Bamwe mu bayobozi bakuru mu Burundi bari mu ruzinduko mu Rwanda baratangaza ko bafashe icyemezo cyo kwigira ku Rwanda uburyo rufata abana bari kugororerwa mu magereza.
Bamwe mu basore ndetse n’abagabo bo mu murenge wa Butaro, mu karere ka Burera, bashaka abagore ariko ntibajye gusezerana nabo byemewe n’amategeko kugirango babanze babane nabo barebe niba bahuza.
Usibye ibikorwa by’ubukangurambaga bukorwa mu baturage, intore ziri ku rugerero mu murenge wa Kiyombe mu karere ka Nyagatare zitangaza ko ari ngombwa no gutanga umusanzu w’imbaraga zabo mu kubaka igihugu.
Abaturage bo mu murenge wa Ngeruka mu karere ka Bugesera bashyikirijwe ivomo bubakiwe n’abagiraneza bo mu gihugu cya Canada bitwa Juste Equipage.
Imiryango 45 y’Abanyarwanda 109 bageze mu Rwanda tariki 19/02/2013 banyuze ku mupaka w’akarere ka Rubavu bavuye muri Masisi na Rutchuro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aho bari barahungiye.
Abanyasudani y’Epfo 13 bakorera urwego rw’umuryango w’abibumbye ushinzwe kubungabunga umutekano muri Sudani y’Epfo (UNMISS) baragirwa inama yo kwigira ku bihugu byo mu karere cyane cyane u Rwanda, mu bijyanye n’iterambere ry’uburinganire, kuko hari intambwe igaragara imaze kugerwaho.
Minisiteri y’Abagore n’iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF), yizera ko kuba u Rwanda ruri mu bihugu bitegerejwe kwitabira inama y’Umuryango w’Abibumbye y’abagore (UN Women) ari imwe mu nzira yo kuganira n’isi ku muti wakemura ikibazo cy’ihohoterwa kuko rikigaragara mu Rwanda.
Abaturage bo mu murenge wa Nyundo bafatanyije n’ubuyobozi batangiye gukora umuganda wo kwiyubakira ivuriro rizuzura ritwaye akayabo ka miliyoni 40.
Abanyamuryango bagera 100 b’ikigo cy’ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB) bo mu karere ka Ngoma bahuguwe ku mikorere ya RSSB basabye ko amahugurwa nkayo yagera ku banyamuryango bose kuko benshi batazi imikorere ya RSSB kandi bayibamo.
Abagore bo mu nkambi ya Kigeme icumbikiye Abanyekongo batangaza ko kuzuza inshingano zabo nk’ababyeyi bitaborohera kuko ibyo basabwa kubonera abana babo batabasha kubibona, gusa ngo babashije kubona icyo bakora byakemura iki kibazo.
Umuyobozi w’akarere ka Burera wungirije ushinzwe ubukungu n’iterambere, Zaraduhaye Joseph, avuga ko imiyoborere myiza atari ugukemura ibibazo gusa ahubwo hagomba no kwigwa ingamba zo kubikumira kugira ngo bitazongera kuba.
Polisi y’igihugu irasaba inzego z’ubuyobozi bwite bwa Leta gushishikariza abaturage gutanga makuru ku gihe kugira ngo Plisi ijye ibona uko ikumira ibyaha bitaraba.
Agendeye ku buhamya yahawe n’uwari ashinzwe kumviriza amaradiyo y’abasirikare ku butegetsi bwa Habyarimana, Umufaransa Jean-François Dupaquier yanditse igitabo yise «L’Agenda du génocide» kigaragaza ko Leon Mugesera ari mu bitabiriye inama yo gutegura Jenoside ndetse ibikubiye mu ijambo yavuze taliki 22/11/1992 yabikuye (...)
Umukuru w’igihugu, Perezida Paul Kagame uri mu gihugu cya Congo Brazza ville mu urgendo rw’iminsi ibiri m’uruzinduko rw’akazi, kuva kuri uyu wa Gatandatu taliki 16/02/2013, aragenzwa no kuganira na mugenzi we ku bibazo byugarije akarere.
Urubyiruko by’umwihariko intore ziri kurugerero zirakangurirwa kugaragaza impinduka ikomeye mu kurwanya Virusi itera SIDA mu miryango baba intangarugero mu bikorwa byose bijyanye no kuyirwanya.
Abamotari n’abagenzi bakorera ku maseta y’abamotari bo mu karere ka Kamonyi ntibavuga rumwe ku ugomba kukishyura, n’ubwo muri bose bemeza ko nta uyobewe akamaro kako ariko bagahitamo kukihorera ngo badapfa amafaranga.
