Abaturage baturiye ikibuga cy’indege mu karere ka Rubavu bavuga ko bari mu gihirahiro aho bamaze imyaka 10 babwiwe ko bazimurwa ariko iki gikorwa kikaba kitarakorwa.
Umuyobozi w’u Bwongereza ushinzwe ibikorwa byo kubungabunga amahoro mu Karere k’Afurika y’Iburasizuba (British Peace Support Team) Col. Richard Leakey arashima intambwe imaze guterwa n’Ishuri Rikuru ry’Amahoro (RPA) mu gihe gito rimaze rivutse.
Perezida Paul Kagame yagaragarije amahanga uburyo ubumenyi n’ubushakashatsi ari byo byari inzira yonyine yo gufasha u Rwanda kugaruka mu murongo w’ubukungu nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuko inzego zose zari zasenyutse igihugu nta murongo kigenderaho.
Mu isengesho ngaruka kwezi mu rugo rwa Yezu Nyirimuhwe ryabaye kuri iki cyumweru tariki 05/10/2014, hagaragaye abantu batatu batanga ubuhamya ku byababayeho kubera iri sengesho harimo n’uwakize uburemba.
Imiryango umunani yakoreraga ubuhinzi mu mudugudu wa Gakagati ya 2 akagali ka Cyamunyana umurenge wa Rwimiyaga mu karere ka Nyagatare ikaza kwimurwamo kubera kudakoresha ubutaka icyo bwagenewe ivuga ko kugeza magingo aya itari yasubizwa amafaranga yabo yatanze nyamara benshi barayabonye.
Kabera Antoine w’imyaka 110 y’amavuko utuye mu kagari ka Nyakarekare umurenge wa Mbuye mu karere ka Ruhango, arashimangira ko n’ubwo ashaje yumva neza gahunda ya “Ndi umunyarwanda”, agasaba abandi kuyumva neza kuko izatuma abanyarwanda bamenyekana nk’abanyarwanda aho kwitirirwa ibindi.
Inteko rusange y’Urugaga rw’Urubyiruko rushamikiye ku muryango wa FPR-Inkotanyi yateranye tariki 05/10/2014 mu karere ka Kirehe aho urubyiruko rwishimiye inyigisho rwahawe zijyanye no kwihangira imirimo ku buryo bafashe ingamba zo kurwanya ubushomeri.
Abayobozi b’imidugudu n’utugari bo mu karere ka Gisagara baratangaza ko imihigo basinyana n’ubuyobozi bw’imirenge yabo ibaha imbaraga, maze bakabasha kugera kuri byinshi baba biyemeje.
Umushinga Rwanda Peace Education Program (RPEP) uharanira kubaka amahoro Education Program (RPEP) urasaba abo wahuguye mu karere ka Muhanga kuba intumwa nziza mu bijyanye n’ubumwe n’ubwiyunge aho batuye n’aho bagenda.
Abasheshe akanguhe batandukanye bo mu karere ka Burera bavuga ko bafite amasaziro meza kubera ko bafite ubuyobozi bwiza bubitaho bukabaha inkunga y’ingoboka ibafasha mu buzima bwabo bwa buri munsi.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC), ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Dr. Mukabaramba Alvera, avuga ko izina “Abashigajwe inyuma n’amateka” ryagakwiye kuvaho abaryitwa bagakomeza kwitwa Abanyarwanda nk’abandi.
Umubare munini n’ubwiyongere bw’abaturage batuye mu kirwa cya Mazane giherereye mu murenge wa Rweru mu karere ka Bugesera uteye inkeke aba baturage, kuko bahura n’ikibazo cyo kubura ubutaka bahingaho bikaba intandaro yo kutagira imibereho myiza.
Minisitiri w’Umutekano, Mousa Fazil Harelimana, atangaza ko gereza igiye kubakwa mu karere ka Nyamasheke mu murenge wa Macuba ari andi maboko abaturage bahawe, akabasaba kuzakorana neza n’abahagororwa kugira ngo bazabafashe mu bikorwa by’iterambere.
Abakozi bubaka hoteli y’akarere ka Ngoma bavuga ko bamaze amezi atandatu badahembwa na rwiyemezamirimo wabakoreshaga ndetse bakaba batakihamubona kuko haje abandi, bakaba batazi uburyo bazabona amafaranga yabo.
Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza baravuga ko hari indwara zimwe na zimwe zaterwaga n’umwanda, zirimo inda n’amavunja, zibagiranye nyuma y’imyaka 20 ishize u Rwanda rwibohoye.
