Mukambarushimana Esther wo mu mudugudu wa Bara, Akagari ka Rubimba mu Murenge wa Kabare wo mu Karere ka Kayonza yaturikanywe n’ingunguru yari atekeyemo kanyanga kuri uyu wa 22 Gashyantare 2015 ahita apfa.
Abacungagereza 17 bo mu bihugu bigize Umuryango w’Afurika y’Iburasizuba (EAC) hiyongereyeho ibihugu bya Mauritius na Seychelles batangiye amahugurwa y’iminsi itanu yo kubongerera ubumenyi bwitezweho kuzabafasha kunoza imikorere yabo no gusohoza inshingano zabo mu butumwa bw’amahoro butandukanye.
Umuyobozi w’Ishami ry’ Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Imiturire, kuri uyu wa 23 Gashyantare 2015 ari mu Rwanda mu Karere ka Rubavu aho arimo gusura ibikorwa b’ imiturire u Rwanda rwagezeho Ku bufatanye na UN-Habitat.
Abanyamuryango b’ishyaka PL (Parti Liberale) bo mu Karere ka Gicumbi baravuga ko bagiye gusigasira ibimaze kugerwaho haba mu iterambere no mu mibereho myiza y’abaturage.
Urubyiruko rwibumbiye mu muryango Rwanda Youth Healing Center (RYHC) ukorera mu Karere ka Ruhango, rurishimira ibyo rugenda rugeraho bitewe n’amahugurwa atandukanye rutegurirwa n’uyu muryango.
Kuri uyu wa 21 Gashyantare 2015 mu Karere ka Rutsiro hatangiye amahugurwa y’iminsi ibiri y’abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi maze abayitabiriye basabwa kuba intangarugero muri byose kugirango babe “Bandebereho.”
Polisi y’igihugu, kuri uyu wa 20 Gashyantare 2015 yashyikirije abaturiye ikiyaga cya Rweru imyambaro yabugenewe (life Jacket) ibarinda impanuka zo mu mazi ndetse n’uyaguyemo akaba yatabarwa.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) irasaba abacuruzi bo mu ntara y’Iburasirazuba kubyaza umusaruro amahirwe ari muri iyo ntara bityo ubucuruzi bwabo burusheho gutera intambwe mu kuzamura ubukungu bw’u Rwanda.
Umuyobozi w’Inama y’Ubuyobozi ya Koperative Umwalimu Sacco, Nzagahimana Jean Marie Vianney, ku wa 21 Gashyantare 2015 yatangaje ko bagiye kongera ingufu mu gukurikirana abanze kwishyura amadeni bafitiye Umwalimu Sacco, kugira ngo bishyuzwe.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero ngo bumaze gusuzuma ibyari byasabwe n’intumwa za rubanda, umutwe wa sena, ko isoko rya Nyange rifungwa rikimurirwa ahandi kuko ngo ryubatse ahantu rishobora guteza impanuka kandi hari umwanda, ngo bwasanze butagomba kurisenya ko ahubwo buzarisana.
Imirimo ikorerwa mu Kiyaga cya Kivu mu Karere ka Nyamasheke, irimo n’uburobyi ngo yaba yaragurishijwe rwiyemezamirimo n’ubuyobzi bw’amakoperative y’abarobyi bwacyuye igihe, ku buryo ibikorerwa muri icyo kiyaga byose bizajya bibanza gutanga umusanzu kuri uwo rwiyemezamirimo.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu Karere ka Kirehe bari mu mahugurwa y’iminsi ibiri yatangiye kuri uyu wa 21 Gashyantare 2015, aho biga ku mateka y’igihugu, uko cyavutse, uko kiyubaka n’uburyo cyubahiriza amategeko, bamazwe impungenge ko Itegeko Nshinga ry’u Rwanda ari iry’Abanyarwanda akaba ari bashobora gufata umwanuro wo (…)
Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Ruheru ho mu Karere ka Nyaruguru baratangaza ko kuba basigaye bahabwa umwanya bakagira uruhare mu kugena ibikorwa bizibandwaho mu mihigo ngo binabafasha gukurikirana bishyirwa mu bikorwa.
Ministiri w’ububanyi n’amahanga w’u Budage, Dr. Frank-Walter Steinmeier, uri mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda, yijeje ko agiye kugaragaza isura y’ubukungu bw’u Rwanda mu Budage n’ahandi, mu rwego rwo kureshya abashoramari kuza gukorera mu Rwanda no muryango w’Afurika y’uburasirazuba muri rusange.
