Imiryango y’abamugariye ku rugamba rwo kubohora igihugu ituye mu kagari ka Ruhanga mu karere ka Gasabo, yashimiye bamwe mu rubyiruko n’ubuyobozi bw’ako karere igikorwa k’isuku no kubaremera babakoreye muri iki gihe hategurwa isabukuru yo kwibohora ku nshuro ya 21.
Abaturage bo mu murenge wa Rambura akarere ka Nyabihu bahisemo gushimira ingabo za RDF uburyo zababohoye bagabira inka umwe mu bamugariye ku rugamba, mu gihe bari kwitegura kwizihiza isabukuru y’imyaka 21 zibohoye igihugu.
Mu gihe mu buryo buzwi urugamba rwo kwibohora rwatangiye ku wa 1 Ukuboza 1990,ubwo ingabo zari iza FPR Inkotanyi zafataga intwaro zigahirika ingoma y’igitugu ya Juvenal Habyarimana, Abanyarwanda bari barahejejwe ishyanga bagataha, urugamba rwo kubohora u Rwanda ntirwarangiye nk’uko hari ababyibwira ahubwo rukomereje mu (…)
Madamu Jeannette Kagame wa yatuje ababyeyi bagizwe incike na Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 bo mu karere ka Nyanza mu murenge wa Rwabicuma, amazu y’agaciro ka miliyoni 175 z’amafaranga y’u Rwanda.
Umuhanzi ukomoka muri Uganda Radio Moses unaririmba mu itsinda rya Good Life, aratangaza ko yibonamo nk’Umunyarwanda uba hanze, akavuga ko atishimira umuntu umwita umushyitsi mu Rwanda.
Imiryango y’Abarundi ituye hirya no hino mu mijyi no mu biturage byo mu turere tugize Intara y’Amajyepfo, muri rusange yishimira uko Abanyarwanda babakiriye. Icyakora, ibi ntibibabuza kuba bafite ibibazo bifuza ko byakemuka bagafashirizwa aho bari bitabaye ngombwa ko bajya mu nkambi. Kimwe mu bibereye inzitizi abahungiye mu (…)
Umuyobozi w’urwunge rw’amashuri rwa Kibangu ruherereye mu murenge wa Ngoma ho mu karere ka Nyaruguru, arakekwaho guha akazi umwarimu utagira amasomo yigisha ngo bakanafatanya kunyereza ibiryo bigenewe gutunga abanyeshuri.
Nyuma y’imyaka 21 u Rwanda rubohowe n’ingabo zari iza FPR Inkotanyi, abatuye ahitwaga muri Perefegitura ya Gikongoro - ubu ni mu gice kinini cy’Uturere twa Nyamagabe na Nyaruguru- bishimira ko batakicwa n’inzara, kuko ubu basigaye bahinga bakeza. Bavuga kandi ko ibi babikesha ubuyobozi bwiza.
Imwe mu miryango y’Abarundi yahungiye mu Rwanda mu Mujyi wa Muhanga, ivuga ko yakiriwe nk’abavandimwe mu gihe yari imaze kwiheba kubera ibibera iwabo.
Ku bufatanye bwa Minisiteri ya Siporo n’umuco,Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu na Minisiteri ifite urubyiruko mu nshingano zayo,mu Rwanda hagiye kubakwa ikibuga muri buri murenge mu rwego rwo gufasha iterambere ry’imikino biturutse mu nzego zo hasi.
Akarere ka Nyabihu karateganya kubaka inzu yo gukoreramo nshya izasimbura iyari isanzwe ikorarwamo ubu ikazarangirana n’umwaka w’ingengo y’imari wa 2016-2017, ikazatwara amafaranga y’u Rwanda agera muri miliyoni 800.
Ubushakashatsi buherutse gukorwa na Kaminuza ya Kigali (University of Kigali) mu Karere ka Musanze ngo bwasanze ababarirwa muri 90% barenga Intara y’Amajyaruguru bajya gushaka amakaminuza ngo batishimiye kujya kwiga ahandi bituma iyi kaminuza ihashyira ishami ryayo.
