Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatanu tariki 27/2/2015, abayobozi batandukanye ku rwego rw’igihugu berekeje i Gabiro mu karere ka Gatsibo mu mwiherero ngarukamwaka, aho bagiye kongera kwisuzuma no gusuzuma ibyo bari biyemeje umwaka ushize, bakabiheraho no guhigira umwaka utaha.
Ikigo k’igihugu gishinzwe kurengera ibidukikije (REMA) kirahugura itsinda ry’abagore 32 bahagarariye abandi bacururiza mu muhanda ibiribwa mu masashi mu mujyi wa Kigali, ku ruhare rwabo mu kurwanya ikwirakwizwa ry’aya mashashi agira uruhare mu kwangirikwa kw’ikirere.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamasheke burasaba umuturage witwa Murutampunzi Edmond gusenya uruganda rutunganya kawa yubatse mu Mudugudu wa Gasharu mu Kagari ka Gako mu Murenge wa Kagano ho mu Karere ka Nyamasheke kuko ngo yabikoze mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu buravuga ko burimo gukurikirana ikibazo cy’abakozi 134 bahoze bakora mu Kigo cy’Impfubyi kitiriwe Mutagatifu Noel bakaza gusererwa mu buryo bo bavuga ko butubahije amategeko ubwo iki kigo cyashyiraga mu bikorwa gahunda ya Leta yo gukura abana mu bigo by’impfubyi bakarererwa mu miryango.
Umuryango w’urubyiruko rw’abakorerabushake ku murimo unoze kandi urambye, Lean Work Develop (LWD) wo mu Karere ka Kayonza hamwe n’ikigo cy’urubyiruko cyo muri ako karere bagiye gutangiza radiyo y’abaturage mu karere ka Kayonza.
Ingabo z’u Rwanda zigera ku 140 zari mu butumwa bw’amahoro mu gihugu cya Sudani y’Amajyepfo, zageze mu Rwanda ku gicamunsi cyo ku wa Kane tariki ya 26/02/2015.
Mpazimaka Egide wayoboraga Umurenge wa Kayumbu na Rukimbira Emmanuel wayoboraga Umurenge wa Ngamba beguye ku mirimo yabo ku wa kane tariki 26 Gashyantare 2015 ku mpamvu kugeza ubu zitaramenyekana.
Ikibazo cy’amakimbirane no kutuzuzanya gikunze kugaragara hagati y’abagize inama njyanama z’uturere n’abayobozi batwo, kiri ku isonga mu bidindiza iterambere rya tumwe mu turere tw’Intara y’Iburasirazuba; bikagaragazwa n’uko hari uturere duhora inyuma mu ruhando rw’utundi.
Abaturage bo mu Murenge wa Rwabicuma mu Karere ka Nyanza batumye umuyobozi wabo ngo ababwirire Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ko bamusaba kuziyamamariza manda ya gatatu mu matora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe mu muri 2017.
Iterambere ry’imyubakire mu Karere ka Nyarugenge, kamwe mu turere dutatu tugize Umujyi wa Kigali, riri muri bimwe bihesha isura nziza umujyi wa Kigali.
Umuyobozi mushya w’Akarere ka Nyamasheke, Kamali Aimé Fabien, aravuga ko ubufatanye no gutahiriza umugozi umwe n’inzego zitandukanye zirimo Inama Njyanama y’akarere ndetse n’abandi bayobozi batandukanye bako ari byo bizamufasha kugera ku nshingano ze.
Mu turere tw’u Rwanda tutari dufite abayobozi habaye ibikorwa byo gutora ababasimbura ku wa 25/02/2015 kandi bose bamaze kumenyekana.
Bamwe mu banyamakuru baravuga ko kuba hakiri abayobozi bashaka kwikubira umutungo w’igihugu aho gushyira inyungu z’abanyarwanda imbere, ari imwe mu bishobora gukoma mu nkokora ibigamijwe muri gahunda ya “Ndi umunyarwanda”.
Intumwa z’ibihugu by’u Rwanda na Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC) zishinzwe gushaka no gusubizaho imbago zihuza ibihugu byombi hagati y’intara ya Kivu y’Amajyaruguru n’Akarere ka Rubavu ziravuga ko bamaze gushyiraho imbago eshatu zizashingirwaho mu gusubizaho imipaka ku ruhande rwa RDC, hakaba hagiye no (…)
Umuyobozi w’Intara y’Amajyepfo, Munyantwali Alphonse, aravuga ko ubu bamaze gufata ingamba z’uko rwiyemezamirimo azajya akora urutonde rwabo yakoresheje amafaranga yabo agashyirwa ku ma konti na minisiteri y’imari n’igenamigambi (MINECOFIN), mu rwego rwo gukemura ikibazo cya ba Rwiyemezamirimo bambura abaturage.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Francis Kaboneka aratangaza ko mu gihe abanyarwanda bakomeza kwiyumvamo amoko y’ubuhutu n’ubututsi badateze gutera imbere, kuko iturufu y’ubwoko ariyo yakomeje kumunga ubunyarwanda no kubwangiza ari nako yangiza ejo heza h’abanyarwanda.
