Abaturage b’Akarere ka Rwamagana babarirwa mu bihumbi 10 baramukiye mu myigaragambyo yo kwamagana itabwa muri yombi rya Lt. Gen. Karenzi Karake, basaba ko u Bwongereza bwamurekura vuba na bwangu.
Mu karere ka Nyabihu mu Murenge wa Jenda habereye impanuka y’ikamyo yataye umuhanda ikagonga inzu, bigateza inkongi y’umuriro yaguyemo abantu babiri bahiriye muri iyo nzu.
Nyuma y’uko imbaga y’Abanyarwanda b’ingeri zitandukanye ejo ku wa 24 Kamena 2015 bigaragambirije kuri Ambasade y’Ubwongereza bagaya icyemezo cy’Ubwongereza cyo guta muri yombi Lt Gen Karake Karenzi bagasaba ko arekurwa, mu Rwanda hose kuri uyu wa 26 Kamena 2015 baramukiye mu myigaragambyo yo gusaba Ubwongereza kumurekura.
Bamwe mu bana biga mu kigo kigisha abana bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga giherereye mu kagari ka Ngoma, Umurenge wa Ngoma ho mu Karere ka Huye, barasaba ko ururimi rw’amarenga bakoresha rwakwigishwa abantu bose, baba abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga ndetse n’abatabufite.
Minisitiri ushinzwe ubuhinzi muri Kivu y’Amajyaruguru Carly Nzanzu Kasivita arasaba abayobozi bakora ku mipaka kuba maso, bagakumira buri muzigo urimo inyama z’inkoko zivuye muri Turukiya zanduye ibicurane by’ibiguruka.
Umuryango w’umugabo n’umugore bo mu Karere ka Musanze bamaze imyaka 20 bafatanya umunsi ku wundi akazi ko gucuruza ibitebo n’imitiba kugira ngo babashe kubona amafaranga atunga umuryango wabo.
Urwunge rw’Amashuri rya Nyakarambi kuri uyu wa 24 Kamena 2015 rwibutse inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 baremera n’abatishoboye basizwe iheruheru na Jenoside.
Umuyobozi w’akarere ka Kayonza Mugabo John avuga ko ako karere gafite umushinga wo gutunganya inyama, akarere kakaba kari gushaka abashoramari bazawushoramo imari.
Ikigo gishinzwe Ingufu mu Rwanda, REG, hamwe n’Umuryango w’Ubukungu mu Bihugu by’Ibiyaga Bigari(CEPGL), bagiranye amasezerano yo gushyiraho amategeko agenga ubucukuzi bwa gazi metane iri mu Kiyaga cya Kivu, akaba agomba kubahirizwa ku mpande zombi, u Rwanda na Kongo bisangiye icyo kiyaga.
Itsinda ry’abahanzi babiri bo muri Uganda, Radio na Weasel, bazataramira Abanyarwanda mu bitaramo byiswe “Kwibohora Concert.”
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kubungabunga Ibidukikije(REMA), gikomeje gusaba abahinzi kudashaka umusaruro mwinshi hakoreshejwe uburyo bwangiza ibidukikije, mu rwego rwo kurengera umutungo kamere uzatunga Abanyarwanda bazabaho mu bihe bizaza.
Kuri uyu mugoroba tariki 24 Kamena 2015, Perezida Kagame yakoze impinduka muri Guverinoma agira Dr Papias Musafiri Malimba, Minisitiri w’Uburezi asimbuye kuri uyu mwanya Prof. Silas Lwakabamba wari uwumazeho igihe kigera ku mwaka.
Bamwe mu bari bitabiriye imyigaragambyo yabereye kuri ambasade y’Abongeleza biyemeje gukomeza kwigaragambya kugeza igihe u Bwongeleza buzafatira icyemezo cyo kurekura Lt. Gen. Karenzi Karake wafatiwe i Londres muri wikendi ishize.
Ishyirahamwe ry’Abacukuzi b’Amabuye y’Agaciro mu Rwanda ( RMA: Rwanda Mining Association), kuri uyu wa 24 Kamena 2015 ryashyikirije inka 10 zitanga umukamo imiryango y’abacitse ku icumu itishoboye yo mu Karere ka Musanze mu rwego rwo kubafasha kwiteza imbere.
Ubuyobozi bw’Akagari ka Kamuhoza mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu baravuga ko bahangayikishijwe n’idarapo n’ibendera ryibwe mu ijoro tariki ya 22/6/2015, ku buryo ngo abaturage kuri uyu wa 24 Kamena 2015 biriwe mu bihuru bashakisha ngo barebe ko baribona.
Rumwe mu rubyiruko rwabashije kwihangira imirimo rurakangurura bagenzi barwo gushirika ubute bagakora ubushakashatsi ku byo abandi bakora, kugira ngo babashe kwihangira imirimo igamije udushya.
