Itsinda ry’abanyeshuri n’abayobozi babo riyobowe n’ubuyobozi bw’akarere ka Ngororero batangaza ko ibyo baboneye ku rwibutso rwa Jenoside rwa Gisozi, byabafashije kumenya uko Jenoside yateguwe mu Rwanda, biyemeza ko bagiye kuba abavugizi b’ubwiyunge aho baturuka.
Umugabo uzwi ku izina rya Kazungu utaramenyekana umwirondoro we yitabye Imana mu gitondo cyo kuwa 22/8/2014 azize ibuye yakubiswe n’uwo basangiraga mu kabari.
Hagamijwe guharanira uburenganzira bw’umwana, umuryango wa gikirisitu wita ku mibereho myiza y’umwana “World Vision” ifatanyije n’akarere ka Rutsiro, bari mu rugamba rwo gufasha abana bavutse mu buryo butemewe n’amategeko kubona ba se ngo uburenganzira bwabo bwubahirizwe.
Uwitwa Niyonshuti Emmanuel afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata akekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’umwana w’umukobwa witwaga Nyiranzabandora Chantal umaze imyaka itatu apfuye.
Umugabo uri mu kigero cy’imyaka 60 witwa Ruremesha Anastase wari utuye mu mudugudu wa Kavumu, mu kagari ka Mutongo, mu murenge wa Cyato mu karere ka Nyamasheke, bamusanze yapfuye mu murima y’ikawa ze hafi y’urugo rwe kuri uyu wa kane tariki ya 21/08/2014.
Mu gihe bamwe mu baturage b’umudugudu wa Kajevuba akagali ka Katabagemu umurenge wa Katabagemu mu karere ka Nyagatare bavuga ko barogerwa abandi bakemeza ko imirire mibi no kutavuza aribyo byitirirwa amarozi, ubuyobozi busaba abaturage kujya bajyana abarwayi kwa muganga kuko aribo bafite ubushobozi bwo kumenya indwara iyo (...)
Polisi y’igihugu ikorera mu karere ka Nyamagabe iri mu biganiro mu bigo by’amashuri yisumbuye aho igaragariza urubyiruko rwiga imiterere y’ikibazo cy’icuruzwa ry’abantu ndetse n’ingamba zafashwe mu kurikumira, cyane cyane mu bana b’abakobwa bashorwa mu bikorwa by’urukozasoni birimo n’ubusambanyi.
Abasore n’inkumi basaga gato ibihumbi bibiri bazakora umurimo wo gufasha inzego z’ibanze gucunga umutekano (DASSO) uyu munsi tariki ya 22/08/2014 barasoza amasomo mu ishuri rya polisi y’u Rwanda riri i Gishari mu karere ka Rwamagana.
Ministre w’u Burundi ushinzwe ibikorwa by’umuryango wa Afurika y’uburasirazuba (EAC), Leontine Niyonzima yabwiye itangazamakuru ko icyo gihugu gihagaritse kwitabira inama zo kuganira ku muhora wa ruguru uva ku cyambu cya Mombasa muri Kenya (Northern Corridor); kandi ko nyuma y’amezi atandatu bazasuzuma niba bakwikura muri (...)
Abagore bibumbiye muri Koperative “Jyambere Ruberangera” yo mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi baravuga ko kwibumbira muri Koperative bimaze kubateza imbere kandi bikaba byaragabanyije amakimbirane mu ngo kuko ngo batagisaba abagabo buri kantu kose bakeneye.
Abaturage batuye mu kagari ka Kamusenyi umurenge wa Byimana akarere ka Ruhango, nyuma y’aho bamenyeye ko umuntu wishe umuryango w’umuturanyi wabo yatawe muri yombi, barifuza ko yazanwa mu ruhame rw’abaturage aho yakoreye iki cyaha akaba ariho aburanira.
Bamwe mu baturage bibumbiye muri koperative y’abahinzi b’icyayi ya Muganza-Kivu” mu Karere ka Nyaruguru baratangaza ko kudahabwa inguzanyo bari bemerewe byabaciye intege bituma badahinga uko bari babiteganyije ndetse ndetse n’icyo bahinze kirapfa. Kutagira uruganda hafi yabo byo ngo bituma umusaruro ubapfira ubusa.
