Mu mpero z’ukwezi kwa Kamena uyu mwaka wa 2015, hashyizwe ahagaragara ibyiciro bishya by’ubudehe, byakozwe hakurikijwe amakuru yatanzwe ku mibereho ya buri muturage. Nubwo habayeho igihe cyo kubaza buri wese uko abayeho, hari abaturage bo mu murenge wa Gacurabwenge, bavuga ko ibyiciro bashyizwemo ntaho bihuriye n’uko babayeho.
Ibigo by’imari bikorera mu Rwanda biri mu gihombo cya miliyari zirenga 10 z’amafaranga y’u Rwanda biturutse ku nguzanyo byagiye bitanga ku bakiriya babyo ariko nibishyure. Aya mafaranga angana 7% y’imari y’ibi bigo yagiye yamburwa n’abakorana nabyo batandukanye.
Abanyeshuri biga mu Ishuri Rikuru rya ISPG “Institut Superieur Pédagogique de Gitwe” mu Karere ka Ruhango mu Murenge wa Bweramana, biga mu mwaka wa mbere, baratunga agatoki ubuyobozi bw’iri shuri kutabitaho kimwe n’abandi basanzwe bahiga, bagasaba inzego zibishinzwe kubarenganura.
Umubyeyi witwa Mukayigirwa Bonifrida w’imyaka 29 y’amavuko, utuye mu murenge wa Murambi, Akagari ka Rwimitereri, mu mudugudu wa Kigote mu karere ka Gatsibo, arasaba ubufasha nyuma y’aho mu mpera z’icyumweru gishize yibarutse abana b’impanga bane.
Abanyarwanda birukanwe muri Tanzaniya bagatuzwa mu Murenge wa Zaza ho mu Karere ka Ngoma baravuga ko amasambu bahawe bayahinze ntiyere,none bakaba basaba ubufasha bw’ ifumbire ngo bashyire muri iyo mirima barebe ko na bo bakweza.
Urubyiruko rwo mu Murenge wa Busogo mu karere ka Musanze rutangaza ko ruhangayikijwe n’abasore baza kurema isoko ryo mu Byangabo riherereye muri uyu mrenge, bitwaje inkoni bagahohotera abaturage iyo bamaze kunywa bagasinda.
Imiryango icyenda yatujwe mu Murenge wa Zaza ho mu Karere ka Ngoma,ivuga ko ubuzima bugoye aho bacumbikiwe mu nkambi yahoze icumbitsemo abakoraga TIG, kuko ngo amashitingi yatobaguritse mu gihe amazu yabo bubakirwa yadindiye kurangira.
Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda hamwe n’Umuryango w’Abibumbye(UN), bashimira u Rwanda kuba rwarageze (ndetse hakaba n’aho ngo rwarengeje) ku ntego z’ikinyagihumbi zemejwe n’abakuru b’ibihugu bigize isi mu mwaka wa 2,000, ariko bakibutsa ko hagisabwa imbaraga nyinshi zo gukura abaturage bangana na 40% mu bukene.
Guverinoma y’Ubuyapani tariki yongereye amadorari ya Amerika asaga miriyoni 1.3 ku nkunga yageneraga u Rwanda yo gushyira mu bikorwa imishinga y’iterambere bice by’icyaro hagamijwe kugera ku ntego z’ikinyagihumbi.
Bidorosi Geofrey utuye mu kagari ka Mbasa mu murenge wa Kibeho ho mu karere ka Nyaruguru yishyuye Ndayisaba Emmanuel inka ye yari yarariye muri jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, abikesha inyigisho yahawe n’umuryango Association Modeste et Innocent (AMI), mu matsinda yitwa amataba y’ubumwe n’ubwiyunge.
Mu rwego rw’irushanwa ry’amagare rizenguruka igihugu cyose cy’u Rwanda rizwi nka Rwanda Cycling Cup,kuri uyu wa gatandatu rirakomereza mu karere ka Nyamagabe,aho abasiganwa bazahagurukira kuri Pariki ya Nyungwe berekeza mu karere ka Nyanza
Bamwe mu batuye mu karere ka Nyaruguru bavuga ko kuba Abanyarwanda basigaye batembera mu gihugu nta muntu ubaka ibyangombwa ngo ari kimwe mubyo bibohoye.
