Umuhanda Hanika- Kivugiza ufite ibirometero bisaga 18 ugiye kumara hafi imyaka ibiri uri gukorwa kugeza ubu ukaba ugishidikanywaho niba wararangiye cyangwa se niba hari ibishobora gukomeza gukorwaho.
Bamwe mu barwayi n’abarwaza bagana ikigo nderabuzima cya Kibingo giherereye mu murenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro baturutse mu bice bya kure babangamirwa n’uko aho kwa muganga nta ho bafite ho gutegurira amafunguro.
Mu gihe mu mujyi w’akarere ka Rwamagana hakomeje kugaragara abantu basabiriza ku muhanda, ubuyobozi bw’aka karere buratangaza ko butazabareka ngo bagume muri iyi ngeso isebya abayikora igasebya n’akarere, ahubwo ko hagomba gukorwa ibishoboka kugira ngo uku gusabiriza guhagarare.
Bamwe mu baturage batuye umurenge wa Kazo ho mu karere ka Ngoma bagannye ikigo cy’imari Umurenge SACCO wa Kazo bavuga bari kwiteza imbere babikesha kubasha kuzigama amafaranga babonye akagenda agwira akavamo igikorwa kinini.
Abagize inama njyanama y’akarere ka Rusizi kuri uyu wa mbere tariki 12.05.2014 bahuguwe n’abakozi ba Minisiteri y’imari n’igenamigambi (MINICOFIN) ku ruhare rwabo mu itorwa n’ishyirwa mu bikorwa ry’ingego y’imari.
Umuyobozi w’akarere ka Burera, Sembagare Samuel, avuga ko inka zimaze kugabirwa imiryango itishoboye yo muri ako karere, muri gahunda ya Gira Inka munyarwanda, zibarirwa mu 62230.
Ababumbyi b’amatafari n’amategura babumbira mu gishanga cya Nyarubuha, mu murenge wa Cyungo, ngo basanga umurimo w’ububumbyi warabafashije kugera kuri byinshi mu bijyanye no kwiteza imbere, babikesha ubu bubumbyi.
Bamwe mu batuye ibyaro bavuga ko bagenzi babo baka inguzanyo mu mishinga batanga muri za SACCO cyangwa mu zindi banki, akenshi zihombya n’umuco wo gutsirika izo nguzanyo babanza kunyweraho make inzoga hamwe n’inshuti zabo.
Nyuma y’aho baganiriye n’ubuyobozi bw’ishyirahamwe ry’ibigo by’imali biciririrtse mu Rwanda (AMIR), abayobozi ba SACCO mu karere ka Gisagara bavuga ko kwishyira hamwe n’ibindi bigo by’imari bisanzwe biba muri iri ishyirahamwe bizafasha za sacco kubona umuti w’ibibazo zihura nabyo.
Mu karere ka Bugesera hatangiye ikigo gitanga ingufu zikomoka ku mirasire y’izuba cyitwa Mobisol Rwanda Limited kikaba kije kunganira EWSA mu gutanga amashanyarazi.
Mu gihe imirimo yo gukora imihanda iri gokorwa mu mujyi wa huye yari yarahagaze, ubu yasubiye gukorwa n’abaturage baratangaza ko noneho bafite icyizere cy’ uko iyi mihanda izarangira gukorwa mu minsi ya vuba.
N’ubwo abantu benshi bamenyereye izina ry’akabari nk’ahantu hacururizwa inzoga, mu karere ka Gicumbi ho hatangijwe kumugaragaro akabari k’amata mu rwego rwo gukangurira abaturage kujya kuhagura amata kugirango indwara zikomoka ku mirire mbi zicike.
Ikigo cy’itangazamakuru cya kigalitoday Ltd cyahaye impamyabumenyi abantu 90 cyari kimaze amezi atatu gihugura ku itangazamakuru ry’amajwi no gukoresha imbuga nkoranyambaga ku buryo abanyabukorikori n’abikorera ku giti cyabo babyifashisha bakiteza imbere.
Dina Mukarutwaza utuye mu Murenge wa Kacyiru uherereye mu Karere ka Gasabo amaze imyaka 15 akora akazi ko gutwara imodoka, avuga ko kamubeshejeho aknashishikariza bagenzi be gutinyuka uyu mwuga.
Umudugudu wa Gisunzu mu murenge wa Manihira n’umudugudu wa Buzeyi mu murenge wa Ruhango yatoranyijwe n’akarere ka Rutsiro ku bufatanye na Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu kugira ngo ishyirwemo ibikorwa remezo byose bikenewe, bityo ibere icyitegererezo ahandi hose hasigaye mu karere.
