Abaturage bo mu Murenge wa Mukamira, urimo igice cy’umujyi w’Akarere ka Nyabihu bahangayikishijwe no kutagira irimbi rusange, abagize ibyago byo gupfusha bakaba bashyingura mu ngo.
Umuryango wa Baziriwabo Aléxis wo mu Karere ka Huye mu Murenge wa Rwaniro, Akagari ka Cyibiraro, Umudugudu wa Nyarunyinya, umaze umwaka n’amezi atatu mu bitaro, ariko bibaza aho bazataha n’uko bazabaho nibataha. Impamvu ni uko uretse kuba ntacyo bafite cyo kuzabatunga, n’abo bari baturanye bose bimutse.
Minisiteri y’ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) iratangaza ko ibarura ryakozwe mu mwaka wa 2011 ryerekanye ko Intara y’Amajyepfo yihariye umubare munini w’abasigiwe ubumuga buhoraho na jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994 mu Rwanda.
Abagize komisiyo y’ubumwe n’ubwiyunge mu Karere ka Ngororero basanga abanyarwanda bari mu gihugu imbere bagomba kubanza kwiyumvisha agaciro ko gutahuka kwa bene wabo bakiri mu mashyamba ya Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC), kuko hari ababaca intege kubera ko bigaruriye imitungo yabo ntibababwize ukuri ku bibera (…)
John Abraham Godson ukuriye itsinda ry’abadepite n’abashomari bo mu gihugu cya Pologne bari mu Rwanda kuva tariki ya 10/3/2015, avuga ko yishimiye u Rwanda kuko rurenze uko ruvugwa bitewe n’uburyo ruhagaze mu guteza imbere ishomari, isuku no kwiyubaka.
Abaturage baturiye inkambi y’impunzi z’abanyekongo ya Kigeme iri mu Murenge wa Gasaka mu Karere ka Nyamagabe, barasaba kwimurwa vuba amazu atarabagwaho bitewe n’amazi y’imvura ndetse n’amazi avanze n’umwanda wo mu bwiherero abatera mu ngo zabo cyane cyane iyo imvura yaguye.
Abari abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge batatu bahinduriwe imirimo hagamijwe gushyira abakozi mu myanya ibakwiriye kandi igendanye n’ibyo bize kugira ngo barusheho kunoza umurimo.
Nyirandayambaje Agnes wo mu Mudugudu wa Ruhinga ya 2, Akagari ka Kagatamu mu Murenge wa Bushenge mu Karere ka Nyamasheke avuga ko yagurishirijwe isambu y’ababyeyi na mukuru wabo wo kwa se wa bo, ndetse agahita amwihakana ko ntacyo bapfana.
Umusaza Murihano Faustin utuye mu Murenge wa Shyogwe, Akarere ka Muhanga avuga ko abana yabyaye ku mugore wa mbere basigaye bamutera hejuru kubera ko yazanye undi mugore.
Ubushakatsi bwakozwe n’Umuryango Handicap International bugaragaza ko abafite ubumuga 1,678 bari mu nkambi eshanu z’impunzi ziri mu Rwanda nta buryo bafite buborohereza kubona serivisi n’ibindi bikenerwa mu buzima bwabo, ugasaba abaterankunga guhagurukira iki kibazo.
Bamwe mu baturage batuye mu Mirenge ya Nemba na Gakenke yo mu Karere ka Gakenke baravuga ko nyuma ya Jenoside yakorewe abatutsi muri 1994 ibikorwa byinshi by’iterambere bimaze kugera iwabo ndetse byagiye bibagiraho ingaruka nziza, bitandukanye n’imibereho yabo ya mbere ya Jenoside.
Dr Pierre Damien Habumuremyi, umuyobozi w’urwego rw’igihugu rushinzwe intwari, imidari n’impeta z’ishimwe (CHENO) arasaba ko bashakirwa aho gukorera hafite ubwinyagamburiro kuko aho bakorera ubu hadahagije.
Ikigo k’igihugu gishinzwe ubumenyingiro (WDA) cyatanze imashini eshanu zikoresha ikoranabuhanga mu gukora amatafari, zitegerejweho kongerera ubumenyi abanyeshuri ariko zikanafasha igihugu kugera ku ntego yo kubaka amazu aciriritse kandi akomeye.
Ambasaderi w’u Buyapani mu Rwanda, Kazuya Ogawa yatumiye Ministiri w’Intebe, Anastase Murekezi kuzajya kwitabira inama y’Umuryango w’Abibumbye (UN) yiga ku kwirinda no guhangana n’ibiza, iteganyijwe kubera mu Mujyi wa Sendayi mu Buyapani kuva tariki 15-17/3/2015.