Mc Tino, umuhanzi mu itsinda rya TBB akaba n’umunyamakuru ndetse akaba n’umwe mu bashyushyarugamba mu bitaramo bya Primus Guma Guma Super Star, asanga Senderi amaze kwigarurira imitima ya benshi.
Urubyiruko rwo mu karere ka Ruhango rwaganirijwe ku mateka y’urugamba rwo kwibohora kugera aho u Rwanda rwabashije gutera imbere, ariko ruhabwa umukoro wo kurinda no gusigasira ibyagezweho.
Abaturage bo mu Murenge wa Rongi mu Karere ka Muhanga barifuza ko ivuriro bamaze kwiyuzuriza ryahinduka ikigo nderabuzima kugira ngo serivisi ritanga zirusheho kwiyongera.
Abaturage bo mu Murenge wa Rongi mu Karere ka Muhanga baravuga ko nyuma yo kubohorwa na RPA mu 1994 bongeye guhura n’akaga nyuma y’imyaka ibiri ubwo mu 1997/1998 bibasiwe n’ibitero by’abacengezi bikabahungabanyiriza umutekano ari nako ubuzima bwabo buhasigara.
Abikorera bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagan, kuri uyu wa 6 Nyakanga 2015, bakusanyije inkunga ya miliyoni 2 n’ibihumbi 397 yo gushyigikira ikigega “Ishema ryacu” kigamije kwishyura ingwate isaga miliyari y’amafaranga y’u Rwanda ubutabera bw’u Bwongereza bwaciye Lt. Gen. Karenzi Karake kugira ngo afungurwe (…)
Inkuru dukesha urubuga www.voilaca.com, ivuga ko rutahizamu w’umunya Argentine Lionel Messi yanze igihembo cyari cyateguwe muri iri rushanwa cy’umukinnyi waryitwayemo neza.
Kuva tariki 11 kugeza tariki 12 Nyakanga 2015 mu Rwanda hazabera iserukiramuco ryiswe “Ubumuntu Arts Festival” rikaba rigamije gukangurira abahanzi mu nzego zitandukanye guhanga batekereza ku musanzu ubuhanzi bakora bwatanga muri sosiyete.
Minisitiri w’Umutekano mu Rwanda, Sheikh Musa Fazil Harelimana, ashimangira ko kwigana no gusangira uburanariribonye hagati y’abanyeshuri 30 bava mu bihugu umunani by’Afurika byitezweho imbuto nziza z’ubufatanye n’imikoranire ya polisi zo mu karere mu gucunga umutekano w’abantu n’ibintu ndetse n’umutekano ukarushaho kuba (…)
Perezida Paul Kagame ari mu gihugu cya Noruveje aho yitabiriye mpuza mahanaga iganira ku kibazo cy’uburezi bugamije iterambere kugira ngo anabasangize ku uko u Rwanda rwashoboye gushyira mu bikorwa gahunda y’"Uburezi kuri buse".
Abagize urugaga rw’abikorera mu karere ka Kayonza barasaba ibihugu by’amahanga guhagarika ibikorwa byo gusuzugura u Rwanda no kurusubiza inyuma. Babivuze tariki 05Nyakanga 2015 ubwo bakoraga urugendo rwo kwamagana ifatwa rya Lt. Gen Karenzi Karake uherutse gufatirwa mu gihugu cy’Ubwongereza kugira ngo ashyikirizwe inkiko.
Ikipe ya APR Handball club yongeye gutsindira ikipe ya Police Hanball Club ku mukino wa nyuma w’igikombe cyitiriwe Umunsi wo Kwibohora (Liberation day tournament),nyuma yo kuyistinda ku bitego 25-22
Imikino ya Kamarampaka“Playoffs” ya Volleyball ihuza amakipe ane yitwaye neza mu cyiciro cya mbere cya Shampiyona kuri iki cyumweru tariki 05 Nyakanga 2015 yabereye mu karere ka Kirehe birangira amakipe yose uko ari ane atakaje amanota.
Nyuma y’uko bamwe mu banyeshuri ba Hillside High School Matimba bafatiwe n’ihungabana ( Mass Hysteria), bane muri bo bagasubizwa iwabo mu rugo, abanyeshuri biga muri icyo kigo barifuza ko bagira abantu baba hafi mu bujyanama (psychologists) kugira ngo batazongera guhura n’iki kibazo.
