Aborozi bo mu murenge wa Byimana mu karere ka Ruhango barishimira ko batazongera guhendwa ku mata no kwamburwa amafaranga yabo. Ibi aborozi babivuze nyuma y’amezi abiri gusa babonye ikusanyirizo ry’amata rya kijyambere ryubatswe ku bufatanye bwa Koperative yabo “Agira gitereka” na minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi (MINAGRI).
Polisi ikorera mu karere ka Rutsiro yataye muri yombi umugabo ashinjwa gutesha abana amashuri akabajyana gukorera amafaranga, uyu mugabo akaba yafashwe kuri uyu wa kabiri tariki ya 19/08/2014 ahagana mu masaha ya saa munani.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryajuririye icyemezo ryafatiwe na CAF ryo gusezerera ikipe y’u Rwanda Amavubi mu mikino yo gushaka itike y’igikombe cya Afurika ishinjwa gukinisha Daddy Birori kandi ngo akinira ku bimuranga bifite amazina n’igihe yavukiye bitandukanye n’ibyo akoresha muri Congo akinira (...)
Abakora umwuga wo gufotora batangaza ko iterambere ry’ikoranabuhanga mu Rwanda ryatumye akazi kabo mu cyaro karushaho kugenda neza ndetse bakabona n’inyungu.
Minisitiri mushya muri Minisiteri y’Umuco na Siporo, Joseph Habineza, arahamagarira abahanzi gukora cyane bashyize ingufu mu muziki w’umwimerere no kwiga umuziki bakabasha kwiteza imbere ndetse bakanatanga imisoro aho gutegereza ko Minisiteri ibaha.
Umusaza witwa Rwemera Joseph w’imyaka 81 utuye mu mudugudu wa Kamushure, akagari ka Rukurura, mu murenge wa Kaniga mu karere ka Gicumbi yatoraguwe yapfuye, bikaba bikekwa ko yishwe n’inzoga.
APR FC yatsindiye kuzakina ½ cy’irangiza mu mikino ya CECAFA Kagame Cup nyuma yo gusezerera Rayon Sport hitabajwe za penaliti, ikazahura na Police FC nayo yasezereye Atletico yo mu Burundi nabwo hitabajwe za penaliti.
Nyuma y’iminsi itari mike umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagari ka Tangabo mu murenge wa Manihira afunzwe kubera gukekwaho guhisha amakuru y’umwana watewe inda yiga mu mashuri abanza, ubu yafunguwe by’agateganyo.
Kuba leta iguza abaturage si ukubura aho ikura amafaranga ahubwo ngo iba ishaka kugabanya imyenda ifata mu mahanga ikayaka mu baturage bayo ndetse n’inyungu ikagaruka mu gihugu aho kujya hanze yacyo.
Abakoresha ikiraro cya Rwagitugusa ho mu murenge wa Mutendeli mu karere ka Ngoma ndetse n’abo mu murenge wa Gahara ho mu karere ka Kirehe, bavuga kuba imbaho zitwikiriye iki kiraro zishaje biteza impungenge zo kuba byatera impanuka.
Gahunda yo gutoza abana umuco wo gukaraba intoki inshuro eshanu ku munsi (The School of Five), nyuma y’amezi atatu itangijwe imaze kugabanya umubare w’abana barwaraga bigatuma basiba ishuri.
Minisitiri Ambasaderi Joseph Habineza akimara kugera muri Minisiteri y’Umuco na Siporo (MINISPOC) yahise atangaza ko abakozi bose b’iyi minisiteri n’abakora mu bindi bigo biyishamikiyeho, bahamagariwe gukunda akazi no kugakorana umurava cyangwa bakabisa abandi bashoboye bakagakora.
Bamwe mu bafite ubumuga n’abatishoboye bavuga ko bikwiye ko leta ikomeza gutekereza ku bafite ubumuga n’abatishoboye, amategeko abarengera agakomeza kubungwabungwa no gukurikizwa hagamijwe kudaheza uwo ari we wese ku byiza by’u Rwanda.
