Kuri uyu wa gatatu tariki 12/06/2013, imwe mu miryango yabanaga mu makimbirane mu murenge wa Musebeya mu karere ka Nyamagabe yatangaje ko yamaze gufata umwanzuro wo kwisubiraho ikiyemeza kubana neza.
Kuko byagaragaye ko umubare w’abagore bitabira kubitsa no gusaba inguzanyo mu bigo by’imari mu karere ka Gisagara ukiri hasi, abagore barasabwa kwitinyuka nabo bakamenya gukora imishinga ibateza imbere maze bakanatinyuka bakegera ibi bigo by’imari bikabaguriza bikanabazigamira.
Mu kiganiro yatanze ubwo ishuri INILAK ishami rya Nyanza ryibukaga ku nshuro ya 19 Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, Hon. Depite Kalima Evode yanenze abantu bari barize muri icyo gihe ariko ntibibabuze kuyigiramo uruhare.
Ibyo bigo byashyikirijwe izo nkunga kuri uyu wa gatatu tariki 12/06/2013, ni ikigo nderabuzima cya Kimironko, Ikigonderabuzima cya Kinyinya n’Ikigo nderabuzima cya Nyabihu.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’i Burengerazuba, Jabo Paul, aragira inama ubuyobozi bw’akarere ka Karongi guhiga imihigo itazababera ingorabahizi mu gihe cyo kuyishyira mu bikorwa.
Ibitaro bya Gisirikare bya Kanombe (RMH) byasinyanye amaserano y’ubufatanye n’ibya Faycal. Amasezerano y’imikoranire yasinwe kuri uyu wa Gatatu tariki 12/06/2013, azibanda mu guhererekanya abaganga no guhanahana ubunararibonye mu buvuzi.
Pastori Munyabugingo Sawuli na Harerimana Etienne bakurikiranweho gusengera abantu ntibajyanwe kwa muganga ndetse bakanabapfiraho.
Nyuma y’impaka z’urudaca n’imyigaragambyo mu mujyi wa Nairobi, abadepite ba Kenya bashyize bemera kugabanya umushahara wabo ho 40% ariko bahabwa amafaranga y’imodoka agera ku bihumbi 58 by’amadolari.
Umugabo witwa Ntirera David utuye mu Kagali ka Ruhinga, Umurenge wa Kivuruga ho mu Karere ka Gakenke avuga ko adashaka gutandukana n’umugore we kugira ngo isambu ye batayigana.
Umuhanzi Alexis Dusabe ufite igitaramo tariki 30/06/2013, avuga ko imyiteguro we n’abandi bahanzi bazaba bari kumwe bayigeze kure kubera ko yihaye intego yo kugirango igitaramo cye kizabe ari ntamakemwa.
Ikipe ya Rayon Sport, bitunguranye, izitabira imikino ya CECAFA Kagame Cup igomba kubera muri Sudani mu cyumweru gitaha, nyuma y’ubutumire yahawe n’Ubuyobozi bwa CECAFA.
Jean Pascal Labille, Minisitiri w’u Bubiligi ushinzwe ubutwererane n’Amahanga mu gutera imbere amajyambere, arasaba Abanyarwanda ko bakwiye gutahiriza umugozi umwe no gufasha bagenzi babo, niba bifuza kugira igihugu giteye imbere.
Abagabo babiri b’Abafaransa, Jean Dujardin na Gilles Lellouche, baherutse gusohora firimi ikubiyemo ubushakashatsi bugaragaza ukuntu umujyi wa Paris (umurwa mukuru w’Ubufaransa) ubamo abantu bashakanye benshi bacana inyuma kurusha indi mijyi yose yo ku isi.
Abayobozi n’abarezi b’ibigo by’amashuri by’itorero rya EAR (Eglise Anglican au Rwanda) mu karere ka Ngororero bavuga ko bamwe mu babyeyi bafite abana biga kuri ayo mashuli babatererana mu gukurikirana imyigire y’abana bigatuma bamwe batsindwa.
Akarere ka Gicumbi kagiye gukora ibishoboka byose mu gihe cya vuba gakorane amasezerano y’ubufatanye n’ikigo cya IRST kugirango bashake uburyo bimwe mu bihingwa icyo kigo gikenera biboneka muri ako karere biteze imbere abaturage.
Impuguke icyenda mu by’amategeko zikorera Komisiyo y’igihugu ishinzwe kuvugurura amategeko (NLRC) baregeye Ministeri y’abakozi ba Leta n’umurimo (MIFOTRA) ko bashatse gusaba kongezwa umushahara bemererwa amategeko, bakaza gutungurwa no gukoreshwa ikizamini ngo kitemewe, cy’amananiza atuma bava mu kazi.