Umugore uri mu kigero cy’imyaka 35 y’amavuko witwa Mukamwiza Bérnadette wari utuye mu mudugudu wa Kigarama mu kagari ka Kibingo mu murenge wa Gihombo mu karere ka Nyamasheke, yasanzwe mu nzu yapfuye bigaragara ko yatewe icyuma mu mutwe no mu nda ku mugoroba wo ku wa kane tariki ya 21/08/2014.
Abagore batatu n’abagabo babiri bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera nyuma yo gufatirwa mu mukwabu bakekwaho gucuruza ibiyobyabwenge birimo inzoga itemewe ya kanyanga.
Abatoza b’intore mu karere ka Gakenke bemeza ko nubwo u Rwanda rwahuye n’ibibazo bikomeye iki ari cyo gihe cyiza cyo kugirango bagarure isura nziza igihugu cyahoranye; nk’uko babitangaje ubwo batangiraga amahugurwa y’iminsi ibiri kuri uyu wa 21/08/2014.
Abasore n’inkumi batandatu bafatiwe mu karere ka Kamonyi abandi babiri bafatirwa muri Ruhango, bagenda ku mazu yubatse ahazagurirwa umuhanda wa Kaburimbo uva Kigali werekeza ku Kanyaru bakaka abaturage amafaranga bitaga ko ari ayo kugira ngo babakorere igenagaciro ry’imitungo ya bo izangizwa mu gukora umuhanda.
Ubwo hizihizwaga umunsi w’umusoreshwa mu ntara y’Amajyaruguru kuri uyu wa kane tariki ya 21/8/2014, abayobozi batandukanye bashimye uruhare abacuruzi bafite mu iterambere ry’igihugu, bakangurira abacuruzi kwitabira gahunda yo gukoresha imashini z’ikoranabuhanga mu gutanga inyemezabuguzi.
Ikibazo cy’ubushomeri kizarangizwa no kwiga imyuga nk’uko bamwe mu rubyiruko rwiga mu mashuri y’imyuga rubivuga.
Bamwe mu bakora umwuga wo gutwara abagenzi kuri moto bazwi ku izina ry’abamotari bo mu kerere ka Burera, batangaza ko n’ubwo umwuga wabo ubafasha kwinjiza amafaranga ariko bajya bahuriramo n’ingorane zikomeye, rimwe na rimwe zitewe n’imiterere y’aho bakorera cyangwa se abagenzi batwaye ntibabishyure nk’uko babyumvikanye.
Rumwe mu rubyiruko rwo mu karere ka Ngoma ruvuga ko bishoboka ko urubyiruko rwakumira amakimbirane ashingiye ku butaka ari kugaragara cyane muri iki gihe rimwe na rimwe akabyara imfu z’abantu.
Nyuma y’imyaka ibiri urwunge rw’amashuri rwa Murira ruhagaritswe n’ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi kubaka ibyumba by’amashuri rwari rwatangiye runabigeze kure bigatera ubwumvikane buke, byatumye Guverineri w’intara y’uburengerazuba uri mu ruzinduko rw’akazi mu karere ka Rusizi n’inzego zinyuranye basura iki kigo, kuri uyu (...)
Abaturage n’abashoferi batwara abagenzi mu buryo bw’ubucuruzi bo mu Karere ka Karongi barasaba Polisi y’Igihugu gushishoza ku cyemezo cyo kubuza abashoferi kugendana terefone kabone n’iyo yaba iri mu mufuka igihe batwaye imodoka mu rwego rwo gukumira impanuka zo mu muhanda.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rutsiro buratangaza ko mu bibazo by’abaturage bakunda kwakira ikigoye bakunda guhura na cyo ari amakimbirane ashingiye ku masambu, aho imiryango itandukanye igira uburiganya ku butaka.
