Nyamata: Imyanya y’akazi isaga 100 muri Hotel nshya “Golden Tulip La Palisse”

Ikompanyi mpuzamahanga mu bijyanye no gucunga amahoteli Golden Tulip imaze igihe gito yeguriwe gucunga Hotel la Palisse Nyamata iri mu Karere ka Bugesera mu gihe cy’imyaka 10 yashyize isoko imyaka y’akazi irenga 120.

Ni imyanya yigajemo imyanya y’ubuyobozi mu gucunga hoteli ndetse n’abakozi bazayikoramo. Kanda hano urebe iyo myanya.

Iyi ni yo Golden Tulip La Palisse Nyamata.
Iyi ni yo Golden Tulip La Palisse Nyamata.

Golden Tulip yashinzwe mu myaka y’i 1960, kuri ubu ifite amahoteli 300 mu bihugu 48, ikaba imwe mu bagize urwunge mpuzamahanga rw’amahotel yitwa « Louve hotel » ifite amahoteli asaga 1000 hirya no hino ku migabane yose y’isi.

Nyuma yo gusanga mu Rwanda hari imikorere myiza ndetse n’igihugu cy’intangarugero mu miyoborere n’iterambere ryihuta kandi ritajegajega, abayobozi ba Golden Tulip biyemeje gushyira mu Rwanda icyicaro gikuru cy’amashami yabo yo muri Afrika y’iburasirazuba.

Golden Tulip ifite amahoteli akomeye hirya no hino ku isi.
Golden Tulip ifite amahoteli akomeye hirya no hino ku isi.

Hotel Golden Tulip la Palisse Nyamata, iri ku rwego rw’inyenyeri enye ariko intego nyamukuru ikaba ari uko izongererwa ubushobozi kuburyo izashyirwa ku rwego rw’inyenyeri eshanu.

Egide Kayiranga

Ibitekerezo   ( 302 )

muraho neza nize mfite A2 muri mathematic,physics, chemistry and entrepreneurship nkaba nifuza akazi muri iyo hotel kuko mfite ubushake ningufuzogukora mu nyemereye mwambona kuri tel:0723278990 ,0785536175 murakoze mbaye mbashimiye kutugezaho iritangazo

kwizera martin yanditse ku itariki ya: 10-03-2017  →  Musubize

najye ndagakeneye nagarukiye level3/4environmental management ajariko kose

ndi theo yanditse ku itariki ya: 4-03-2017  →  Musubize

NAJYE SHAKA AKO GUKORA MURI JARDIN

GATETE yanditse ku itariki ya: 2-03-2017  →  Musubize

Nange MfiteA2mubyubukerarugendo Nkaba Nifuza Akazi Mubijyanye Na Front Office

Nitwa Nisingizwe Lydie yanditse ku itariki ya: 21-02-2017  →  Musubize

njyewe ndasaba akazi mumwanya uwariwowose waboneka nkaba mfite impamyabumenyi ya A2 muri mathematics,economics and geography(MEG) murakoze nkabanegereje igisubizo cyiza ndabashimiye.

Nshimiyimana Gilbert yanditse ku itariki ya: 6-02-2017  →  Musubize

Mfite Impamya Bumenyi A2 Mubukera rugendo Na Ma hotel Najye Nifuzaga Akazi Murakoze cyane

Bigirimana Alias yanditse ku itariki ya: 30-01-2017  →  Musubize

mubyukuri nihoteri nziza .mfite A2 in physics chemistry and biology nkaba ndikurangiza kaminuza in agriculture engineering. nabasabaga akazi.murakozee

NDAHIMANA FELIX yanditse ku itariki ya: 23-01-2017  →  Musubize

yes, nibyiza cyane ko musesekaye iwacu irwanda nkaba nanjye nasabaga akazi nfite A2 muri mathematics,physics,geography (MPG) nahuguwe computer and internet nzi kuvuga kinyarwanda,lcyongereza,igiswahili

jacques nyandwi yanditse ku itariki ya: 20-01-2017  →  Musubize

nanjye nagiragango mbasabe akazi A2 nize sciences humane naho Ao nize Clinical pyschology

DusabimanaAlphonsine yanditse ku itariki ya: 8-01-2017  →  Musubize

Nitwa Dusabimana Alphonsine nanjye nfite A2 muri sciences humaine naho muri Kaminuza nize CLINICAL PSYCHOLOGY nkaba nashakaga kubasaba akazi muriyo hotel murakoze

DusabimanaAlphonsine yanditse ku itariki ya: 8-01-2017  →  Musubize

nshaka akazi

nitwa ntambara yanditse ku itariki ya: 6-01-2017  →  Musubize

yeah! nishimiye kubabona mugihugu cyacu cy’urwanda. byumwihariko nkaba nifuzamo akazi.
ikirenzeho nkaba mfite A2 in maths,economics and computer sciense mbaye mbashimiye mugihe ntegereje igisubizo cyanyu!

nzamwitakuze emmanuel yanditse ku itariki ya: 27-12-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka