Ikinyamakuru TMZ kiratangaza ko Paris Jackson, umukobwa wa nyakwigendera Michael Jackson ngo yanga cyane umuhanzi Justin Bieber ngo ku ko yavuze ko adashobora kugira icyo avuga ku bakobwa bikeba bakikomeretsa.
Ubushakashatsi bwashyizwe ahagaragara n’abahanga bo muri Canada buratangaza ko kuba abagabo bikundira gushaka abagore bakiri bato, ngo ari byo byatumye habaho ugucura kw’abagore (menopause).
Imiryango 180 ituye mu Mudugudu w’Ubuhoro wubatswe n’Umuryango Benimpuhwe mu murenge wa Rilima, batangaza ko ubu batakwibarira mu bakene, kuko batagifite ikibazo cy’imiturire ndetse n’icy’ubuzima busanzwe.
Hakuzimana Gabriel w’imyaka 25, uzwi ku izina rya Kiwele afungiye muri Gereza ya Cyangugu nyuma yo guhamwa n’ibyaha bijyanye no kunywa ibiyobyabwenge no kubikwirakwiza.
Perezida wa Repuburika, Paul Kagame, yasabye abanyeshuri barangije amashuri yisumbuye guha agaciro ibikorwa by’urugerero, agereranya n’ifumbire ituma ubwenge n’uburere by’urubyiruko bitanga umusaruro wo kurinda igihugu gusubira mu bihe bibi nka Jenoside, ahubwo kikarushaho kunga ubumwe no gutera imbere.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 15/06/2013, Perezida Paul Kagame yaganiriye n’abanyamakuru asubiza ibibazo byinshi ku buzima bw’igihugu. Ikiganiro cyibanze cyane kuri ejo hazaza h’u Rwanda, aho abanyamakuru bamubazaga uko bizagenda muri 2017 ubwo manda ye ya kabiri izaba irangiye.
Abaneshuri batatu biga ku kigo cya College Urumuri Politechnique cyo mu murenge wa Rukozo, baguwe gitumo bari kunywa inzoga za Kanyanga bagombaga kumena, mu gikorwa cyateguwe na Polisi y’igihugu cyo kwamagana ibiyobyabwenge, kuri uyu wa Gatanu tariki 14/06/2013.
Abaturage batuye mu kagali ka Buteteri mu murenge wa Mushubi mu karere ka Nyamagabe, batashye ivuriro riciriritse (Poste de Santé) biyubakiye, nyuma yo kubona ko kugera ku kigo nderabuzima bitari biboroheye kubera ikibazo cy’umuhanda.
Abana b’ingagi bahawe amazina kuva mu myaka ya za 69, nk’uko amateka y’ingagi zo mu birunga abigaragaza, n’ubwo umuhango wo kwita izina abana b’ingagi, nk’uko tuwuzi ubu ugiye gukorwa ku nshuro ya cyenda.
Mu birori byo gutaha imirenge SACCO zigera ku 10 mu mirenge sacco 12 igize akarere ka Kirehe, Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda, Francois Kanimba, yishimiye imbaraga abaturage bakoresheje mu kwiyubakira imirenge SACCO.
Niyomugabo Pascal bitaga Rubyogo wari utuye mu mudugudu wa Gisayura mu kagali ka Bugali mu murenge wa Ntyazo mu karere ka Nyanza yateye icyuma muramu we witwa Bizimana André w’imyaka 41 y’amavuko ahita apfa.
Pasiteri Daniel Uwimana usengera mu itorero rya ADEPR mu murenge wa Bwishyura akarere ka Karongi yatanze ubuhamya butangaje bw’umusore wanze kubabarira uwo yendaga kwica muri Jenoside ariko akimara kumwica nawe ahita apfa.
Kwizihirwa k’urubyiruko rw’abanyeshuri barangije urugerero kuri Stade Amahoro, muri aka kanya, bategereje kuza kuganira na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, birimo gukumbuza ababakurikiye uburyo abakurambere mu Rwanda bajyaga ku rugerero, bagamije gukorera igihugu cyabo.
Ikarita y’ubwisungane mu kwivuza (Mituelle de Santé) yahawe ubushobozi ku buryo uyifite azajya abasha kujya kwa muganga kwisuzumisha indwara z’akarande zirimo Kanseri, Diabète n’indwara z’umutima.
Capitaine Mbaye Diagne, umusirikare w’Umunyesenegali wahawe umudali umurinzi kubera ibikorwa by’ubutwari yakoze mu Rwanda mu gihe cya Jenoside, bennshi mu iguhug cye ntibazi ibigwi bye. Yaguye mu Rwanda mu gihe cya Jenoside, ubwo yari mu ngabo za MINUAR ariko we ntashyigikire ubwicanyi bwakorerwaga Abatutsi icyo gihe.
Jean Pascal Labile, Ministiri w’Ububanyi n’Amahanga n’iterambere w’u Bubiligi, yatangajwe n’uburyo imishinga igihugu cye giteramo inkunga itera imbere ikanateza abaturage imbere.
