Ikipe ya Miami Heat yegukanye igikombe cya shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (NBA), nyuma yo gutsinda San Antonio Spurs amanota 95-88 ku mukino wa nyuma wabaye saa cyenda z’ijoro ku wa gatanu tariki 21/06/2013.
Mu ma saa kumi z’umugoroba tariki 21/06/2013 ikigo cy’imfubyi kitiriwe Mutagatifu Antoine kiri mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza cyafashwe n’inkongi y’umuriro maze aho abana b’abakobwa barara harashya.
Ubuyobozi bw’Intara y’Amajyepfo, tariki 21/06/2013, bwibutse kandi bwunamira abantu 93 bari abakozi bizahoze ari perefegitura za Gitarama, Butare na Gikongoro bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Muri gereza ya Huye, kuwa 21/6/2013 hatashywe uruganda rukora amasafuriya manini azwi ku izina rya muvero. Uru ruganda barushyizeho ku nkunga ya Croix rouge mpuzamahanga (CICR).
Abagabo bane bo mu murenge wa Rurenge, akagali k’Akagarama, umudugu wa Murambi, bari mu maboko ya Polisi station ya Kibungo bakurikiranweho icyaha cyo gutema inka.
Nyakubahwa Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba Mukuru w’Ikirenga w’Ingabo z’ u Rwanda (RDF),yurije mu ntera bamwe mu basirikare bakuru aho Lt.Gen. Patrick Nyamvumba yahawe ipeti rwa Jenerali, ahita agirwa umugaba w’ingabo.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) yageneye ibikoresho byo kwifashisha mu myuga rumwe mu rubyiruko rwo mu imwe n’imwe igize akarere ka Rulindo. Icyo gikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 21/06/2013, cyari kigamije gutera inkungas urwo rubyiruko rwize imyuga.
Abana b’ingagi 12 n’umuryango bahawe guhabwa amazina mu gikorwa ‘kwita izina’ cyaberaye mu murenge wa Kinigi akarere ka Musanze, kuri uyu wa Gatandatu tariki 22/06/2013. Benshi mu bayatanze bakurikije uko babona u Rwanda muri iki gihe.
Umuhango wo kwita izina wari umaze iminsi witegurwa watangiye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 22/06/2013, witabiriwe n’abaturiye Kinigi, Abanyarwanda baturutse mu bindi bice by’igihugu n’abanyamahanga barenga 450.
Igiko gishinzwe gukora ubushakashatsi ku ngagi KARISOKE Project Center, kiravuga ko cyakira byibura abanyeshuri bari hagati y’100 n’150 ba za kaminuza zitandukanye zo mu gihugu bari mu bushakashatsi ku bijyanye n’ingagi, iyo bari mu bushakashatsi bwabo.
APR FC ihagarariye u Rwanda mu irushanwa rya CECAFA Kagame Cup ririmo kubera muri Soudan yamaze kuba iya mbere mu itsinda rya mbere nyuma yo kunganya na El Merreikh igitego 1-1 mu mukino wabaye ku wa gatanu tariki ya 21/6/2013.
Abahanga mu bya siyansi bifuza kuzura ubwoko bw’utunyamasyo"Geochelone Abigdoni", nyuma y’aho akanyamasyo rukumbi ko muri ubwo bwoko kitwaga "Georges le solitaire" kari gasigaye kapfuye tariki 24/06/2012.
Orchestre Impala irataramira abakunzi bayo n’Abanyarwanda muri rusange, mu gitaramo bateguye kuri uyu wa Gatandatu tariki 22/06/2013 i Nyamirambo kuri Stade Regional guhera ku isaha ya saa munani z’amanywa.
APR FC ihagarariye u Rwanda mu irushanwa rya CECAFA Kagame Cup ririmo kubera muri Soudan yamaze kuba iya mbere mu itsinda rya mbere nyuma yo kunganya na El Merreikh igitego 1-1 mu mukino wabaye ku wa gatanu tariki ya 21/6/2013.
Abasigajwe inyuma n’amateka bo mu Kagali ka Rusagara, Umurenge wa Gakenke mu Karere ka Gakenke, bavuga ko mbere babagaho mu nzu zidafatika banyagirwa none basigaye baba mu nzu z’amabati.
Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo cyemeye kubanza gukora ibarura ry’impunzi zahungiye muri iki gihugu kivuga ko zitazwi n’umuryango mpuzamahanga wita ku mpunzi HCR, kugira ngo izabone uko isinya amasezerano aca ubuhunzi muri iki gihugu.
Ingabo z’u Rwanda ku bufatanye na leta Zunze Ubumwe z’Amerika zatashye ku mugararagaro ikigo nderabuzima cyo gufasha kuvura ingabo n’abaturage muri rusange. Ikigo kizaba giherereye mu karere ka Gicumbi.
Libératha Mukamana w’imyaka 38 utuye mu mudugudu wa Muganza mu kagali ka Kiruli mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza, yafashwe mu gicuku cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 22/06/2013 atetse inzoga iteweme ya Kanyanga.