Uwineza Carine w’imyaka itatu y’amavuko wo mu murenge wa Nyamiyaga mu kagari ka Gahumuriza mu mudugudu w’Amajyambere mu karere ka Gicumbi yarohamye mu mugezi witwa Mwange ahita y’itaba Imana.
Ubuyobozi bw’itorero ry’abapentekote mu Rwanda (ADEPR) buratangaza ko amakimbirane yigeze kuranga iryo torero mu myaka yashize atazongera kubaho kuko hafashwe ingamba mu kuyakumira, zirimo kwimakaza imiyoborere myiza.
Abanyeshuri batanu batawe muri yombi na Polisi ikorera mu karere ka Ruhango bakekwaho kugira uruhare mu nkongi y’umuriro yibasiye ishuri bigaho rya Ecole des Sciences de Byimana inshuro eshatu
Abajyanama b’ubuzima bo mu murenge wa Nyamirama mu karere ka Kayonza baguze imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Dyna ku mafaranga miliyoni 15 ikazabafasha kurushaho kwiteza imbere.
Umujyi wa Kigali wahembye abanyeshuri bitwaye neza mu marushanwa yo gusoma no kwandikwa. Wanahembye ibigo by’amashuri byitwaye neza mu kurangwa n’isuku no gukurikiza gahunda za Minisiteri y’Uburezi.
Ibigo bitandukanye bikorera mu karere ka Rusizi byaba iby’ubucuruzi, amabanki, amakoperative n’ibindi birashaka uburyo byigurira imodoka zifashishwa mu kuzimya umuriro mu rwego rwo kurwanya inkongi z’umuriro zikunze kuvuka cyane cyane mubihe byimpeshyi.
Inda ni udusimba tubamo amoko menshi atandukanywa n’amabara yazo. Harimo Aphis craccivora na Aphis Pomi.
Rafael Nadal, icyamamare mu mukino wa Tennis na Minisitiri w’Umuco muri Chili bakoze amakosa ku cyumweru batangaza ku nkuta zabo za Twitter ko umukambwe Nelson Mandela yitabye Imana.
Ministeri y’uburinganire n’iterambere ry’umuryango (MIGEPROF) irifuza ubufatanye bw’abafite aho bahuriye no guteza imbere abagore n’abakobwa, aho ngo bagomba kugira uruhare rugaragara, kugirango ikigero cy’ubukene n’imyumvire mike kirusheho kugabanuka.
Ishuli ribanza rya Busoro ryubatse mu kagali ka Masangano mu murenge wa Busoro ryibutse abanyeshuli 24 n’umwarimu wabo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Uwamusetsa Marianna w’imyaka 30 wo mu mudugudu wa Rwabagoyi, akagari ka Mataba mu murenge wa Shangi afungiye kuri Station ya Polisi ya Ruharambuga akekwaho kwica umwana yari yabyaye mu gitondo cyo wa kabiri, tariki 11/06/2013, ariko we akabihakana.
Nyuma yo guhabwa amahugurwa n’umuryango Cooperate Out of Poverty (Coop- Rwanda) babereka uburyo bakorora inka neza zikabafasha kwikura mu bukene, amakoperative icyenda aturuka mu mirenge itatu y’akarere ka Nyabihu yahawe inka 45.
Abayobozi b’utugari n’imidugudu mu karere ka Nyamasheke kuri uyu wa 11/06/2013 basabwe kwirinda gusiragiza abaturage mu nzira ahubwo bakamenya ko bagomba kubakemurira ibibazo.
Habamungu Isac utuye mu murenge wa Rukira yateye urugo rw’uwahoze ari umugore we Ingabire Monique, tariki 10/06/2013, ateragura abantu ibyuma bane bari bahuruye umwe muri bo yitaba Imana.
Nubwo hashyizweho uruzitiro rukumira inyamaswa kuva muri pariki y’Akagera zikangiza imyaka y’abaturage ndetse bamwe zikabahitana ngo ntibyakemuye ikibazo burundu kuko mu gitondo cya tariki 10/06/2013 uwitwa Nkurikiyumukiza Jean Pierre w’imyaka 19 wo mu murenge wa Karangazi yishwe n’imbogo ajya gutema amasaka.
Abana babiri bari munsi y’imyaka 17 n’umusore w’imyaka 22 batawe muri yombi n’ aba-local defense bakurikiranweho kwiba terefone ngendanwa mu isoko rya Gakenke, Akarere ka Gakenke kuri uyu wa Kabiri tariki 11/06/2013.
Abanyeshuri biga mu ishuri ryisumbuye rya E.S.Gahunga riherereye mu murenge wa Gahunga, mu karere ka Burera, barasaba ubuyobozi bw’ako karere kubarinda impanuka bakunze guhura nazo kubera umuhanda wa kaburimbo unyura mu kigo cyabo.
