U Rwanda rwashyizwe mu bihugu 10 bya mbere bifite interineti yihuta ku mugabane wa Afurika ku rutonde rwakozwe n’ikigo Net Index gikurikirana kandi kigafata ibipimo ku muvuduko wa interineti n’uko igera ku bayikeneye.
Umuyobozi ushinzwe guteza imbere imiyoborere myiza mu kigo cy’igihugu gishinzwe imiyoborere myiza arahamagarira abayobozi mu nzego zose gufata neza ababagana kuko kubarangarana ari ugukwihombya. Mu Rwanda habarurwa igihombo cya miliyoni 420 z’amadolari ku mwaka aterwa no kudafata abakiliya neza.
Umukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Gasana Emmanuel n’umukuru wa Polisi ya Uganda, Lt General Kale Kaihura basinye amasezerano y’imikoranire hagati ya Polisi z’ibihugu byombi nyuma y’inama yabaye kuri uyu wa kane tariki 26/04/2012 ku kicaro cya Polisi y’u Rwanda ku Kaciru mu mujyi wa Kigali.
Sakindi Alphonse w’imyaka 37 y’amavuko na Nzabarantumwe Triphonie w’imyaka 34 y’amavuko bo mu kagali ka Mucaca, umurenge wa Nemba, akarere ka Gakenke bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Gakenke kuva tariki 24/04/2012 bazira ruswa y’amafaranga ibihumbi bitanu.
Muhayimana Jean Damascene wahoze ari umurezi ku kigo cy’amashuri yisumbuye i Mutenderi yafunzwe akekwaho kurya ruswa agatanga ishuri mu buryo bumewe n’amategeko ariko nyuma aza gufungurwa. Nyuma yo gufungurwa amaze amezi abiri atagira ikigo yigishaho.
Ikinyamakuru Slate Afrique cyashyize ahagaragara urutonde rw’abagore bavuga rikijyana ku mugabane w’Afurika babarizwa mu nzego zose kandi bagaragaje ubushobozi mu byo bakora.
Ejo kuwa gatanu tariki 27/04/2012 Minisitiri w’Intebe azagirana ibiganiro biziguye n’ababyifuza bose ubwo azaba amurikira Abanyarwanda ibyo Guverinoma ayoboye iri gukora.
Abiyemeje umwuga wo kwiba mu ngo bakomeje kwikinga imvura bakayogoza abaturage cyane cyane muri iyi minsi imvura irimo kugwa mu bice byinshi by’u Rwanda.
Igitambo cya Misa yo gusabira Irene Rwirangira, wari umubyinnyi mu itorero Inganzo Ngari, kizaba kuri uyu wa gatanu tariki 27/04/2012 kuri Centre Christus i Remera saa kumi n’imwe n’igice z’umugoroba.
Ubushakashatsi bwakozwe n’impuguke z’Ababiligi buhamya ko imyaka y’ubukure ari 24 aho kuba 18. Ku myaka 24 ngo nibwo umuntu yagombye kuboneraho uburenganzira buhabwa abantu bakuze akanirengera ingaruka z’ibyo yakoze byose.
Umugabo witwa Manirakiza Elias w’imyaka 26 wari utuye mu mudugudu wa Rwamurema mu kagari ka Rubimba umurenge wa Gahara yakuwe mu cyobo cy’amazi yapfuye tariki 25/04/2012 mu masaha ya saa moya za mu gitondo.
Umuryango w’Abahorandi ugamije iterambere (SNV) urakangurira buri wese kugira uruhare mu kubungabunga amazi no kuyagirira isuku mu rwego rwo kwirinda indwara zayakomokaho iyo ahuye n’ibiyahumanya.
APR FC ikomeje kwiyongerera amahirwe yo gutwara igikombe cya shampiyona nyuma yo gutsinda Espoir FC ibitego 2 kuri kimwe bigoranye, mu mukino w’umunsi wa 23 wabereye Rusizi tariki 25/04/2012.
Urubanza rwa Jacques Mungwarere, Umunyarwanda uba muri Canada ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside, ruzatangirana n’igikorwa cyo gutoranya abazaca uru rubanza mu bantu 1200 b’inzobere bifuza kwegurirwa izi nshingano.
Niyonkuru Delphine, umukobwa w’imyaka 16 wo mu murenge wa Gasaka mu karereka Nyamagabe yafashwe, tariki 25/04/2012, yibye umwana w’umukobwa w’amezi 2 yari asanzwe arera nk’umukozi wo mu rugo.
Abagenzi bagendaga mu modoka ya Horizon Coach bari baturutse Uganda berekeza i Burundi batunguwe no kubona imodoka ifashe umuhanda werekeza Congo mu gihe bo berekezaga i Burundi.