Amakoperative y’abahinzi b’umuceri yo mu karere ka Huye aravuga ko kuba igiciro cy’ifumbire cyaragabanutse bizayateza igihombo mu gihe bari baragiriwe inama na Minisiteri y’ubuhinzi yo kugura ifumbire hakiri kare kuko bateganya ko igiciro cyazamuka.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iby’ubumenyi bw’ikirere (Méteo) cyakuyeho urujijo ku bahinzi gitangaza ko imvura y’umuhindo yamaze gutangira kugwa muri uku kwezi, ndetse Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi (MINAGRI) ikaba isaba abahinzi bo mu turere dusanzwe tugwamo imvura nyinshi cyane cyane utwo mu majyaruguru n’iburengerazuba (...)
Umusore w’imyaka 24 wo mu murenge wa Mata ari mu maboko ya Polisi, akekwaho icyaha cyo gutema agakomeretsa mu gahanga mukase w’imyaka 93 bapfa amakimbirane ashingiye ku masambu.
Nyuma y’amezi ane Abanyarwanda bajya guhahira muri Congo banyuze ku mipaka ya Rusizi yombi bakwa amafaranga ya Visa ubu noneho barishimira ko kuva kuwa mbere tariki 18/08/2014 Congo yavuye kuri icyo cyemezo.
Abantu 200 bo mu karere ka Rulindo bafatiwe mu bikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro batabifitiye uburengenzira barimo guhabwa inyigisho zitandukanye ku bijyanye n’imyitwarire ku muntu ushaka gukora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro.
Umugabo uri mu kigero cy’imyaka 32 afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Rutsiro ashinjwa gufata umugore w’abandi amusanze mu nzu aryamye mu murenge wa Manihira, akagali ka Muyira tariki ya 15 kanama saa sita z’ijoro.
Umugore wo muri Reta Zuze Ubumwe z’Amerika muei Leta ya Caroline yamenye ko umugabo we abana n’abandi bagore batatu ku buryo bwemewe n’amategeko nyuma yo gufata icyemezo cyo kureba kuri paji ya Facebook y’umugabo we maze akavumbura amafoto y’ubukwe aho umugabo we yabaga yashakanye n’abandi bagore.
Guhera ku itariki ya 13/08/2014 kugeza tariki ya 20/08/2014, itorero Mashirika rizwi ho gutambutsa ubutumwa butandukanye binyuze mu ma kinamico no muri cinema, riri mu gikorwa cyo gukangurira abatuye mu karere ka Rusizi cyane cyane urubyiruko kugana amashuri y’imyuga n’ubumenyingiro.
Umusore ukomoka mu karere ka Rubavu ubwo yaragiye gusezerana n’umukobwa mu karere ka Gicumbi mu murenge wa wa Kajyeyo, nyina w’umukobwa yanze ko babasezeranya kubera ko umuhungu atamukwereye.
Rwiyemezamirimo Nyiransabimana Fortunée utuye mu Murenge wa Kirehe, Akarere ka Kirehe akaba umucuruzi w’ibyuma by’imodoka akaba afite n’igaraje byose bifite agaciro ka miliyoni 30 yemeza ko yabigezeho abikesheje igishoro cy’amafaranga ibihumbi bitatu.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera butangaza ko buzakomeza kugabira inka abatishoboye muri gahunda ya “Gira Inka” munyarwanda ndetse mu mihigo y’umwaka 2014-2015 bwiyemeje gutanga inka 1200 zizagabirwa abatishoboye bo muri ako karere.
Baribwirumuhungu Steven w’imyaka 28 y’amavuko afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Ruhango akurikiranyweho icyaha cyo kwica umuryango w’abantu 6 icya rimwe mu murenge wa Byimana mu karere ka Ruhango.
Kuri iki cyumweru tariki ya 17/08/2014, imbere ya Kiriziya ya paruwasi ya Nyamasheke muri diyoseze ya Cyangugu, Uwiringiyimana Simon yahawe ubupadiri na Nkurunziza Jean Baptiste ahabwa ubudiyakoni (ni icyiciro kibanziriza guhabwa ubupadiri).
