Umushoramari Karyabwite Pierre uri kubaka uruganda rw’icyayi aho bita mu Gatare, mu murenge wa Karambi, avuga ko ahangayikishijwe n’uruganda yumva ko rushobora kubakwa , hafi y’uruganda rwe akemeza ko byaba binyuranyije n’amasezerano yagiranye na Leta mu guteza imbere ako karere.
Nyuma y’imyaka itanu VUP itangijwe mu murenge wa Muhororo wo mu karere ka Ngororero, ibikorwa bya VUP byatumye umubare w’abaturage bakennye bo muri uyu murenge ugabanukaho abarenga ibihumbi 11 kuri 21 batuye umurenge wa Ngororero.
Abanyamuryango ba Ratwa Tumba Sacco (RATUSA) yo mu Murenge wa Tumba ho mu Karere ka Huye, barishimira ibyiza bamaze kugeraho bafatanyije na Sacco yabo binyuze mu nguzanyo ibaha kandi na bo bakihatira kuzishyura ku gihe.
Kubera uburyo ubuhinzi bw’ibirayi bwagize uruhare mu kwiteza imbere mu buryo bunyuranye, Abanyakinigi mu Karere ka Musanze bagereranya ibirayi na zahabu yabo. Ngo abahinze ibirayi babasha kwishyurira abana amashuri ahenze, bakagura amasambu ndetse bakabasha gutunga imiryango yabo neza.
Abaturage bo mu karere ka Burera baturiye Parike y’ibirunga batangaza ko usibye kuba ishyamba ry’iyo Parike rituma babona imvura ngo n’inyamaswa zirimo zituma bava mu bukene biturutse ku mafaranga zinjiza avuye mu bakererugendo baza kuzisura.
Minisitiri w’urubyiruko n’ikoranabuhanga, Nsengimana Philbert, aravuga ko amahirwe urubyiruko rw’akarere ka Ruhango akiruta ubushobozi bwo kuyabyaza umusaruro, akaba asanga hakwiye kubaho ubukangurambaga buhagije mu rubyiruko.
Mu ruzinduko yagiriye mu karere ka Ngororero tariki 28/05/2014, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Musoni James, yashyikirije imiryango 10 y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi batishoboye, inka 10 za kijyambere bagenewe na minisiteri ayoboye.
Bamwe mu baturage bakora akazi k’ubucuruzi muri santere ya Gakenke barinubira uburyo basigaye baburamo umuriro w’amashanyarazi ngo bikaba bimaze kubateza igihombo kuko amasaha bawuburiramo ariyo masaha akenshi bakunze kuboreramo abakiriya.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Musoni James, kuri uyu wa 28 Gicurasi 2014yasuye akarere ka Ngororero aho yaje kuganira n’abayobozi b’inzego z’ibanze guhera ku mududgudu ku birebana n’imiyoborere myiza yo nkingi y’iterambere ry’igihugu.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera butangaza ko isoko mpuzamahanga ryagombaga kubakwa ku mupaka wa Cyanika ritacyihubatswe mu mwaka wa 2014 kuko umushoramari wagombaga kuryubaka yahagaritse uwo mushinga kubera gasutamo imwe yashyizwe ku cyambu cya Mombasa muri Kenya.
Abaranguza bakuru bo mu mujyi wa Kigali babwiye Ikigo cy’imisoro n’amahoro (RRA) ko ibivugwa ko abacuruzi ngo bashobora gufunga ibikorwa byabo mu Rwanda bakajya gukorera mu bindi bihugu, ari ibihuha. Mu nama RRA yagiranye n’abo bacuruzi kuri uyu wa kabiri tariki 27/5/2014, habayeho gukemura ibibazo binjyanye no gusora.
Umuyobozi wa Banki Nyafurika itsura amajyambere (BAD), Dr Donald Kaberuka, ari kumwe n’abandi bayobozi bakuru muri iyi Banki, basuye bimwe mu bikorwa iyi Banki itera inkunga mu karere ka Nyabihu, mu rwego rwo gusuzuma icyo byazamuyeho abaturage n’uruhare bifite mu iterambere ryabo.
Ubuyobozi bwa Banki Nyafurika Itsura Amajyambere (BAD) bwasuye umushinga wa Kivu Watt urimo kubyaza amashanyarazi muri gaz methane yo mu Kivu bareba aho ibikorwa by’uwo mushinga bigeze ndetse n’ikibazo cyabayemo cyatumye utarangirira gihe dore ko ngo wagombye kuba waratangiye gutanga ingufu z’amashanyarazi kuva muri (...)
Abahinzi b’icyayi bibumbiye muri koperative ya Coopte Mulindi mu karere ka Gicumbi bavuga ko icyayi ari igihingwa ngandurabukungu ku gihugu kuko cyinjiza amadovise kikanagirira akamaro kanini abagihinga kuko cyabafashije kwivana mu bukene.
Abakozi n’abanyamigabane ba Banki y’Abaturage y’u Rwanda/Ishami rya Kibuye basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Bisesero banatera inkunga y’amafaranga miliyoni imwe abarokokeye Jenoside mu Bisesero mu rwego rwo kubafata mu mugongo no kubaherekeza mu rugendo rwo kwigira.