Irekurwa rya Jean Damascene Biramahire w’imyaka 25 na Nkurunziza Vincent bo mu murenge wa Rukira mu karere ka Ngoma ,bari bafunzwe bazira kwica inka bazikase amara ryateje umwuka mubi hagati yuwapfushije inka nabo bafunguwe.
Umurambo w’umwana w’umuhungu w’imyaka 17 wigaga mu mwaka wa Kabiri w’amashuri yisumbuye watoraguwe mu mufuka, nyuma y’uko yari yaraye yishwe n’abantu bataramenyekana mu ijoro ryo kuwa Kabiri tariki 24/04/2012.
Umuyobozi w’akarere ka Nyanza, Murenzi Abdallah, aratangaza ko ubugizi bwa nabi bwakorewe umukecuru witwa Uzabakiriho Speciose bufitanye isano no kwibasira uwarokotse jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994.
Minisitiri w’Ubutebera wasuye akarere ka Nyamasheke kuri uyu wa Gatatu, mu ntara y’uburengerazuba, yasabye abagatuye kugira uruhare mu guteza imbere no gushyigikira ubutabera bwunga, mu rwego rwo gushyigikira inzego z’abunzi.
Ibyabaye kuri Real Madrid, ntibitandukanye cyane n’ibyabaye kuri Barcelone ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu ubwo Bayrern Munich yayisezereraga Real za penaliti.
Igihugu cya Canada kigiye kuburanisha Jacques Mungwarere w’imyaka 39 y’amavuko, ukurikiranyweho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi 1994. akazaba Umunyarwanda wa kabiri uburanishijwe n’ubutabera bwa Canada.
"Umuco wo gusoma ni ipfundo ry’ubumenyi bwose abana bagomba gutozwa hakiri kare kuko bidasaba ubukungu bisaba kubikunda kandi ukabitangira kare".
Mu rukiko Rukuru rwa Kigali, ubushinjacyaha bwasabiye Victoire Ingabire igihano cy’igifungo cya burundu no gutanga ihazabu ya miliyoni imwe n’ibihumbi maganane by’amafaranga y’u Rwanda, nyuma yo gusaba urukiko kumuhamya ibyaha bitandatu bwamureze.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) niyo igiye kujya ikurikirana ibirebana n’itangazamakuru, nyuma yo gukurwa mu cyahoze ari Minisiteri y’Itangazamakuru.
Ikigo gicuruza itumanaho rya telefoni na internet, MTN Rwanda, cyatangaje ko kigiye kugabanya ibiciro bya internet kugeza hafi ku kigero cya kimwe cya kabiri.
Rubirika Eugène w’imyaka 55 y’amavuko yitabye Imana ku mugoroba wa tariki 24/04/2012 aguye mu mpanuka y’imodoka yari ijyanye amavuta ku munara wa MTN uri mu mudugudu wa Kibilizi mu kagali ka Rwotso mu murenge wa Kibilizi mu karere ka Nyanza.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Nigeria (NFF) ryemeje ko umukino uzahuza Nigeria n’u Rwanda ugomba kuzabera kuri Esuene Stadium mu gace ka Calabar gaherereye mu majyepfo ya Nigeria.
Abahanzi 10 bari muri Primus Guma Guma Super Star (PGGSS), tariki 26/04/2012 bazasura abana baba mu kigo cya Gatagara mu Ntara y’amajyepfo hanyuma tariki 28/4/2012, bakine n’abanyamakuru bakora ibiganiro bijyanye n’imyidagaduro kuri sitade Amahoro i Remera.
Ubwo isiganwa ry’amagare ryiswe ‘Tropical Amisa Bongo’ ryatangiraga tariki 24/04/2012, Nicodem Habiyambere yabaye uwa 24, akaba ari nawo mwanya wa hafi wegukanywe n’Umunyarwanda.
Akana nkemurampaka gashinzwe gutoranya Abanyarwanda bazajya muri Tusker Projct Fame gakomeje kugira ibanga abo kahisemo mu majonjora yabaye tariki 22/04/2012. Ayo majonjora yitabiriwe n’abahanzi bagera kuri 50 hatoranywamo batandatu gusa.
Abahanzi b’inshuti z’umuhanzi Sentore harimo n’abo yatoje mu itorero ndetse n’izindi nshuti ze n’iz’umuryango ziri mu Bubiligi, tariki 21/04/2012, zaturiye igitambo cya Misa cyo kumusabira no kumwibuka.