Kuri uyu wa 3 Nyakanga 2015, Jeannette Kagame, Umugore wa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, ari mu Karere ka Nyanza, Murenge wa Rwabicuma aho agiye gushyikiriza abakecuru bagizwe incike na Jenoside yakorewe Abatutsi amazu ajyanye n’igihe yo kubamo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero n’umufatanyabikorwa wako mu iterambere PIMA, wita ku gukurikirana amakuru no gukora ubuvugizi kuri Politiki za Leta bamaze gufata imyanzuro yarushaho gukemura ikibazo cy’abana biga mu burezi bw’ibanze bw’imyaka 9 na 12 badafata amafunguro ku ishuri.
Amakuru aturuka muri Bolivia, igihugu kiri muri America y’Amajyepfo, aravuga ko umushumba wa Kiliziya Gatulika, Papa Francis, azagisura ngo akaba yasabye kuzazimanirwa ibibabi bya Coca bikorwamo ikiyobyabwenge cya Cocaine.
Ubwo Ikigo cy’Igihugu cy’Imiyoborere, RGB, cyashyikirizaga ishyirahamwe ry’imfubyi zirera zo mu Mudugudu wa Nyamugari, Akagari ka Nkingo, mu Murenge wa gacurabwenge, inkunga y’icyuma gisya n’umurima wo guhinga bifite agaciro ka miliyoni eshatu n’igice; Prof. Shyaka Anastase, Umuyobozi wa RGB, yatangaje ko ubuhamya (…)
Ishyirahamwe Duhozanye rihuza ababyeyi bapfakajwe na Jenoside, risanzwe rikorera mu Karere ka Gisagara, bagabiye abapfakazi wa Jenoside bo mu karere ka Huye mu murenge wa Mbazi bibumbiye muri koperative Abihanganye, kuri uyu wa kane tariki 2 Nyakanga 2015.
Abaturage batuye mu karere ka Rutsiro mu ntara y’Iburengerazuba batangaza ko kuba bafite umutekano uhagije bitandukanye n’igihe cy’intamabara y’abacenegezi ubwo bari badatekanye, babibonamo kwibohora bakabizirikana abvuga ko uwabihakana ari utazi iyo ntamabara.
Urubyiruko 118 rwo mu Murenge wa Busogo rwarangije urugerero, rurasabwa gukura amaboko mu mufuka, rugakora rugahera ku mirimo yo hasi yitwa ko isuzuguritse idasaba igishoro kinini kugira ngo rwiteze imbere
Mu kiyaga cya kivu hafatiwe abakongomani batanu n’amato yabo bari bavogereye amazi y’u Rwanda n’imitego ya kaningini itemewe kurobeshwa mu Rwanda na yo irafatwa, kuri uyu wa gatatu tariki a 1 Nyakanga 2015.
Ubushakashatsi bukorwa cyane cyane n’abarimu bo muri kaminuza ngo iyo bukoreshejwe bugira uruhare mu iterambere ry’igihugu n’abayobozi bakabona imibare n’amakuru afatika agaragaza uko ikibazo giteye n’uko cyakemurwa baheraho bafata ibyemezo.
Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango,Oda Gasinzigwa,avuga ko ubuyobozi bwiza bwafashije abagore kwibohora imyumvire yo kumva ko badashoboye,yaterwaga n’ubuyobozi bubi bwabagaragazaga nk’abadashoboye none nyuma yo guhabwa umwanya ubu ngo bageze kure mu iterambere.
Umugabo witwa Rubwiriza Tharcisse w’imyaka 26 y’amavuko ari mu maboko ya Polisi kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyamata mu Karere ka Bugesera kuva mu cyumweru akorwaho iperereza kubera gukekwaho gusambanya umwana w’imyaka ine.