Urubyiruko rw’Akarere ka Ruhango rwiganjemo intore ziri ku rugerero zakoreye umuganda udasanzwe mu mudugudu utuyemo abahoze ari ingabo bakaza gusubizwa mu buzima busanzwe.
Umuhanzi Douglas Seguya Mayanja uzwi ku izina rya Weasel mu itsinda rya GoodLyfe ryo muri Uganda ngo arumva yifuza umugore w’Umunyarwandakazi kuko yasanze ari beza. Uyu muhanzi yabitangarije KT Radio mu mpera z’icyumweru gishize ubwo we na mugenzi we Radio biteguraga ibitaramo bya Kwibohora Concert byabaye tariki 04 na (…)
Nyuma y’imyaka 21 u Rwanda rubohowe n’Ingabo zari iza FPR Inkotanyi, abaturage bo mu Karere ka Gatsibo barishimira iterambere bamaze kugeraho n’impinduka mu nzego zitandukanye.
Imyaka 15 irashize ingabo z’u Rwanda zigaruye umutekano ku buryo budasubirwaho nyuma yo guhashya Abacengezi mu bice bitandukanye by’Intara y’Amajyaruguru. Nubwo abatuye iyo ntara banyuze muri byo bihe bikomeye byabandije gato mu iterambere ryabo, kuri iyi nshuro ya 21 yo kwizihiza isabukuru yo kwibohora, bavuga ko (…)
Ubwo mu Murenge wa Ngoma ho mu Karere ka Huye bizihizaga isabukuru y’imyaka 21 u Rwanda rumaze rubohowe, Jeanne Izabiriza, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Amajyepfo, na we utuye muri uyu murenge, yavuze ko nta wabona amagambo yo gushimira Inkotanyi zabohoye u Rwanda.
Abatuye Gisagara baratangaza ko ibyiza bagezeho nyuma yo kwibohora ubuyobozi bubi, ari intangiriro y’ibindi byinshi bari kugenda baganaho. Ibi babitangaje bizihiza umunsi wo kwibohora tariki ya 4 Nyakanga 2015 banashima ingabo ziyobowe na Perezida Paul Kagame zabibagejejeho.
Abikorera bo mu Mujyi wa Rwamagana, kuri uyu wa 5 Nyakanga 2015, bakoze imyigaragambyo mu rugendo rutuje bamagana ifatwa n’ifungwa rya Lt. Gen. Emmanuel Karenzi Karake, ryabaye mu kwezi gushize mu gihugu cy’u Bwongereza.
Mu kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 umaze uteza imbere uburezi bw’umukobwa kuri iki cyumweru tariki 05/7/2015, umuryango wa Imbuto Foundation wishimiye kuba waragize uruhare mu kuzamura umubare w’abana b’abakobwa bitabira amashuri, ngo wavuye kuri 39.1% mu mwaka wa 2005, ugera kuri 54% muri 2014(bagereranyijwe n’abahungu).
Perezida wa Repubulika Paul Kagame avuga ko kuvuga ukuri no kwemera kwitanga ari byo byatumye Abanyarwanda bibohora ubuyobozi bubi bwarangwaga no kubavangura.
Umuhanzikazi Abayizera Grace wamenyekanye ku izina ry’ubuhanzi rya Young Grace ngo asanga urubyiruko rw’u Rwanda rugifite intambwe ndende rugomba gutera kugira ngo u Rwanda rubashe kugera kure cyane hashoboka.
Umuhanzi Eric Nzaramba uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Senderi International Hit n’andi menshi agenda yiyongereraho, arahamya ko ashimshijwe cyane no kuba u Rwanda rwaribohoye akongeraho ko mu Rwanda hatari haba ibyishimo, ko ibyishimo bya mbere bizaba ari uko yegukanye insinzi muri Primus Guma Guma Super Star.
