Ibitaro bya Kabgayi ni byo bitaro bya mbere mu Rwanda bizwiho ubuvuzi bw’amaso bukomeye nyamara ibi bitaro sibyo bikuru mu gihugu kuko biri ku rwego rw’ibitaro by’uturere.
Mu gikorwa cyo kugenzura isuku n’imikorere y’ibikorwa biri mu karere ka Muhanga, abagize itsinda rikora igenzura bafunze buranjeri ikora imigati yitwa “Boulangerie Welcome” kubera umwanda mwinshi.
Tariki 05-13/01/2013, mu masoko yo mu turere dutanu dukunze kwibasirwa n’indwara ya malaria kurusha utundi, hatangijwe ubukangurambaga bwo kurwanya iyo ndwara hifashishijwe gukinira abantu karate, biherekejwe n’inyigisho zivuga ku bubi bwa malaria n’uburyo bwo kuyirinda.
Abaturage bo mu murenge wa Nyamyumba mu karere ka Rubavu bavuga ko kuba kwisiramuza bidakorerwa kuri mituweli bibabangamiye mu gihe benshi mu baturage bamaze kumva akamaro ko kwisiramuza.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Burera batangaza ko amafaranga acibwa umubyeyi utabyariye kwa muganga ari menshi, ngo yari akwiye gukurwaho kuko babona ari ukubarenganya.
Umwana witwa Gakuru wo mu kagari ka Kigina, umurenge wa Kigina mu karere ka Kirehe yarwaye amavunja ku birenge no ku ntoki kandi ngo nubwo babyuka bamuhandura buri munsi byanze gukira.
Umugabo witwa Ndabakenga Jean Pierre yoherejwe ku bitaro bya CHUK tariki 02/01/2013 nyuma y’icyumweru cyari gishize ahanutse hejuru y’inyubako y’ababikira we na bagenzi be barimo basakara mu karere ka Rutsiro.
Umukozi ushinzwe ubuzima mu karere ka Nyabihu, Dusenge Pierre, aremeza ko ikibazo cy’imirire mibi cyagaragaye kuri bamwe mu bana bari munsi y’imyaka itanu mu myaka yashize cyahagurukiwe ngo bagishakire umuti urambye kandi mu buryo bwihuse.
Umuyobozi w’ikigo nderabuzima cya Rwankeri, Gataliki Prosper, arasaba abaturage bivuriza kuri icyo kigo kwirinda indwara y’igituntu n’ugaragayeho ibimenyetso byayo akihutira kujya kwa muganga kuko ari mbi cyane kandi yandura.
Ubugenzuzi bw’imari ya Leta mu karere ka Ngororero bugaragaza ko amafaranga miliyoni abyiri n’ibihumbi 400 yatanzwe n’abaturage mu bwisungane mu kwivuza yarigishijwe n’abayakiriye biganjemo abayobozi b’inzego z’ibanze.
Abaturage bo mu murenge wa Cyeru, mu karere ka Burera barishimira kuba begerejwe ikigo nderabuzima, bakaba bagiye kujya bivuriza hafi kuko mbere bakoraga urugendo rurerure bajya kwivuza bigatuma abarwayi barushaho kuremba.
Abatuye mu bice by’icyaro benshi bavuga ko agakingirizo batagakoresha mu gihe cy’imibonano mpuzabitsina, mu gihe ubukangurambaga ku gukoresha agakingirizo nk’uburyo bwo kwifata bwatangiye guhindura abenshi mu bananiwe kwifata.
Amafaranga asaga miliyoni ijana ni wo mwenda akarere ka Rutsiro karimo ibitaro bya Murunda bitewe n’uko umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza ungana n’amafaranga igihumbi yatangwaga na buri munyamuryango mbere y’umwaka w’i 2010 wari mucye.
Ibimina, utugari n’imirenge byo mu karere ka Nyamagabe byitwaye neza mu gutanga umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza (Mutuelle de santé) byahawe ibihembo mu rwego rwo kubishimira uruhare byagize mu gutuma akarere gatera intambwe mu kwesa imihigo kasinyanye na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika muri uyu mwaka wa 2012-2013.
Ubushakashatsi bwakozwe na Minisiteri y’ubuzima mu mwaka wa 2009 bwerekanye ko nibura mu Rwanda abagore n’abakobwa bagera ku bihumbi 60 bahura n’ikibazo cyo gukuramo inda buri mwaka.