Mu ruzinduko bamwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, imitwe yombi bagiriye ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Nyarubuye ku wa 30 Kamena 2015 bababajwe n’ubwicanyi ndengakamere muri Jenoside yakorewe Abatutsi i Nyarubuye biyemeza kuba abavugizi b’urwibutso rwaho rushyinguwemo imibiri ibihumbi 51 ngo rwubakwe.
Inama njyanama y’akarere ka Ngororero yagabiye inka abantu babiri basizwe iheruheru na jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994, mu rwego rwo gufata mu mugongro abatishoboye bo muri aka karere no gutanga urugero ku baturage bishoboye rwo gufasha abakiri mu bukene.
Mu gihe impunzi z’Abarundi zisaga ibihumbi 30 zimaze guhungira mu Rwanda ndetse abasaga ibihumbi 26 na 600 bakaba bari mu Nkambi ya Mahama mu Karere ka Kirehe, harimo izindi zahisemo kwibera mu miryango y’Abanyarwanda cyangwa izifite amikoro zigahitamo kwikodeshereza inzu zo kubamo hirya no hino mu turere tw’igihugu, ariko (…)
Kuri uyu wa 01 Nyakanga, mu mukino wahuje ikipe ya Bugesera na Nyagatare,mu mukino Bugesera yatsinze Nyagatare 1-0, uyu umukino wabayemo imvururu abafana bashaka gukubita abasifuzi maze Polisi y’u Rwanda irahagoboka.
Abarundi baba mu mujyi wa Butare bavuga ko batagiye kuba mu nkambi nk’abandi Barundi bose bahunze kuko babonaga abana babo batashobora ubuzima bwo mu nkambi. Na none ariko, bifuza guhabwa ibyangombwa by’ubuhunzi, bakabasha kwivuza ndetse n’abana babo bakabasha kwiga.
Nyuma y’uko umuhanzi w’Umubiligi ufite inkomoko mu Rwanda Paul Van Haver uzwi ku izina rya Stromae ahagarikiye ibitaramo yari asigaje gukorera muri Afurika harimo n’u Rwanda ndetse n’ibyo yari afite ku yindi migabane y’isi kubera uburwayi, kuri ubu hari amakuru ari kuvugwa ko yaba yamaze koroherwa ndetse akaba yaranavuye mu (…)
Mu gikorwa cyo kwakira ku mugaragaro intare zirindwi muri Parike y’Akagera, zikuwe mu gihugu cy’Afurikay’Epfo, uhagarariye African Parks, yavuze ko ari ikimenyetso cy’uko u Rwanda ruza ku isonga muri Afurika mu kwita kuri za parike.
Imibare igaragaza ko kuva mu 1998 umusaruro w’icyayi mu ruganda rw’Icyayi rwa Rubaya ruherereye mu murenge wa Muhanda mu karere ka Ngororero wagiye uzamuka ku buryo ubu bageze kuri 20,048,057 kg ku mwaka igihe mu 1980 hasaruwe 157,000kg gusa.
Amakipe y’abakobwa mu mukino wa Volley ball ane yabaye aya mbere ari mu cyiciro cya mbere, kuri uyu 01/07/2015, yahuriye mu karere ka Ruhango guhatanira igikombe,mu mikino izwi ku izina rya playoffs.
Abanyeshuli barangiza amashuli yisumbuye mu mwaka wa 2014/2015 bo mu murenge wa Busoro mu karere ka Nyanza, bavuga ko ibikorwa bakoze mu mezi atanu ashize by’urugerero bibarirwa asaga miliyoni 4.5 z’amafaranga y’u Rwanda.
Abanyeshuri n’abarezi bo ku Rwunge rw’Amashuri rwa Gatizo, ruherereye mu Murenge wa Gacurabwenge, batangaza ko inyigisho bakura mu mahuriro y’abanyeshuri “Clubs scolaires”, zibafasha kumenya icyerecyezo cy’igihugu kandi na bo bagafasha mu kukigeraho.