Abafite ubumuga biga mu ishuri ry’imyuga rya NDABUC,(New Dynamic Arts Business Center) riri mu Murenge wa Kibungo, Akarere ka Ngoma, baravuga ko kwiga umwuga byabakuye mu bwigunge bwo kubaho batega amaboko none ubu bakaba bagiye kwiteza imbere.
Nyuma y’aho mu kwezi kwa cumi 2014 abasifuzi bo mu Rwanda bishyuriwe ibirarane bari bafitiwe, kugeza kuri uyu munsi abasifuzi bo mu Rwanda bagiye kumara amezi arenga atandatu batarongera guhembwa amafaranga baba bagomba guhabwa kuri buri mukino
Kigali Serena Hotel, Hotel y’inyenyeri eshanu ifite amashami abiri mu Rwanda mu Mujyi wa Kigali no mu Mujyi wa Rubavu yahize andi mahoteli yo ku isi yose mu bijyanye no kunoza ibikorwa by’ubukerarugendo inabiherwa igihembo cyiswe ’’ The World Travel Awards’’.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Mme Louise Mushikiwabo, aratangaza ko itabwa muri yombi rya General Emmanuel Karenzi Karake ari agasuzuguro kadakwiye kwihanganirwa.
Abantu barenga 1.000 baturutse hirya no hino mu mujyi wa Kigali bateraniye ku kicyaro cy’ambasade y’Abongeleza, bamagana ifatwa rya Lt. Gen. Karenzi Karake, uhagarariye Urwego rw’iperereza mu Rwanda.
Wibabara Fidele wo mu Murenge wa Muko, Akarere ka Musanze watahutse muri 2004 avuye mu mashyamba ya Kongo aho yari umurwanyi w’umutwe wa FDLR yiteje imbere abikesha ubumenyi ngo akomora ku bushake bwo gukora cyane.
Gahunda ya Gira inka yashyizweho igamije gukura abaturage mu bukene, yageze ku ntego aho mu ntara y’Amajyaruguru abaturage bagera ku 33.429 bashoboye kwikura mu bukene kuko babashije kubona ifumbire yo gushyira mu myaka yabo.
Kagiraneza Clement w’imyaka 22 y’amavuko, yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano tariki ya 23/06/2015, akurikiranyweho gushimuta umwana w’aho yakoraga kugira ngo bazamwishyure amafaranga bari bamurimo ngo asaga miliyoni imwe y’amafaranga y’u Rwanda.
Umukinnyi w’umunyarwanda usanzwe ukina nk’uwabigize umwuga mu ikipe ya MTN Qhubeka aratangaza ko yiteguye kwegukana Shampiona y’igihugu mu mukino w’amagare izaba mu mpera z’iki cyumweru
Inama Njyanama y’Akarere ka Nyamasheke yamaze kwemeza ingengo y’imari izakoreshwa muri ako karere mu mwaka wa 2015/2016, aho 35% by’iyi ngengo y’imari bizakoreshwa mu bikorwa by’iterambere.
Abagore bakora ubucuruzi bwambukiranya umupaka Mu mujyi wa Gisenyi, bavuga ko nubwo bishimira kubukora budatanga umusaruro uko bikwiye bitewe n’uburyo inzego z’umutekano mu mujyi wa Goma zibambura.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu MINALOC, n’Ikigo cy’igihugu cy’Imiyoborere RGB baragaya abayobozi b’inzego z’ibanze bashyigikira amanyanga mu marushanwa Umurenge Kagame Cup.
Imibare y’abarwayi bo mu mutwe ibitaro by’i Ndera byakiriye hagati ya 2004-2014 yakomeje kwiyongera kuva kuri 68 kugera ku 1368, bitewe no gukoresha ibiyobyabwenge, bituma Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) isaba ubufatanye n’inzego zose kuri iki kibazo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Huye burasaba abana guharanira kugira uruhare mu kubungabunga uburenganzira bwabo, kandi bakagira abo bafatiraho ingero z’ibikorwa byiza bizabafasha kuvamo abayobozi beza b’ejo hazaza.
Umuryango IBUKA urengera inyungu z’abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, urasaba ababyeyi n’abarezi kurinda abana inyigisho zabaganisha ku macakubiri nk’ayagejeje u Rwanda kuri Jenoside rwavuyemo mu myaka 21 ushize.
Abahinzi b’imyumbati bo mu Murenge wa Ndego mu Karere ka Kayonza barasaba ubuyobozi kubakorera ubuvugizi bakabona isoko ry’imyumbati bahinga kuko bayigurirwa ku giciro kiri hasi.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Kirehe ku wa 22 Kamena 2015 yasubije Ubuyobozi by’Inkambi ya Mahama icumbitsemo impunzi z’Abarundi ibikoresho byafashwe na Polisi biguzwe mu mpunzi mu buryo bunyuranyije n’amategeko bifite agaciro k’ibihumbi 540.