Dr. Mathias Haberamungu, Minisitiri wa Leta w’amashuri abanza n’ayisumbuye, yasuye abanyeshuri bo mu ishuri rya E S Byimana, kuri uyu wa Gatanu tariki 21/06/2013, nyuma y’uko abari bihishe inyuma y’inkongi z’umuriro baterewe muri yombi bagashyikirizwa ubutabera.
Mu muhango wo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’impunzi wabereye mu nkambi ya Kigeme tariki 20/06/2013, impunzi z’Abanyekongo ziri muri iyi nkambi zasabye ko hakorwa ibishoboka byose amahoro akagaruka iwabo maze zigataha.
Ubwo basuraga ahantu himikirwaga abami b’u Rwanda (hitwa i Buhanga cyangwa mu Ruhondohondo), abari mu rugendo kwita izina caravan batangajwe n’uburyo aho hantu hafite amateka akomeye ndetse acyubashywe n’abahaturiye.
Gahunda “Mubyeyi Terintambwe Initiative” igamije gukangurira ababyeyi kugira uruhare mu gutuma abana badata amashuli bakiri bato binyujijwe mu bukangurambaga buzajya bukorwa n’abajyanama b’uburezi bahuguwe n’umushinga Imbuto Foundation.
Amashami y’umuryango w’abibumbye akorera mu Rwanda (One UN) yahawe inkunga n’igihugu cya Suwede ingana na miliyoni 22 z’amadolari y’Amerika, arizeza ko iyo nkunga igomba gukora icyo yagenewe mu kugabanya ubukene, kubaka ubushobozi bw’inzego no kubungabunga ibidukikije.
Intumwa za Leta ya Congo ziri mu Rwanda kuva tariki 20/06/2013 aho zaje kuganira na Leta y’u Rwanda ndetse n’ishami ry’umuryango w’Abibumbye ku gikorwa cyo guca ubuhunzi ku Banyarwanda bari mu gihugu cya RDC hamwe no kuganira ku kibazo cy’impunzi z’Abanyecongo ziri muri Rwanda.
Ikipe y’u Rwanda y’umukino wa Volleyball mu batarengeje imyaka 19, yatsinzwe amaseti 3-0 n’ikipe yitwa Bahcaleivler yo muri Turukiya, aho ikomeje gukorera imyitozo yitegura kwerekeza mu gikombe cy’isi muri Mexique.
Kuri uyu wa kane tariki 20/06/2013, ikipe y’igihugu ya Espagne yanyagiye ikipe y’igihugu ya Tahiti ibitego 10-0 mu mikino y’igikombe mpuzamigabane (FIFA Confederations Cup) kirimo kubera muri Brazil.
Nyuma yuko umucungamutungo wa ES Mutendeli, Habinshuti Cassien, aburiwe irengero kuva tariki 09/05/2013 ubwo yasabwaga gusobanura ideni rya miliyoni 79 ryari rimaze kuvumburwa muri iki kigo, yafatiwe mu ishuri rikuru ry’ubuhinzi INATEK tariki 18/06/2013.
Vedaste Ntirusekanwa wo mu mudugudu wa Mataba, akagari ka Mwendo mu murenge wa Mukura mu karere ka Rutsiro yasabye umugore we imbabazi mu ruhame amusezeranya ko atazongera kumuca inyuma.
Abanyamuryango ba AVEGA Agahozo mu karere ka Kirehe bagabiye inka eshanu abapfakazi ba Jenoside bo mu karere ka Kamonyi. Izi nka zatanzwe mu rwego rwo korozanya, kugirango abanyamuryango barusheho kwihesha agaciro no kwigira.
Kuri uyu wa kane tariki 20/06/2013, akarere ka Rulindo kasinye amasezerano y’ubufatanye n’ikigo Haute Ecole Provinciale de Hainaut - Condorcet cyo mu gihugu cy’u Bubiligi. Aya masezerano ajyanye n’ubuhinzi, ubworozi n’uburezi.
Umuyobozi w’ikigo cy’i Wawa, Niyongabo Nicolas, atangaza ko urubyiruko rwajyanwe i Wawa bwa mbere babaga bafatiwe mu nzererezi n’abakoresha ibiyobyabwenge ariko abajyanwayo ubu bazanwa n’ababyeyi kubera uburere bubi bagaragaza ndetse no gukoresha ibiyobyabwenge.
Umunyamabanga w’umuryango w’abibumbye Ban Ki-Moon hamwe n’umuyobozi w’Afurika yunze ubumwe Nkosazana Dlamini-Zuma bemeje ko Joseph Mutaboba ahagararira iyo miryango yombi mu ntara ya Darfur mu gihugu cya Sudani ndetse akaba umujyanama mu bikorwa by’umuryango w’abibumbye bibera Darfur (UNAMID).
Mu karere ka Gicumbi hafunguwe imashini yitwa Vigen massage ifasha abantu kugorora ingingo n’imitsi igashyira imyungu ngugu mu mubiri ndetse igatuma amaraso atembera neza mu mubiri.