Bamwe mu bakozi ba Leta basanga komisiyo y’abakozi ba Leta ibafatiye runini cyane mu birebana n’imicungire y’abakozi ndetse no mu bijyanye no kumenya inshingano n’uburenganzira bwa buri wese,yaba umukozi cyangwa umukoresha.
Abaturage batandukanye bo mu karere ka Burera batangaza ko kuba muri ako karere hagaragara abakobwa bishyingira bakiri bato, bataranuzuza imyaka 18 y’mavuko, biterwa ahanini n’ubukene buba buri mu miryango yabo.
Komisiyo y’Ubumwe n’Ubwiyunge (NURC), yatangaje ko irimo gukora ubushakashatsi ku kibazo giteye impungenge cy’Abanyarwanda bakomeje kwica abandi hirya no hino mu gihugu, aho iteganya gusuzuma niba abarimo kuva mu magereza baba atari bo ntandaro y’ubwo bwicanyi.
Frank-Walter Steinmeier, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga mu Budage aragirana ibiganiro na mugenzi we w’u Rwanda, Minisitiri Louise Mushikiwabo, nyuma y’uko ageze mu Rwanda kuri uyu wa gatanu tariki 20/2/2015.
Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kirehe mu Karere ka Kirehe baratangaza ko bacengewe na gahunda ya “Ndi umunyarwanda”, bakanenga abayobozi bacengeje amacakubiri mu baturage ndetse bakanabashishikariza kwicana.
Kuri uyu wa 19 Gashyantare 2015, abagororwa b’abagore bose bari bafungiye muri Gereza ya Rusizi bimuriwe muri Gereza Nkuru ya Nyamagabe mu Ntara y’Amajyepfo naho abagabo bari muri Gereza ya Nyamagabe bimurirwa mu ya Rusizi, muri gahunda ya politiki y’amagereza yo kudafungira hamwe abagore n’abagabo.
Abadepite bo muri komisiyo y’uburenganzira bwa muntu no kurwanya Jenoside bijeje ubuvugizi imfungwa n’abagororwa badafite ibyangombwa byuzuye ngo baburanishwe, abarangije ibihano bagomba kurekurwa ndetse n’abafite ibindi bibazo bitandukanye bijyanye n’ifungwa ryabo.
Abadepite bo muri komisiyo y’uburenganzira bwa muntu no kurwanya Jenoside baratangaza ko aho ibikorwa byo kubungabunga imibiri y’abazize Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994 mu buryo burambye bigeze hashimishije.
Guverinoma y’u Rwanda iherutse kwiha gahunda y’imyaka irindwi (2010-2017) yo kongerera ubushobozi imiryango itegamiye kuri leta kugira ngo ibashe gutanga umusaruro ufatika mu guteza imbere Abanyarwanda.
Raporo y’Umuryango w’Abibumbye ushinzwe Iterambere (UNDP) yo kuva 2007-2013 ivuga ko kwegereza ubuyobozi abaturage byagize uruhare mu guteza imbere gahunda za Leta zo gufasha abaturage kwikura mu bukene nka Gira Inka, Ubudehe, n’Umuganda.
Kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyamata mu Karere ka Bugesera hafungiye abagabo babiri bakekwaho guha abapolisi bashinzwe umutekano wo mu muhanda ruswa.
Croix Rouge y’u Rwanda yatangije umushinga ugamije gufasha abatishoboye kuva mu bukene cyane cyane bikemurira bimwe mu bibazo bibangamira iterambere ryabo.
Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu Karere ka Rulindo baravuga ko bahangayikishijwe n’umutekano wabo, mu gihe u Rwanda rwitegura kwibuka iyo jenoside ku nshuro ya 21.
Abanyarwanda barakangurirwa guhagurukira ikibazo cy’ingutu kijyanye n’imyubakire y’akajagari kandi abo mu mijyi bagaharanira kubaka inzu zo guturamo zigerekeranye, kuko mu gihe baba bakomeje kubaka nk’uko bikorwa ubu, byazagera igihe Abanyarwanda bakabura ubutaka bwo guturaho ndetse n’ubwo gukoreraho ibindi bikorwa birimo (…)
Mu nama Njyanama y’Akarere ka Kamonyi yateranye tariki 18/02/2015, ikibazo cy’inyerezwa ry’amafranga ya VUP ndetse n’ay’ububiko bw’imiti nicyo cyafashe umwanya munini.