Innocent Sebayoboke, umugore n’abana be batandatu batuye mu Kagari ka Nyabikokora umurenge wa Kirehe bamaze icyumweru bacumbitse mu baturanye nyuma yo gusenyerwa n’imvura yaguye tariki 25 Ukwakira 2014.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Bigogwe, Mutwarangabo Simon yihanangirije abagifite imyumvire y’uko iyo abanyeshuri baje mu biruhuko ari isenene ziba ziguye, kuko uzafatwa yashutse umwana azabihanirwa bikomeye.
Mukamana Jeannette utuye mu kagari ka Nyabigugu mu murenge wa Mwendo akarere ka Ruhango, atunzwe n’akazi ko mu bucukuzi bw’amabuye mu birombe biri muri uyu murenge, akavuga ko aka kazi kamurinze ibishuko byinshi ajya abona abakobwa bakunze kugwamo.
Abaturage bo mu karere ka Ngororero bahawe inguzanyo zo kwiteza imbere binyuze muri VUP (Vision 2020 Umurenge Program) barasabwa kwishyura umwenda bahawe kugira ngo uhabwe abandi baturage nabo bakeneye kwiteza imbere.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umuryango Pro-Femmes Twese Hamwe, Emma Marie Bugingo, arasaba abagore kudakoreshwa na kamere yabo ngo bitwaze ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye kuko hari abagore bitwaza iryo hame bagakora ibyo bishakiye ndetse bakanahohotera abagabo.
Aba baturage bo ku kirwa cya Nkombo mu karere ka Rusizi baravuga ko bamerewe nabi n’imvura ibanyagirira ku byambu bibahuza n’indi mirenge kuko aho biri hitaruye amazu bashobora kugamamo.
Mu kwizihiza umunsi w’abatagatifu bose ku itariki 01 Ugushyingo 2014, Padiri mukuru wa Paruwasi ya Kirehe Diyosezi ya Kibungo, César Bukakaza, yijeje ko kuba umutagatifu ku Munyarwanda bishoboka ngo icyangombwa ni igukora ugushaka kw’Imana.
Abahagarariye ibihugu byabo n’imiryango mpuzamahanga mu Rwanda bagiriye uruzinduko mu karere ka Rusizi kuri uyu wa gatandatu tariki 01/11/2014, batungurwa n’iterambere abaturage bo mu cyaro bamaze kugeraho bitandukanye n’ibyo basanzwe bumva.
Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi bo mu murenge wa Ngoma mu karere ka Nyaruguru baratangaza ko bagiye kurushaho kunoza imikorere kuko ngo bigaragara ko hari imirimo idakorwa nk’uko bikwiye.
Mu gihe bamwe mu baturage bo mu murenge wa Kiyombe bakora muri gahunda ya VUP bishimira iterambere bamaze kugeraho, bamwe mu bageze mu zabukuru bo bahabwaga inkunga y’ingoboka inyuze muri iyi gahunda bo bavuga ko batakiyibona, ubuyobozi bw’uyu murenge buvuga ko abakiri muri iyi gahunda bose bagihabwa iyi nkunga uretse (…)
Bamwe mu bagore bo mukarere ka Nyaruguru baratangaza ko n’ubwo bahawe ijambo bakaba basigaye babasha kujya mu bandi ngo bakibangamiwe n’uko abagabo babo babashakiraho abandi bagore bikadindiza iterambere ryabo.
Abasivili 44 bava mu bihugu umunani by’umuryango w’Afurika y’Iburasizuba bifite ingabo ziteguye gutabara aho rukomeye (EASF), kuri uyu wa Gatanu tariki 31/10/2014 barangije amahugurwa abategurira ibikorwa byo kugarura amahoro mu butumwa bw’amahoro bukorerwa hirya no hino muri Afurika.
Minisitiri w’Umuco na Siporo arasanga harabayeho amakosa yo kwemeza no gutangaza amabwiriza hatabayeho kubanza kubaza Abanyarwanda. Asabira imbabazi abakoze aya mabwiriza akavuga ko yakomeza kugibwaho impaka byaba na ngombwa akarekwa hagakomeza imyandikire isanzwe.
Kuri uyu wa gatandatu tariki ya 01/11/2014, abahagarariye ibihugu bitandukanye mu Rwanda barakorera uruzinduko mu karere ka Rusizi aho biteganijwe ko bazasura ibikorwa binyuranye.
Abayobozi n’abashinzwe umutekano mu karere ka Ngororero bavuga ko abagabo bo muri aka karere aribo bakunze kwiyahura kurusha abagore. Ibi bikaba bishobora kuba bifitanye isano n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge bikunze kugaragara cyane mu bagabo kurusha abagore.
Mu gihe mu Rwanda harimo gutegurwa Inama Nkuru y’Abana ku nshuro ya 10 izatangirizwa ku rwego rw’igihugu mu Karere ka Gicumbi tariki 03/11/2014, abana ndetse n’ababyeyi bo mu Karere ka Karongi bafite ibyo basaba byazaganirwaho byafasha umwana wo mu cyaro.
