Abagize urugaga rw’Abikorera mu Mujyi wa Kigali bavuye mu itorero ry’igihugu i Nkumba, bahize umuhigo gusakara amazu 48 y’imiryango y’Abanyarwanda birukanywe muri Tanzaniya, baniyemeza kugurira ikigo cy’itorero cya Nkumba ibigega by’amazi bishya.
Turikunkiko Védaste utuye mu Mudugudu wa Birembo, Akagari ka Mpanga ko mu Murenge wa Mukingo mu Karere ka Nyanza aravuga ko umugore bari bamaranye imyaka irenga 35 babana yamutanye abana bane barimo umuto ufite imyaka 14 y’amavuko mu mwaka wa 2014 akigira gushaka undi mugabo.
Umuyobozi wa Polisi y’Igihugu mu Karere ka Ngororero, SSP Alphonse Zigira aratangaza ko barimo kuzenguruka ahari Sitasiyo za Polisi mu Karere baganira n’abapolisi bakorera mu mirenge ku kunoza no gutanga serivisi nziza ku babagana.
Kuva ku wa 15 Werurwe 2015, Abashinzwe ubworozi (abaveterineri) mu mirenge bane bafunzwe bekekwaho gutanga mu buryo budakurikije amategeko inka zagenewe korozwa abanyarwanda bakennye muri gahunda ya Girinka.
Ku wa 18 Werurwe 2015 ahagana mu saa cyenda n’iminota 50 z’igitondo nibwo umugabo witwa Théogene Bankundabose wari utuye mu Kagari ka Buyange mu Murenge wa Mataba mu Karere ka Gakenke yiyahuje umukandara wo kwambara yimanitse mu cyumba cy’inzu y’umuturanyi we wari umaze iminsi amucumbikiye, nyuma y’aho umugore we amaze (…)
Minisiteri y’abakozi ba Leta n’umurimo (MIFOTRA) irasaba abakozi barebwa n’itegeko ry’umurimo kurushaho guharanira uburengenzira bwabo ku kazi, aho kurengana bakabyihorera.
Ku wa 15 Werurwe 2015, umuturage witwa Habimana Jean Pierre yatemye umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akagari ka Rutagara mu Murenge wa Muhanda mu Karere ka Ngororero witwa Uwimbabazi Florence, amukomeretsa ku mutwe no mu mugongo.
Umugore wo mu Kagari ka Mburabuturo, Umurenge wa Muko mu Karere ka Musanze arasaba ko Itegeko Nshinga rihindurwa kugira ngo we n’abandi Banyarwanda bashaka ko Perezida Paul Kagame akomeza kubayobora bishoboke kuko ngo bitabayeho ashobora no kwiyahura kubera ibyo yamugejejeho.
Bamwe mu batuye mu Murenge wa Mataba mu KARERE ka Gakenke bahangayikishijwe no kutabona amazi meza bityo abaturiye umugezi wa Nyabarongo bagahitamo kuba ariwo bavoma, mu gihe hari abavoma imibande ndetse na za ruhurura.
Abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge y’u Rwanda 416, tariki 19 Werurwe 2015, bazajya mu mwiherero i Gabiro, nyuma y’igihe gito abayobozi bakuru b’igihugu bawuvuyemo.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Nyabihu bubatse ingo kandi zibanye neza bavuga ko ikiganiro mu ngo ari umusingi wo kwirinda amakimbirane n’ibindi bibazo birimo no kwicana hagati y’abashakanye.
Abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994 bubakiwe amazu mu Mudugudu wa Nyagatovu, Akagari ka Kayenzi, Umurenge wa Ntongwe mu Karere ka Ruhango, bamaze amezi atanu batagira aho bacumbika nyuma y’uko basenyewe n’umuyaga, bagasaba inzego zindi kubagoboka kuko babona ubuyobozi ntacyo bukora.
Nyuma yo guta muri yombi Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Bugesera n’abakozi b’akarere babiri bashinzwe gutanga amasoko, polisi yataye muri yombi rwiyemezamirimo wubakaga inyubako y’Ibiro by’Akarere ka Bugesera.
Minisiteri y’abakozi ba Leta n’umurimo (MIFOTRA) itarangaza ko amatora y’intumwa z’abakozi bahagarariye abandi n’abagize komite zishinzwe ubuzima n’umutekano mu kazi ateganyijwe gutangira tariki 31/03/2015 areba ibigo byose by’abikorera mu Rwanda.
Abanyeshuri 50 biga ibya gisirikare muri Kenya baturutse mu bihugu 10 bya Afurika, ari byo Kenya, u Rwanda, Burundi, Botswana, Egypt, Malawi, Namibia, Tanzania, Uganda na Zambia, bari mu Rwanda guhera tariki 16-21 Werurwe 2015 aho ngo baje kureba ubunararibonye bw’ingabo z’u Rwanda mu gukumira amakimbirane.
