Hashize imyaka igera kuri itatu muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda hatangijwe uburyo bushya bwo kwakira abanyeshuri bashya baba baje gutangira amasomo. Abanyeshuli bashya bamara icyumweru cyose (induction week) basobanurirwa banamenyerezwa ubuzima bwo muri kaminuza.
Kuri uyu wa gatanu urubyiruko rwahawe amahugurwa n’umushinga “Akazi Kanoze” rwashyikirijwe ku mugaragaro impamyabumenyi zarwo.
Abanyeshuri barangije amashuri abanza bakoze ikizamini cya leta gisoza icyo cyiciro bagera ku bihumbi 167.166 mu gihugu hose.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera burasaba ababyeyi kugira umusanzu batanga ku ifunguro rihabwa abana babo ku ishuri kuko byagaragaye ko hari ingaruka nziza byagize ku myigire y’abana babo.
Mu nama y’umunsi umwe yahuje inzego zitandukanye mu burezi kubirebana n’amasomo ya tekiniki, imyuga n’ubumenyi ngiro, umunyamabanga wa leta ushinzwe amashuri abanza n’ay’isumbuye muri minisiteri y’uburezi Bwana HARERAMUNGU Matiyasi yasabye abayitabiriye kwita kubumenyi bufasha uwabuhawe kwirwanaho kw’isoko ry’umurimo.
Mu rwego rwo gufasha abana kwiga neza bagatsinda nk’abandi, ababyeyi barerera mu rwunge rw’amashuli Notre Dame de la Visitation de Rulindo, bakusanyije inkunga yo gufasha abana biga muri icyo kigo batishoboye.
Kimwe n’ahandi kw’isi u rwanda rwizihije Umunsi mpuzamahanga w’umwarimu. kurwego rw’igihugu ukaba wizihirijwe kuri stade regional inyamirambo kuri uyu wagatatu tariki ya 5 Ukwakira 2011,insanganyamatsiko y’uyu mwaka iragiri iti:uruhare rw’umwarimu mu buringanire n’ubwuzuzanye.