Icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Gisirikare (Army Week) ingabo z’ u Rwanda ziri mu karere ka Gicumbi kuvura abaturage indwara zitandukanye ku buntu, aho ibikorwa by’ubuvuzi byakomereje ku kigo nderabuzima cya Rubaya kuri uyu wa kabiri tariki 30 Kamena 2015.
Abasenateri n’abadepite baratavuga ko batazazuyaza kurwanya no kwamagana ikibi aho kizava hose ngo ntibazanatinya kuhara ubuzima bwabo kugira ngo kiranduke, nyuma yo kwibonera n’amaso amateka abitse mu rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Ntarama.
Abasenateri n’abadepite n’abakozi bakora mu inteko inshingamategeko, basuye uributso rwa Murambi, mu rwego rwo gukomeza kunamira abazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
U Rwanda rwakiriye inkunga y’igihugu cy’u Bubiligi ingana na miliyoni 35.5 z’amayero(Euro), ahwanye n’amafaranga y’u Rwanda miliyari 28.5 Rwf, kuri uyu wa kabiri tariki 30 Kamena 2015; yo gukomeza guteza imbere gahunda zo kwegereza ubuvuzi abaturage no gushoboza inzego z’ibanze kubaha serivisi.
Ikipe ya Rayon Sports yanyagiye ikipe y’Isonga ibitego bine ku busa mu mukino wo kwishyura wa kimwe cya kabiri cy’irangiza mu gikombe cy’Amahoro,biyiha itike yo gukina umukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro uteganijwe kuri uyu wa gatandatu taliki ya 04/07/2015
Mu gihe akenshi wasanga mu gihe cy’impeshyi umukamo w’amata ugabanuka ku buryo hari amakusanyirizo yahagararaga gukora, ubu ngo iki kibazo cyarakemutse kuko aborozi bamenye korora inka nke zitanga umukamo ndetse biga no guhunika ubwatsi.
Umukuru w’igihugu Paul Kagame wagiriye uruzinduko mu karere ka Rusizi mu ntara y’Uburengerazuba, mu kiganiro n’Abanyarusizi yababwiye ko ubukungu bwa mbere ari abantu kuko ubundi bukungu bwose ari kuri bo bwubakiye.
Perezida Wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, arasaba abaturage b’Akarere ka Rusizi kubana neza b’abaturage b’ibihugu by’Uburundi na Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo bihana imbibe n’ako karere, akavuga ko Abanyarwanda bafite inshingano yo kubanira neza abaturanyi kabone n’ubwo bo [abo baturanyi] batabikora.
Kuva ku wa 28 Kemana 2015 kugeza mu gitondo cyo kuri uyu wa 29 Kamena 2015, abanyeshuri 4 b’abakobwa bo mu Ishuri Ryisumbuye Hillside Matimba, ryo mu Murenge wa Matimba mu Karere ka Nyagatare, bari bari mu Bitaro bya Nyagatare bagaragaza ibimenyetso by’ihungabana, abaganga bakeka ko ari indwara yitwa “Mass Hysteria”.
Inzu y’imyidagaduro yakubise yuzuye, umuhanzi w’umunya-Uganda, Moses Ssali uzwi cyane ku mazina ya Bebe Cool yakuriye ingofero Bruce Melody avuga ko impano mu muri muzika ariko amugira inama yo kudadohoka.
Mu biganiro yagiranye n’abavuga rikukumvikana (opinion leaders) bo mu turere twa Rusizi na Nyamasheke mu Murenge wa Bushekeri aho bita mu Gisakura, Perezida Paul Kagame, yasabye ko igiciro cy’ingendo z’indenge ku baturage bakoresha ikibuga cy’indege cya Kamembe cyagabanuka ku Banyarwanda kugira ngo barusheho gukorana no (…)
Perezidaa Paul kagame yemereye abaturage batuye mu kirwa cya Nkombo ikindi cyombo kisumbuye ku cyo yari yarabahaye, kugira ngo bakomeze guhahirana n’abandi baturage batuye mu bindi bice.