Umwana uri mu kigero cy’imyaka 13 uvuka mu karere ka Rutsiro, kuri uyu wa gatatu tariki ya 20/08/2013 yagaruwe iwabo nyuma yo gufatirwa mu karere ka Rubavu agiye kwambuka umupaka agana muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo.
Inzoga yitwa “La Snow” ikomoka mu Bushinwa niyo iza ku isonga mu nzoga zanywewe cyane ku isi mu mwaka wa 2013 na litiro zingana na miliyari 10,3nk’uko bigaragazwa n’ubushakashatsi bwakozwe na CNN.
Abakozi bahawe akazi na rwiyemezamirimo Kageruka Gamarier watsindiye isoko ryo kubaka gare y’akarere ka Ruhango, baravuga ko babayeho nabi kubera ko uwo bakoreye amaze ukwezi kose yaranze kubahemba ndetse bakaba baranamubuze.
Guverineri w’intara y’iburengerazuba, Mukandasira Caritas arasaba abayebyi baturiye ikibaya ya Bugarama kudata inshingano zo kurera abana babyaye, bituma abana babo basigaye bajya kwicuruza mu bihugu by’abaturanyi cyane cyane i Burundi.
Imyiteguro yo gushyiraho uwo mutwe w’ingabo zishinzwe gutabara muri kimwe mu bihugu byo byo mu gace k’iburasirazuba bw’Afurika (EASF) ngo iratanga icyizere ko mu mpera z’uyu mwaka wa 2014 uwo mutwe wa EASF (Eastern Africa Standby Force) uzaba washinzwe, nk’uko byemezwa n’Umuvugizi w’ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Joseph Nzabamwita.
Mu mihigo y’umwaka wa 2013-2014, umurenge wa Muganza niwo wesheje umuhigo uba uwa mbere uvuye ku mwanya wa 13 mu mirenge 14 igize akarere ka Nyaruguru.
Akarere ka Rwamagana katangije ubukangurambaga bwo kurwanya inkongi z’umuriro ndetse no guhangana n’ibiza muri rusange, by’umwihariko abaturage bahugurwa ku mikoreshereze y’igikoresho kizimya umuriro kizwi nka “kizimyamwoto”.
Ubusanzwe abakobwa cyangwa abagore n’abandi bantu bose bafite aho bahuriye no gukoresha imisatsi ariko hifashishijwe poroduwi (produit) bemeza ko bikunze kubahenda, ku buryo hari naho bishoboka ko iyo misatsi ikoreshwa amafaranga agera mu bihumbi 20 cyangwa akanarenga.
Umukobwa w’imyaka 20 uvuka mu murenge wa Ngera mu karere ka Nyaruguru ari mu maboko ya polisi mu murenge wa Rusenge, ashinjwa kwiba umwana w’umuhungu w’uruhinja rw’amezi atatu yareraga mu murenge wa Mayange mu karere ka Bugesera.
Abanditsi b’inkiko bo mu gihugu cyose n’abashakashatsi bo mu Rukiko rw’Ikirenga bateraniye mu Karere ka Musanze kuva kuri uyu wa 20/08/2014 mu mwiherero w’iminsi itatu ugamije kubasobanurira impinduka ziri mu itegeko rishya rigenga imiburanishirize y’imanza kugira ngo bashobore gusohoza inshingano zabo neza.
Ministeri y’imari n’igenamigambi (MINECOFIN) hamwe n’inzego bifatanya kugurisha impapuro zizahesha Leta umwenda, barizeza abazatanga amafaranga yabo bagura izo mpapuro, ko nta mpamvu n’imwe izigera ituma batishyurwa.
Hagamijwe gukumira inda zitateguwe mu bana b’abakobwa, mu kagari ka Karenge mu murenge wa Kabarore mu karere ka Gatsibo habereye ubukangurambaga hagamijwe gusobanurira abana b’abakobwa ingaruka bashobora guhura nazo mu gihe batitwaye neza mu buzima bwabo bwa buri munsi.
