Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aime, yasabye abaturage guca ukubiri no gusiragira mu buyobozi kugira ngo ibibazo bafite bikemurwe ngo ahubwo bagakomeza kwikorera imirimo yabo, abayobozi bakaba ari bo babasanga aho batuye bakumva ibibazo byabo.
Amadini n’amatorero yiyemeje gutanga umusanzu wo guhindura imyumvire y’umuturage nka kimwe mu mbogamizi zituma imihigo itabasha kweswa, bitewe n’uko umuturage aba ategerewe ngo asobanurirwe bihagije ibikorwa bimugenewe.
Ibi barabitangaza mu gihe abakorera muri uyu mujyi bahurira mu bwiherero bwubatse muri Gare ya Gicumbi no mu bwiherero bwo mu isoko, ariko bakemeza ko ubu budahagije.
Ubwo hatangizwaga ishuri ryigisha muzika ku Nyundo mu karere ka Rubavu kuri uyu wa 24/10/2014, Minisitiri w’umuco na Siporo Joseph Habineza, umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi, umuyobozi wa WDA hamwe n’abandi bayobozi bagacishijeho berekana ko nabo umuziki bawuzi.
Ikigo cy’igihugu kigenzura imirimo imwe n’imwe ifitiye igihugu akamaro (RURA) kiratangaza ko kuva kuri uyu mugoroba tariki ya 24/10/2014 ibiganiro bya BBC bikorwa mu kinyarwanda bihagaritswe.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 24/10/2014, Abanyarwandakazi bibumbiye mu Mpuzamashyirahamwe “Pro-Femme Twese Hamwe” ndetse n’Inama y’igihugu y’Abagore mu Mujyi wa Kigali bakoze urugendo rwo kwamagana igitangazamakuru BBC kubera filime giherutse gusohora igaragaramo gupfobya Jenoside.
Imiryango 16 ituye ahakorerwa ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu kagari ka Cyome mu murenge wa Gatumba akarere ka Ngororero yari imaze igihe isaba kwimurwa ubu yahawe amafaranga yo gusana ayo mazu ndetse yizezwa ko aho batuye atari mu manegeka.
Ubuyobozi bushinzwe uburobyi mu Rwanda bugaragaza ko umusaruro w’amafi mu Rwanda ku mwaka winjiza miliyari 20 z’amafaranga y’u Rwanda, mu gihe ubushimusi buhagaze hajya hinjizwa miliyari 42 ku mwaka.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Francis Kaboneka, asaba abaturage bo mu murenge wa Gahunga, bita mu Gahunga k’Abarashi, ho mu karere ka Burera kugendera ku mateka yabo y’ubutwali bakarangwa no gukora bashishikaye bityo bakikura mu bukene.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC), Francis Kaboneka arasaba abayobozi bo mu Ntara y’Amajyaruguru gutera ikirenge mu cya Perezida wa Repubulika, Paul Kagame ugaragaza ishyaka n’icyerekezo byo guteza imbere Abanyarwanda.
Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara, Lit. Gen. Fred Ibingira, atangaza ko umutwe wa FDLR urwanya Leta y’u Rwanda nta mbaraga na nke zo kurwana igihugu ufite ngo usigaranye gusa izo kuroga abayobozi.
Abaturage bo mu karere ka Rusizi barasabwa kwigira kuri bagenzi babo bakanoza ibyo bakora kugira ngo babashe gutera imbere.
Umuhuzabikorwa w’ikigo mbonezamubano mwiterambere cyo mu karere ka Muhanga (Bureau Social de Développement de Muhanga) Musonera Fréderic arashinjwa guhombya icyo kigo harimo no kugira uruhare mu gutangiza ikindi kigo kizajya kinyuzwamo inkunga zahabwaga Bureau Social.
Urubyiruko rwiga muri za kaminuza rwibumbiye mu mashyirahamwe atandukanye y’urubyiruko mu gihugu, rurasaba inteko ishinga amategeko gusaba Leta y’u Rwanda guhagarika imikoranire yari ifitanye na BBC ikanotsa igitutu inteko y’u Bwongereza igasaba iki gitangazamkuru gusaba imbabazi kubera filime iherutse gutambutsa.
Nyuma y’uko mu Rwanda bigaragariye ko hari ikibazo cy’icuruzwa ry’abantu, tariki 21/10/2014 mu karere ka Nyanza bakoze urugendo rutuje rwo kwamagana ihohoterwa mu ngo ndetse n’icuruzwa ry’abantu hasabwa ko buri wese yagira uruhare mu kurwanya ibyo byaha.
