Ishuri ry’umuziki ry’Ikigo giteza imbere Imyuga n’Ubumenyingiro mu Rwanda (WDA), ryatangiye imikoranire n’Ishuri ryigisha umuziki muri Canada, bashaka kugira umuziki mpuzamahanga.
Abakobwa 24 batsinze neza mu byiciro binyuranye by’amashuri basabwe n’abayobozi batandukanye gukomeza kubera abandi urugero mu bikorwa byabo bya buri munsi.
Abatuye Akagari ka Marimba mu Karere ka Gatsibobiyubakiye ibyumba bitatu by’amashuri, mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cyari kibarembeje cy’abana bataga ishuri.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) iributsa ko hakenewe uruhare rwa buri wese mu guhashya ikibazo cy’abana bata ishuri, kuko abarenga 50% batagera mu yisumbuye.
Abakozi bakorera kuri kontaro muri kaminuza y’u Rwanda, bavuga ko bategereje imishahara y’ukwezi kwa Gashyantare ariko amaso yaheze mu kirere.
Perezida Kagame wasuye Akarere ka Rubavu akaganira n’abaturage, yabajije abayobozi b’akarere impamvu amashuri yubakwa ariko abana ntibayajyemo.
Abayobozi b’ibigo by’amashuri y’inshuke n’abanza, baraburirwa ko kutita kuri gahunda y’ “Inkongoro y’umwana” bishobora kubaviramo gukurikiranwa mu rwego rw’amategeko.
Minisiteri y’Urubyiruko n’ikoranabuhanga (MYICT) ku bufatanye n’ibigo binyuranye by’imari bafashije abanyeshuri kubona inguzanyo ya za mudasobwa zizabafasha mu myigire yabo.
Abanyeshuri barangije icyiciro cya mbere cya Kaminuza muri Kaminuza Gatorika y’u Rwanda ishami rya Huye na Gisagara barasabwa gukoresha ubumenyi bahawe.
Abarezi bo mu Karere ka Gakenke barasaba kwongererwa amasaha bigishamo isomo ry’Igifaranga kugira ngo abana bazamuke bafite ubumenyi bungana mu ndimi.
Ngango Etienne, umugabo w’imyaka 45 utuye mu Karere ka Ruhango, yafashe icyemezo cyo kujya kwiga amashuri abanza kugira ngo ajijuke, yiteze imbere.
Abayobozi b’amashuli mu Karere ka Ngororero bavuga ko imiterere y’Akarere, ubukene bw’amashuli n’imbangukiragutabara zikiri nke ari byo bituma bagikoresha ingobyi gakondo.
Abahagarariye kaminuza zo mu Rwanda na zimwe mu z’ibihugu bigize Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba bariga uburyo bazamura ireme ry’uburezi zitanga.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo burashimira umutwe w’Inkeragutabara wabubakiye ibyumba 49 mu mezi ane birimo 43 byigwamo n’abana.
Imbuto Foundation yahembye abakobwa 17 batsinze neza ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza n’ayisumbuye mu mwaka wa 2015 bo mu turere twa Rulindo na Gakenke.
Abana b’impunzi baturuka mu Nkambi z’Abakongomani barishimira guhabwa amahirwe yo kwiga mu Rwanda kugeza mu kiciro cya kabiri cy’amashuri yisumbuye.
Komiseri mukuru w’itorero ry’igihugu Rucagu Boniface asanga gushinga kaminuza atari ubucuruzi ahubwo ari ukubaka igihugu.
Ubuyobozi bw’Urwunge rw’Amashuri rwa Nyagatare ruhereree mu Karere ka Nyagatare, buhangayikishijwe n’ikibazo cy’ubusinzi kigaragara mu banyeshuri bahiga.
Abarangije kwiga imyuga mu Ishuri (VTC) rya Mpanda ryo mu Karere ka Ruhango, baravuga ko bigiye kongerera agaciro impamyabumenyi z’ayisumbuye basanganywe, bakiteza imbere.
Umuryango Mpuzamahanga uharanira ishoramari ry’igihe kirambye (Gen. Next Foundation) uratangaza ko ugiye gushora imari mu bikorwa by’uburezi mu Rwanda ngo kuko hakiri icyuho.
Umuyobozi w’ishuri rikuru ryigisha ubumenyingiro rya IPRC- KIGALI Eng Murindahabi Diogene, arakangurira abana b’abakobwa kurushaho kwitabira amasomo y’ubumenyingiro.
Kangabe Melena utuye mu Mudugudu wa Rutovu ho mu Kagari ka Shanga i Maraba y’Akarere ka Huye, yize gusoma no kwandika ku myaka 68 y’amavuko.
Abarezi bo mu Karere ka Muhanga baravuga ko gahunda y’ikoranabuhanga ya EDC izatuma nta mwarimu wongera kwigisha ahushura amasomo.
Umubare w’abashaka kubona amanota mu bizami bya Leta mu buryo bw’uburiganya, waragabanutse cyane mu bizamini bisoza umwaka wa 2015.
Perezida Paul Kagame yakiriye Julia Gillard, wahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Australia, uri mu Rwanda muri gahunda ijyanye n’uburezi.
Abayobozi b’amashuri ya Leta n’afashwa na Leta muri Nyanza, baravuga ko kwigisha hifashishijwe telefoni byongereye ubushobozi bw’abana mu kumenya gusoma.
Abarezi b’ishuri Amizero y’ubuzima ryita ku bana bafite ubumuga bwo mu mutwe barasaba ababyeyi babafite kutabahisha, bakabavuza ntibababuze amahirwe y’ahazaza.
Ubuyobozi bw’Umushinga wita ku burezi (EDC) urasaba abarezi, abanyeshuri gufata neza ibikoresho utanga kugira ngo bizafashe n’abo mu gihe kizaza.
Ikigo gishinzwe guteza imbere unumenyi ngiro n’imyuga (WDA), kigiye guha impamyabumenyi abafundi igihumbi basanzwe mu kazi binyuze mu bizami bazakora.
Komisiyo y’Igihugu ishinzwe ivurugurwa ry’amategeko yatangiye gahunda yo gusobanurira abanyeshuri biga muri za kaminuza itegekonshinga no kubigisha uburenganzira bwabo.