Umuyobozi wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu karere ka Ngororero Nyiraneza Clotilde arasaba abagore n’abakobwa guhagarika icyo yita kwihohotera babyarana n’abagabo batashakanye mu buryo bwemewe n’amategeko.
Abaturage 600 bambuwe na rwiyemezamirimo wabakoreshaga mu materasi bavuga ko yitwa Rev. Pasteur Ntakirutimana Florien wa company ECOCAS, bavuga ko batorohewe n’ubuzima nyuma yo kwamburwa bamukoreye amezi atandatu ntibishyurwe.
Abaturage barema isoko rya Nyaruteja mu murenge wa Nyanza mu karere ka Gisagara, barasaba ko ubwiherero bw’isoko ryabo bwajya bukorwa mo isuku ihagije byaba ngombwa bakishyuzwa uko babugiyemo ariko ntibabure aho bajya kwiherera nk’uko bibagendekera.
Bamwe mu bamotari bo mu karere ka Nyagatare bavuga ko babangamiwe no kuba bacibwa amafaranga yo kugura inzu ikorerwamo n’ihuriro ryabo kuko batabigishijweho inama ariko ubuyobozi bwabo bwo buvuga ko bwubahiriza imyanzuro yavuye mu nama rusange.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rutsiro buratangaza ko bugiye gusenya inyubako bwakoreragamo hakubakwa indi nyubako igezweho izaba ari etaje ikazubakwa n’ubundi aho ishaje yari yubatse.
Abaturage b’umurenge wa Karago mu karere ka Nyabihu bizihije umunsi wahariwe gukunda igihugu uba buri tariki ya 1 Ukwakira bagenera impano ingabo zari iza APR ubu akaba ari RDF kubera ubutwari zagize mu rugamba rwo kubohora u Rwanda.
Abayoboke b’ishyaka ry’ubwisungane bugamije iterambere (Parti de la Solidarite et du Progres/ PSP), rimwe mu mashyaka 11 yemewe na Leta akorera mu Rwanda, bemeza ko mu Rwanda hari ubwisanzure na demokarasi.
Abayobozi batandukanye barimo abakozi b’imirenge bashinzwe imibereho myiza y’abaturage, abafite uburezi mu nshingano zabo hamwe n’abandi bakorera mu bigo nderabuzima, barasabwa kumenya abo abana bari munsi y’imyaka 19 bavuga ko babateye inda ubundi bagakurikiranwa n’inzego zishinzwe umutekano kugirango bashikirizwe ubutabera.
Ambasaderi w’Ubudage mu Rwanda, Peter Fahrenholtz, yemeza ko igihugu cye gishyigikiye ihagarikwa ry’imitwe yitwaza intwaro mu burasirazuba bwa kongo, by’umwihariko umutwe wa FDLR.
Nyuma yo kugomera uruzi rwa Nyabarongo kugirango urugomero rubashe kubona amazi ahagije azifashishwa mu gutanga ingufu z’amashanyarazi, amazi aragenda agera mu mirima y’abaturage, akangiza imyaka.
Umugabo witwa Bugingo Francois Xavier uvuka mu mudugudu wa Gacumu, mu kagari ka giheta, umurenge wa Munini mu kerere ka Nyaruguru aherutse kwirega ko yasambanyije ku gahato abana b’abakobwa batandatu barimo n’ufite imyaka 3.
Umunyapakistani wita Waseem Sheikh atangaza ko ibihugu by’Afurika y’Iburasizuba abihoramo ariko by’umwihariko ngo akunda u Rwanda kuko ari igihugu ugenda igihe cyose ntacyo wikanga bitandukanye n’ibindi bihugu byo mu Karere.
Ahitwa mu Gashikiri mu karere ka Huye haguye ikamyo yari itwaye amavuta ya mazutu irakongoka, abari bayirimo barakomereka bidakanganye ubwo bayisimbukagamo.
Kuva taliki 27/09/2014 abaturage batuye mu mujyi wa Gisenyi ntibabona amazi meza bahabwa ikigo cy’igihugu gishinzwe amazi (Water & Sanitation Corporation/WASAC), benshi bakaba bitabaza amazi yo mu bigega by’ubudehe abadashoboye kuyagura bakajya kuvoma amazi y’ikiyaga cya Kivu.
Nduwamungu Jean Claude w’imyaka 26 urerwa n’umuryango wamutoraguye mu karere ka Nyamasheke avuga ko yayobewe irengero ry’ababyeyi be ndetse akaba atibuka aho bari batuye.