Nyuma yo kuganira n’imwe mu miryango irwaje bwaki yo mu murenge wa Mushubati mu karere ka Rutsiro agasanga benshi muri bo bataragerwaho na gahunda ya girinka, senateri Sindikubwabo Jean Nepo yasabye ubuyobozi bw’inzego z’ibanze kujya bazirikana iyo miryango kugira ngo ibashe kubona amata ndetse n’ifumbire.
Umuyobozi w’Ikigega gishinzwe gutera inkunga abarokotse Jenoside (FARG) ku rwego rw’igihugu arasaba abafite uburwayi batewe na Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda bose gutinyuka bakagana FARG kuko yiteguye kubavuza.
Umuyobozi w’Akarere ka Gakenke, Nzamwita Deo, arakangurira abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge kongera ingufu mu gukangurira abaturage gutanga imisanzu y’ubwisungane magirirane mu kwivuza izwi nka mitiweli kugira ngo babashe kwivuza.
Abivuriza ku bitaro bya Gihundwe biri mu karere ka Rusizi bavuga ko muri iki gihe serivise bitanga zavuguruwe bitandukanye na mbere ubwo hari abaforomo n’abaganga banengwaga kurangarana abarwayi.
Habura amasaha make ngo Noheri igere (ku mugoroba wa tariki 23/12/2012), ibitaro bya Nyanza byatanze impano zitandukanye z’umunsi mukuru ku bana baharwariye ndetse n’abahavukiye mbere y’uko Noheri igera.
Umugore witwa Nyirandikubwimana Dévotha utuye mu murenge wa Nyamata mu karere ka Bugesera yibarutse abana 3 b’abahungu mugoroba wa tariki 23/12/2012 ariko ntibari bagejeje igihe cyo kuvuka kuko barimo kurererwa mu byuma.
Abagabo barenga 3000 nibo bamaze kuboneza urubyaro mu gihugu cyose kuva mu 2008 iyi gahunda yatangira, nk’uko Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) ibitangaza.
Abaturage bo mu kagari ka Gitwa no mu nkengero zaho bavuga ko ivuriro bubakiwe ribafitiye akamaro, kuko bakoraga urugendo rw’amasaha atatu n’amaguru kugira ngo bagere ku kigo nderabuzima kiri hafi.
Bamwe mu barwaza barwarije kubitaro bikuru bya Kibungo n’abakozi b’ibitaro bari bakererewe akazi kuri uyu wa Kane 20/12/2012 bahejejwe hanze y’ ibitaro amasaha abili kubera gukererwa amasaha yagenwe n’ibitaro.
Rumwe mu rubyiruko rwo mu murenge wa Kinyababa, mu karere ka Burera rutangaza ko abenshi muri bo badakoresha gakingirizo bigatuma abakobwa baho batwara inda batateguye.
Abarema isoko rya Kinyababa, riri mu murenge wa Kinyababa, mu karere ka Burera barishimira ubwiherero bushya bwubatse hafi y’isoko kuko bwatumye muri iryo soko ndetse no mu nkengero yaryo hagaruka isuku.
Umusaza w’imyaka 62 witwa Nemeyimana Jean Nepo utuye mu Kagali ka Gisozi, Umurenge wa Nemba mu Karere ka Gakenke avuga ko amaze imyaka 41 arwaye indwara yitwa “ibinimba” izwi ku izina ry’imidido.
Indwara y’ibisazi by’imbwa niyo ndwara ya mbere ku isi itera abantu ubwoba mu ndwara bashobora kwanduzwa n’amatungo kuko idakira; nk’uko bigaragara mu gatabo ko muri Mata 2006 k’ikigo RARDA ubu cyabaye RAB.
Umusaza witwa Hangariya Victor w’imyaka 65 ubana n’ubumuga bwo kutagira akaguru atunzwe no gusana imitaka kandi ngo agakora agakunze kubera ko kamubesheje ho n’umuryango we.
Nyuma y’ibyumweru 2 mu mujyi wa Kamembe hakozwe isuzuma ry’isuku, tariki 14/12/2012 hakozwe irindi suzuma maze hafungwa akabari kitwa NZANGA Na BISU aho igenzura ryasanze umusarani bakoresha ubangikanye n’aho batekera ibiryo ndetse n’ibikoresho bikaba nta suku bifite.