Kanama: Abaturage ngo buzuye ibihuru bashakisha ibendera ryibwe ku kagari

Ubuyobozi bw’Akagari ka Kamuhoza mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu baravuga ko bahangayikishijwe n’idarapo n’ibendera ryibwe mu ijoro tariki ya 22/6/2015, ku buryo ngo abaturage kuri uyu wa 24 Kamena 2015 biriwe mu bihuru bashakisha ngo barebe ko baribona.

Gakuba Pascal, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’ako kagari yagize ati "Turi kurishakisha mu bihuru no mu mirima dukeka ko uwaritwaye atarihisha mu nzu kuko azi neza ko asatswe yarisanganwa."

Avuga ko ryatwawe mu ma saa saa mbiri z ijoro bararishaka baribura na n’ubu bakaba bakirishakisha.

Abagombaga kurara irondo hamwe n’ umuyobozi w’umudugudu ako akagari kubatsemo ngo bahise batabwa muri yombi mu gihe hagikorwa iperereza ku ibura ry’iryo bendera.

Bamwe mu baturage baganiriye bavuga ko bababajwe n’icyo gikorwa bavuga ko kibangiriza isura.

Sylidio Sebuharara

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

hhhhhhhhhhhhh!uwo ni real patriotic warijyanye kuko akunda igihugu

ngoga yanditse ku itariki ya: 24-06-2015  →  Musubize

Abagome Baracyarihope,ahaaa!!

Alias K 8 yanditse ku itariki ya: 24-06-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka