Abanyeshuri bo mu karere ka Burera barangije icyiciro cya mbere cy’itorero ryo ku Rugerero batangaza ko bishimira kuba baragiye ku Rugerero kuko byatumye bakoresha imbaraga zabo mu kubaka igihugu cyababyaye.
Ikipe y’u Rwanda y’umukino wa Basketball mu bagabo, nyuma yo kuva muri Mozambique aho yatsindiwe mu mukino itatu ya gicuti yakinnye n’ikipe y’icyo gihugu, igiye kwerekeza muri Senegal, aho izakomereza imyitozo yitegura imikino y’igikombe cya Afurika.
Kapiteni wa Kiyovu Sport Eric Serugaba warangije amasezerano yari afitanye n’iyo kipe, ubu arashakishwa cyane na AS Kigali ishaka kumugura, ndetse akaba amaze iminsi akorera imyitozo muri iyo kipe y’umugi wa Kigali.
APR FC yamaze kugera ku mukino wa nyuma w’igikombe cya ‘CECAFA Kagame Cup’ kirimo kubera muri Soudan, nyuma yo gusezerera El Merreikh yo muri Soudan iyitsinze penaliti 3-1 mu mukino wa ½ cy’irangiza wabaye ku wa gatanu tariki ya 28/6/2013.
Ubuyobozi bw’ikigo cy’igihugu gishinzwe gukwirakwiza umuriro w’amashanyarazi isuku n’isukura (EWSA) Station ya Ngoma, buhangayikishijwe n’ikibazo cy’ubujura bw’ibikoresho birimo n’insinga z’amashanyarazi zirikwibwa aho ziba zensitaye mu baturage.
Abanyarwanda birukanywe mu gihugu cya Tanzania nyuma yo kukanyagwa n’amatungo yabo, ubu batujwe mu murenge wa nyamugari mu karere ka kirehe batangiye korozwa inka binyuze muri gahunda ya Girinka, aho bagabiwe n’abaturage bari barorojwe mbere.
Inama Njyanama y’akarere ka Rutsiro yemeza ko bateganyije ibizakorwa mu ngengo y’imari hashingiwe ku mafaranga bafite aho bazayakura kandi bizeye ko azaboneka. Ibi bakabishingira ko n’ubwo ingengo y’imari y’akarere y’umwaka wa 2013-2014 yagabanutse ugereranyije n’iy’umwaka.
Guteza imbere imibanire myiza mu muryango, hamaganwa imirimo mibi ikoreshwa abana, nibyo byibanzweho mu gikorwa cyo kwizihiza umunsi w’umwana w’umunyafurika cyabaye kuri uyu wa 28 Kamena mu Karere ka Gatsibo mu Murenge wa Kabarore.
Abanyeshuri bo mu karere ka Burera barangije ikiciro cya mbere cy’urugerero batangaza ko bishimira kuba baragiye ku Rugerero ariko bakavuga ko hari ibikwiye guhinduka kugira ngo abazakora urugerero mu gihe kizaza bazarukore uko bikwiye.
Inkongi y’umuriro yabaye tariki 25/06/2013 ndetse umuriro ukaza kongera kwihembera ku munsi wakurikiyeho yibasiye ishyamba ryo mu murenge wa Kilimbi mu karere ka Nyamasheke utwika ishyamba rifite ubuso busaga hegitare 16.
Abaturage bo mu murenge wa Rubavu akarere ka Rubavu bavuga ko bishimiye guhinga imbuto za pomme bari basanzwe babona mu isoko batazi ko zishobora kwera ku butaka bwabo.
Ikipe y’u Rwanda y’umukino wa Volleyball mu batarengeje imyaka 19 yatsinzwe n’Ubufaransa mu mukino wayo wa mbere w’igikombe cy’isi kirimo kubera muri Mexique.
