Abaturage bo mu murenge wa Mayange mu karere ka Bugesera bahangayikishijwe no kuba hari amavomo amaze umwaka nta mazi ageramo, kandi nyamara amavomo y’abaturage ku giti cyabo yo ageramo amazi.
Mu gikorwa cyo gukangurira abakene kugira imitekerereze n’imigirire yo kwivana mu bukene, abanyamuryango ba Croix-Rouge y’u Rwanda mu karere ka Ngororero banasezeranyije abo baturage ko igihe cyose bari mu bibazo batazatereranwa.
Bamwe mu bakozi ba leta bakorera mu karere ka Gakenke baravuga ko ikiruhuko gisigaye gihabwa ababyeyi mu gihe bibarutse kidahagije, kuko babona ko uretse kuba hari ingaruka bishobora kugira ku mwana ngo bishobora kugira n’ingaruka ku muryango muri rusange.
Mu biganiro kuri gahunda ya Ndi Umunyarwanda abakozi b’akarere ka Nyaruguru bamazemo iminsi ibiri, abari muri ibi biganiro baratangaza ko iyi gahunda ifasha ababana bakora kumenyana, kugirango bafashanye komorana.
Guhishira ihohoterwa rishingiye ku gitsina ni bimwe mu bituma ridacika burundu, nk’uko byatangajwe n’Impuzamiryango Pro-Femmes/Twese ubwo yamurikaga igitabo cy’imfashanyigisho igamije kurushaho gusobanura byimbitse ihohoterwa rishingiye ku gitsina, kuri uyu wa gatanu tariki 14/11/2014.
Mu Karere ka Karongi, muri iki cyumweru cy’ubumwe n’ubwiyunge bari mu biganiro bigamije kureba uko abaturage mu midugudu bumva gahunda ya “Ndi Umunyarwanda”, kugira ngo barebere hamwe ahakiri inzitizi n’icyakorwa kugira ngo Abanyarwanda barusheho kwiyumva nk’ Abanyarwanda aho kwirebera mu ndererwamo z’ibibatandukanya.
Mu ruzinduko Nyakubahwa Perezida wa Repuburika Paul Kagame yagiriye mu Karere ka Kirehe kuri uyu wa gatanu tariki 14/11/2014, yashimiye abaturage uburyo bakomeje kwiteza imbere bagera kuri byinshi, abasezeranya ko ibyo bubatse nta muntu abanyarwanda bakwemerera ko abisenya.
Itsinda ry’abasirikare baturutse muri Cote d’Ivoire, Senegal n’u Burundi bari bamaze ibyumweru bibiri bigira ku bunararibonye bw’igisirikare cy’u Rwanda ku guhangana n’icyorezo cya SIDA, bemeza ko batunguwe n’intera kigezeho n’uburyo gahunda z’ubuzima zikorana mu gisirikare.
Umuyobozi wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu Karere ka Burera, Uwambajemariya Florence, arasaba abaturage kurwanya icuruzwa ry’abantu bita ku burezi bw’abana babo kandi batanga n’amakuru y’abo bazi bakora ibintu nk’ibyo.
Abaturage baturiye ikiyaga cya Kibare cyo mu Murenge wa Ndego mu Karere ka Kayonza bavuga ko bafite ikibazo cy’uko amazi y’icyo kiyaga bari basanzwe bavoma asigaye asa nabi, bagakeka ko biterwa n’isuri imanuka ku misozi ikiroha mu mugezi w’Akagera na wo wakuzura ukisuka muri icyo kiyaga.
Abakozi bagize komite mpuzabikorwa z’uburere mboneragihugu bo mu turere twa Rusizi na Nyamasheke barasabwa kurushaho kwigisha abaturage kumenya inshingano zabo, kuko kugeza ubu hari abaturage batarasobanukirwa neza uko bagomba gukorana n’abayobozi bitoreye bagahora bagendera mu kigare no mu rujijo rwo kudasobanukirwa.
Bosco Habumugisha wo mu Mudugudu wa Rutare, Akagari ka Buvumu, mu Murenge wa Mukura ho mu Karere ka Huye, aherutse gutanga imbabazi ku bangije imitungo y’ababyeyi be mu gihe cya jenoside. Izo mbabazi yatanze ku batazimusabye ni iz’amafaranga asaga ibihumbi 700 bagombaga kumwishyura.
Perezida w’u Rwanda Paul Kagame wagiriye uruzinduko mu karere ka Kirehe kuri uyu wa 14/11/2014, yasabye abaturage b’ako karere n’Abanyarwanda bose guhaguruka bagakoresha ubushobozi bwabo bakigobotora inkunga z’abagiraneza.
Imidugudu 850 mu turere twa Muhanga na Karongi niyo izafashwa mu bikorwa byo kuboneza imirire, mu kurwanya ikibazo cy’imirire mibi mu bana batarengeje imyaka ibiri, n’abagore batwite ku nkunga y’ubuholandi.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Karongi rurasaba ubufatanye n’izindi nzego kugira ngo imihigo rwihaye yo muri uyu mwaka wa 2014-2015 rushobore kuyesa 100%. Iyi mihigo y’urubyiruko rwa Karongi ngo isubiza ibibazo bizitira urubyiruko mu iterambere harimo ibyo mu bukungu, ubuzima, imibereho myiza, uburezi n’ikoranabuhanga.