Ishuri rikuru ry’imyuga n’ubumenyingiro mu ntara y’Iburasirazuba (IPRC East) ryashyikirije inzu irimo ibyangombwa byose nkenerwa, Mashyaka Jacques, imfubyi ya Jenoside yibanaga mu nzu yari ishaje igiye kuzamugwira.
Abacunga mutungo w’ibigo by’imari biciriritse byo mu turere twa Rusizi na Nyamasheke barasabwa kujya bagaragaza inzitizi bahura nazo mu kazi ka bo ka buri munsi kugirango ibigo by’imari bahagarariye bitangwa mu gihombo.
Nyuma y’uko intego ya miliyari 782.5 z’amafaranga y’u Rwanda ngo itarimo kugerwaho kandi hasigaye amezi abiri gusa ngo umwaka urangire, Ikigo cy’imisoro n’amahoro (Rwanda Revenue Authority/RRA), cyavuze ko kigiye gushyira imbaraga mu kugenzura no guhana abadashaka gutanga imisoro.
Abaturage bakunda kurema isoko rya Cyabaga riba buri munsi mu masaha y’ikigoroba barifuza ko bahabwa umunsi umwe mu cyumweru ryajya riremeraho. Ubuyobozi bw’Akagali ka Cyabayaga bwo butangaza ko iki gitekerezo kigiye gushyirwa mu bikorwa mu minsi ya vuba.
Abaturage bo mu Murenge wa Mubuga mu karere ka Karongi bihangiye umunda mushya ufite uburebure bubarirwa muri birometero bitatu n’igice mu Mududugudu wa Rwamiko mu Kagari ka Ryamuhanga mu rwego rwo kunoza imiturire no kugira uruhare mu kwiyegereza no kongerezwa ibikorwa remezo.
Ubwo hatangizwaga ukwezi k’urubyiruko ku rwego rw’akarere ka Karongi, tariki 07/05/2014, urubyiruko rwasabwe kurushaho kwigira binyuze mu bikorwa biruteza imbere mu bukungu no kurushaho gukoresha ikoranabuhanga mu kuzamura imibereho myiza yabo no kubungabunga umutekano w’ibyo bamaze kugeraho.
Abaturage bo mu karere ka Burera bibumbiye muri Koperative CAEG-Umugende, ikora imigina y’ibihumyo, baratangaza ko kwibumbira hamwe byabafashije kwikura mu bukene ndetse no kwimakaza ubumwe n’ubwiyunge.
Minisitiri w’Iterambere mpuzamahanga w’Igihugu cy’Ubuholandi, Lilianne Ploumen yatangaje ko igihugu cye cyarekuye inkunga cyari cyarahagarikiye u Rwanda.
Nyiramondo Joseline w’imyaka 30 y’amavuko ukora akazi k’ubukarani ku Ntenyo mu murenge wa Byimana mu karere ka Ruhnago, arishimira akazi ke akora kuko kamurinda guhora ateze amaboko umugabo agirango amuhe ibimutunga.
Bamwe mu bashoferi batwara imodoka za minibus zizwi ku izina rya twegerane, bavuga ko hatagize igikorwa ngo hagire ikigabanuka ku misoro bavuga ko ari myinshi bashobora kuva mu muhanda bagasubira ku isuka kuko ntacyo bacyunguka.
Itsinda riturutse muri Bangladesh, Ethiopie, Uganda hamwe n’abakozi ba UNICEF na DFID bashimye ibikorwa bimaze kugerwaho mu murenge wa Manyagiro mu karere ka Gicumbi muri gahunda ya VUP ndetse babigiraho uburyo bazabyifashisha mu kuzamura imibereho y’abaturage babo bakivana mu bukene.
Mu gihe hari hashize igihe kitari gito imirimo yo kubaka hotel y’Akarere ka Gatsibo ihagaze, ubu noneho yongeye gusubukurwa. Imirimo yari yahagaze nyuma y’amezi atanu iyi hoteli itangiye kubakwa.
Komisiyo y’ubutabera n’amahoro ya Diyosezi Gatolika ya Cyangugu yamurikiye abayobozi bo mu nzego z’ibanze n’abafatanya bikorwa b’iyi komisiyo bo mu turere twa Rusizi na Nyamasheke ubushakashatsi bwakozwe ku mibereho y’abasigajwe inyuma n’amateka hagamijwe kugirango icyo cyiciro cy’Abanyarwanda nacyo kizamuke mu iterambere.
Mu gihe mu murenge Mutendeli ho mu karere ka Ngoma habarizwa igigo by’imari na Banki, umubare wabitabira kubitsa no kuguriza uracyari muke muri ibi bigo by’imari.
Umusaza witwa Nyabwami Karoli utuye mu murenge wa Kazo akarere ka Ngoma, avuga ko kuva yaca ubwenge yahise yiga umwuga wo gukora amagari none akaba awumazemo imyaka 60 umutunze kandi wamugejeje kuri byinshi.