Bamwe mu bafite ubumuga bw’ingingo mu karere ka Rubavu bavuga ko kuba badafite ingingo bitagomba kujyana no gusabiriza no kwisuzugura ahubwo hari ibyinshi bakora bakiteza imbere, bagateza imbere n’igihugu cyabo.
Urubyiruko rurakangurirwa kwitabira ibikorwa biruteza imbere kugira ngo intego Abanyarwanda bihaye yo kwigira no kwihesha agaciro narwo ruyigire iyarwo kuko bitashoboka ko umuntu yakwihesha agaciro mu gihe agiteze amakiriro ku bandi.
Mu birori byo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’umurimo, tariki 1/5/2014, umuyobozi w’akarere ka Kamonyi Rutsinga Jacques yibukijeabakozi kwitangira umurimo no kuwukora neza, kuko aribyo bitanga iterambere.
Bamwe mu baturage mu karere ka Rulindo bavuga ko bikunze kugaragara ko hari ababyeyi usanga batanga iminani, ariko ntibite ku bana b’abakobwa kandi nabo baba baravutse mu muryango umwe na basaza babo, ibyo bikadindiza umuryango.
Banki y’Isi yemeje inguzanyo ya miliyoni zirenga umunani z’Amadolari y’Amerika US$8.97M angana na miliyari eshanu na miliyoni magana ane z’amafranga y’u Rwanda (Rwf5.4billion), azakoreshwa mu kiciro cya kabiri cy’umushinga wo gusezerera no gusubiza mu buzima busanzwe abavuye kurugerero.
Abakozi b’akarere ka Rwamagana barasabwa gushyira hamwe bagakoresha imbaraga zabo kugira ngo banoze umurimo maze akarere kabo barusheho kugateza imbere.
Imfungwa n’abagororwa basaga ibihumbi bitandatu bafungiye muri gereza y’Akarere ka Nyanza tariki 01 Gicurasi 2014 bifatanyije n’abandi mu kwizihiza umunsi mpuzamhanga w’umurimo banahemba bamwe muri bo babaye indashyikirwa mu kuwitaho mu gihe bagifungiye muri iyi gereza.
Mu gihe ku biro by’abakozi ba Leta ndetse n’amabanki mugi wa Butare hiriwe hafunze uyu munsi tariki 1/5/2014, mu maserivisi atangwa n’abikorera ho abantu bakoze bisanzwe ku buryo utamenya ko ari umunsi wa konji nk’uko abantu bakunze kubivuga ku munsi wagenewe ikiruhuko.
Komisiyo ishinzwe gukurikirana ikoreshwa ry’umutungo w’igihugu mu nteko ishinga mategeko y’u Rwanda (PAC), yijeje abaturage bo mu mirenge ya Ruhango, Ntongwe na Kinazi yo mu karere ka Ruhango, ko ikibazo bamaranye imyaka isaga 10 na EWSA kigiye gukemurwa vuba.
Umuyobozi wa Entreprise Urwibutso, Sina Gerard, arabeshyuza amakuru amaze igihe avugwa ko yaba atekesha amavuta y’ingurube ibyo kurya bicururizwa kuri Nyirangarama mu murenge wa Bushoki mu karere ka Rulindo.
Mu biganiro by’iminsi ibiri bihuje impuguke za Minisiteri y’ibikorwaremezo, ikigo cy’igihugu gishinzwe imiturire n’uturere twa Ngororero, Rutsiro, Rubavu na Nyabihu baganira kuri gahunda yo kunoza imiturire mu Rwanda, hagaragajwe ko hakiri imbogamizi zo kudakoresha ibishushanyo mbonera mu miturire.
Minisiteri y’Ubucuruzi ibinyujije mu mushinga wayo PPMER II ku bufatanye na banki ya Sacco Rubengera, kuri uyu wa 29 Mata 2014 bafashije urubyiruko rwo mu Murenge wa Rubengera kwihangira umurimo babaha ibikoresho by’imyuga yo kudoda no kogosha bifite agaciro k’amafaranga 870,000.
Ubwo Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, James Musoni yasuraga abaturage bo mu Murenge wa Gashaki mu Karere ka Musanze , kuri uyu wa Kabiri tariki 29/04/2014, yashimye intambwe bamaze gutera biteza imbere, yavuze ko iterambere ritagomba kuba amagambo ahubwo rigaragarira ku isura, mu muryango no mu mufuka.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imisoro n’Amahoro (RRA) kiributsa abacuruzi ko gukoresha ikoranabuhanga mu bucuruzi bwabo bibafasha mu kudata umwanya n’amafaranga y’inyongera mu gukenera izo sirivisi, rikanabafasha gukurikirana ubucuruzi bwabo batibeshya.
Uruganda rukora ibinyobwa mu Rwanda, BRALIRWA, rwavuze ko inyungu rwabonye mu mwaka ushize wa 2013 yagabanutseho 18.8% ugereranyije n’umwaka wawubanjirije wa 2012; bitewe n’ibibazo by’ubukungu igihugu cyanyuzemo; ariko ko urwo ruganda ngo rwanashoye imari mu bikorwa byinshi bizatuma rwunguka cyane ubutaha.