Jean Christophe Rusatira yahawe igihembo n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS/WHO), kubera uruhare yagize mu kurwanya itabi. Icyo gihembo yagihawe ari umwe muri batanu batoranyijwe ku rwego rwa Afurika.
Umutoza w’ikipe y’u Rwanda, Nshimiyimana Eric, aratangaza ko kuba azaba adafite Haruna Niyonzima mu mukino uzahuza u Rwanda na Algeria ku cyumweru tariki 16/06/2013, ngo nta cyuho kizagaragara mu Mavubi.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 14/06/2013, Polisi ikorera mu Karere ka Gakenke iri kumwe n’abaturage bo mu Murenge wa Gakenke bakoze umuganda wo gutoragura amashashi no kubaka rondereza mu rwego rwo kubungabunga ibidukikije.
Umusore w’imyaka 19 uvuga ko yitwa Minani yafatiwe mu Mujyi wa Gakenke, Umurenge wa Gakenke ashaka kugurisha umunzani yibye ngo abone amafaranga y’itike imusubiza iwabo nyuma yo kwibwa n’indaya ibihumbi 35.
Minisitiri Louise Mushikiwabo hamwe n’umuyobozi w’ikigo cy’igihugu gishinzwe Iterambere (RDB) bitabiriye inama y’ihuriro New York Forum AFRICA (NYFA) yiga ku mahirwe y’Afurika mu kongera ubukungu irimo kubera mu gihugu cya Gabon.
Biteganijwe ko Umukuru w’igihugu, Paul Kagame, aganira n’abanyeshuri bashoje amashuri yisumbuye barangije amezi akabakaba muri arindwi bari mu bikorwa by’urugerero, kuri uyu wa gatandatu tariki 15/6/2013, aho bazamumurikira ibyo bakoze mu guharanira iterambere rusange ry’igihugu.
Bamwe mu batuye mu karere ka Rwamagana barashima Polisi y’u Rwanda ko yabafashije cyane ibasobanurira ububi bw’ibiyobyabwenge n’ingaruka mbi bari kuzabikuramo, nabo bakaba bahisemo kubireka no kugaragaza ibyo bari bafite kandi ngo bagiye kwigisha n’abandi bose kubireka.
Mu ruzinduko Umuhuzabikorwa w’Ihuriro ry’Abafatanyabikorwa mu iterambere ry’Uturere (JADF), yagiriye mu karere ka Kamonyi, yasabye abagize JADF ya Kamonyi, gutanga inkunga ziganisha ku iterambere ry’ubukungu kuko arizo zifasha umugenerwabikorwa kuva aho ari, agatera imbere.
Mu gihe tukiri mu cyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi, abatuye akagari ka Duwani mu murenge wa Kibirizi barasabwa kumva ko inzoga zizwi nka nyirantare ari ikiyobyabwenge cyangiza ubuzima bityo bakakirwanya bafatanya na Polisi kugaragaza abazenga n’ababicuruza.
Umuhanzikazi Charly wamenyekanye cyane ku ndirimbo ye “Ntawe ukuruta” akaba ari n’umwe mu bahanzi bafasha kuririmba (becking) abahanzi bari mu marushanwa ya Primus Guma Guma Super Star yabaye ahagaritse kuririmba kubera amasomo no kwandika igitabo.
Nyuma y’uko akarere ka Ngororero kaje ku mwanya wa kane mu kwitabira ubwisungane mu kwivuza ku rwego rw’igihugu, umuyobozi wako, Ruboneza Gedeon, aratangaza ko biyemeje kuzaza ku mwanya wa mbere mu mwaka utaha wa 2013-2014.
Umukecuru witwa Mukangwije Maria wo mu kagari ka Miko mu murenge wa Karengera arishimira ko yabashije kubona bwa mbere n’amaso ye televiziyo mu myaka 70 yose yari amaze abayeho.
Nyuma y’igihe kinini Tete Roca atigaragaza mu muziki ndetse akaba yari yaranatangaje ko yahagaritse muzika, kuri ubu ngo asigaye aririmba mu makwe, bityo ntiyahagaritse umuziki burundu.
Nyirambonabucya Joselyne wo mu karere ka Gatsibo wibarutse abana batatu barimo abahungu babili mu bitaro bya Ngarama aratangaza ko yishimira kuba yarababyaye neza ariko ngo arifuza ko ubuyobozi bwamufasha mu kumvisha uwamuteye inda kumufasha mu kurera aba bana.
Mu biganiro Polisi yagiranye n’abanyeshuri biga mu mashuri yisumbuye mu karere ka Huye mu rwego rwa Police Week, tariki 13/06/2013, umwe mu banyeshuri biga ku ishuri ry’ababyeyi ryo mu mujyi wa Butare yavugiye imbere ya bagenzi be ko yiyemeje kureka ibiyobyabwenge.