Munyarugendo Zabuloni na Muhawenayo Joram bo mu karere ka Nyamasheke batawe muri yombi tariki 23/04/2012 bakekwaho gushaka kwiba amafaranga muri Sacco ya Rugarika, aho Muhawenayo yari amaze igihe cy’ibyumweru bibiri yimenyereza umwuga (stage).
Noheli Jean Baptiste w’imyaka 21 wo mu mudugudu wa Gabiro mu Kagali ka Buyange mu Murenge wa Mataba, akarere ka Gakenke yitabye imana nyuma yo kurohama mu mugezi wa Base ku gicamutsi cyo kuwa kabiri tariki 24/04/2012.
Umusaza Tabaro Mathias wacitse akaboko utuye mu murenge wa Mukamira mu kagari ka Rubaya,umudugudu wa Karandaryi ababajwe n’inka ye yatemwe kandi yari yarayihayeho umwana we, Ndayambaje Bernard, umurange ngo azabashe kugira icyo yimarira.
Minisiteri y’imicungire y’ibiza n’impunzi (MIDIMAR), tariki 24/04/2012, yashyikirije inkunga y’ibiribwa n’amabati abaturage basenyewe amazu n’imyuzure bo mu karere ka Rubavu mu murenge wa Kanama.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu tariki 25/04/2012, Minisitiri w’Ubutabera, Karugarama Tharcisse, aragirira uruzinduko rw’akazi mu karere ka Nyamasheke mu murenge wa Kanjongo.
Imodoka y’ubwoko bwa Toyota Hilux yakoze impanuka mu gitondo cyo kuwa kabiri tariki 24/04/2012 mu gasentere ka Rwamenyo mu murenge wa Gashenyi, akarere ka Gakenke maze umushoferi wari yitwaye arakomereka.
Biteganyijwe ko mu nama ya 10 y’abayobozi b’ibihugu bigize umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EAC) izaba taliki 28/04/2012 Arusha muri Tanzania hazigwa ku busabe bwa Sudani y’Amajyepfo mu mkwinjira muri uwo muryango.
Abayobizi babiri baturutse mu ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi (FIFA), barasura u Rwanda mu gihe cy’iminsi ine kuva uyu munsi tariki 25/04/2012. Bazaganira n’abayobora ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ku bijyanye n’imishinga y’iterambere.
Abasore batatu bafatanywe amafaranga y’amiganano mu mukwabo wakozwe mu ijoro rya tariki 23/04/2012, bafatirwa mu gasantere kitwa Video ko mu murenge wa Gahini mu karere ka Kayonza.
Mu gihe habura imikino itatu kuri buri kipe ngo shampiyona irangire, APR FC na Police zifite imikino kuri uyu wa gatatu tariki 25/04/2012. APR FC irasura Espoir I Rusizi naho Police irakina n’Isonga FC kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo.
Uwabakurikiza Grace wo mu kagari ka Gakoma mu murenge wa Mimuli mu karere ka Nyagatare afungiwe kuri Sitasiyo ya Polisi ya Mimuri akurikiranyweho gutema umugabo we Nkurunziza Leon Degarde akoresheje ishoka.
Gatsinzi Charles wo mu kagali ka Gakirage, umurenge wa Nyagatare mu karere ka Nyagatare afunzwe azira gusahura urugo no kubuza umutekano Niyonsaba Béata, umugore we bafitanye abana batandatu.
Mu ruzinduko Minisitiri w’Intebe yagiriye mu kigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi (RAB) ishami rya Rubona mu karere ka Huye, tariki 24/04/2012, yasabye abayobozi kurushaho kwegera abaturage babafasha mu bikorwa by’iterambere.
Muri gahunda yo kwagura umujyi wa Kibuye, ubuyobozi bw’akarere ka Karongi burateganya kubaka gare igezweho izatwara amafaranga miliyari 4 na miliyoni 545. Iyo gare izubakwa ahitwa mu cyumbati, mu murenge wa Bwishyura.
Umwana ukomoka mu gihugu cy’ubushinwa witwa Nong Yousui afite amaso adasanzwe kuko abasha kureba mu mwijima kuko afite amaso ateye nk’ay’inyamaswa.
Umuyobozi w’umuryango mpuzamahanga ushinzwe guteza imbere ubumenyi n’ikoranabuhanga mu bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere (TWAS), Professeur Romain Murenzi, arakangurira abacyeneye kwiga icyiciro cya 3 cya kaminuza mu bumenyi n’ikoranabuhanga kugana uwo muryango ukabafasha.
Mu karere ka Gatsibo umurenge wa Kiramuruzi akagari Nyabisindu abantu batazwi bakomeje kwitwikira amajoro bagatema intoki z’abandi.