Mu mahugurwa y’iminsi ibiri yitabiriwe n’abayobozi batandukanye bakorera mu karere ka Kirehe bigishijwe ko service nziza atari ugushimira umukiriya gusa, kuko niyo yaba ibyo agusaba bidahari ashobora kugenda yishimye nta kibazo afite bitewe n’uburyo yakiriwe.
Umuhanzi Kizito Mihigo hamwe n’abandi bahanzi batandukanye ku bufatanye na komisiyo y’igihugu y’amatora bakoreye igitaramo mu isoko rya Nyakarambi mu karere ka Kirehe mu rwego rwo gusobanurira abaturage amatora y’abadepite ateganijwe mu kwezi kwa cyenda.
Umukozi wo muri banki yo mu Budage yasinziriye atsikamiye umubare kabiri, maze aho yagombaga kohereza amayero 62,40 ahohereza 222.222.222,22.
Hagumimana Jean Bosco asabira imbabazi gutunda no gucuruza ikiyobyabwenge cy’urumogi, akavuga ko kuva yafatwa amaze kumenya ububi bwacyo kandi agisabira imbabazi.
Abagabo batatu bazwi ku mazina Bernard T., Félicien B. na Jean Bosco U. bagejejwe imbere y’ubushinjacyaha mu gihugu cy’Ubudage kuri uyu wa kabli taliki 11/06/2013 bakurikiranyweho gukorana n’umutwe wa FDLR ushinjwa ibikorwa by’ubwicanyi, gufata abagore ku ngfu no guhungabanya umutekano.
Ubwo Perezida wa Repubulika y’u Rwanda yaganiraga n’abaturage b’akarere ka Musanze kuri uyu wa kabiri tariki 11/06/2013, bamwijeje ko batamutererana mu rugamba rwo kwigira n’iterambere igihugu cyiyemeje, nawe abizeza hamwe n’Abanyarwanda bose muri rusange umutekano usesuye.
Ministeri y’abakozi ba Leta n’umurimo (MIFOTRA), irishimira ko abana bakoreshwa imirimo ivunanye bavuye kuri 11.3% mu mwaka wa 2008, ubu bakaba basigaye gusa ku kigereranyo cya 1.1%.
Ubwo hatangizwaga icyumweru cya Polisi mu karere ka Kirehe, hasobaniwe ko Polisi yihaye inshingano yo gukangurira abantu cyane cyane urubyiruko kwirinda ibisindisha n’ibiyobyabwenge kuko bibangiriza ubuzima.
Umwana w’umuhungu w’imyaka 15 ukomoka mu murenge wa Base ho mu karere ka Rulindo, avuga ko yishe umwana w’umukobwa w’umuturanyi w’iwabo wari afite imyaka itatu.
Mu rwego rwo kubaka ikipe ya Rayon Sport, umutoza wayo Didier Gomez Da Rosa, afite gahunda yo gusezerera abakinnyi batandatu batagaragaje umusaruro mwiza muri shampiyona, akagura abandi 10 bazatuma ikipe ikomera kurushaho.
Igikorwa cyo gutangiza icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi mu karere ka Huye cyaranzwe no gusibura hamwe mu hari ibimenyetso bigaragaza aho abanyamaguru bambukira mu muhanda wa kaburimbo (zebra crossing) unyura rwagati mu mujyi wa Butare.
Kuri uyu wa 11/06/2013 mu gihugu hatangiye icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi. Mi mihango yabereye mu mpande zitandukanye z’igihugu hatanzwe ubutumwa bugaragaza inshingano za Polisi n’akamaro zifitiye abaturage.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ibarurishamibare mu Rwanda (NISR) gitangaza ko ibiciro ku masoko mu mijyi byoyongereyeho 2,98 % mu gihe mu cyaro byiyongereyeho 4,85% kuva Gicurasi 2012 kugera Gicurasi 2013.
Binyuze muri gahunda ya Hanga Umuriro, Nkiko Jean De Dieu utuye mu murenge wa Jenda mu karere ka Nyabihu hamwe n’umugore we babashije kubaka Hotel ntoya cyangwa se “Moteli”.
Abahinzi bo mu karere ka Nyagatare barakangurirwa kwitabira ubuhinzi bw’imbuto y’ibishyimbo nshya ikungahaye ku ntungamubiri ndetse igatanga n’umusaruro uhagije ugereranyije n’ibindi bari basanzwe bahinga.
U Rwanda ruritegura kwakira uburyo bugezweho ku isi bwa 4G LTE bukoresha internet yihuta ya mbere ku isi. Bikazashoboka nyuma y’uko Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB) gisinyanye amasezerano y’imikoranire n’’ikigo cy’itumanaho cyo muri Koreya y’Epfo (KT).