Ihuriro ry’abagize Inteko ishinga amategeko y’u Rwanda riharanira kurwanya ruswa (APNAC Rwanda) riravuga ko igihe cyageze cyo guhagurukira icyaha cya ruswa n’ibindi byaha bifitanye isano na yo, hazibwa ubyuho by’amategeko atari asobanutse neza,bigatuma hari ababyihisha inyuma.
Abunganizi mu by’amategeko bazwi nk’‘abavoka’ bavuga ko abantu babibuka ari uko bamaze kugera mu bibazo bakagombye kuba baririnze hakiri kare.
Me Uwizeyimana Evode, umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutabera ushinzwe Itegeko Nshinga n’andi mategeko, avuga ko bigoye kwemeza ko umuntu yafashe uwo bashakanye ku ngufu.
Ikoranabuhanga ni bumwe mu buryo bwihutisha serivisi zikaboneka vuba kandi zinoze. Ni muri urwo rwego rigiye gutangira kwifashishwa no mu mitangire y’amasoko ya Leta kugira ngo bikemure ibibazo bigaragaramo.
Abadepite bavuga ko ibibazo byakunze kugaragara mu masoko ya Leta biturutse ku mitegurire cyangwa ishyirwa mu bikorwa ryayo, ingaruka zabyo zigera ku Banyarwanda bose.
U Rwanda rubinyujije muri Minisiteri y’ubutabera rwakiriye inama ku butabera mpuzamahanga igamije guca umuco wo kudahana mu bihugu bigize Umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba( EAC).
Abanyeshuri bo muri kaminuza zitandukanye zo mu Rwanda bavuga ko ubumenyi bakura mu marushanwa ku mategeko mpuzamahanga agenga intambara abafasha mu masomo yabo.
Abayobozi bashya barahiye ba Komisiyo y’u Rwanda yo Kuvugurura Amategeko (RLRC) barahamagarirwa kwibanda ku ivugururwa ry’amategeko atakijyanye n’igihe.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru wungirije ushinzwe ubukungu, Busizi Antoine, yatangaje ko mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, abakozi batanu bo muri aka Karere beguye ku mirimo yabo.
Ibigo bifite aho bihurira n’iby’umutungo mu by’ubwenge bikangurira abafite ibihangano kumenya uburenganzira bwabo, kugira ngo bibabyarire inyungu mbere y’abandi.
Abadepite basanga komisiyo ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’imari n’umutungo by’igihugu (PAC) ikwiye kongererwa ububasha bw’ubugenzacyaha n’ubushinjacyaha, kurusha gutanga inama mu myanzuro.
Ubusabe bwa bamwe mu bagize inteko Ishinga Amategeko, umutwe w’Abadepite, basaba ko icyaha cy’iyezandonke cyashyirwa mu byaha bidasaza bwanze kwemerwa.
Umuvunyi mukuru Murekezi Anastase avuga ko umuyobozi urya ruswa aba ahemukiye igihugu akanatukisha abandi bayobozi bayobora neza.
Ubuyobozi bw’itorero ry’igihugu burasaba ko abagororwa basoje ibihano byabo bajya banyuzwa mu iterero ry’igihugu bakabanza kwigishwa indagagaciro na kirazira,mbere y’uko basubira mu miryango.
Banki yo mu Buransa yitwa BNP Paribas irimo gukorwaho iperereza kubera ikirego cyagejejwe mu butabera n’imiryango itegamiye kuri Leta muri icyo gihugu, iyishinja gutera Guverinomo yariho mu Rwanda inkunga yo kugura intwaro zo kwicisha Abatutsi muri Jenoside yo muri 1994.
Perezida Kagame yasabye abacamanza guca ruswa kugira ngo nabo babone aho bahera basaba Leta kubongeza imishahara.
Mu muhango wo gutangiza umwaka w’ubucamanza 2017-2018, Perezida Kagame yizeje inkunga Abacamanza mu kuzamura imibereho yabo, ariko abasaba kuzabanza bagabanya kwakira ruswa, icyo yise inkunga idakwiye bamwe muri bo bavugwaho kwakira.
Abunzi bo mu Karere ka Gisagara barasaba ko abayobozi b’inzego z’ibanze kubahiriza inshingano zabo zo gutumiza ababuranyi no kubagezaho imyanzuro y’inteko y’abunzi.
Abunzi 910 bakorera mu Karere ka Gicumbi bamaze kwiyungura ubumenyi mu gukemura amakimbirane abaturage baba babagejejeho.
umugabo ushinjwa ubwicanyi warugiye guhanishwa kwicwa atewe urushinge muri Leta zunze Ubumwe z’Amerika, yarusimbutse hasigaye amasaha ane.
Josette Mukambabazi umwunzi wo mu murenge wa Mbazi muri Huye ahamya ko igare yahawe rizamufasha gukora siporo ari nako atunganya imirimo ashinzwe.
Umukozi w’Akarere ka Burera ushinzwe abatishoboye afunze akurikiranweho kwaka ruswa umugore warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi kugira ngo amushyire ku rutonde rw’abagomba kubakirwa inzu.
Ministeri y’ubutabera(MINIJUST) hamwe n’Urwego rushinzwe imiyoborere (RGB) batangaza ko abanoteri bafite imitangire mibi ya serivisi irimo ruswa n’ikimenyane.
Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 11 Mata 2017, Urukiko rwa gisirikare rwategetse ko urubanza rwa Maj Dr Aimable Rugomwa na mukuru we Nsanzimfura Mamelto, rusubikwa ku nshuro ya gatatu, rukazasubukurwa ku ya 09 Gicurasi 2017.
Urwego rw’ubutabera rutangaza ko ubutabera bwishimiwe na bose bugeze kuri 75.75%, muri uyu mwaka, ruvuye kuri 69.9% muri 2012, ariko rugateganya kugera kuri 80% mu 2020.
Mu muhango wo kurahiza abashinjacyaha batatu ba gisirikare, Minisitiri w’intebe Anastase Murekezi yabahamagariye kurangwa n’ikinyabupfura mu kazi, kuko ari cyo kizatuma batunganya umurimo wabo bizewe.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa mbere tariki 27 Werurwe 2017, Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo rwafashe umwanzuro wo kurekura by’agateganyo, Uwamahoro Viollette ufite ubwenegihugu bw’Ubwongereza ngo aburane ari hanze.
Abagize urwego rw’ubutabera mu Rwanda bari mu mwiherero i Rubavu, baganirira hamwe ngo barebe uburyo ubutabera bwagira uruhare mu kurwanya ubukene.
Uwamahoro Violette, Umunyarwandakazi ufite Ubwenegihugu bw’Ubwongereza uherutse gufatwa na Polisi y’igihugu, akekwaho uruhare mu bugizi bwa nabi, yagejejwe imbere y’ubutabera, aburana ifungwa n’ifungurwa.