Umunyarwanda witwa Ngabo avuga ko ubwo yari amaze kugurisha amashaza i Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo yatangiriwe n’abantu bamusabye ibyangombwa bagahita bamujyana mu modoka idafite nomero ziyiranga bakamugirira nabi bakanamutwara amafaranga.
Ubuyobozi bw’ishami ry’umuryango w’abibumbye rishinzwe kugarura amahoro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (MONUSCO) butangaza ko mu gihe kitagera ku mezi atatu bumaze gutakaza akayabo ka miliyoni y’amadolari y’abanyamerika mu kwita ku barwanyi ba FDLR bashyize intwaro hasi.
Mu gihe bamwe mu baturage b’umudugudu wa Kajevuba akagali ka Katabagemu umurenge wa Rukomo mu karere ka Nyagatare bavuga ko bagiye gucika ku bworozi bw’amatungo cyane cyane amagufi kubera abajura, ubuyobozi bukangurira abaturage gutanga imisanzu yo kwishyura inkeragutabara zigiye gushyirwaho kugira ngo zirinde umutekano.
Ikipe ya Ubumwe Basketball Club yegukanye ku nshuro yayo ya mbere igikombe gihuza amakipe ane ya mbere muri shampiyona (playoff 2014), nyuma yo gutsinda RAPP BBC imikino itatu ku busa, naho mu bagabo ho Espoir BBC na CSK zikazategereza gukina umukino wa kane nyuma y’aho CSK itsinze Espoir mu mukino wa gatatu.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rutsiro ndetse n’intara y’iburengerazuba bwashyikirijwe igikombe cyitiriwe amarushanwa “Umurenge Kagame Cup” ikipe y’abakobwa y’umupira w’amaguru iherutse gutwara ku rwego rw’igihugu.
Umukuru w’igihugu cy’u Rwanda, Perezida Paul Kagame, atangaza ko impanuka zimaze iminsi ziba hirya no hino mu gihugu zigahitana ubuzima bw’abantu benshi zihangayikishije igihugu, agasaba inzego zose zibishinzwe gushyiraho ingamba kugira ngo zigabanuke.
Itorero rya ‘Bethesda Holy Church’ ryashimiye abakristo baryo bigomwe amaboko yabo n’amafaranga arenze miliyari imwe na miliyoni 30, bakubaka urusengero ahitwa ku Kagugu hafi yo mu Gakiriro (Gakinjiro); ngo kikaba ari ikimenyetso cyo kwigira kw’Abanyarwanda no gukunda Imana, nk’uko Umushumba waryo, Rev.Albert Rugamba (...)
Impuzamakoperative y’Abamotari mu Ntara y’Iburasirazuba (ASTRAMORWA) imaze kwiyemeza gufasha abanyonzi bose bo muri iyi Ntara kwiga amategeko y’umuhanda no gukorera impushya zo gutwara ibinyabiziga ku buntu, hagamijwe kuzamura imibereho yabo ndetse bikajyana no guhangana n’ikibazo cy’impanuka zo mu muhanda.
Kuri sitasiyo ya polisi ya Rutsiro hafungiye umugabo w’imyaka 40 witwa Kubwimana Marcel wafatanywe n’abaturage udupfunyika 250 tw’urumogi atugemuye mu karere ka Nyabihu.
Nk’uko biteganyijwe muri gahunda nshya y’iyamamazabuhinzi, iki gihembwe cy’ihinga 2015 A gitangirana n’ukwezi kwa Nzeri uyu mwaka cyizakorwa hakurikijwe gahunda nshya ya MINAGRI yiswe « Twigire Muhinzi ».
Manirakiza Jean Pierre amaze imyaka igera kuri ibiri anyongesha igare ukuboko kumwe kuko nta kundi afite kandi biramutunze binamugejeje kuri byinshi.
Bamwe mu bikorera bo mu Karere ka Muhanga biganjemo abacuruzi usanga hakiri ibinengwa bigomba gukosorwa kuko bitabereye Umunyarwanda wamaze kumva ibyiza byo gutanga serivisi nziza.