Bamwe mu bagore bakora ibikorwa bitandukanye birimo no gucuruza mu karere ka Muhanga barishimira ko babonye urwego Women Chamber rubafasha kwiyungura ubumenyi mu ishoramari kuko mbere batageraga ku rwego rushimishije kubera ubumenyi buke.
Abanyeshuri 27 barangije mu ishuri ry’imiyoborere no guhindura abantu abigishwa ba Kirisitu, School of Leadership and Discipleship (SLD), tariki 17/8/2014, bahawe impamyabushobozi z’amasomo bari bamazemo igihe cy’amezi cyenda.
Abagize urugaga rw’abikorera ku giti cyabo mu karere ka Nyanza bizihije isabukuru y’imyaka 20 ishize u Rwanda rwibohoye ndetse banatera inkunga isaga miliyoni ebyiri n’ibihumbi 600 abamugariye ku rugamba bo muri aka karere ishyikirizwa ubuyobozi bw’akarere.
Abatoza b’intore mu mashuri makuru na kaminuza barasabwa kuzabera urumuri bagenzi babo bo ku mashuri bigamo bashyira mu bikorwa ibyo bazaba barigiye mu itorero barimo.
Kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera hafungiye umugabo witwa Furaha Ndugu Aimable w’imyaka 24 y’amavuko usanzwe ukora umwuga wo gutwara abantu kuri moto, wiyemerera icyaha cyo guhindura impapuro batangiraho amande ya polisi (contravention).
Umugabo witwa Nshimiyimana Jean Marie Vianney w’imyaka 34 y’amavuko afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera nyuma yo gufatanwa uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga rw’agateganyo rw’urukorano.
Abakandida batatu biyamamariza umwanya umwe w’umusenateri wo kuzuza umubare w’abasenateri bahagarariye Intara y’Iburasirazuba, kuri uyu wa Gatatu tariki ya 20/08/2014 biyamamarije mu karere ka Rwamagana bahamya ko uzagirirwa icyizere atazatenguha abamutumye.
Umurenge wa Muhororo mu karere ka Ngororero usanzwe ari umwe mu mirenge 5 ikora ku muhanda wa kaburimbo wambukiranya aka karere, ku mirenge 13 yose ikagize. Gusa uyu murenge ukaba udafite indi mihanda ihagije ikozwe neza iwuhuza n’uduce bihana imbibi haba mu karere no hanze yako.
Ukirimuto Fidèle, umusaza w’imyaka 93 y’amavuko utuye mu kagari ka Rususa, umurenge wa Ngororero mu karere ka Ngororero, avuga ko ababazwa n’uko abakiri bato bategera abakambwe ngo babarage amateka bakibasha kubikora kandi hari byinshi babonye ab’ubu batazi cyane cyane ibirebana n’amateka y’Igihugu.
Umukambwe w’imyaka 101 wo muri Leta zunze Ubumwe za Amerika witwa IDEO Hy Goldman ntatekereza kubyo kujya mu kiruhuko cy’izabukuru nubwo afite imyaka ingana ityo.
Itsinda ry’abakinnyi 10 b’u Rwanda batarengeje imyaka 20 bitabiriye imikino ‘Olympique’ y’urubyiruko irimo kubera Nanjing mu Bushinwa barimo gutsindwa, ugereranyije umubare w’imikino bakina ndetse n’umusaruro barimo kuvanamo.
Kumva ko ibikorwaremezo begerezwa ari ibyabo bagomba kubifata neza kandi bakabibyaza umusaruro, nibyo Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi, Mukeshimana Géraldine yasabye abaturage b’akagali ka Kagitumba umurenge wa Matimba bitegura gutangira gukoresha uburyo bwo guhinga buhira imyaka, ubwo yabasuraga na kuri uyu wa kabiri (...)
Mu gihe hasigaye igihe kitari kinini ngo abanyeshuri barangiza amashuri abanza n’ayisumbuye bakore ibizamini bya Leta, abayobozi b’ibigo by’amashuri byo mu Karere ka Huye barasabwa kongera imbaraga mu migendekere myiza y’imyigire y’abana kugira ngo bazabashe gutsinda neza muri uyu mwaka.