Inzego zishinzwe umutekano mu karere ka Ngororero zivuga ko ikibazo cy’iyimuka ry’abana bava mu karere bajya ahandi hantu hatazwi impamvu cyaba gifitanye isano n’ibyaha by’icuruzwa ry’abantu (Human Trafficking), ubu hakaba barimo gushakishwa impamvu z’uko kugenda n’abababifitemo uruhare.
Mu gihe guhera kuwa 25 kugeza kuwa 31/10/2014, mu Rwanda ari icyumweru cyahariwe kuzigama, kuri uyu wa 30/10/2014 abantu 18 barimo abagabo n’abagore bahawe inyoroshyangendo zigizwe n’igare n’igikapu kuri buri umwe bizaborohereza kurushaho kunoza umurimo wabo w’ubukangurambaga bashishikariza abaturage hirya no hino mu (…)
Abakora umwuga wo gutwara abagenzi ku mapikipiki mu Ntara y’Amajyaruguru na bo bakoze urugendo rwo kwamagana filime “ Rwanda: Untold Story” yakozwe n’igitangazamakuru BBC bavuga ko ipfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Minisiteri ishinzwe imicungire y’ibiza n’impunzi (MIDIMAR) irasaba abaturage kwitabira icyumweru cyo kubaburira ko basabwa uruhare rukomeye mu kwirinda ingaruka z’ibiza, aho bazibanda ku migenzereze yo kwirinda inkongi z’imiriro kugeza ubu zimaze kwangiriza benshi.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Francis Kaboneka, arasaba urubyiruko rwo mu Rwanda kugarura umutima wo gukunda igihugu, bakabigira umuco, bakaba igisubizo cy’ibibazo bitandukanye u Rwanda rufite, bakarwanya icyo yise “gutekinika”.
Ubwo abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari 6 tugize umurenge wa Gatore basinyaga imihigo y’utugari kuwa gatatu tariki 29/10/2014, Jean Claude Byukusenge ushinzwe igenamigambi mu karere ka Kirehe, yabasabye kwegera abaturage bagafatanya kwesa imihigo kuko yasinywe mu izina ryabo.
Abaturage bo mu murenge wa Nkombo mu karere ka Rusizi bakoreshejwe na Rwiyemezamirimo witwa Evariste bakunze kwita Surambaya bubaka amazu ya Guest house yo ku Nkombo yubakishwa n’akarere ka Rusizi, bazindukiye ku biro by’akarere kuwa 28/10/2014, basaba ubuyobozi ko bwabishyuriza uwo rwiyemezamirimo amafaranga bakoreye kuko (…)
Kuvugurura no kwemeza inyandiko ijyanye n’uburenganzira bw’umwana mu bikorwa byo kubungabunga amahoro bizagira uruhare runini mu guteza imbere uburenganzira bw’umwana no kumukorera ubuvugizi.
Urwego rw’umuvunyi rurasaba abakozi b’akarere ka Ngororero bafite aho bahuriye n’ubutaka, abatanga amasoko, abayobozi b’ibigo by’amashuri, ibitaro n’abandi kutagwa mu makosa yo kurya ruswa bitwaje ko batari bazi ko ariyo, ndetse no kudashaka kwigwizaho imitungo mu buryo butemewe n’amategeko.
Abayobozi bo mu karere ka Gatsibo barasabwa gukorera hamwe bagatahiriza umugozi umwe, birinda icyazatuma bongera kuza ku mwanya wa nyuma mu mihigo akarere kaba karahize imbere y’Umukuru w’igihugu.
Ababyeyi b’impuhwe bo mu karere ka Rwamagana bazwiho kwakira no gufasha abana baba batereranywe n’ababibarutse, kuri uyu wa Kabiri tariki ya 28/10/2014, bateraniye mu rugo rwa mugenzi wabo wakiriye uruhinja mu ntangiriro z’uku kwezi kwa 10, kugira ngo bamuhembe nk’umubyeyi wibarutse umwana.
Mu nama yahuje abayobozi bo mu nzego zitandukanye zo mu karere ka Nyamasheke, mu mpera z’icyumweru gishize, ubuyobozi bw’akarere bwanenze ubuyobozi bw’umurenge wa Kagano bwohereje raporo y’ibikorwa bugaragaza ko byakozwe mu gihe ibyo bikorwa bitaranakandagira.
Nyuma y’uko raporo ya Banki y’isi izagaragaza isura y’ishoramari mu mwaka utaha wa 2015, ishyiriye u Rwanda ku mwanya wa 46 ku isi mu bihugu 189, u Rwanda rurasaba ibisobanuro ku mpamvu zatumye iyo banki irusubiza inyuma kandi umwaka ushize rwari ku mwanya wa 32.
Mu nama yahuje abayobozi bo mu nzego zitandukanye zo mu karere ka Nyamasheke, mu mpera z’icyumweru gishize, ubuyobozi bw’akarere bwanenze abayobozi batanga raporo zituzuye, izindi zidakurikije amabwiriza ngenderwaho kugira ngo amakuru akenewe yose agaragare, ndetse hanengwa cyane ubuyobozi bw’umurenge wa Kagano bwohereje (…)