Uruhushya rwo kuroba rugiye kujya ruhabwa koperative umurobyi abarizwamo aho guhabwa umurobyi ku giti cye bikazatangira gushyirwa mu bikorwa ku wa 06/09/2014, iki cyemezo kikaba kigiye gukoma mu nkokora bikomeye ba rushimusi b’amafi n’isambaza mu kiyaga cya Kivu.
Abaturage bo mu mudugudu wa Rebero mu kagari ka Nkondo mu murenge wa Rwinkwavu wo mu karere ka Kayonza bose ngo bamaze kwishyura imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza y’umwaka wa 2014/15, mu gihe hatarashira amezi abiri uwo mwaka utangiye.
Muri resitora imwe yo mu ntara ya Jiangsu mu burasirazuba bw’igihugu cy’Ubushinwa, hari resitora ikorwamo na za robo: haba mu kwakira abaje muri iyi resitora, mu baseriva abakiriya ndetse no mu gikoni !
Bamwe mu banyonzi bo mu Karere ka Musanze bagaragaza ko batishimiye uburyo batanga amafaranga 100 ya buri munsi na 900 ya buri gihembwe ntibamenye uko akoreshwa kandi bakaba nta bwizigame bagira muri koperative yabo ya CVM (Cooperative velos de Musanze).
Nyuma yo gutsindwa na KCCA yo muri Uganda igitego 1-0 mu mukino wayo wa nyuma mu itsinda, byatumye APR FC inanirwa kwegukana umwanya wa mbere mu itsinda rya kabiri, bivuze ko mu mikino ya ¼ cy’irangiza izatangira ku wa kabiri tariki 19/8/2014, izahura na Rayon Sport yabaye iya mbere mu itsinda rya mbere nk’uko amategeko (...)
Ikipe y’u Rwanda Amavubi yamaze gusezererwa mu marushanwa yo gushaka itike y’igikombe cya Afurika kizabera muri Maroc umwaka utaha, ikaba izira kuba yarakinishihe rutahizamu Daddy Borori kuko ngo akinira ku byangombwa biriho amazina ndetse n’igihe yavukiye bitandukanye n’ibyo akoresha mu ikipe ya Vita Club asanzwe akinamo.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ibyoherezwa mu mahanga bishingiye ku buhinzi n’ubworozi (NAEB) cyeguriye Rwanda Mountain Tea imirima y’icyayi iri ku buso bwa hegitari 356 iherereye mu murenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro.
Kuva ku wa mbere tariki ya 18/08/2014, imodoka zose zitwara abagenzi mu buryo bwa “Express” mu Ntara y’Iburasirazuba ntizizongera gufata abagenzi ahantu hatagurishirizwa amatiki yazo, hagamijwe guca akajagari kakunze kugaragara muri izi modoka ndetse kakaba mu biteza impanuka zo mu muhanda.
Muri kongere y’urubyiruko rushamikiye ku Muryango FPR-Inkotanyi rwo mu Ntara y’Amajyaruguru yateranye kuri uyu wa Gatandatu tariki 16/08/2014, urubyiruko rwiyemeje gufata iya mbere mu guteza imbere igihugu cyabo babinyujije mu bikorwa by’ishoramari.
Mu gikorwa cyo gushimira umuyobozi w’umurenge wa Muhororo mu karere ka Ngororero witwa Adrien Harerimana kuba yarabaye uwa mbere mu karere mu kugira kawa nziza kandi yitaweho kurusha abandi bahinzi, umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe ubukungu n’iterambere yasabye abayobozi bose kuba intangarugero muri byose.
Urubyiruko ruhagarariye urundi mu Muryango FPR-Inkotanyi mu Ntara y’Uburengerazuba ruri mu biganiro by’iminsi ibiri guhera kuri uyu wa 16 Nyakanga 2014 ku ngengabitekerezo y’umuryango, imiyoborere n’imyitwarire ikwiye kuranga umuyobozi mu nzego za Leta akaba ari n’umunyamuryango wa FPR, byose bigamije kureba uko imibereho (...)
Abafite amashyamba y’inturusu mu karere ka Ngoma bahangayikishijwe n’udukoko rwaje mu mashyamba yabo dusa n’inda turya ibibabi by’inturusu zikuma.