Kuri uyu wa kabiri ,kuri Stade ya Kicukiro harabera umukino wa 1/2 cy’irangiza mu riushanwa ry’igikombe cy’Amahoro,aho ikipe y’Isonga Fc iza kuba yakiriye ikipe ya Rayon Sports yari yayitsinze ibitego 2-1 mu mukino ubanza.
Mu ntangiriro z’ukwezi kwa Kanama, mu Rwanda harateganywa irushanwa ry’umupira w’amaguru w’ abana bato, rizitirirwa shampiyona y’umupira w’amaguru yo mu gihugu cy’Ubudage, izwi ku izina rya Bundesliga.
Nyuma yuko umuryango wa Compassion International ufasha abana bo mu miryango itishoboye mu bijyanye n’imyigire no mubindi bibazo bijyanye n’imibereho myiza utangiriye kubathitamo hifashishijwe ibyiciro by’ubudehe ngo byagabanyije amakosa yakunze kuvugwa ko hari abana bafashwaga n’uyu muryango batabikwiriye.
Bamwe mu bagore bakora ubucuruzi buciriritse bwambukiranya imipaka bibumbiye mu muryango COSOPAX uharanira amahoro mu Karere k’Ibiyaga Bigari basanga kuba barihurije hamwe bizatuma baba umuyoboro w’amahoro muri aka karere aho bavuga ko bazasakaza amahoro bahereye mu miryango yabo ndetse bakayakwiza no mubaturanyi.
Parezida Kagame arasaba abayobozi b’inzego z’ibanze kujya zikemura ibibazo by’abaturage ku gihe kuko ngo ntawe ushoboye kujya yicara imyaka ategereje kuzakemurirwa ikibazo kandi abayobozi bahari.
Mu rwego rwo kugabanya ibicanwa biva ku biti, bamwe mu rubyiruko rwo mu Karere ka Nyamagabe bihangiye umurimo wo gukora imbabura zicanishwa amabuye ya radiyo hifashishijwe ikara rimwe cyangwa zigacanwa hakoreshejwe amashanyarazi afite ingufu nkeya.
Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga Yvonne Mutwakwasuku, arasaba abaturage bakosoza ibyiciro byabo by’ubudehe kubikorana ubunyangamugayo, kuko hashyizweho ikoranabuhanga ritahura abafite uburiganya.
Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu Kagari ka Gisari na Kibanda mu Murenge wa Kinazi ho mu Karere ka Ruhango baravuga ko bahangayitse cyane kuko bashobora kwimurirwa mu midugudu bagasiga imibiri y’ababo mu matongo.
Abaturage bo mu karere ka Gicumbi bavuga ko kuba aka karere ariho urugamba rwo kubohora u Rwanda rwatangiriye, babifata nk’umurage wo gusigasiga ubumwe bw’Abanyarwanda no kurinda icyintu cyose cyakongera guhungabanya umutekano wabo.
Bamwe mu batuye umujyi w’akarere ka Rusizi no munkengero zawo, baravuga ko nyuma yaho inzego z’umutekano zagiye zifata bamwe mu bakunze guhungabanya umutekano wabo biganjemo abajura, indaya n’inzererezi mu mujyi hamaze kongera kuboneka agahenge.
Kuri uyu wa 26 Kamena 2015 abibumbiye mu Muryango w’Abasilamu mu Rwanda wo mu Karere ka Rutsiro AMUR/RUTSIRO bibutse abazize Jenoside yakorewe Abatutsi banenga bagenzi babo bayigizemo uruhare ndetse baniyemeza kwirinda icyatuma yongera kuba.
Umukinnyi Adrien Niyonshuti nyuma yo kutabasha kwegukana Shampiona y’igihugu mu mukino w’amagare,aratangaza ko bishobora kumugira ho ingaruka mu mikino ateganya kwitabira harimo n’irushanwa rikomeye rya la Vuelta ribera mu gihugu cya Espagne
Umukuru w’igihugu Perezida Paul Kagame aratangaza ko adashimishijwe n’uburyo ubuyobozi bubishinzwe bwananiwe kugeza umuyoboro wa Radio y’igihugu ku baturage bo mu karere ka Nyamasheke, bigatuma bahitamo kwiyumvira izo mu bihugu by’abaturanyi.