Abayobozi n’impuguke mu by’amazi n’imiturire inoze bitabiriye inama ya Banki nyafurika itsura amajyambere (BAD) yasojwe kuri uyu wa gatanu tariki 23/05/2014 i Kigali basanga kubura amazi meza no kutanoza imiturire y’imijyi, ari imbogamizi kuri ejo hazaza h’umugabane w’Afurika.
Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) yujuje inzu igiye gukorerwamo n’ishami ryayo rya Musanze. Iyi nzu ijyanye n’icyerekerezo tuganamo yuzuye itwaye hafi miliyari ebyiri z’amafaranga y’u Rwanda izatahwa ku mugaragaro kuri uyu wa gatandatu tariki 24/05/2014.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Iburasirazuba, Makombe Jean Marie Vianney arasaba abikorera kurushaho kubaka ibikorwa by’iterambere kandi bagatanga imisoro uko bikwiriye kuko ari bo iterambere ry’igihugu rishingiyeho.
Ahantu nyaburanga, ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro n’imicanga ndetse n’ubuhinzi bwa kijyambere bigaragara muri Kamonyi, ni bimwe mu byagaragajwe mu mahugurwa y’iminsi ibiri RALGA yokereye abayobozi mu nzego zitandukanye byabafasha gukurura bikorwa by’iishoramari no guharanira kwigira.
Abacururiza hasi mu gice kidatwikiriye cy’isoko rya Kabarondo mu karere ka Kayonza bavuga ko imisoro basoreshwa ari myinshi ugeraranyije n’ibyo binjiza, bagasaba ko iyo misoro yagabanywa kugira ngo ijyanishwe n’ubushobozi bwa bo.
Ikigega cy’imari Mkoba Private Equity Fund cyigiye gutangira gukorera mu Rwanda, aho ngo cyizazana imari itubutse yo guteza imbere imishinga myiza yunguka itajyaga yoroherwa no kubona inguzanyo z’amabanki.
Umuturage wo mu kagari ka Gifumba mu murenge wa Nyamabuye ho mu karere ka Muhanga atuye mu nzu irimo amashanyarazi ariko idafite inzugi n’amadirishya avuga ko yahisemo amashanyarazi kurusha gukinga inzu.
Urubyiruko rwarokotse Jenoside rwarangije amashuri rukomoka mu turere twa Rusizi na Nyamsheke bibumbiye mu muryango GEAERG INTWARI rwafashije umwe mubakecuru bagizwe incike na Jenoside wo mu umurenge wa Gihundwe mu akarere ka Rusizi.
Imibare igaragazwa na Banki nyafurika itsura amajyambere (BAD), irerekana ko ubukungu bwa Afurika buhagaze kuri tiliyari imwe n’igice z’Amadorali y’Amerika (US $1.5 Trillion), ngo ariko hakaba hari ikizere cy’uko bwazamuka mu myaka iri imbere.
Imirenge SACCO yo mu karere ka Rutsiro iranengwa kuba mu mwaka w’ubwisungane mu kwivuza wa 2013/2014 yarafatiriye imisanzu y’abanyamuryango b’ubwisungane mu kwivuza ingana na miliyoni 171 n’ibihumbi 579 ntiyarekure ngo ajye gukora ibyo yatangiwe bijyanye no kwishyura ubuvuzi bwakorewe abo banyamuryango, ahubwo (...)
Banki Nyafurika y’iterambere (BAD) irashima uburyo u Rwanda rukoresha inkunga ku batishoboye; kuko bigaragara ko gutanga inka mu baturage byatumye bagira ubuzima bwiza, babona amafaranga ndetse biha n’akazi urubyiruko ruyajyana ku ikusanyirizo.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu butangaza ko abayobozi bari barambuye ibigo by’amari iciriritse ubu batangiye kwishyura nyuma yo guhagurukirwa n’akarere bakandikirwa.
Perezida w’inama y’igihugu y’abafite ubumuga mu Rwanda, Niyomugabo Romalis, arasaba abafite ubumuga muri rusange ndetse n’abakozi b’inama y’igihugu y’abafite ubumuga (NCPD) gufatanya n’abandi Banyarwanda kubaka igihugu nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka w’1994, bagaharanira kwigira ndetse bakanimakaza gahunda ya (...)
Mu karere ka Gatsibo hatashywe ku mugaragaro uruganda Star Leater Products Company Ltd. rukora inkweto mu ruhu. Uru ruganda ruherereye mu Murenge wa Kabarore, rwafunguwe kuri uyu wa gatanu tariki 16/5/2014.
Ubwo batangizaga ku mugaragaro gahunda yo kubitsa amafaranga begeranya mu matsinda kuri konti Twisungane, abaturage bo mu karere ka Huye baba mu matsinda yo kwegeranya amafaranga no kugurizanya bafashwa n’umushingawa USAID Ejo heza, basobanuriwe ko uretse urupfu n’indwara, ibindi ku isi ya Nyagasani biraharanirwa.