Urubanza Perezida wa Kenya, Uhuru Kenyatta aregwamo ibyaha by’ubwicanyi bwakurikiye amatora y’umukuru w’igihugu yabaye mu mwaka w’2007 rwagombaga kuba muri Nyakanga uyu mwaka rwashyizwe mu Gushyingo kugira ngo ashobore kurushaho kwitegura.
Ikipe ya Rayon Sport ihagarariye u Rwanda mu irushanwa CECAFA Kagame Cup ririmo kubera muri Sudani y’Epfo, yabonye inota rimwe mu mukino wayo wa mbere yakinnye na Electric Sports yo muri Chad ku wa kane tariki 20/06/2013.
Ku nshuro ya mbere, abana batandatu bashinjwa kuba aribo batwitse ishuri ryisumbuye rya Byimana (Ecole des Sciences Byimana) bagejejwe imbere y’ubutabera mu rukiko rwisumbuye rwa Muhanga tariki 20/06/2013.
Abatwara abagenzi mu imodoka ntoya (taxi-voiture) bo mu murenge wa Bugarama bari bamaze iminsi bahomba kubera bagenzi babo bagura imodoka bakazambika purake z’u Burundi kandi ari Abanyarwanda kubera gukwepa imisoro.
Hari Abanyarwanda bakunze gufatirwa i Bukavu no mu nkambi ya Nyagatare barigize impunzi kubera impamvu zitazwi kuko ngo baba baratahutse kera kandi n’amazina yabo bakayasanga muri za mudasobwa cyane cyane muri HCR yo muri Congo.
Mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’impunzi wabaye taliki 20/06/2013, impunzi ziri mu kigo cya Nkamira zirasaba ko zashakirwa akantu hitaruye zigashobora kwisanzura kuko aho ziri hatajyanye n’umubare w’abawurimo.
Ubwo hatangiraga urugendo rugamije kugaragaza ubwiza nyaburanga bw’igihugu buboneka mu bice bitandukanye byo mu Majyaruguru, urugendo ruri gukorwa rubanziriza igikorwa cyo kwita izina, ngo rwashimishije abarwitabiriye, bageze ku biyaga bya Burera na Ruhondo biba akarusho.
Dj Adams nyuma yo kuregwa icyaha cyo gusambanya no gutera inda umwana w’umukobwa wari utaruzuza imyaka 18 akajyanwa mu nkiko mu mpera z’umwaka wa 2011 yagizwe umwere.
Umunyamabanga wa Leta mu Bwongereza ushinzwe iterambere, Justine Greening, yashimye uburyo u Rwanda rukoresha neza inkunga ruhabwa, akaba yemereye Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, gukomeza ubufasha igihugu cye kigenera u Rwanda, mu rwego mu kuzamura ubukungu n’imibereho myiza by’abaturage.
Habiyakare Jean de Dieu ukomoka mu Kagali ka Taba, Umurenge wa Gashenyi ho mu Karere ka Gakenke yagize ibyago bwo kumugara biturutse ku mpanuka y’umuhanda wa Kigali-Musanze wamuridukanye mu ntangiriro za Gicurasi z’uyu mwaka.
Mu rubanza rwa mbere rwa Jenoside rubereye mu gihugu cya Suede rwasomwe kuri uyu wa Kane tariki 20/06/2013 Stanislas Mbanenande w’imyaka 54 yahamijwe ibyaha bya Jenoside n’ibyaha bihonyora amategeko mpuzamahanga maze akatirwa igihano cyo gufungwa ubuzima bwe bwose.
Akarere ka Nyagatare ngo gahangayikishijwe cyane n’ikibazo cy’uko nta buruhukiro (morgue) buri mu bitaro by’ako karere kandi aka karere gakunze gupfusha abantu batagakomokamo.
Ubushakashatsi bwakozwe kuva Jenoside yakorewe Abatutsi yarangira burerekana ko Abatutsi baguye mu bitaro bya Kabgayi byo mu karere ka Muhanga bagera kuri 31.
Kuva mu mwaka wa 2005 gahunda yo gusaranganya umutungo uva mu bukerarugendo itangiye, aho ikigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB) kimaze gutanga amafaranga miliyali imwe na miliyoni 650 mu makoperative y’abaturage baturiye amapariki.
Umuyobozi w’akarere ka Rutsiro, Byukusenge Gaspard, yagiranye inama n’abikorera bo mu karere ka Rutsiro tariki 19/06/2013 abasobanurira bimwe mu bikorwa byo gushoramo imari haba mu buhinzi, ubworozi, ubucuruzi, ubukerarugendo n’ibindi.
Ku mugoroba wa tariki 19/06/2013 ubuyobozi bw’akarere ka Nyanza bwari mu muhango wo kwibuka abahoze ari abakozi b’amakomini yahujwe akaba akarere ka Nyanza bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Mu gihe mu mujyi wa Kibungo hakorwa imikwabu itandukanye inzererezi zigafatwa, abatuye uyu mujyi baravuga ko igituma izi nzerezi zidacika aruko zongera zikarekurwa zitabanje kugororwa.