Sous-Lieutenant Henry Jean Claude Seyoboka n’umwunganira basabye urukiko rukuru rwa gisirikari gutesha agaciro icyemezo cyafashwe n’urukiko cyo kumufunga indi minsi 30.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gicumbi, burahamya ko ibirego byaganaga mu nkiko, byamaze kugabanuka cyane bitewe n’uruhare rw’abunzi basigaye bagira mu gukemura amakimbirane.
Polisi y’igihugu ikorera mu Karere ka Nyaruguru iravuga ko yataye muri yombi Senguge Valens wo mu Murenge wa Kibeho, akekwaho gushaka guha ruswa y’ amafaranga ibihumbi 50 umupolisi.
Urukiko rwa Gisirikare rwa Nyamirambo rwemeje icyifuzo cy’ubushinjacyaha cy’uko S/Lt Seyoboka Jean Claude ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, akomeza gufungwa by’agateganyo indi minsi 30.
Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Sam Rugege, avuga ko hagikenewe guhugurwa abunzi, bakaba ab’umwuga, bakazafasha gukemura ibibazo binyuranye bityo ibijya mu nkiko bikagabanuka.
Umuryango AJIC urwanya Ruswa n’akarerengane mu karere ka Ngororero ugaragaza ko kutarangiriza imanza ku gihe byahombeje Leta miliyoni zirenga 40.
Komisiyo y’igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu (NCHR) ivuga ko iyo urubanza rwaciwe ntihabeho irangizarubanza ku gihe biba bibangamiye uburenganzira bwa muntu.
Ubushakashatsi bwakozwe n’Umuryango wita ku burenganzira bwa muntu mu Biyaga bigari (GLIHD) bwerekanye ko ibisabwa uwifuza gukuramo inda biruhanya bigatuma igihe cyemewe kirenga.
Sembwa Valens utuye mu karere ka Kamonyi arasaba ubuyobozi ko bumukiranura n‘abatuye mu isambu ye yari yaranyazwe mu 1978, akaba yarayisubijwe.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 30 Ukuboza 2016, Urukiko rwa gisirikare rw’ i Nyamirambo rwafashe umwanzuro wo gusubika urubanza ruregwamo Maj Dr Aimable Rugomwa na murumuna we Nsanzumuhire Mamerito.
Ubutabera nk’imwe mu nkingi enye igihugu cy’u Rwanda cyubakiyeho bwaranzwe na byinshi bitandukanye mu mwaka wa 2016.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu Francis Kaboneka, atangaza ko abakozi bo mu nzego z’ibanze bari gusezera ku bushake, ariko ngo abafite ibyaha bazakurikiranwa n’ubutabera.
Mu magereza yo mu turere dutandukanye two mu gihugu, batangiye gushyira mu bikorwa icyemezo cyo kurekura abagororwa 814 bahawe imbabazi na Perezida wa Repubulika.
Jean de Dieu Byukusenge wo mu Karere ka Huye avuga ko yakuwe mu kigo cy’imfubyi n’umuryango we ngo arerwe, ahubwo akamburwa isambu ye.
Umunyarwanda Vincent Murekezi ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda, yatawe muri yombi na polisi y’igihugu cya Malawi aho yari atuye.
Minisitiri w’Intebe, Anastase Murekezi avuga ko imanza ziba zigomba kwihutishwa zikarangira vuba kuko ngo ubutabera iyo butinze buta ireme.
Abacamanza b’inkiko nkuru mu Rwanda batangiye umwiherero ushyiraho imyumvire imwe ku mategeko atuma bamwe batsinda abandi bagatsinda hakoreshejwe itegeko rimwe.
Mu Rwanda hatangijwe uburyo bushya bw’ikoranabuhanga bwo gukurikirana ibijyanye n’amategeko ndetse n’amabwiriza yo mu bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC).
Mu Rwanda hagiye gutangizwa ikigo cyubahiriza amategeko agenga ubucuruzi mu rwego rwo kurengera umuguzi.
Minisitiri w’Umutekano muri Malawi, Grace Chiumia yafashe icyemezo cyo kwikurikiranira iby’umunyemari w’Umunyarwanda, Vincent Murekezi, ushinjwa uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Semutwa Aloys wo mu Bugesera arasaba guheshwa miliyoni 40 z’indishyi yatsindiye mu rubanza rw’umwana we wahohotewe akanduzwa SIDA afite imyaka ine.
Henri Jean Claude Seyoboka, Umunyarwanda uregwa ibyaha birimo icya Jenoside, wari warahungiye muri Canada, yagejejwe i Kigali, mu ijoro ryakeye.
Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa nkuru ya Leta yemeza ko abana bajyanwa mu bigo ngororamuco baba bagiye kugororwa aho kubuzwa uburenganzira bwabo.
U Bufaransa bwakabaye aribwo buburanishwa ku ruhare rw’abwo muri Jenoside yakorewe Abatutsi, nk’uko bitangazwa na Perezida Paul Kagame.
Abunzi bo mu Karere ka Ngororero batangaza ko amahugurwa bahabwa ku mategeko atandukanye abafasha gukemura ibibazo by’abaturage badahuzagurika.
Muri iyi minsi usanga abantu benshi bafite ibibazo birebana n’amazina yabo
Komisiyo y’Igihugu ishinzwe Ivugururwa ry’Amategeko (RLRC) ivuga ko kuvugurura igitabo cy’amategeko byari ngombwa kuko hari ibyaha bimwe bitabagamo, bityo ntibihanwe uko bikwiye mu gihe bikozwe.
Komisiyo y’Igihugu Ishinzwe Ivugururwa ry’Amategeko (RLRC), ivuga ko kuba amategeko ahinduka kenshi mu Rwanda atari ikibazo kuko ari igihugu kirimo kwiyubaka.
Abafungiwe Jenoside muri gereza ya Rwamagana bemeza ko Club yo kurwanya Jenoside yabavanye ku izima bemera ibyaha bamaze imyaka 22 bataremeraga.
Umuyobozi Mukuru wa Police, IGP Emmanuel Gasana, arasaba abafite aho bahuriye n’ubutabera kumva ibintu kimwe bakarushaho gukora kinyamwuga.