Perezida Kagame uru wagendereya abaturage bo mu Karere ka Nyamasheke kuri uyu wa 29 Kamena 2015 yabawiye ko imyumvire y’Abanyarwanda yahindutse ku buryo ntawe ukibasha kubashuka kuko ubu ngo usigaye ubabwira bakakubaza impamvu y’ibyo ubabwira.
Mu muhango wo kwibuka abarezi n’abanyeshuri bo mu mMurenge wa Mugina ho mu Karere ka Kamonyi bazize Jenoside yakorewe Abatutsi, abarezi bibukijwe ko ingengabitekerezo ya Jenoside yigishwaga mu mashuri, maze basabwa kurinda abo barera inyigisho ziganisha ku macakubiri.
Inama Njyanama y’Akarere ka Huye yateranye kuri uyu wa 26/6/2015, yemeje ko Abajyanama bose bazahabwa mudasobwa zigendanwa (laptop) zo kuzajya bifashisha mu kazi kabo k’ubujyanama.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwatangaje ku ngengo y’imari y’akarere y’uyu mwaka 2015-2016, hazifashishwaho miliyoni 400 mu kubaka Urwibutso rwa Jenoside rwa Nyundo kugira ngo imibiri 800 y’abazize Jenoside icumbikiwe kuri Cathedral ya Nyundo ishyingurwe mu cyubahiro.
Shampiona y’umukino wa Handball yasoje imikino yayo ibanza kuri iki cyumweru,aho ikipe ya Police Handball Club ikomeje kuyobora urutonde n’amanota 30, mu gihe ikipe ya APR Hc iyirya isataburenge n’amanota 27
Abagabo babiri bo mu Murenge wa Nemba mu Karere ka Gakenke bafungiwe kuri Sitasiyo ya Police ya Gakenke bakurikiranweho kwiba inka bakayibaga bakagurisha inyama zayo ariko ntibibahire kuko bahise batabwa muri yombi n’inzego z’umutekano.
Eugène Kayiranga Muzuka, Umuyobozi w’Akarere ka Huye, mu Nama Njyanama y’ako karere yabaye ku wa 26 Kamena 2015, yatangaje ko umwaka w’ingengo y’imari 2015-2016 uzarangira amwe mu masantere y’ibyaro mu karerer ayobora ahawe amatara rusange bita éclairage public.
Abaturage bo mu Karere ka Nyamasheke baravuga ko kuba bafite ubuyobozi bwiza, bigatuma basigaye bibona mu gihugu kibahesha agaciro kurusha indi mibereho yabo ya mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Nsabimana Fidèle w’imyaka 21 y’amavuko wo mu Kagari ka Gitovu mu Murenge wa Kinazi mu Karere ka mu gitondo cyo kuri wa 29 Kamena 2015 yagongewe na moto mu Mujyi wa Nyanza abura umugonze ndetse n’umutabara.
Bamwe mu batuye mu karere ka Nyamagabe babona umuganda ari ikimenyetso cyo kwibohora, kuko babasha gukora ibikorwa bifite agaciro k’amafaranga menshi bigira uruhare mu kubohora ubukene benshi mu baturage kandi bakita no ku bikorwa by’amajyambere babigirira isuku.
Bamwe mu banyeshuri biga mu rwunge rw’amashuri rwa Kibangu rwo mu karere ka Nyaruguru, baratangaza ko babangamiwe no kuba nta laburatwari ikigo gifite ibafasha gushyira mu bikorwa ibyo biga, bakavuga ko bituma batumva neza ayo masomo nk’uko bikwiye.
Umushinga Welthungerhilfe kuva ku wa 26 Kamena 2015 urimo gutunganya igishanga cya Rusuri cyo mu Murenge wa Rwaniro, kugira ngo kizajye gihingwamo umuceri.
