Abamotari bari bibumbiye muri sosiyete SOTRAGERU (SOCIETE DE TRANSPORT GENERAL DE RUSIZI) bahisemo kuyisesa batangiza koperative kugirango bazabashe gukemura ibibazo byagiye bigaragara muri iyi sosiyete.
Mu karere ka Nyamagabe hatashywe ku mugaragaro ikigo (one stop center) cyizajya gitanga ubufasha mu bujyanama, ubuvuzi ndetse no mu mategeko hagamijwe kurwanya no gukumira ihohoterwa rishingiye ku gitsina, kikazatanga serivisi ku mpunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi ya Kigeme n’abaturage bayituriye.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aime yasabye imbabazi Perezida Kagame mu izina ry’abandi bayobozi n’abaturage bo mu Ntara y’Amajyaruguru kubera ko bamwe mu bayobozi bo muri iyo ntara banduje isura yabo bagambaniye igihugu bagakorana n’umutwe wa FDLR mu bikorwa byo guhungabanya umudendezo w’igihugu.
Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, yongeye kwihanangiriza abagifite imigambi yo guhungabanya umudendezo w’Abanyarwanda, ko bazahura n’ingaruka zikomeye igihe cyose iyo migambi batayihagaritse kuko umutekano w’u Rwanda ari ishingiro ry’ibimaze kugerwaho n’ibiteganwa kuzagerwaho.
Mu gihe hari abarwanya gahunda ya Ndi Umunyarwanda bavuga ko nta mpamvu yo kwibutswa ko ari Abanyarwanda kandi bo ubwabo basanzwe babizi, abanyeshuri biga mu ishuri ry’imyuga IPRC-South bo bavuga ko nta mpamvu yo kuyirwanya kuko ifite akamaro cyane.
Abagore ntibishimiye ko badahabwa imyanya ihagije mu nzego z’akazi zo hasi nyamara bishimira intambwe bateye yo kuba bamaze kugira imyanya ihagije mu nzego zo hejuru cyane cyane mu nteko ishinga amategeko.
Abitandukanije n’abacengezi hamwe n’abafasha babo bo mu turere twa Rusizi na Nyamasheke baratangaza ko ubu ari aba mbere mu kumva neza ibyiza n’akamaro bya gahunda ya “Ndi Umunyarwanda”.
Abayobozi b’inama y’igihugu y’urubyiruko (NYC) mu karere ka Musanze no mu mirenge ikagize, bavuga ko kuba basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali (ruri ku Gisozi), byabahaye ubunararibonye bwo kubwira bagenzi babo ko kwifatanya n’umwanzi ari uguta umwanya, ahubwo bagomba kurwana urugamba rwo kwiteza imbere.
Urwego rw’igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa mu Rwanda rwafashe icyemezo cyo kwimura abagororwa basaga 5880 bari bafungiye muri gereza ya Muhanga bajyanwa muri gereza ya Mpanga iherereye mu karere ka Nyanza no muri gereza ya Karubanda iherereye mu karere ka Huye, zose zo mu ntara y’amajyepfo.
Gereza ya Muhanga iherereye mu karere ka Muhanga mu ntara y’amajyepfo yibasiwe n’inkongi y’umuriro mu ma saa sita z’amanywa ku wa gatatu tariki 04/06/2014, igice cyayo kibamo abagororwa kirakongoka.
Impunzi z’Abanyekongo zikambitse mu nkambi ya Nyabieke iherereye mu karere ka Gatsibo, zamurikiwe zimwe mu nzego z’umutekano zirimo Police, abinjira n’abasohoka mu gihugu ndetse n’urwego rwa Minisiteri y’ibiza no gucyura impuzi (MIDIMAR) muri iyi nkambi.
Me Ntaganda Bernard washinze ishyaka rya PS Imberakuri ritavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda yasohotse muri gereza ya Nyanza yari afungiyemo uyu munsi kuwa 04/06/2014 ahagana ku isaha ya saa moya za mu gitondo, nyuma yo kurangiza igifungo cy’imyaka ine yari yarakatiwe n’urukiko.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi (UNHCR) urashima cyane uburyo u Rwanda rufata neza impunzi zihungira mu gihugu, ngo agasanga ibi bikwiye gukorwa n’ibindi bihugu ku isi.
Abatoza b’intore barangije itorero ryaberaga i Nkumba, mu karere ka Burera, barasabwa gushyira mu bikorwa ibyo bigiye muri iryo torero, babitoza abandi kugira ngo Abanyarwanda barusheho kuba intore nyazo.
Ingabo z’igihugu zikorera mu karere ka Rusizi zifatanyije n’abaturage bo mu tugari twa Miko na Kabasigirira bo mu murenge wa Mururu mu gikorwa cyo gusiza ikibanza cyo kubakamo ivuriro abaturage bo muri utwo tugari bazajya bivurizaho.