Ubwo yaganiriraga abayobozi b’imidugudu yo mu Karere ka Huye, mu nama bagiranye tariki ya 22 Kamena 2015, Gen. Maj Alexis Kagame, uyobora ingabo z’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, yababwiye ko iterambere ry’igihugu ari wo mutekano urambye.
Mutoni Jean d’Amour washinze umuryango yise Act of Gratitude usanzwe ukora ibikorwa by’urukundo byo kwitura, yabihembewe n’Umwamikazi w’Ubwongereza, nyuma yo gutsinda irushanwa ryari ryateguwe hagamije kureba imishinga ifite ibikorwa byiza.
Carnegie Mellon University, imwe mu makaminuza akomeye ku isi mu bijyanye mu masomo y’ikoranabuhanga n’ubushakashatsi, irahamagarira abanyeshuri b’Abanyarwanda kujya kuyigamo kuko ngo iborohereza mu bijyanye n’amafaranga y’ishuri kandi ngo ikabaha ubumenyi bwo ku rwego mpuzamahanga.
Hategekimana Aphrodis wari umaze igihe kinini akinira ikipe ya Rayon Sports, kuri uyu wa kabiri ku isaha ya Saa saba n’iminota 20 (13h20),nibwo yerekeje muri Kenya gusinya amasezerano y’imyaka 2 aho yatangaje ko yifuza kugaruka ari umutoza wa Rayon Sports
Dr Bizimana Jean Damascene, umunyamabanga nshingwabikorwa wa Komisiyo y’igihugu ishinzwe kurwanya Jenoside CNLG, yatangaje ko gukora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ikandikwabo ibitabo ari imwe mu ntwaro ikomeye yo kurwanya abayipfobya.
Ubushinjacyaha bw’urukiko rw’ibanze rwa Nyamirambo rwasabiye Mugema Jacques, ukurikiranyweho icyaha cyo kwiyitirira Minisitiri w’Ingabo Gen. James Kabarebe akambura abantu, igifungo cy’imyaka umunani n’ihazabu ya miliyoni 5.5.
Mu gihe habura iminsi ine gusa ngo habe igitaramo cyiswe Rwanda International Fashion World kizamurikirwamo imideri, abantu b’ibyamamare mu nzego zitandukanye mu Rwanda bakomeje kugaragaza ko batazatangwa muri icyo gitaramo kizaba kibaye ku nshuro ya mbere mu Rwanda.
Bamwe mu rubyiruko n’abagore bamaze kubona inkunga y’ikigega cya BDF barashime uburyo iki kigega kibateza imbere kishingira imishinga yabo bigatuma bahabwa inguzanyo mu mabanki no mu bindi bigo by’imari bagasaba bagenzi babo na bo kubyaza umusaruro ayo mahirwe.
Itorero rya ADEPR mu Rwanda riravuga ko nyuma yo kubabazwa cyane bakekwaho mibi ya bamwe mu bapasiteri baryo muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ko ubu ngo rigiye guhaguruka rigashakisha urutonde rw’abo bapasiteri rugashyirwa ahagaragara bakamenyekana.
Abaturage bimuwe mu bice by’amanegeka mu mirenge ikikije uwa Rongi mu Karere ka Muhanga baravuga ko kuba amasambu yabo ari kure kandi ari yo bakesha kubaho bikomeje gutuma ubuzima bwabo bugenda nabi.
Ubuyobozi bw’ibitaro bya Rwinkwavu mu karere ka Kayonza bwemeza ko uruganda rukora umwuka wa Oxygen (Oxygen Plant) muri ibyo bitaro rwagize uruhare runini mu kugabanya impfu z’abana b’impinja, cyane cyane abavuka batujuje ibiro.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Gisenyi buvuga ko bumaze kuremererwa n’ikibazo cy’ababyeyi basiga abana b’impinja ku mupaka muto uhuza Goma na Gisenyi, bakigira gushaka amafaranga mu mujyi wa Goma.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango buributsa abakozi bose ko bafite inshingano yo guhora bazirikana uruhare rwabo mu kurwanya Jenoside n’ingengabitekerezo yayo, no kuzirikana kubaka umuryango Nyarwanda washegeshwe na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Kuri uyu wa 18 Kamena 2015 Tigo Rwanda na Banki ya Kigali (BK) basinyanye amasezerano y’ubufatanye mu rwego rwo korohereza abakiliya b’ibi bigo byombi mu kubika no kubikuza amafaranga hagati ya Tigo Cash na Konti za BK.