Komiseri mu Muryango wa FPR Inkotanyi, Monique Mukaruriza, arasaba abanyamuryango b’iri shyaka n’abandi Banyarwanda, guhagurukira hamwe bagakora cyane kugira ngo batere imbere, bigire; kuko ari byo bizabashoboza kwihesha ishema n’agaciro imbere y’amahanga.
Bamwe mu rubyiruko rwo mu Murenge wa Rambura na Karago rwacikirije amashuri ngo bafite icyizere gikomeye cy’ejo hazaza nyuma yo gufashwa kwiga ubukorikori bakora ibikoresho bitandukanye mu giti cy’umugano.
Bamwe mu baturage bo mu midugudu ya Rugeshi, Kanyaru, Kinkenke, Rwanamiza, Kazibake na Kinyangagi yo mu Murenge wa Mukamira mu Karere ka Nyabihu bavuga ko umuhanda wabakorewe uva ku muhanda wa Kaburimbo ku Mukamira ukagera mu Mudugudu wa Kinkenke watumye agaciro k’umusaruro wabo kazamuka, aho ibirayi byavuye ku mafaranga 50 (…)
Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Muhanga, Senior Spertendant Francis Muheto, aratangaza ko Polisi itazihanganira abanywa bagasinda kuko usibye guhungabanya umutekano, bikururira ubukene bukabije kandi bakangiza ubuzima bwabo.
Joseph Biziyaremye usanzwe ukinira ikipe ya Cine Elmay yatunguranye yegukana Shampiona y’umukino w’amagar ya 2015, nyuma yo gusiga abandi ku ntera yareshyaga n’ibilometero 120 kuva Kigali kugera Huye
Kuri uyu wa 26 Kamena 2015, mu Mudugudu wa Barija A, Akagari ka Barija mu Murenge wa Nyagatare ho mu Karere ka Nyagatare, bamennye ibiyobyabwenge bifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda miliyoni 14 n’ibihumbi 437 na 200.
Abafatanyabikorwa b’akarere ka Kamonyi bari mu imurikabikorwa byabo ry’iminzi itatu kuva ku wa gatanu tariki 26 Kamena 2015 aho abaryitabiye bavuga ko ribafasha kumenyekanisha ibyo bakora no kwigira ku bandi mu rwego rwo kunoza imikorere.
Mu gihe ubushakashatsi bugaragaza ko kwisiramuza bifasha abagabo kugira isuku hamwe no kugabanya ibyago byo kwandura icyorezo cya Sida n’izindi ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina ugereranyije n’abadasiramuye, bamwe mu baturage bo mu Karere ka Gakenke ngo ntibakozwa ibyo kwisaramuza kubera imyumvire.
Uwamariya Odette uyobora Intara y’Iburasirazuba, akaba asanzwe ari Umunyamuryango wa FPR Inkotanyi, ni we wongeye gutorerwa kuyobora uwo muryango mu matora y’abagize inzego za FPR ku rwego rw’Intara y’Iburasirazuba arimo kubera i Rwamagana kuri uyu wa 28 Kamena 2015.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, Murenzi Abdallah, yabwiye Inama Njyanama y’akarere yateranye kuri uyu wa 26 Kamena 2015 ko ikibazo cy’amadeni ibitaro by’ako karere n’ibigo nderabuzima bibereyemo farumasi y’imiti amaze kurenga kure ubushobozi bw’akarere ku buryo atagishoboye kuba yakwishyurwa hatabayeho ubufasha bw’izindi nzego.
Minisitiri w’Iterambere ry’Umuryango akaba n’uhagarariye Akarere ka Nyanza muri Guverinoma y’u Rwanda, Madamu Oda Gasinzigwa, mu muganda w’ukwezi yakoranye n’abaturage bo mu Karere ka Nyanza wabaye kuri uyu wa 27 Kamena 2015 mu gihugu hose mu Rwanda yabasabye kurushaho kwibumbatira umutekano ngo kuko nta kindi kiguzi cyawo.