Ishamyi ry’umuryango w’Abibumbye rishinzwe guhuza Ibikorwa bya Kimuntu (OCHA), rihangayikishijwe n’indiri nshya z’umutwe wa barwanyi ba FDLR, ziri kwimurirwa byazo muri Kivu y’Amajyepfo, nyuma yo kubona ko mu y’amajyaruguru nta mbaraga bakihafite.
Minisitiri w’intebe, Dr. Pierre Damien Habumuremyi, yijeje ubuyobozi bw’uruganda Mount Meru Soyco ko Guverinoma y’u Rwanda izaruba hafi kugira ngo imbogamizi rufite zikemuke. Yabivuze ku wa Gatandatu tariki 16/02/2013 yarugendereraga, areba aho imirimo yo kurwubaka igeze.
Ibiro 754 by’amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa Wolfram yacukuwe mu buryo butemewe n’amategeko yafatiwe mu rugo rw’uwitwa Bucyangenda ruherereye mu kagari ka Kirwa mu murenge wa Murunda ku gasanteri ka Bwiza tariki 13/02/2013.
Inkunga y’amafaranga asaga miliyoni 1 n’ibihumbi 942 umuryango wa Action Aid wageneye koperative COCUNYA (Coordenerie Uburiza de Nyanza) yibumbiwemo n’abafite ubumuga bo mu murenge wa Mukingo yarigishijwe n’umwe muri bo wari umubitsi wayo.
Ntoraguzi Théoneste w’imyaka 88 y’amavuko utuye mu murenge wa Kibilizi mu karere ka Nyanza, tariki 15/02/2013, yemeye gusezerana n’umugore we babanaga mu buryo butemewe n’amategeko y’u Rwanda kuko nta sezerano ry’abashakanye bari bafitanye.
Abanyarwanda 30 babaga muri Congo batahutse mu Rwanda ku gicamunsi cya tariki 15/02/2013 binjiriye ku mupaka wa Rusizi ya mbere bahita bajyanwa mu nkambi ya Nyagatare iri mu murenge wa Gihundwe.
Bamwe mu bakorera mu nyubako ziri mu mujyi wa Muhanga batangaza ko impamvu batagira za kizimyamwoto ari uko baba bizeye ko nibagira impanuka aho bishinganye bazabishyura.
Abanyasudani 20 bakorera urwego rw’umuryango w’abibumbye rushinzwe kugarura amahoro muri Sudani y’Epfo (UNMISS), barasanga amasomo baherewe mu Rwanda bijyanye no kuvugurura inzego z’umutekano ari ingirakamaro, cyane ko igihugu cyabo aribwo kigisohoka mu ntambara.
Guverinoma y’u Rwanda ikomeje kwishimira uburyo igihugu kirimo gutera imbere n’ubwo cyahagarikiwe inkunga n’ibihugu bimwe na bimwe. Ngo byatewe n’uko abaturage batangiye gusobanukirwa n’umuco wo kwibeshaho, nk’uko byasobanuwe na Ministiri w’intebe, Dr Pierre Damien Habumuremyi.
Ubwo ingabo z’u Rwanda 143 zishoje ubutumwa bw’amahoro i Juba mu gihugu cya Sudani y’Amajyepfo zakirwaga ku kibuga cy’indege cya Kigali, uyu munsi tariki 15/02/2013, zashimiwe imyitwarire z’agaragaje muri ubwo butumwa bw’umuryango w’abibumbye.
Umuyobozi w’akarere ka Rubavu yabasabye abanyamadini kwirinda kwakira impano zose babonye kuko hari izitangwa n’imitwe y’abagizi ba nabi barimo FDRL, avuga ko ayo mafaranga arimo umuvumo kandi yagira ingaruka ku Banyarwanda.
Mu gihe bitegura kwakira Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame uzabasura mu nta ngiriro z’icyumweru gitaha, abaturage b’akarere ka Nyamagabe baramushimira iterambere bamaze kugeraho mu byiciro bitandukanye bemeza ko ariwe babikesha.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gatsibo bwagaye abayobozi ba njyanama n’abashinzwe iranga mimerere mu mirenge kubera kudatangira raporo ku gihe n’aho zitanzwe ntibakurikirane ngo bamenye ko zagezeyo.
Umushinga L’APPEL France urimo gusura ibikorwa by’imiyoboro y’amazi bakoreye mu karere ka Gicumbi bareba niba byaruzuye neza bakaba bari no gutegura kubitaha ku mugaragaro.