Komisiyo ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’imari n’umutungo by’igihugu mu nteko ishinga amategeko umutwe w’abadepite (PAC), iri gusura ingomero zinyuranye hirya no hino mu gihugu ngo harebwe uko ibibazo byazigaragayeho bihagaze ngo hanatangwe inama ku buryo byakemuka.
Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu murenge wa Nyamata mu karere ka Bugesera bafite ikibazo cy’uko hashize igihe kinini badahabwa inkunga y’ingoboka kandi ubusanzwe bayihabwaga kuko bari no ku rutonde rwemejwe n’ikigega gishinzwe gutera inkunga abarokotse Jenoside batishoboye.
Abatwara abagenzi bo mu isantere ya Mukoto iherereye mu murenge wa Bushoki, ho mu karere ka Rulindo barasaba ubuyobozi ko bwabashakira aho bubashyirira inzu y’abagenzi bazajya bategeramo, ngo kuko usanga kuba aba bagenzi bahagarara mu muhanda, bishobora guteza impanuka z’ibinyabiziga bihanyura ari byinshi.
Mu karere ka Rusizi hateraniye inama yiga ku kuvugurura imiturire hagurwa imigi imwe n’imwe hirya no hino mu igihugu muri gahunda yo kugabanya abucucuke mu mugi wa Kigali ndetse bikazanafasha kuzamura iterambere ry’imibereho myiza y’abaturage bahaturiye.
Hashize igihe kitari gito hagaragara isuku nke mu bice bitandukanye by’umujyi wa Kabarondo mu karere ka Kayonza, cyane cyane mu gice cyo ku isoko n’imbere y’amwe mu maduka yo muri uwo mujyi. Hamwe mu hakunze kugaragara umwanda ni inyuma y’ibagiro riri hafi ya gare ya Kabarondo, hakunze kugaragara ibirundo by’imyanda (...)
Rumwe mu rubyiruko rw’abakobwa rukora umuhanda w’ibitaka ugana ku kiyaga cya Burera, mu murenge wa Kagogo, mu karere ka Burera, ruvuga ko nubwo ako kazi bakora gasaba ingufu nyinshi, bagakora bishimye kuko kabaha amafaranga akabarinda kwiyandarika kandi bakayaguramo ibyo bakeneye byose.
Abacururiza mu bice bitubakiye by’amasoko ya Kayonza ari mu mirenge ya Mukarange na Kabarondo bavuga ko babangamiwe cyane muri ibi bihe by’imvura, kuko banyagirwa ndetse na bimwe mu bicuruzwa bya bo bikangirika igihe bagerageza kubyanura imvura ibari ku mugongo.
Ujeneza Germaine ni umubyeyi ukiri muto utuye mu Kagali ka Kigombe mu Murenge wa Muhoza ho mu Karere ka Musanze ariko atandukanye n’abandi kubera ubuhanga bwe mu bukorikori. Akora imitako n’ibikoresho bitandukanye mu bibabi by’imigori, impapuro n’ ibirere ngo akinjiza ibihumbi 200 ku kwezi.
Itsinda ry’intumwa z’abayobozi b’amakomini muri Benin riri mu rugendoshuri mu Karere ka Karongi, aho ryaje kwigira imiyoborere myiza ku Rwanda by’umwihariko aho u Rwanda rugeze rwiyubaka muri iyi myaka 20 nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi n’uruhare rw’abaturage muri gahunda za leta.
Nyuma y’aho sacco yo mu murenge wa Nzahaha mu karere ka Rusizi yibwe n’abakozi bayo bakaburirwa irengero, ibindi bigo by’imirenge sacco byo mu yindi mirenge birasabwa kuba maso byirinda ko amafaranga y’abaturage yakomeza kunyerezwa.
Nyuma y’aho bamariye kubona gare igezweho yo gufatiramo imodoka, abaturiye gare ya Nyakarambi mu karere ka Kirehe barashishikarizwa gukorera mu mazu ari muri iyi gare mu rwego rwo kuyiteza imbere hame no kwakira abagana iyi gare.
Nyuma yo gutinyuka gukorana na Banki akaka inguzanyo ya miliyoni 10 zo gukora umushinga wo korora ingurube, Shirimpumu Jean Claude wo mu murenge wa Kajyeyo mu karere ka Gicumbi ubworozi bwe bumaze kugera kuri miliyoni zisaga 100.
Abanyarwanda bavuye muri Tanzaniya batujwe mu karere ka Gicumbi bakomeje gushimira Leta y’u Rwanda ko ibafasha kubona aho gutura ndetse ikanaboroza mu rwego rwo kubafasha kwifasha no kugira imibereho myiza bakuye kuri izo nka bahawe.
Umushinga w’itegeko rishya rigenga imicungire y’umutungo w’abashyingiranwe, impano n’izungura urateganya impinduka mu mitangire y’umunani zirimo ko bitazaba bikiri itegeko ku mubyeyi ngo ahe umwana we umunani.
Imyaka ibaye ine bamwe mu baturage batuye mu kagari ka Cyome mu murenge wa Gatumba mu karere ka Ngororero bategereje kurenganurwa ngo bishyurwe imtungo yabo yangijwe n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bukorwa na sosiyete yitwa GMC (Gatumba Mining Concession).