Abanyarwanda 171 bageze mu Rwanda kuri uyu wa gatanu saa 11h32 bavuye muri Congo aho batangaje batunguwe no gusanga u Rwanda ari rwiza bitandukanye n’uko barubwirwaga.
Guvernema y’u Rwanda yasabye ubuyobozi bw’uturere gukoresha amarushanwa y’imikino yitwa “Umurenge Kagame Cup” mu tugari twose two mu gihugu, mu rwego rwo guteza imbere siporo, gukangurira abaturage kwitabira gahunda za Leta no kwishimira iterambere rigenda rigerwaho.
Umubyeyi w’abana babiri witwa Kayitare Pierre Claver arangije Kaminuza abikesha akazi akora ko gutwara moto mu mujyi wa Musanze, kuko katumaga abona amafaranga yo kwiyishyurira ishuri ndetse no gutunga urugo rwe.
Mu nama ihuje abadepite bagize ihuriro rishinzwe kurwanya ruswa mu muryango wa Afurika y’Uburasirazuba (APNAC), iteraniye i Kigali kuri uyu wa Gatanu tariki 28/06/2013, hatangiwe igitekerezo cy’uko ingengo y’imari igenerwa ibikorwa bigamije kurwanya ruswa yakongerwa.
Rayon Sport yabonye itike yo gukina ½ cy’irangiza mu gikombe cya ‘CECAFA Kagame Cup’, nyuma yo gusezerera Uganda Revenue Authority (URA) yo muri Uganda iyitsinze ibitego 3-2, ikazakina na Vital’o yo mu Burundi muri ½ cy’irangiza, ku wa gatandatu tariki 29/06/2013.
Umukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro cya 2013 wagombaga kuzakinwa ku wa kane tariki 04/07/2013 wimuriwe ku wa gatandatu tariki 06/07/2013, bitewe n’uko APR FC igomba kuzahatanira umwanya wa gatatu muri icyo gikombe, ubu iri muri CECAFA muri Soudan.
Abakozi ba World Vision ADP Nyarutovu basuye imiryango 51 y’abacitse ku icumu bo mu karere ka Gakenke babaha inkunga igizwe n’imifarizo yo kuryamaho ndetse n’ibyo kurya byose bifite agaciro ka miliyoni 3 n’ibihumbi 300.
Muri gahunda yo kubonera urubyiruko rwinshi imirimo hashingiwe ku kwigisha imyuga n’ubumenyingiro (TVET), Guvernoma y’u Rwanda yakubye inshuro zirenga ebyiri ingengo y’imari yo guteza imbere uburezi bwa TVET, igera kuri miliyari 45,7.
Ubuyobozi bw’inama njyanama y’akarere ka Muhanga buratangaza ko kuba ku ngengo y’imari y’uyu mwaka wa 2012-2013 uri gushira harasagutse amafaranga agera kuri miliyoni 200 atari uko habuze ibikorwa akoreshwa ko ahubwo azimukanwa mu ngengo y’imari y’umwaka ukurikira kuko hari ibikorwa byari byaratangiwe agomba kurangiza.
Akimara kugera muri Senegal kuwa kane tariki 27/06/2013, Perezida Barack Obama aherekejwe n’abo mu muryango we, bahise bajya gusura ikirwa cya Goree cyubatseho inzu ndangamurage w’ubucakara.
Abanyeshuri biga mu ishuri rya ES Byimana riri mu karere ka Ruhango, baratangaza ko batazigera binubira ubuzima barimo kuko abanyeshuri bagenzi babo aribo batumye bahura n’ibi bibazo.
Senderi International Hit afite gahunda ko natwara Guma Guma azigisha amategeko y’umuhanda urubyiruko rutagize amahirwe yo gukomeza amashuri. Ngo azishyurira urubyiruko 100 kuri buri site yigisha amategeko y’umuhanda.
Bashingiye ku buryo amatora y’Abadepite yabanje yagenze, abafite aho bahurira n’ibikorwa by’amatora mu karere ka Rulindo baratangaza ko ubu bafite icyizere gihagije cy’uko amatora y’intumwa za rubanda azaba muri Nzeri azagenda neza.
Nyuma y’ubukwe bwapfuye kubera umusore yabuze amafaranga yo gukwa, bamwe mu basore baravuga ko bifuza ko umuco wo gukwa inka wagaruka kuko ariyo itarushya kubona, kandi ikaba yungukira umuryango w’umukobwa n’urugo rushya.
Umuryango w’ubukungu bw’ibihugu byo mu biyaga bigari (CEPGL) wibutse ku nshuro ya kabiri abakozi bawo batandatu bishwe mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Umugore witwa Uwizeyimana Kezzia wo mu kagari ka Kigembe, umurenge wa Gacurabwenge, yatahuwe ko umwana yazanye ku murenge amusabira ubufasha ko yamutoraguye, ari uwa nyirarume wari waramumusigiye babyumvikanye.
Abana batatu muri bane bashinjwaga gutwika ishuri Ecole des Sciences Byimana riherereye mu Ruhango, bakatiwe imyaka ibiri y’igifungo undi akatirwa umwaka umwe n’igice n’urukiko rwisumbuye mu Karere ka Muhanga.
Amarebe ntikikiri icyatsi gihangayikishije abaturage bo mu karere ka Bugesera baturiye ibiyaga kuko ubu ahubwo icyari ikibazo kuri ubu gisigaye ari igisubizo kuribo.
Abanyeshuri barangije amasomo yabo mu ishuri rikuru INES Ruhengeri bavuze ko batagiye kuba ikibazo ku isoko ry’umurimo, ahubwo bajyanye ubumenyi babonye ku isoko, kugirango bagire uruhare mu iterambere ry’aho bazakora.
Mwizerwa Patrick w’imyaka 28, wari ushinzwe ubworozi mu murenge wa Uwinkingi mu karere ka Nyamagabe yitabye Imana mu ijoro rishyira tariki 27/06/2013 mu masaha ya saa tatu n’igice azize impanuka.
Umuyobozi w’ikigo nderabuzima cya Rususa, Beninka Leoncie, hamwe n’umucungamutungo witwa Nyirabashyitsi Gloriose bahagaritswe ku kazi kubera gukurikiranwaho kunyereza umutungo w’icyo kigo nderabuzima.
Perezida, Umucungamutungo n’Umucungamari ba SACCO Muhanda hamwe n’umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagali ka Bugarura mu murenge wa Muhanda bafunzwe bazira kuba baranyereje amafaranga ya SACCO y’umurenge wa Hindiro mu karere ka Ngororero.
Mu nama y’imihigo y’umwaka wa 2013-2014 yahuje Guverinoma n’inzego z’ibanze kuri uyu wa kane tariki 27/6/2013, uturere twasabwe kugaragaza ingamba zihamye zo gukangurira abaturage kuboneza urubyaro, hamwe n’ibikorwa binini bihindura bikanateza imbere imibereho y’Abanyarwanda bose.
Abanyamahirwe 15 batsindiye ibihembo by’amafaranga miliyoni imwe kuri buri wese, babishyikirijwe ubwo gahunda ya Yora Cash na MTN yageraga ku musozo, kuri uyu wa kane tariki 27/06/2103.
Mu ma saa tanu yo mu ijoro rishyira tariki 27/06/2013, ikamyo yari itwaye amavuta ya vidanje iyakuye i Mobassa iyajyana i Bujumbura yibirinduriye mu ikoni ry’aho bita ku mukobwa mwiza, mbere gato y’uko zinjira mu mujyi wa Butare.
Urwego rushinzwe kubungabunga ibidukikije mu Karere ka Gatsibo ruvuga ko abakora umwuga w’ububazji bo muri aka Karere batema ibiti bakoresha mu mwuga wabo ku buryo butemewe n’amategeko.
