Abana 348 bafashwa n’umushinga Compassion Internationale, bahuguwe ku buryo bwo gutegura indyo yuzuye n’isuku igomba kubahirizwa mbere yo gufata amafunguro. Iki gikorwa kije mu kwezi kwahariwe umuryango gufite insanganyamatsiko igira iti “indyo yuzuye n’isuku ihagije, ni ishingiro ry’umuryango”.
Inama njyanama y’akarere ka Rubavu yateranye taliki 22/5/2014 yasabye ko umusaza Rulisa Clément usanzwe ukora akazi ko kuvura ku kigo nderabuzima cya Gacuba II kandi yaroherejwe mu kiruhuko cy’izabukuru yahagarikwa.
Mu karere ka Ngororero umuganda ukomeje kuba inkingi mwikorezi mu itermambere ry’Akarere kuko uhuza abayobozi bo mu nzego zose zaba iza gisivili n’iza gisirikare; nk’uko byemezwa n’umukozi w’Akarere ufite umuganda mu nshingano ze Mme Musabeyezu Charlotte.
Nyuma y’ikiganiro umuryango w’abanyamakuru baharanira amahoro PAX PRESS wagiranye n’abayobozi batandukanye hamwe n’abakozi mu karere ka Ngororero, biyemeje gukorana neza n’itangazamakuru ndetse no guha amakuru abaturage ku bibakorerwa, nyuma yo gusanga ibyo bafataga nk’inzitizi atarizo.
Kuva gahunda y’urugerero yatangizwa mu Rwanda byagiye bigaragara ko ibikorwa bakora biba bifitiye igihugu akamaro kuko usanga hagaragaramo ibikorwa byinshi kandi bifitiye akamaro igihugu ariko abo mu karere ka Gakenke ngo hari imbogamizi bifuza ko zakurwaho kugirango bakomeze gutanga umusaruro wisumbuye.
Mujawimana Marie Josée utuye mu karere ka Nyamagabe mu murenge wa Gasaka mu kagari ka Nzega aratangaza ko nyuma yo gucikiriza amashuri kubera ubushobozi buke n’ubupfubyi, umuryango utabara imbabare wa Croix Rouge y’u Rwanda wamufashije kongera kubaka ubuzima bwe.
Kuva kuwa kane tariki 22/5/2014, umukozi w’akarere ukora mu biro by’ubutaka ushinzwe ibipimo na GIS, ari mu maboko ya polisi mu mujyi wa Kigali aho akurikiranywe ho kwaka abaturage ruswa ingana n’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 400.
Abaturage bo mu karere ka Rubavu mu mirenge ya Cyanzarwe na Busasamana bakoranye n’umushinga wa EMA Alexis, bavuga ko bamaze amezi arenga ane batishyurwa mu gihe bagombye gutungwa n’imirimo bakoze.
Bamwe mu bana bahoze baba ku nuhanda batangaza ko leta n’ababyeyi bafite uruhare mu gukura abana ku mihanda, kuko bajyanwamo n’ubukene mu miryango abandi bakoherezwa n’ababyeyi babo.
Urubyiruko rusoje amashuli yisumbuye ruri ku rugerero mu karere ka Gakenke baratangaza ko bishimiye ibikorwa bakorwa n’ubwo nta mafaranga bakuramo, kuko bari kwiyubakira igihugu nyuma yo gukora ibikorwa bifite agaciro ka miliyoni 49 z’amafaranga y’u Rwanda.
Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ubutabera, Isabelle Kalihangabo, atangaza ko nta gitangaje ko imiryango itegamiye kuri Leta itavuga rumwe na Leta kuko itabibasaba ahubwo ngo iyo miryango igaragaraza ahari ikibazo igafasha Leta kugikemura.
Akarere ka Nyanza kegukanye itike yo kuzahagarira Intara y’Amajyepfo ku rwego rw’igihugu mu marushanwa y’imivugo n’indirimbo yateguwe mu rwego rwo kwitegura isabukuru y’imyaka 14 polisi y’igihugu imaze ishinzwe.
Itsinda ry’abanyeshuri biga ku kigo cya Collège de la Paix mu karere ka Rutsiro ryababajwe n’uko ritabashije gufashwa kwitabira amarushanwa ku miyoborere myiza yabaye ku rwego rw’intara tariki 22/05/2014 mu gihe nyamara bari bamaze ukwezi n’igice babonye itike yo gukomeza nyuma yo kuba aba mbere ku rwego rw’akarere.
Abatuye ku kirwa cya Bugarura giherereye rwagati mu kiyaga cya Kivu ku ruhande rw’akarere ka Rutsiro bavuga ko byababereye nk’igitangaza kuba Guverineri, umuyobozi ukomeye wo ku rwego rw’intara y’Uburengerazuba, yabasuye kuri icyo kirwa bakabasha kuganira amaso ku maso.
Ubwo hasozwaga ku mugaragaro inama ngaruka mwaka ya 49 ya Banki ny’Afurika itsura amajyambere yari iteraniye i Kigali kuva tariki 19-23/05/2014, abayobozi batandukanye bayitabiriye batangaje bimwe mubyo bifuza ko byaranga uyu mugabane mu bihe bizaza.
Ubwo habaga amarushanwa ku rwego rw’Intara y’Iburengerazuba ku bijyanye n’imiyoborere myiza kuri uyu wa 22 Gicurasi 2014 mu karere ka Karongi, bamwe mu baturage bari bitabiriye icyo gikorwa batangaje ko basanga byinshi bigaragaza ko bayobowe neza mu Rwanda.
