihitaniye abantu batandatu ku gicamunsi cyo kuwa 14 Gicurasi, ubuyobozi bw’akarere ka Nyagatare buratangaza ko igwa ry’iyi nzu rinabasigiye isomo ryo kunoza imikorere.
Ntamahungiro Claude, umusore wo mu murenge wa Nkungu atangaza ko kuva mu bwana bwe yakoze imirimoye y’ingufu bigeza aho avumburiye ubwenge bwo gukora akazi k’ubucukuzi akoresheje ipine.
Abagororwa bafungiye muri gereza ya Nsinda mu karere ka Rwamagana bagaragaje ko bashaka kwitandukanya n’ibikorwa bibi bakoze kugirango bazatahe bashishikajwe no gukora bakabona ifaranga bakiteza imbere.
Abantu batandukanye cyane cyane abakuze bemeza ko gusobakirwa n’ibirango by’igihugu bifasha mu iterambere ryacyo kuko bigira uruhare mu cyerekezo cy’igihugu. Iyo ibyo birango ari byiza biyobora abaturage mu nzira nziza y’iterambere, byaba ari bibi ntibigire icyo bibafasha kigaragara.
Abakozi 21 bakomoka mu bihugu by’u Burundi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bakoreraga ku biro by’umuryango w’ubukungu w’ibihugu by’ibiyaga bigari CEPGL banditse basaba ko bakishyurwa ibyabo byangijwe mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi bayabe mu Rwanda muri Mata 1994.
Abagore bo mu murenge wa Kinigi, Nyange na Musanze yo mu karere ka Musanze bafite ingeso yo gusinda barasabwa kugendera kure iyo ngeso, ntibishingikirize ihame ry’uburinganre maze ngo bishore muri iyo ngeso itatuma bageza ku iterambere ingo zabo.
Ibikorwa byo gushakisha abagwiriwe n’inkuta za etage yaguye mu mujyi wa Nyagatare byasojwe ndetse n’umuhanda uca mu mujyi wari wafunzwe n’ibisigazwa by’inzu yaguye ubu wongeye gukoreshwa.
Abari abakinnyi n’abafana bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bagiye kujya bibukwa buri mwaka uheyeye ubu. Igikorwa kizajya kimara ibyumweru bibiri, uyu mwaka kikazatangira tariki 01-05/06/2013.
Kuri uyu wa gatatu tariki 15/5/2013, Leta zunze ubumwe za Amerika (USA) zahaye ingabo z’u Rwanda ibikoresho bizajya muri Sudani y’Epfo byo gutegura ibiribwa, mu rwego rwo gukomeza ubufatanye busanzweho hagati ya USA n’igisirikare cy’u Rwanda, bwo kubungabunga amohoro mu bihugu bitandukanye.
Guverineri w’intara y’amajyaruguru asaba abaturage bo mu murenge wa Rugengabari, mu karere ka Burera, gukura amaboko mu mufuka bagakora baharanira kwigira kuko kwigira bya mbere bihera mu rugo.
Nyuma y’igihe gito hatowe ubuyobozi bushya mu itorero pantekote mu Rwanda (ADEPR), kuri uyu wa gatatu tariki 15/05/2013, ubuyobozi bukuru bwa ADEPR bwasuye itorero ry’akarere ka Nyamagabe mu rwego rwo kumenyana n’abakirisitu no kubashimira icyizere babagiriye babashinga umurimo wo kuragira intama z’Imana, ndetse no kuganira (…)
Abanyamabanga bahoraho b’amahuriro y’abafatanyabikorwa b’uturere (JDAF) baturutse mu gihugu hose bakoreye urugendoshuri rw’umunsi umwe mu karere ka Rusizi baje kubigiraho ibyiza bagezeho.
Mu karere ka Karongi haravugwa ikibazo cy’abantu bigarurira ubutaka bwa Leta bakoresheje uburiganya bushingiye ku kuba hari ubutaka bwa Leta butazwi.
Nk’uko bigaragarira buri wese ko umugi wa wa Byumba wo mu karere ka Gicumbi uri mu migi yasigaye inyuma mu iterambere no kunyubako zitajyanye nigihe
Uruganda rwa SIMERWA rukora isima y’u Rwanda rubarizwa mu murenge wa Muganza mu karere ka Rusizi rugiye kongererwa ubushobozi kuburyo umusaruro uzikuba incuro esheshatu bigatuma n’igiciro kigabanuka.
Amakuru atangazwa n’inzego z’umutekano ziri ahabereye impanuka y’igorofa yaguye muri Nyagatare aratangaza ko abantu 6 aribo bamaze kumenyekana ko bitabye Imana abandi bagera kuri 26 nabo bakaba bamaze kugezwa ku bitaro bya Nyagatare bakomeretse.
Kuri uyu wa kabiri tariki 14/05/2013, Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu yashyikije abasigajwe inyuma n’amateka bo mu Karere ka Gakenke bitabiriye itorero terefone na radiyo basabye kugira ngo babashe kumenya amakuru y’igihugu no gutumanaho n’abandi.
Umwana w’imyaka 12 witwa Tuyizerimana Jean Baptiste ukomoka mu Karere ka Nyamasheke, Umurenge wa Gashonga, Akagali ka Rusayo, avuga ko yaburanye na se umubyara ubwo bari bageze muri Gare ya Nyabugogo bimukiye mu Ntara y’Iburasizuba.
Mu birori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 50 umuryango utabara imbabare Croix Rouge umaze ugeze mu Rwanda, abakorerabushake b’uwo muryango biyemeje gukomeza guharanira gufasha ababaye kurusha abandi nta gihembo, guharanira ubuzima bwiza hitabwa ku isuku n’isukura banabyigisha abandi.
Itegeko rishya rigenga itangazamakuru mu Rwanda rirasaba abanyamakuru kuba abanyamwuga koko kandi bakarangwa n’ubushishozi kuko iryo tegeko ribaha urubuga rwo kumenya no gutangaza amakuru yose ntawe ubakumira kandi bazaba bigenzura bo ubwabo.