U Rwanda nka kimwe mu bihugu bigize umuryango ushinzwe kurwanya ikwirakwizwa ry’intwaro nto mu karere (RECSA) ni urwa mbere mu kurwanya ikwirakwizwa ry’intwaro kuko rumaze gusenya intwaro zipima toni 53.357 kuva muri Nzeri 1994 kugera mu Ugushyingo 2011.
Mu rucyerera rwa taliki 22/04/2013, abakiristu bo mu itorero rya Goshen Holy Church babuze aho basengera amasengesho ya Nibature nyuma yo gusanga urusengero basengeramo rwashyizweho ingufuri na bamwe mu bakiristu bavuga ko badashaka ko bamwe barusengeramo.
Umuryango ushinzwe kurwanya ikwirakwizwa ry’intwaro nto mu karere (RECSA), uri mu bibazo by’abanyamuryango benshi batagitanga umusanzu, abandi nabo ntibawutangire ku gihe, nk’uko bari barabyiyemeje ubwo uwo muryango watangiraga.
Umusaza Twagiramungu Claude utuye mu murenge wa Mbuye mu karere ka Ruhango, avuga ko mu mwaka 1964 yahuye n’ibibazo bikomeye byo kuba yaratsindiye kujya kwiga mu isemineri ariko akabuzwa ayo mahirwe kuko ngo atasaga n’abandi.
Minisitiri Protais Mitali ushinzwe umuco na Siporo mu Rwanda yamaganye abagifite ibitekerezo birangwamo gupfobya jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda babikora biyise ko ari intyoza bashaka kugoreka ukuri kwayo.
Abakozi bakora umuyoboro w’amazi wa Nyabizi, uherereye mu murenge wa Kinyababa, akarere ka Burera, batangiye guhembwa nyuma yo gutakambira ubuyobozi bavuga ko bamaze amezi atatu badahembwa kandi bakora.
Umushinga wa World Vision, tariki 19/04/2013, wifurije isabukuru y’amavuko abana 7312 bo mu Karere ka Gakenke basangira ndetse babagenera impano zifite agaciro ka miliyoni 25 z’amafaranga y’u Rwanda.
Ubuyobozi bw’inama y’igihugu mu karere ka Rubavu bufatanyije bw’ inama y’igihugu k’urwego rw’igihugu, batangije igikorwa cyo gushishikariza urubyiruko rwo mu karere ka Rubavu gukorana n’amabanki kugira ngo rushobore guhanga imirimo no kurwanya ubukene.
Ikigo gishinzwe imiyoborere mu Rwanda RGB, cyashimiye inzego za Leta n’urubyiruko, uburyo bitwaye muri uku kwezi kw’imiyoborere kwashojwe ku wa Gatandatu tariki 20/04/2013, aho cyakiriyemo ibibazo by’abaturage birenga 7,000, ugereranyije n’ibibazo 2,000 byakiriwe mu mwaka ushize.
Abagore bo mu karere ka Musanze batanze ibitekerezo ku byo babona byashingirwaho hategurwa intego z’ikinyagihumbi za nyuma y’uriya mwaka, mu rwego rwo gukusanya ibitekerezo ku ntego z’ikinyagihumbi za nyuma ya 2015.
Inzego zitandukanye zo mu Muryango w’Abibumbye zikorera mu Rwanda ziraganira n’abaturage b’akarere ka Nyamasheke ku byagezweho mu Ntego z’Ikinyagihumbi (MDGs) mu Rwanda, imbogamizi zikigaragara n’ibitekerezo byatuma ibitaragezweho bibasha kugerwaho.
Inama yahuje abayobozi b’uturere n’intara hamwe n’abayobozi bakuru muri Guvenema kuri uyu wa gatanu tariki 19/4/2013, yafatiwemo ingamba zisaba imbaraga nyinshi abaturage mu bikorwa by’ubuhinzi n’ubworozi, hamwe no kwimura abantu batuye mu buryo bashobora guhitanwa cyangwa kwangirizwa n’ibiza.
Kuva tariki 16/04/2013, umuhanda Gasarenda-Gisovu wacitsemo kabiri, mu kagari ka Rugano mu murenge wa Musebeya, kubera inkangu ubu ukaba udashobora kunyurwamo n’imodoka.
Itsinda ry’abakozi batatu baturuka mu Karere ka Nyanza bayobowe na Nkurunziza Philbert, baganiriye n’abayobozi b’Akarere ka Gakenke babasaba kubafasha kubona abakozi bagera ku bihumbi 10 bo gukoresha mu mirimo yo guca amaterasi.