Umuryango Handicap International, kuri uyu wa 24 Gashyantare 2015 mu nama wagiranye n’abayobozi b’ibigo by’amashuri, wabasabye gushyigikira amatsinda y’abanyeshuri arwanya ihohoterwa rishishingiye ku gitsina (Anti-GBV Clubs) kuko ngo byafasha mu kurirandura.
Abantu batandatu bafite ubumuga bw’ingingo bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 24/02/2015, bahawe inyunganirangingo z’amagare atandatu yatanzwe ku nkunga y’Umuryango “Road to Jannah” wo mu Bwongereza ku bufatanye n’Umuryango Nyarwanda “Umbrella for Vulnerable” ufasha abatishoboye.
Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, yatumiwe mu nama y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Muco (UNESCO) izabera mu mujyi wa Paris mu Bufaransa, igamije guteza imbere ikoranabuhanga hakoreshejwe telefoni zigendanwa
Itangazo rya minisitiri w’Intebe mu Rwanda riravuga ko guhera kuwa 24/02/2015 Ambasaderi Joseph Habineza atakiri Minisitiri w’umuco na Siporo, akaba yasimbuwe na madamu Uwacu Julienne wari usanzwe ari umudepite.
Imibare itangwa n’ubuyobozi bw’Akarere ka Ngoma iravuga ko amazu 173 mu karere kose yangijwe n’imvura ivanze n’umuyaga yaguye muri aka karere ku gicamunsi cyo ku wa 23/02/2015.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yakiriye Komite ihoraho y’ishami ry’Umuryango w’abibumbye rishinzwe imiturire (UN- Habitat), aho bemeranyijwe ku kunoza imiturire mu Mujyi wa Kigali no mu yindi mijyi itandatu iciriritse; mu rwego rwo kurinda abaturage gukomeza gutura mu tujagari no kubegereza iterambere.
Abapolisi bagiye kujya bahabwa amahugurwa mu bumenyi n’ikoranabuhanga, binyuze mu masezerano Kaminuza y’u Rwanda (UR) yagiranye na Polisi y’igihugu, ku wa kabiri tariki 24/02/2015.
Ubuyobozi bw’umuryango Shalom Education for Peace buvuga ko hatewe intambwe ikomeye mu nzira y’ubumwe n’ubwiyunge binyuze mu banyapolitike bagaragaje ubushake bwa politike bwo gushyigikira ubumwe n’ubwiyunge ndetse bagatanga umurongo ngenderwaho, ariko ko mu baturage bo hasi hagikenewe imbaraga kugira ngo habeho kubwizanya (…)
Abadepite bagize Komisiyo ishinzwe Imikoreshereze y’Imari n’Umutungo bya Leta mu Nteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite (PAC), kuri uyu wa 23 Gashyantare 2015 bashimye intambwe imaze guterwa n’Akarere ka Nyanza mu gukosora amakosa kari kanenzwe muri raporo y’umugenzuzi mukuru w’Imali ya Leta ya 2012-2013.
Abikorera bo mu Karere ka Gakenke kuri uyu wa 23 Gashyantare 2015 bagiranye inama n’Ubuyobozi bw’ako karere yari igamije kongera kureba uruhare rwa buri wese mu Kigega Agaciro Development Fund (AgDF) maze ku ikubitiro bakusanya abarirwa muri miliyoni 8 n’ibihumbi 398 (8398000FRW).
Umuyobozi w’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku miturire (UN-Habitat), Dr Joan Clos arashima u Rwanda kuba ruri guteza imbere imiturire hongerwa imijyi yunganira uwa Kigali, kuko bizafasha iterambere gukwira mu gihugu kurusha uko umujyi wa Kigali warushaho gutera imbere wonyine.
Umusore uri mu kigero cy’imyaka 30 y’amavuko witwa Jérôme Muyoboke wari mucungamutungo w’ikigo nderabuzima cya Musasa giherereye mu Murenge wa Musasa ho mu Karere ka Rutsiro, ari gushakishwa n’inzego z’umutekano akekwaho gutorokana amafaranga y’u Rwanda miliyoni 6 y’iryo vuriro.
Imvura ivanze n’umuyaga yaguye mu Mirenge ya Sake na Mutendeli yo mu Karere ka Ngoma ku gicamunsi cyo ku wa 23/02/2015 yasakambuye amazu y’abaturage, ishuri ribanza rya Nshiri ndetse abantu bane barakomereka.
Mukambarushimana Esther wo mu mudugudu wa Bara, Akagari ka Rubimba mu Murenge wa Kabare wo mu Karere ka Kayonza yaturikanywe n’ingunguru yari atekeyemo kanyanga kuri uyu wa 22 Gashyantare 2015 ahita apfa.