Hagamijwe kurinda abasora urugendo bakoraga bajya ku biro by’ikigo cy’igihugu cy’imisoro (RRA), haba mu rwego rwo kugaragaza imisoro bazishyura (déclaration) cyangwa gutanga impapuro zigaragaza ko bishyuye imisoro, ubu hashyizweho uburyo bwo kuriha hakoreshejwe ikoranabuhanga.
Muri iki cyumweru cya Polisi, mu karere ka Rulindo hakomeje ibikorwa bitandukanye bijyanye no kubungabunga umutekano w’abantu. Tariki 13/06/2013, mu murenge wa Rukozo habereye ibiganiro ku kumvisha urubyiruko ububi bw’ibiyobyabwenge no kubashishikariza kutabikoresha.
Mu irushanwa ryo kwibuka abari abakunzi n’abakinnyi b’umukino w’amagere bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, rizaba ku wa gatandatu tariki 15/06/2013, abakinnyi 42 bakomoka mu makipe 7 nibo bamaze kwemeza ko bazaryitabira.
Mu biganiro abahagarariye abikorera bo mu Karere ka Huye bagiranye n’ubuyobozi bw’Akarere kuwa 13/06/2013, hifujwe ko nta mucuruzi wakongera gufungirwa igihe atatangiye imisoro ku gihe, hatabanje kugishwa inama urugaga rw’abikorera.
Ministiri ushinzwe ubutwererane n’iterambere mu gihugu cy’Ububiligi, Jean-Pascal Labille, yamenyesheje Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ko yishimiye uburyo u Rwanda rurimo gukoresha neza inkunga ruhabwa n’Ububiligi, mu guteza imbere abaturage.
Kubera ko akarere ka Kirehe kari mu turere tunyuramo urumogi rwinshi ruvuye mu gihugu cy’ abaturanyi cya Tanzaniya, kuri uyu wa 13/06/2013 habeye igikorwa cyo kurwanya ibiyobyabwenge ku rwego rw’igihugu.
Habihirwe Maritin w’imyaka 25, yishe nyina Maniraguha Therese w’imyaka 69. Abavandimwe be barakeka ko uyu musore yishe nyina bitewe n’uko yamwatse amafaranga yo kugura moto akayamwima, naho Habihirwe akavuga ko yabitewe n’amashitani.
Abaturage bo mu murenge wa Gahunga, mu karere ka Burera, bafatanyije n’ubuyobozi bwabo ndetse n’inzego zishinzwe kubungabunga umutekano muri ako karere bameneye mu ruhame ibiyobyabwenge bifite agaciro k’amafaranga miliyoni ebyiri n’ibihumbi 910.
Ihuriro ry’abadepite bo mu nteko ishinga amategeko bashinzwe guteza imbere imibereho myiza y’abaturage (RPRPD), mu gihe bitegura kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 ihuriro ryabo rimaze rishinzwe, bemeza ko bazakomeza gushyiramo imbaraga kugira ngo ubuzima bw’Umunyarwanda bukomeze kugenda neza.
Umugore witwa Mukurizehe Gaudence utuye mu Kagali ka Ruhinga, Umurenge wa Kivuruga ho mu Karere ka Gakenke yakomerekejwe n’umugabo we bapfuye ko amushinja kuba afite inshoreke.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagari ka Kabura mu murenge wa Kabarondo afunzwe akekwaho gukoresha inzoga ya Kanyanga ifatwa nk’ikiyobyabwenge mu Rwanda.
Umugabo w’imyaka 52 yafatanywe udupfunyika 200 tw’urumogi ku bufatanye n’abaturage, ahita afungirwa kuri sitasiyo ya polisi ya Muhoza, akurikiranywe gucuruza no gukoresha icyo kiyobyabwenge.
Minisitiri w’Ubutwererane n’Iterambere w’u Bubiligi, Jean-Pascal Labille, uri mu ruzinduko mu Rwanda avuga ko u Rwanda n’u Bubiligi ari ibihugu bifitanye amateka akomeye kuva kera bigomba kubakiraho bigafatanya kubaka ejo hazaza heza.
Ubwo Minisitiri w’ubuzima yasuraga ibitaro bya Kaminuza by’i Butare (CHUB) kuwa 06/06/2013, yavuze ko atishimiye isuku n’imicungire yahasanze, maze bukeye bwaho, tariki 07/06/2013, yandika ibaruwa ishyiraho umuyobozi mushya w’agateganyo muri iki kigo.
Ubufatanye bw’abaturage n’inzego z’umutekano mu kuwubungabunga ni kimwe mu byashimangiwe mu muhango wo gutangiza icyumweru cyahariwe bikorwa bya Polisi mu karere ka Nyagatare.
Kuri uyu wa gatatu tariki 12/06/2013, imwe mu miryango yabanaga mu makimbirane mu murenge wa Musebeya mu karere ka Nyamagabe yatangaje ko yamaze gufata umwanzuro wo kwisubiraho ikiyemeza kubana neza.