Abahanzi bagize itsinda rya Good Lyfe ryo muri Uganda ari bo Radio na Weasel biteganyijwe ko bagera mu Rwanda kuri uyu 2 Nyakanga 2015 mu ma saa kumi n’igice baje mu bitaromo byo kwibohora aho icya mbere kizaba ku wa 4 Nyakanga 2015 muri Serena Hotel naho ikindi kikaba ku wa 5 Nyakanga 2015 kuri Sitade y’Akarere ka Musanze.
Umuyobozi w’ikigo cyo kubitsa no kuguriza “Sacco Mareba” Munyantore Gratien n’umucungamutungo wacyo Mbarubukeye Joseph, barafunze nyuma yo kugaragara ko hari amafaranga yagiye asohoka batagaragariza ibimenyetso.
Miliyoni zisaga gato 320frw ni zo zitakoreshejwe mu mwaka ushize w’ingengo y’imari kubera ikibazo cy’abafatanyabikorwa batayataze, bigatuma akarere katabasha gukoresha ingengo y’imari yose yari iteganyijwe.
Ikipe ya Police Fc yasezereye ikipe ya APR fc muri 1/2 cy’imikino y’igikombe cy’amahoro,nyuma yo kunganya ubusa ku busa byahaye amahirwe ya Police yo kuzakina na Rayon Sports ku mukino wa nyuma kuri uyu wa gatandatu.
Abagize inteko ishinga amategeko umutwe w’abadepite n’uw’abasenateri, basuye urwibutso rwa Murambi rwo mu Karere ka Nyamagabe, banashimira umubyeyi witwa Goretti Nyiraneza wahishe abana barindwi muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ingabo z’u Rwanda zubakiye amashuri abanyeshuri bo mu murenge wa Rubaya wo mu karere ka Gicumbi baruhuka urugendo rwa km 12 bakoraga bajya kwiga. Bije bikurikira icyumweru barimo muri aka karere cyahariwe ingabo, aho bari gutanga ubuvuzi butandukaye ku buntu.
Nyuma y’uko bigaragaye ko hari imwe mu miryango y’Impuzamiryango Pro-Femmes Twese Hamwe icumbagira nyuma y’aho abaterankunga bayo bahagaze, Pro-Femme Twese Hamwe irasaba imiryango bakorana kwishakamo ubushobozi ntibashingire ku baterankunga gusa kuko iyo bahagaze isenyuka.
Abanyeshuri bo mu Rwunge rw’Amashuri rwa Kirehe bavuga ko nubwo bavutse Jenoside yakorewe Abatutsi yarabaye bamaze gusobanukira ububi bwayo ngo bakaba biteguye kuyikumira.
Mu rwego rwo guha agaciro imirimo bakoraga bitangira kubaka igihugu ariko Leta yariho icyo gihe ikagira uruhare mu kubica, abakozi b’Akarere ka Kamonyi bibutse abakoreraga amakomini yavuyemo Akarere ka Kamonyi, kuri uyu wa kabiri tariki 30 Kamena 2015.
Ubuyobozi bw’akarere ka Gatsibo bwahagurukiye ababyeyi batita ku isuku y’abana babo, buvuga ko bazajya bafatira ibihano umubyeyi wese utazirikana isuku y’umwana we haba ku mubiri no ku myambarire.
Mukezangabo Augustin Umuyobozi wa La Palisse Hotel ikorera Nyandungu na Golden Tulip ikorera Nyamata mu Karere ka Bugesera, yatangaje ko abahakana Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda ari inkozi z’ibibi.
Umushinga Pertners in Health (Inshuti mu buzima) wizihije isabukuru y’imyaka 10 umaze ukorera mu Karere ka Kirehe, abaturage bahamya ko wabafashije mu mibereho yabo mu gihe bamwe bari baratakaje icyizere cyo kubaho.