Mujawamariya Florentine na Akimanizanye Angélique nyuma yo kuva mu ishyamba rya Karehe muri Sud Kivu barishimira ko bageze mu Rwanda, gusa bakagira imbogamizi zo kumenya aho bari batuye kuko batacyibuka neza n’amazina y’ababyeyi babo.
Umushoramari witwa Uwineza Jean de Dieu wakoraga ibikorwa bitandukanye by’ubuhinzi, ubworozi, ubucuruzi ndetse akaba yari afite n’ibagiro rya kijyambere mu mujyi wa Nyamata, yaburiwe irengero nyuma yo kugenda atishyuye abamukoreraga ndetse n’abamugemuriraga ibikoresho bitandukanye.
Nyuma yo gusura Inama Ngishwanama y’abagore “COCOF”, abadepite b’abagore baturutse mu bihugu bitandukanye byo ku mugabane wa Afrika bari mu ruzinduko mu Rwanda rwo kureba bimwe mu bikorwa byagezweho kubera imiyoborere myiza; bashimye intambwe abagore bagezeho bivana mu bukene.
Ubwo yasuraga akarere ka Nyagatare kuri uyu wa 13/11/2014, Perezida Paul Kagame yatangaje ko ibikorwa yiboneye bigaragaza ko inzara muri ako karere yacitse burundu bitandukanye na mbere aho wanyuraga ku muhanda ukayibona.
Abanyeshuri biga mu mashuri abanza bo mu Murenge wa Kibungo mu Karere ka Ngoma bitabiriye gahunda yiswe “space for children” yatangijwe n’ishuri rikuru ry’imyuga n’ubumenyingiro mu ntara y’iburasirazuba (IPRC East), bazajya bigishwa imyuga banahabwe ibiganiro ku ndangagaciro.
Dr. Emmanuel Nkurunziza, umuyobozi mukuru w’ikigo cy’u Rwanda cy’umutungo kamere, avuga ko urwego rw’abunzi rufite uruhare rukomeye mu gikorwa cyo kwandikisha ubutaka kuko arirwo rwifashishwa cyane mu gukemura amakimbirane ashingiye ku butaka.
Mu ruzinduko yagiriye mu karere ka Nyagatare kuri uyu wa 13/11/2014, Perezida Kagame yabwiye abaturage ko Leta ayoboye itazacogora ku ntego yo kubumbatira umutekano utajegajega kuko ari wo musingi Abanyarwanda bazaheraho bakora ibikorwa bibateza imbere.
Bamwe mu bagabo bo mu Murenge wa Mbuye mu Karere ka Ruhango baratangaza ko hari abagwa mu bikorwa byo guca inyuma abagore babo bakuruwe n’abandi bagore babashukisha imitungo.
Abatuye ku kirwa cya Bugarura giherereye mu murenge wa Boneza ho mu karere ka Rutsiro barasabwa kuba maso babungabunga umutekano w’igihugu, bahangana n’umwanzi wese w’u Rwanda.
Imirimo yo kubaka inyubako akarere ka Nyamagabe kazakoreramo yari iteganyijwe gutahwa mu ntangiriro z’ukwezi kwa Mutarama 2015 iragenda icumbagira bitewe n’intege nke za rwiyemezamirimo wapataniye imirimo yo kuyubaka.
Imiryango itatu yo mu Karere ka Gatsibo mu Murenge wa Kiramuruzi mu Kagari ka Nyabisindu, yahawe inkunga y’amabati nyuma y’uko ibisenge by’amazu ituyemo bitwawe n’umuyaga mu mvura nyinshi imaze iminsi igwa.
Umuryango PRO-FEMMES/TWESE HAMWE wamuritse bwa mbere igitabo gikubiyemo amategeko, amahame n’ingingo zigamije gukumira no kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsinda. Igikorwa cyabereye mu karere ka Ngororero kuwa 12 Ugushyingo 2014.
Ministeri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) iratangaza ko ishaka gushyiraho gahunda yo gufasha abahinzi gukora ubuhinzi burambye kandi bukarwanya ibura ry’ibiribwa.
Abana batatu bo mu Mudugudu wa Nyamarebe mu kagali ka Gakenke, Umurenge wa Kiramuruzi mu karere ka Gatsibo, bahiriye mu nzu mu ijoro rishyira tariki 12/11/2014 umwe ahita yitaba Imana undi arakomereka bikomeye, naho mugenzi wabo we ntiyagira icyo aba.
Mu nkambi ya Nyagatare yakira impunzi by’agateganyo iri mu murenge wa Gihundwe mu karere ka Rusizi, ku wa 11/11/2014, hageze abanyarwanda 25 batahutse bava muri Repuburika iharanira demokarasi ya Kongo.