Perezida wa Banki nyafurika itsura amajyambere (BAD), Donald Kaberuka yasabye ibihugu bitarashobora kwiyubaka kubera imvururu n’intambara zabibayemo nka Sudani y’epfo, Santrafurika (CAR), Somalia n’ibindi, gufatira amasomo ku mateka y’u Rwanda.
Abategarugori bo mu Murenge wa Kinazi ho mu Karere ka Huye bibumbiye muri koperative Terimbere Mutegarugori, bakaba bahinga inyanya mu ihema (Green House), ku itariki ya 22/5/2014 bagenderewe n’umuyobozi w’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku bagore, Dr. Phumzile Mlambo Ngcuka bamugaragariza ibyo bagezeho babikesha (...)
Mu gutangiza inama mpuzamahanga ya Banki nyafurika itsura amajyambere (BAD) kuri uyu wa kane tariki 22/5/2014, abakuru b’ibihugu bayitabiriye bashingira ku mutungo kamere wa Afurika bahamya ko uyu mugabane ufite ejo hazaza heza; ariko ko ibihugu bigomba gushyira hamwe bigakemura ikibazo cy’imvururu no kubura ibikorwaremezo.
Ubushakashatsi ikigo cy’igihugu gishinzwe imiyoborere (RGB) cyakoze ku bijyanye n’uko abaturage b’akarere ka Rusizi babona ibyo bakorerwa burasaba ko abayobozi b’inzego z’ibanze bo muri aka karere barushaho kwegera abaturage babaha serivisi zinoze kandi nabo baba bagizemo uruhare.
Agasozi ka Sabanegwa gaherereye mu gishanga cy’Akanyaru mu karere ka Gisagara aho u Rwanda ruhurira n’u Burundi; hakaba hashize igihe Abanyarwanda bemeza ko ari akabo Abarundi nabo bakavuga ko ari akabo nk’uko abahaturiye babivuga.
Ubwo yasubizaga ikibazo cy’ibyo umuyobozi nyawe yakora kugirango igihugu gikomeze kugira ibihe byiza no kugira imiyoborere ihamye mu gihe yaba amaze gusimburwa, Perezida Kagame yavuze ko ikimushishikaje ari uguharanira gusiga ibikorwa by’indashyikirwa kurusha gusimburwa gusa, kugira ngo abamusimbuye batazubakira ku busa.
Kubera amateka yaranze Intara y’Amajyaguru cyane cyane icyahoze ari Perefegitura ya Ruhengeri, muri ako gace hashyizeho ibyapa n’indamukanyo zihariwe n’abo mu Majyaruguru zigamije gukangurira abaturage ubumwe n’ubwiyunge no kurandura ingengabitekerezi ya Jenoside ariko ibyo ubona bigenda bikendera buhoro buhoro.
Ministiri w’uburinganire n’iterambere ry’umuryango, Oda Gasinzigwa, uri mu batanze ikiganiro ku ihame ry’uburinganire mu nama ya Banki nyafurika itsura amajyambere BAD iteraniye i Kigali, yavuze ko u Rwanda rwavuye mu mategeko n’amagambo ruha amahirwe angana igitsina gabo n’igitsina gore.
Nyuma y’imyaka 13 hatangijwe politiki yo kwegereza ubuyobozi n’ubushobozi abaturarwanda, ikigo cy’igihugu gishinzwe imiyoborere myiza (RGB) kiri gutegura iteka rya Minisitiri w’Intebe rijyanye no kunononsora iyi politiki mu mirimo yihariye imwe n’imwe, kugira ngo irusheho kugenda neza.
Abakozi 20 ba Scar Security Company icunga umutekano baravuga ko birukanwe badategujwe nyuma yuko bishyuje amezi abili bari bamaze badahembwa bakabwirwa ko bazahita babahemba none amaso ngo yaheze mu kirere.
Umunyamabanga wa mbere muri ambasade y’ubuholandi mu Rwanda, Vasco Rodrigues yasuye inkambi ya Kigeme iherereye mu karere Nyamagabe agamije kureba aho imirimo yo kubaka “one stop Center” mu rwego rwo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina igeze, dore ko igihugu cyUbuholandi ari bamwe mu bayiteye inkunga binyuze mu (...)
Banki nyafurika itsura amajyambere (BAD) yavuze ko mu mpamvu zayiteye gutumira abayobozi n’impuguke mpuzamahanga mu nama ibera i Kigali kuva tariki 19-23/5/2014, harimo kuyibwira uburyo bazakemura ikibazo cy’imvururu n’amakimbirane muri byinshi mu bihugu bya Afurika.
Benshi mu mfungwa n’abagororwa bafungiye muri gereza ya Nyanza barakize baniyemeza kureka imigambi mibi bari bafitiye abantu bari hanze ya gereza, nyuma y’amasengesho bagejejweho na Padiri Ubald Rugirangoga umaze kumenyekana cyane mu Rwanda kubera impano avuga ko afite yahawe n’Imana yo gusengera abantu.
Intumwa yihariye ya UN ishinzwe ku buryo bwihariye ibibazo by’ingufu zakoreshwamo amashanyarazi, Dr Kandeh Yumukella, yabwiye perezida w’u Rwanda ko Umuryango w’Abibumbye wifuza ko u Rwanda rwawufasha mu kumurikira ibindi bihugu uko izo ngufu zitezwa imbere kandi zikagirira abaturage akamaro.