Uwari umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Murama mu Karere ka Kayonza, Twamugabo André, amaze iminsi agejeje ubwegure bwe ku buyobozi bw’Akarere ka Kayonza.
Ubwo mu Ruhango haberaga umuhango wo kwakira Ndoricima Marcel ukomoka mu Burundi wahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda kuwa 09/03/2015, umuyobozi w’akarere ka Ruhango yavuze ko u Rwanda ruryoshye kandi rwizewe na benshi, bikaba ngo biri mu byatumye abanyamahanga 112 basaba ubwenegihugu mu mwaka ushize wa 2014 kandi ngo bakaba (…)
Sedorogo Fabien wo mu Murenge wa Shyogwe mu Karere ka Muhanga wahoze utuye mu Karere ka Rusizi, avuga ko yakorewe akarengane n’uruganda rwa Shagasha rwamwambuye imitungo ye itimukanywa none hashize imyaka 16 atarishyurwa.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere (RDB), kuri uyu wa 9 Werurwe 2015, cyakanguriye ba rwiyemezamirimo kwadikisha ibihangano byabo nyuma yo kubona ko Abanyarwanda batitabira kubyandikisha ngo babirinde ababikoresha binyuranyije n’amategeko.
Abagore bo mu Karere ka Ngoma barasaba Perezida wa Repubulika, Paul Kagame ko yakwemera kongera kwiyamamaza muri manda ya Gatatu maze bakazamuhundagaza ho amajwi.
Ku wa gatandatu tariki ya 7/03/2015, Urubyiruko rwitabiriye umuganda udasanzwe rukora uturima tw’igikoni mu tugari dutandukanye mu rwego rwo gufasha imiryango y’abaturage batishoboye.
Abagore bo mu Rwanda barashimirwa ko batagitinya gufata ibyemezo mu kwaka inguzanyo mu mabanki y’ubucuruzi kugira ngo biteze imbere.
Tariki ya 08 Werurwe buri mwaka ni umunsi mpuzamahanga wahariwe umugore ku isi (IWD), u Rwanda rukaba rwifatanyije n’amahanga kuwizihiza.
Guhera tariki ya 31/03/2015, hazatangizwa amatora y’intumwa z’abakozi bahagarariye abandi n’abagize komite zishinzwe ubuzima n’umutekano mu bigo by’abikorera.
Komisiyo ishinzwe Abakozi ba Leta, irasaba abayobozi bo mu nzego z’ibanze (za Leta) kujya bubahiriza amategeko n’inzira ziteganywa na yo mu gihe bagiye gufatira ibihano abakozi, kuko iyo hagize icyo basimbuka bishora Leta mu manza kandi igatsindwa, kabone nubwo umukozi yaba yari afite ikosa.
Abaharanira inyungu z’u Rwanda mu bihugu byabo bari bari mu mwiherero mu Rwanda ugasozwa no gusura ibice bimwe by’u Rwanda, bavuga ko ibyo basuye byatumye babona aho bazahera mu kuvuganira u Rwanda.
Nyuma y’ukwezi ibikorwa byo gushyira abaturage mu byiciro bishya by’ubudehe bitangijwe, bamwe mu batuye Akarere ka Ngororero baravuga ko bashyizwe mu byiciro batishimiye, hakaba n’abadasobanukiwe n’icyo ibyiciro by’ubudehe bigamije, kuko abenshi bazi ko birebana n’ubwisungane mu kwivuza gusa.
Abahagarariye inyungu z’u Rwanda mu mahanga 33 batangiye gusura ibikorwa bitandukanye mu Turere twa Musanze na Rubavu, kugira ngo basobanukirwe biruseho gahunda zitandukanye z’igihugu banihere ijisho ibyiza bitatse u Rwanda biri hirya no hino mu gihugu.
Abiga n’abarangije kaminuza mu Rwanda barokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994 bafite gahunda yo kwibuka no gushimira abahoze ari ingabo za FPR-Inkotanyi bakomerekeye mu rugamba rwo guhagarika Jenoside ndetse no komora inkomere za Jenoside.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yasabye Minisitiri w’Umuco na Siporo, Uwacu Julienne n’uwamusimbuye mu Nteko, Depite Mukandamage Thacienne ko bitezweho gukorera igihugu n’abaturage, bibanda ku batabona amahirwe uko bikwiye no guteza imbere uruhare rw’abagore mu kubaka igihugu.
Inama y’igihugu y’urubyiruko (NYC) iratangaza ko urubyiruko ruzubaka uturima tw’igikoni 21,480 hirya no hino mu gihugu mu muganda udasanzwe rwateguye ku wa gatandatu tariki ya 07/03/2015.