MONUSCO itangaza ko mu barwanyi 31 yakiriye bavuye mu mitwe itandukanye harimo 19 ba FDLR. Ariko imibare yabo siko igezwa mu Rwanda, hakibazwa abataza mu Rwanda aho bashyirwa.
Imiryango 186 yakuwe muri "Ntuye nabi" no muri Nyakatsi , bakubakirwa umudugudu ahitwa Zihari mu kagali ka Muyira, mu murenge wa Kibilizi ho mu Karere ka Gisagara, batangirwa kubakirwa uturima tw’ igikoni n’abafatanyabikorwa b’aka karere mu rwego rwo kurwanya imirire mibi.
Umuyobozi w’akarere ka Burera, Sembagare Samuel, abwira abaturage bo muri ako karere kwimakaza gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” kuko ari yo izatuma Abanyarwanda biyunga mu buryo bwuzuye.
Abaturage bo mu duce twa Nshenyi na Kyarwehunde muri Ruhaama ho mu Karere ka Ntungamo mu gihugu cya Uganda, ngo barifuza ko bakwemererwa kuba Abanyarwanda kugirango bahabwe serivisi nziza zijyanye n’imibereho myiza yabo nkuko bagenzi babo bo mu Rwanda bazihabwa.
Guverineri w’intara y’Amajyaruguru aravuga ko bitewe n’imbaraga ziri gushyirwa muri gahunda ya Ndi Umunyarwanda mu ntara ayoboye, buri muturage muri iyi ntara azaba yaragezweho n’ubutumwa kuri Ndi Umunyarwanda bitarenze ukwezi kwa gatatu uyu mwaka.
Umunyamabanga nshingwabikorwa n’umukozi ushinzwe iterambere bombi bo mu kagari ka Tetero mu murenge wa Kavumu mu karere ka Ngororero bafungiwe kuri polisi yo muri ako karere aho ubugenzacyaha bubakurikiranye ho kunyereza amafaranga ya Leta.
Ibigo bibiri bisanzwe bifite inshingano zo kubika ibitabo by’igihugu n’isomero ry’igihugu bigiye kugirwa ikigo kimwe, kugira ngo imikorere inoge, nk’uko Minisitiri w’Umuco na Siporo, Protais Mitali, yabitangarije abagize inteko ishingamategeko, umutwe wa Sena, kuri uyu wa Kane tariki 6/2/2014.
Tariki ya 29 Mutarama 2014, nibwo mu karere ka Gatsibo hatangijwe iyi gahunda mu kiciro cyayo cya ya kabiri ikaba iri kubera hirya no hino mu Mirenge igize Akarere ka Gatsibo, aho abaturage biyemeza gukomeza umuco wo kubana neza.
Nyuma y’aho Ministeri y’umutekano (MININTER) ifatiye icyemezo cyo guhagarika gukorera mu Rwanda, ikigo gicunga umutekano w’abantu n’ibintu cyitwa Fodey Security, mu kwezi k’Ugushyingo k’umwaka ushize wa 2013; abayobozi b’icyo kigo bavuze ko batunguwe kandi ko barengana.
Kuri uyu wa 06/02/2014, mu karere ka Rusizi habaye amatora yo kuzuza komite nyobozi y’akarere ka Rusizi yabanjirijwe n’umuhango wo kurahiza abajyanama rusange b’imirenge ya Nyakarenzo na Nkombo baherutse gutorwa ku tariki ya 03/02/2014.
Mu rwego rwo kumvikanisha gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” yimakaza isano y’Ubunyarwanda ihuza Abanyarwanda bose, mu karere ka Nyamasheke hatangiye kuboneka “Imboni ya Ndi Umunyarwanda” mu midugudu, zikaba zigamije gukangurira abaturage ibyiza bya gahunda ya Ndi Umunyarwanda no kugira ngo abaturage bose bayigire iyabo.
Abagore bakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka bo mu bihugu by’u Burundi, u Rwanda na Congo Kinshasa biremyemo amatsinda ashobora kunganira mu buryo bukomeye inzira y’amahoro arambye muri aka karere kibiyaga bigari.
Guverineri ya Kivu y’amajyaruguru, Julien Paluku, yasabye inzego z’umutekano kujya zihana abaturage bafite ivangura bigatuma bahohotera Abanyarwanda bajya mu mujyi wa Goma ndetse bakanahohotera Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda bo mu bwoko bw’Abatutsi.
Abanyarwanda baba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA), biyemeje gukora ibishoboka byose bakongera ingufu mu guteza imbere umuco n’ubukungu bw’u Rwanda, babyiyemeje mu biganiro baherutse kugira byizihizaga umunsi w’intwari z’u Rwanda.
Abana n’abarezi bo mu bigo birenga 10 by’amashuri abanza byo mu murenge wa Bigogwe mu karere ka Nyabihu bagaragarije ineza ikomeye imiryango 27 y’abirukanwe muri Tanzaniya bakaza gutuzwa muri uwo murenge babagenera inkunga zitandukanye.
Umuvugizi w’ingabo z’u Rwanda, Brig Gen. Joseph Nzabamwita, yunganiwe n’umuyobozi w’ingabo za Loni muri Congo (MONUSCO), batangaje ko nta yandi mahitamo umutwe wa FDLR, uretse gushyira intwaro hasi; bitaba ibyo igabwaho ibitero.