Inzu y’ubucuruzi iherereye mu Mujyi wa Musanze rwagati, mu Murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze hafi y’isoko ry’ibiribwa yafashwe n’inkongi y’umuriro ahagana saa saba z’ijoro zo ku wa Mbere tariki 16/03/2015 irashya irakongoka.
Imwe mu miryango yo mu turere twa Ruhango na Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo yemeza ko yari ibanye mu buryo bw’amakimbirane ubu iratanga ubuhamya ikavuga ko amahoro aganje iwabo mu miryango kubera inyigisho yahawe n’Umuryango RWAMREC.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo mu Karere ka Rwamagana barasabwa kwimakaza ukuri mu byo bakora kandi bakirinda ingeso mbi izwi nko “gutekinika” kuko idindiza iterambere ry’abaturage n’ahari ikibazo ntikimenyekane ku gihe.
Abanyehuri 54 b’abakobwa batsinze neza ibizamini bya leta mu mwaka wa 2014, bashyikirijwe ibihembo n’umuryango Imbuto Foundation, mu gikorwa isanzwe ikora buri mwaka hagamijwe kuzamura uburezi bw’umwana w’umukobwa.
Ubuyobozi bw’akarere ka Gasabo bufatanyije n’abafatanyabikorwa bako bakoze igikorwa cy’umnuganda mu kibanza kiri kubakwamo amazu 48 y’imiryango 48 y’Abanyarwanda birukanywe muri Tanzanira giherereye mu murenge wa Jabana.
Ikigo k’igihugu gishinzwe guteza imbere Imiturire (RHA), kirakangurura Abanyarwanda kubahiriza amategeko agenga imyubakire mu Rwanda, kuko bizabarinda guhura n’ingaruka zo kugwirwa n’amazu no gusenyerwa bitewe no kubaka ahantu hatemewe.
Abanyarwanda 42 bageze mu Rwanda tariki ya 13/3/2014 bavuye mu bice bitandukanye mu Burasirazuba bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC), aho ingabo za Kongo zivuga ko ziri kurasa abarwanyi ba FDLR.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere imiturire (RHA: Rwanda Housing Authority) kirasaba abanyarwanda kuba maso ku mikoreshereze y’ubutaka, abashaka kubaka bagatekereza inyubako zigerekeranye mu mijyi naho mu byaro bakubaka ku buso buto kugira ngo ubutaka busigaye bukorerweho ibindi bikorwa, kuko nibidakorwa abanyarwanda (…)
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyanza buravuga ko bwamaze gutunganya ibishushanyo mbonera by’amazu azubakwa ku byambu binyurwaho n’Abarundi baza mu Rwanda cyangwa abanyarwanda berekeza i Burundi, hagamijwe korohereza abashinzwe umutekano batari bafite aho bakorera.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamasheke burasaba abagatuye kumenya uburyo bashobora kubyaza umusaruro ubutaka bwabo, bakurikiza amategeko n’amabwiriza atangwa n’ubuyobozi ku micungire yabwo.
Abagabo babiri; Ndahimana Maurice w’imyaka 42 na Hakizimana Samuel w’imyaka 37 bagwiriwe n’ikirombe bacukuramo Coltan bakitaba Imana bashyinguwe ku wa kane tariki ya 12/03/2015.
Abantu batatu, kuri uyu wa 12 Werurwe 2015, barohamye mu Ruzi rw’Akagera, ubwo bambukaga bava mu Kagari ka Jarama mu Karere ka Ngoma berekeza mu Kagari ka Mazane mu Murenge wa Rweru mu Karere ka Bugesera maze umwana w’ iminsi 20 aburirwa irengero.
Ishyo Arts Center, umuryango utegamiye kuri Leta, washyizeho umushinga w’ivumburampano mu bana bafite ubumuga, nyuma y’ubushakashatsi bwakorewe mu bigo bitandukanye bibakira bukagaragaza ko bafite impano zihanitse kandi zishobora kubyara umusaruro mu buhanzi no mu bugeni.
Komisiyo ya Sena y’u Rwanda ishinzwe Umutekano n’Ububanyi n’Amahanga, kuri uyu wa 12 Werurwe 2015 yasuye Akarere ka Nyanza iganira n’abatwara abagenzi ndetse n’abandi bashobora kugira uruhare mu gukumira impanuka zo mu muhanda kugira ngo barebere hamwe icyakorwa kugira ngo impanuka za hato na hato zitwara ubuzima bw’abantu (…)
Nyuma y’uko abaturage bo mu Murenge wa Kagano n’uwa Cyato mu Karere ka Nyamasheke basenyewe n’imvura ivanze n’umuyaga mu kwezi kwa Gashyantare mu w’2015, ku wa gatatu tariki ya 11/03/2015, Umushinga ADRA-Rwanda wabageneye inkunga y’amabati 60 azabafasha kongera kusakara amazu yabo bagasubira mu buzima busanzwe bari barimo.