Abayobozi mu nzego zitandukanye n’abahinzi-borozi bagaragaje ibikorwa by’indashyikirwa mu karere ka kirehe kuva ku rwego rw’umudugudu kuzamura bashimiwe ku mugaragaro mu nkera y’imihigo yabaye tariki 26/06/2013 bahabwa n’ibihembo by’ibikoresho bizabunganira mu kazi bakora.
Nyuma y’umwaka wose Karamuka Junior uzwi nka producer Junior Multisystem avuye muri Bridge Records benshi banemeza ko yahavuye nabi, yagarutse avuga ko muri Bridge Records ari ku ivuko kandi ko nta kibazo yigeze agirana nabo.
Polisi y’u Rwanda mu karere ka Rwamagana icumbikiye abasore batatu bemera ko bibye umucuruzi witwa Uwurukundo Ignace igihe bari bamusabye ko ava mu iduka rye akajya kubayobora aho bavugaga ko bashaka gukodesha inzu.
Ubwo hemezwaga ingengo y’imari y’umwaka 2013-2014, abagize Inama njyanama y’akarere ka Ngoma bagaragaje ko bishimiye kuba baragize uruhare mu kuyitegura bitandukanye na mbere kuko yategurwaga n’akarere bakaza baje kuyemeza gusa.
Mahoro Alexis w’imyaka 28 y’amavuko yasanzwe mu muhanda wa kaburimbo yapfuye mu ijoro rya tariki 25/06/2013, ariko icyamwishe ntikiramenyekana.
Patient Bizimana, Gaby Irene Kamanzi na Alphonse Bahati batorewe guhatanira igihembo cy’umuhanzi nyarwanda muri African Gospel Music Awards kuri ubu bari kwitegura urugendo rwerekeza i Londre mu muhango wo gusoza ayo marushanwa tariki 06/07/2013.
Brig Gen Dan Gapfizi waguye mu mpanuka y’imodoka tariki 25/06/2013 azashyingurwa kuwa Gatanu, tariki 28/06/2013 mu irimbi rya Gisirikare Kanombe; nk’uko tubikesha itangazo ry’ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda (RDF).
Nyuma yaho mu tugari tumwe na tumwe hagiye habura ibikoresho, umuyobozi w’akarere ka Rusizi arasaba abayobozi kutarangara ngo bageze aho bibwa ibikoresho bya Leta. Mu kagari ka Shagasha baherutse kwiba televisiyo y’akagari yagenewe abaturage bayikuye mu biro by’ako kagari.
Abana 38 biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye mu karere ka Rusizi baratewe inda, abatungwa agatoki mu kubatera inda akaba ari abarezi babo akaba ariyo mpamvu ubuyobozi bw’akarere burimo inzego z’itandukanye batangiye igikorwa cyo kubakurikirana.
Inama Njyanama y’akarere ka Karongi yarateranye kuwa 26-06-2013, yemeza ko ingengo y’imari y’umwaka wa 2013-2014 ingana n’amafaranga miliyari 11 n’imisago; kandi ngo izakoreshwa neza kuruta iy’umwaka ugiye kurangira, kuko ngo amasoko azatangwa ku gihe kandi hakazabamo udushya twinshi.
Abacuruzi bacururiza mu ishoko rya Ruhango cyane cyane abakorera mu isoko rya kijyambere, barishimira imikorere ya radiyo nshya Ijwi rya Ruhango imaze iminsi mike itangiye gukorera mu mujyi wa Ruhango.
Kuri uyu wa gatatu tariki 26/06/2013, mu murenge wa Kamegeri mu karere ka Nyamagabe habereye umuhango wo gutaha no gushyikiriza minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi ibikorwa remezo byubatswe ku nkunga ya Koreya y’Epfo ngo bifashe abaturage bo mu murenge wa Kamegeri na Gasaka.