Mu gihe u Rwanda rukomeje kwizihiza isabukuru y’imyaka 21 rumaze rwibohoye, abaturage bo mu Ntara y’Iburasirazuba barishimira intambwe y’iterambere n’umutekano bamaze kugeraho bakavuga ko ibyiza byose babashije kwigezaho muri iyi myaka 21 ari imbuto zeze ku bwitange bw’ingabo zahoze ari iza FPR Inkotanyi zemeye kwitanga (…)
Ubwo hizihizwaga isabukuru ya 21 yo Kwibohora, Perezida Paul Kagame yashimiye abaturage bo mu karere ka Gicumbi ubutwari n’ubwitange mu gufatanya n’ingabo zari iza FPR Inkotanyi mu rugamba rwo kubohoza u Rwanda.
Ndababonye Emmanuel w’imyaka 34 ukomoka mu Murenge wa Kigina ari mu maboko ya Polisi Sitasiyo ya Nyarubuye kuva tariki 1 Nyakanga 2015 nyuma yo gufatanwa inka 17 azishoreye yitwaje ko aziyishyuye kuko shebuja yanze ku muhemba.
Nyuma yo gutsinda ikipe ya Rayon Sports igitego kimwe ku busa,ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’amahoro,ikipe ya Police Fc yabashije gutwara igikombe cyayo cya mbere kuva yagera mu cyiciro cya mbere
Mu rwego rwo kwizihiza imyaka icumi ishize Imbuto Foundation itanga ubufasha ku bana b’abakobwa,kuri uyu wa gatandatu ubwo hizihizwaga umunsi wo kwibohora,habaye irushanwa ryahuje abafatanyabikorwa ndetse n’abagenerwabikorwa b’Imbuto Foundation maze rygegukanwa n’ikipe yari igizwe n’abaminisitiri n’Ingabo.
batanu bari mu kigero cy’imwaka ibiri kugeza kuri 7 barumwe n’imbwa bivugwa ko yasaze yo mu kagari ka Batima mu murenge wa Rweru mu karere ka Bugesera.
Kuri uyu wa 03 Nyakanga 2015 ku Kigo cy’Amashuri cya APRODESOC giherereye mu Murenge wa Nemba mu Karere ka Gakenke bibutse ku nshuro ya mbere abari abanyeshuri n’abarimu bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Umugabo witwa Sebyenda Patrick bakundaga kwita Mosayi wakoraga akazi ko kotsa inyama mu Gasenteri ka Cyanika kari mu Murenge wa Musenyi mu karere ka Bugesera yitabye Imana nyuma ngo kunywa uducupa dutanu tw’inzoga yitwa Furaha.
Umusore witwa Musabyimana Mawombe wo mu Kagari ka Rwantonde mu Murenge wa Gatore yafatanwe imifuka ibiri y’urumogi ipima ibiro 80 ku wa 02 Nyakanga 2015 arugemuriwe n’abatanzaniya atabwa muri yombi.
Mu rwego rwo kunamira abazize Jenoside yakorewe Abatutsi no kumenya amateka yayo, abakozi ba Unguka Bank, basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kamonyi kuri uyu wa 3 Nyakanga 2015 banemerera imiryango y’abarokotse Jenoside inkunga y’inka eshanu.
Urubyiruko rw’abanyeshuri biga mu mashuri yisumbuye yo mu murenge wa Mukarange mu karere ka Kayonza tariki 03/07/2015 rwashimiye mu ruhame Rtd. Major Gapfizi Aloys wamugariye ku rugamba rwo kubohora igihugu mu 1994.
Koperative Imbere heza igizwe n’inkeragutabara yaremeye inka 20 abanyamuryango bayo, mu rwego rwo kuzereka ko ibyo zakoze zibohora igihugu bihabwa agaciro gakomeye no mu rwego rwo kuzifasha kugira ngo zirisheho kwiteza imbere.
Perezida Paul Kagame yanenze bikomeye ibihugu by’amahanga byisaba ubuyobozi buriho kwita ku burenganzira bwa muntu mu Rwanda, akavuga ko nta burenganzira bifite bwo kwibutsa ubuyobozi buriho icyo gukora, kuko bujya gutangira urugamba rwo kwibohora ari cyo cyari kigamijwe.
Kuri iki cyumweru taliki ya 05/07/2015 harakinwa irushanwa rya Handball ryitiriwe umunsi wo kwibohora (Liberation day tournament),irushanwa riza kwitabirwa n’amwe mu makipe ya hano mu Rwanda