Mu nteko rusange y’urubyiruko rwo mu Karere ka Musanze yateranye kuri uyu wa Kabiri tariki 03/06/2014, urubyiruko rwiyemeje ko rugiye kurushaho gukora rukiteza imbere rukima amatwi ababashukisha amafaranga ngo barushore mu bikorwa byo guhungabanya umutekano w’igihugu.
Umuryango RWAMREC uharanira ko abagabo bagira uruhare mu kwimakaza uburinganire bwabo n’abagore, uratangaza ko ibiganiro ku mibanire y’aba bombi bigenda bitanga impinduka mu mibereho yabo ituma babana neza kandi umugabo akarushaho kugira uruhare mu kwita ku muryango we.
Umugabo witwa Nsengiyumva Claude utuye mu mudugudu wa Kigarama mu murenge wa Remera mu karere ka Gatsibo, afungiye kuri station ya Kiramuruzi akurikiranyweho icyaha cyo gutema umugore we witwa Uwase Divine w’imyaka 20 akamukomeretsa bikaviramo urupfu.
Minisitiri w’Umutungo kamere, Stanislas Kamanzi arakangurira Abanyarwanda gukoresha neza ubutaka buto bafite kugira ngo bubyare umusaruro uhagije uhaza igihugu ndetse bakanasagurira amahanga, ngo kutabyaza umusaruro ubwo butaka bibangamiye gahunda ya Leta yo kongera ubukungu.
Umusore witwa Revelien Kabera afungiye kuri Polisi ishami rishinzwe kurwanya magendu akurikiranyweho icyaha cyo kwiyitirira umukozi w’iri shami agaca abacuruzi amande, ababwira ko nibatayamuha azabatanga bagafungwa.
Nubwo akarere ka Nyamagabe ariko katangirijwemo ku rwego rw’igihugu igikorwa cyo kwandika ubutaka, imibare irerekana ko abaturage hafi 76% aribo bamaze gufata ibyangombwa bya burundu by’ubutaka bwabo.
Nyuma yuko diyosezi gatorika ya Kibungo iboneye umushumba mushya mu kwezi kwa Karindwi umwaka ushize wa 2013, Mgr Kambanda Antoine , yashyizeho igisonga cye (umwungirije) mu rwego rwo kuzuza inzego za Kiliziya muri diyosezi zitari zuzuye.
Imidugudu igize umurenge wa Bweyeye mu karere ka Rusizi yarushanyijwe aho igeze yiteza imbere mu rwego rwo kurushaho gukangurira abaturage kumenya ibibakorerwa no kubigiramo uruhare rugaragara.
Abayoboke b’Ishyaka ry’Iterambere n’Ubusabane (PPC) bo mu Ntara y’Iburasirazuba barasabwa kwimakaza ihame ry’uburinganire, gushyigikira gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” no kugira uruhare muri gahunda z’iterambere zishyirwaho na Leta y’u Rwanda.
Urubyiruko rwa FPR-Inkotanyi ruri mu mahugurwa mu karere ka Rutsiro rwifatanyije n’abaturage b’akagari ka Congo Nil mu murenge wa Gihango mu muganda rusange usoza ukwezi kwa gatanu 2014, bakora igikorwa cyo guhanga umuhanda mushya, boroza n’abantu batatu.
Perezida wa Sena, Dr Ntawukuriryayo Jean Damascene, ari kumwe n’itsinda ry’abasenateri kuri uyu wa Gatandatu tariki 31/05/2014, yifatanyije n’abaturage b’umurenge wa Mwendo mu karere ka Ruhango mu gikorwa cy’umuganda rusange usanzwe uba buri wa gatandatu wa nyuma w’ukwezi.
Umuganda rusange wabaye tariki 31/05/2014 mu Karere ka Gakenke waranzwe no kubakira umwe mu Banyarwanda birukanwe mu gihugu cya Tanzania hamwe n’ibindi bikorwa birimo gukora ahazanyuzwa amazi kugirango arusheho kwegera abaturage.
Ubwo Abanyakanada bakora mu muryango utegamiye kuri Leta witwa Inspire Africa bifatanyaga n’Abanyakarongi mu muganda usoza ukwezi wabaye tariki 31/05/2014, batangaje iwabo na bo bakeneye ibikorwa nk’iby’umuganda ngo bibafashe kumenyana no gusabana.
Ubuyobozi bw’akarere ka Ngororero buvuga ko aka karere kiyemeje gusaba abatuye aka karere gukangurira bene wabo bari mu mutwe wa FDLR gutaha, kuko ariko kaza ku isonga mu bari muri mutwe bahunze ariko bakaba bagikora ibikorwa by’iterabwoba.
Abana b’abakobwa biga mu ishuri ryisumbuye rya Gishoma riri mu murenge wa Rwimbogo, mu karere ka Rusizi barishimira ko bashyiriwe ho n’ikigo cyabo aho bahurira bakaganira ku buzima bwabo bwaba ubw’imyororokere, imyitwarire y’umwana w’umukobwa w’umunyarwandakazi muri rusange.