Umuyobozi ushinzwe ubushakashatsi muri Minisiteri ishinzwe gukumira ibiza no gucyura impunzi (MIDIMAR), Jean Baptiste Nsengiyumva, aratangaza ko ubutaka bw’akarere ka Rutsiro bugiye gukorwaho ubushakashatsi mu rwego rwo kureba ibintu birimo bituma inkuba zikibasira cyane ugereranyije n’ahandi mu gihugu.
Umusore witwa Omar Leo w’imyaka 32, ukomoka i Nyamirambo yongeye kugaragara nyuma y’umwaka aburiwe irengero. Hari hakomeje kuvugwa ko yanyerejwe n’inzego z’umutekano ariko we yabihakanye avuga ko yahisemo gutoroka kuko yabonaga umuyobozi wa Green Party, Frank Habineza, yaramugambaniraga.
Ikigo cy’itumanaho cya MTN cyatangaje ko mu mwaka wa 2013 cyungutse 5% by’abafatabuguzi biyongera kuri miliyoni 3.5 gisanganwe, kandi ko cyatanze inkunga ikomeye mu buvuzi, uburezi, ibidukikije n’imirimo kuri benshi mu mwaka wa 2013, imisoro ingana na miliyari 95 n’ishoramari rya miliyari 130 mu myaka itanu ishize.
Gen Paul Rwarakabije wahoze ari umwe mu bayobozi bakuru b’umutwe wa FDLR urwanya Leta y’u Rwanda, avuga ko kuba ahamya ko ingabo z’u Rwanda (RDF) zitigeze zica Abahutu mu nkambi zo muri Congo atari uko yageze mu Rwanda ahubwo ngo yabihagazeho.
Umuyobozi mukuru w’idini ry’Abangilikani ku isi, Archbishop Justin Portal Welby, yatangaje ko intera y’iterambere yasanze mu Rwanda nyuma y’amahano ya Jenoside yari yashegeshe igihugu ari ikimenyetso ko Abanyarwanda ari intwari kandi bakomeje gufatana urunana bazagera ku byiza bitangaje kurushaho.
Zimwe mu ntore ziri ku rugerero mu karere ka Nyabihu zandikiye Perezida Paul Kagame ubutumwa bwibandaga ahanini ku kumushimira uburyo bwiza ayoboye u Rwanda ndetse na gahunda nyinshi nziza zizanira iterambere n’amahoro Abanyarwanda yagiye atekereza zikanashyirwa mu bikorwa.
Nyuma yo kwigishwa gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” abagorowa bafungiye muri gereza nkuru ya Miyove yo mu karere ka Gicumbi batangaza ko izabafasha kubana neza n’abo bahemukiye bityo bakibona muri sosiyete nyarwanda nta pfunwe bafite kuko bazaba barababariwe ibyaha bakoze n’abo bahemukiye.
Bamwe mu bagororwa bo muri gereza ya Muhanga bakurikiranweho icyaha cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka w’1994, baratangaza ko bamaze kubohoka ku buryo banatangiye kugaragaza aho bajugunye imibiri y’Abatutsi bishe mu gihe cya Jenoside.
Umutwe w’ingabo wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ukorera muri Afurika mu gutoza abajya mu butumwa bw’amahoro(ACOTA), wemeza ko ingabo z’u Rwanda zifite ubushobozi buhambaye mu kubungabunga amahoro hirya no hino ku isi; ngo akaba ari yo mpamvu ubufatanye bw’ibihugu byombi buzahoraho.
Impuguke zo mu karere k’ibiyaga bigari zisanga umuryango w’ubukungu mu bihugu by’ibiyaga bigari (CEPGL) uramutse uhawe ubushobozi wafasha akarere gukemura ibibazo by’ubukungu n’imibereho myiza y’abaturage.
Abatuye akarere ka Gisagara bahamya ko bimwe mu byatuma bagera ku butwali harimo kuba umwe mbere na mbere, bagafashanya, bagakundana bakazamurana nta vangura, kandi ibi byose ngo bazabitozwa na gahunda ya ‘Ndi umunyarwanda’.
Mu kwizihiza umunsi w’Intwari ku nshuro ya 20, abaturage bo mu mudugudu wa Kiyanzi, akagari ka Kidahwe, ho mu murenge wa Nyamiyaga mu karere ka Kamonyi bifatanyije n’abayobozi batandukanye babasabye kugera ikirenge mu cy’intwari y’Imanzi Fred Gisa Rwigema uhavuka; ibyo ngo bakaba bazabigeraho babanje kwimika isano ibahuje (…)
Minisitiri w’Uburezi, Dr Vincent Biruta, asanga abantu bakuru muri rusange bo mu Rwanda bari bakwiye gusaba imbabazi igihugu cy’u Rwanda ngo kuko bagihemukiye.
Abakomoka mu muryango wa Rukara rwa Bishingwe batuye mu murenge wa Gahunga, mu karere ka Burera, barasaba ko Rukara rwa Bishingwe yashyirwa mu mubare w’Intwali z’u Rwanda ngo kuko yanze agasuzuguro k’abazungu.