Perezida Paul Kagame wari witabiriye inama yiga ku ishoramari muri Afurika “Global African Investment Summit”, yafashe umwanya wo guhura n’Abanyarwanda batuye mu mujyi wa Londres mu Bwongereza bamwakiranye ibyishimo n’urugwiro.
Gahunda yo guhuza ubutaka no gukoresha inyongeramusaruro yatumye intara y’Iburasirazuba iva mu bibazo by’inzara n’amapfa byayiranze mu gihe cya shize none ubu igeze ku rwego rwo kugereranwa n’ikigega cy’igihugu.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Francis Kaboneka yijeje abayobozi b’akarere ka Rubavu gukora ubuvugizi ku kibazo cy’abaturage batuye mu mbago z’ikibuga cy’indege mu karere ka Rubavu basabwe kwimuka, ariko bakaba batarahabwa ingurane kuva muri 2007.
Mu gihe Leta y’u Rwanda ishishikariza Abanyarwanda bari mu buhunzi gutaha mu gihugu cyabo, bamwe mu basigaranye imitungo y’abahunze bagira uruhare mu kubabuza gutaha babatera ubwoba kugira ngo bakomeze kwikubira imitungo yabo.
U Rwanda n’intara ya Rhineland Palatinate yo mu Budage biratangaza ko byifuza kwagura umubano wihariye bifitanye, kuko umaze kugeza ku mpande zombi inyungu zitandukanye z’ubutwererane n’ubukungu.
Isuzumamikorere ryakozwe n’akarere ka Nyaruguru muri uku kwezi kw’imiyoborere riragaragaza ko inama njyanama z’utugari tugize aka karere zisa n’izidakora kuko zitajya ziterana mu tugari hafi ya twose.
Mu gihe ku rwego rw’umudugudu mu Rwanda habarirwa abayobozi bagera muri mirongo ine (ubaze abayobozi mu nzego zose) kubera gahunda ya Leta y’u Rwanda yo kwegereza abaturage ubuyobozi n’ubushobozi, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Francis Kaboneka, asanga byagombye kuba igisubizo ku bibazo by’abaturage mu mibanire no mu (…)
Perezida w’u Rwanda Paul Kagame arahamagarira abashoramari mpuzamahanga kuza mu Rwanda kuko ngo uhashoye imari aba yizeye ko amafaranga ye abungwabungwa mu gihugu kirimo umutekano usesuye.
Abayobozi mu nzego zitandukanye hamwe n’ihuriro ry’abafatanyabikorwa mu iterambere ry’uturere (Joint Action Development Forum/JADF), bari gushaka ibisubizo ku makimbirane arangwa mu baturage akunze no kuvamo kwicana yagaragajwe mu kwezi kw’imiyoborere, ahanini ashingiye ku butaka.
Ubuyobozi bwa Union Wood Manufacturing and Supply LTD bwakoraga imirimo ijyanye n’ububaji mu karere ka Ruhango, buravuga ko bugiye kujyana mu nkiko ubuyobozi bw’akarere ka Ruhango nyuma y’uko busenye inyubako zayo.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Francis Kaboneka yanenze intara y’Uburengerazuba kuba ikiri inyuma mu gutanga ubwisungane mu kwivuza, aho akarere gafite abaturage benshi bamaze gutanga umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza kari ku kigero 61%.
Abanyamabanga nshingwabikorwa batatu bahize abandi mu kwesa imihigo mu karere ka Gicumbi bashimiwe kuko ngo bafashije ako karere kuva ku mwanya wa nyuma mu mihigo y’umwaka wa 2012-2013 ubu kakaba karaje ku mwanya wa 14.
Umukecuru witwa Nyiraminani Marie uri mu kigero cy’imyaka 65 yatahutse mu Rwanda kuri uyu wa gatatu tariki ya 15 /10/214 avuye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo ariko yaje atorotse umugabo we kuko yari yaramubujije gutaha.
Muri iki gihe cyahariwe imiyoborere myiza, umuyobozi w’akarere ka Ngororero Ruboneza Gedeon n’intumwa yari ayoboye basuye umurenge wa Muhanda, abaturage bahawe umwanya wo kugaragaza niba hari ibibazo bibaraza ishinga habura n’umwe, ubwo babasuraga kuri uyu wa kuwa gatanu tariki ya 17/10/2014.