Mu nkambi ya Kiziba icumbikiye impunzi z’Abanyekongo mu karere ka Karongi habereye inama y’abana iba buri mwaka bagatanga ibitekerezo ku ruhare rwabo mu bikorwa byose bibakorerwa, ariko abanyamakuru babujijwe kwinjira mu cyumba cy’inama.
Ushinzwe imirimo ya Ambasade ya Leta zunze ubumwe za Amerika (USA) mu Rwanda (Charge d’Affaires), Jessica Lapenn, yijeje Abanyarwanda muri iki gihe cyo kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi, ko igihugu cye gishyigikiye u Rwanda muri gahunda yo kwigira.
Nyuma y’urupfu rw’abantu batanu bose bo mu muryango umwe bishwe n’inkangu mu ka kagari ka Kinyonzwe, umudugudu wa Matyazo, umurenge wa Mutuntu mu karere ka Karongi, ubuyobozi bwafashe umwanzuro wo kwimura indi miryango itatu yari ituranye na banyakwigendera.
Imvura nyinshi iri kugwa yatumye amazi y’uruzi rwa Nyabarongo arenga inkombe, akaba atangiye kugera mu muhanda wa Kaburimbo uhuza Kigali n’Intara y’amajyepfo.
Abaturage bakoresha ikiraro cya Kazaza barifuza ko cyasanwa kuko cyahagaritse ubuhahirane. Uubuyobozi bw’umurenge wa Rwempasha buvuga ko kigiye gusanwa by’agateganyo, kigasanwa ku buryo burambye mu ngengo y’imari y’umwaka utaha izatangira muri Nyakanga.
Girimpuhwe Anne umwana w’imyaka 16 wo mu karere ka Ruhango arashimira cyane uruhare rw’itangazamakuru mu kumukorera ubuvugizi ibibazo yari afite bigakemuka.
Umugabo n’abana be babiri bari batuye mu murenge wa Murunda mu kagari ka Twabugezi bitabye Imana bishwe n’inkangu y’umusozi waguye ku nzu yabo. Iyo nkanu yatewe n’imvura yari imaze iminsi itatu igwa ijoro n’amanywa mu karere ka Rutsiro.
Abapolisi basaga 40 bayobowe n’umukuru wa bo IGP Emmanuel K. Gasana, basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kamonyi, tariki 17/04/2013, banizeza Abanyakamonyi ko Jenoside itazongera kuba.
Imfubyi n’abapfakazi ba Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 baracyahura n’ibibazo, ku isonga hakaba hari ikibazo cy’uko hari abambuwe amasambu yabo bakaba batarayasubizwa; nk’uko byagarutsweho na Niyonziza Felicien uhagarariye IBUKA mu karere ka Gatsibo.
Umuyobozi wungirije ushinzwe amasomo mu ishuri rikuru ry’abaporotesitanti (PIASS) Rév Dr Ndikumana Viateur arasaba abanyamadini n’amatorero bitandukanye kugira uruhare rugaragara mu gukumira Jenoside ngo itazongera kubaho ndetse no guharanira ko ubuzima bw’abayirokotse buba bwiza.
Imfubyi 11 za Jenoside zaragijwe Radio izuba ikorera mu karere ka Ngoma zirayishimira ko itazitereranye kuva zajya mu maboko yayo kugeza ubu.
Abaturage b’akarere ka Nyamasheke barishimira ko umuhanda wa kaburimbo ugiye kuzahuza aka karere n’aka Karongi uzatuma babasha kugera ku iterambere rishingiye ku buhahirane kuko ikibazo cy’ingendo kizaba gikemutse.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aimé , atangaza ko hari bamwe mu bakozi badakora neza abo yise “Abapagasi” bikabangamira intumbero igihugu cyihaye yo kuzamura ubukungu.
Abanyamadini n’amatorero barasabwa kurushaho kugaragaza uruhare rwabo mu bumwe n’ubwiyunge kugira ngo imbogamizi zikigaragara ziterwa ahanini n’ubukana bw’icyaha cya Jenoside nazo zazarangire.
Umuryango uhuje ibihugu byo mu karere k’ibiyaga bigari (CEPGL) urimo gutegura igenamigambi ry’imyaka irindwi (2013-2020) kugira ngo ushobore kugeza abaturage ku cyerekezo cy’ibikorwa bibafasha kuva mu bukene no guteza imbere ibihugu ukoreramo.
Mu gihe imirimo yo gukora gare ya Musanze iri kugana ku musozo, abakoresha iyi gare bavuga ko ntacyo byaba bimaze ikozwe nyamara umuhanda uyigana wo ukirimo ibinogo birekamo amazi.