Ambasaderi w’u Buyapani mu Rwanda, Kiyokazu Ota yatashye inyubako y’ishuli rya Nyanza Peace Academy riherereye mu Karere ka Nyanza.
Ubuyobozi bwa Byimana School of Sciences na Ambassade y’igihu cy’Ubuyapani mu Rwanda, barishimira ubufatanye bafitanye, kuko buruhashaho kugaragaza imibanire myiza.
Ibyumba by’amashuri birimo kubakwa mu Murenge wa Juru mu Karere ka Bugesera ngo byitezweho kugabanya ubucucike bw’abana mu ishuri.
Mu ishuri ribanza rya Mishungero murenge wa Nyabimata Akarere ka Nyaruguru, bavuga ko kugaburira abana mbere yo kwiga byatumye abarigana biyongera.
Mu gihe abanyeshuri bo mu Rwanda biteguye ibizamini bisoza amashuri abanza n’ibyiciro by’ayisumbuye, Intara y’Iburasirazuba yakajije ingamba zo guca “gukopera.”
Umuryango Ricad Rwanda wahuguye abanyeshuri 250 ba Lycée de Kigali kuri gahunda y’uburezi bugamije amahoro mu rwego rwo kubongerera ubumenyi.
Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi, yatangaje ko Nsengiyumva Albert wari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yakuwe kuri uyu mwanya.
Ishuri ry’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12, ES Mutima, kuri uyu wa 25 Ukwakira 2015, ryishimiye ko ryatsindishije ku kigero cya 95% mu bizamini bya Leta.
Ecobank yahaye ishuri ribanza rya Nyundo mu karere ka Ruhango ibikoresho bifite agaciro ka miliyoni zirindwi, tariki 24/10/2015.
Urubyiruko rwo mu Murenge wa Kibumbwe, rufite icyizere cy’ejo hazaza heza, kuko rwabonye amashuri y’ubuntu kandi ruturuka mu miryango ikennye.
Abiga muri College of Education Indangaburezi mu Karere ka Ruhango, bemereye inzego z’umutekano ko bagiye guhangana n’ikibazo cy’inda ziteguwe.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera butangaza ko gahunda yo kugaburira abana ku ishuri itunganyijwe neza yagabanya inda zitateguwe mu bana b’abanyeshuri.
Abanyarwanda barabwa gukora ubushakashatsi ku mibereho yabo ya kera kuko uburyo babagaho ngo bugenda bucika kandi bwari bubafitiye akamaro.
Kuri uyu wa 20 Ukwakira 2015, mu Karere ka Gatsibo habaye inama yiga ku buryo bwo kwita ku burezi bw’abana bafite ubumuga.
Nikuze Vestine wigisha ku ishuri ry’Urwunge rw’Amashuri rya Murama mu Murenge wa Musasa mu Akarere ka Rutsiro arasaba gufashwa kwivuza
Ministeri y’Uburezi(MINEDUC) na Banki Itsura Amajyambere(BRD), kuri uyu wa 15 Ukwakira 2015, bumvikanye uko inguzanyo ku bafite buruse ya Kaminuza izatangwa ikanagaruzwa.
Ababyeyi n’abarezi bo mu Kagari ka Mbare mu Murenge wa Shyogwe mu Karere ka Muhanga baravuga ko ishuri rishya rya Rubugurizo rizabafasha kuboneza inkingi eshatu z’uburezi.
Abagize Ihuriro ry’Amashuri Makuru yo muri Afurika (AAU) basanga abayarangizamo bagomba kuba bafite ubumenyi buhagije butuma babona akazi cyangwa bakagahanga.
Ecole Secondaire de Ruhango, ku bufatanye n’igihugu cy’u Budage, tariki 11/10/2015, batashye icumbi ry’abanyeshuri b’abahungu ryuzuye ritwaye Miliyoni 71 z’amafaranga.
Abafite aho bahuriye n’uburezi mu Karere ka Karongi bahuguwe ku nteganyanyigisho nshya izifashishwa kuva umwaka utaha mu mashuri abanza n’ayisumbuye.
Ishuri Elena Guerra ryo mu Karere ka Huye, riributsa ababyeyi ko uburere bw’abana budakwiye guharirwa abarimu, kuko n’uruhare rwabo rukenewe.
Abanyeshuri 28 bigagaga kuri Collège Sainte Marie Reine mu Karere ka Muhanga birukanwe by’agateganyo bazira kwitwara nabi, bashaka gukora imyigaragambyo.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ubumenyingiro muri Minisiteri y’Uburezi, Nsengiyumva Albert, yahumurije abiga muri Lycee de Ruhango ko bagiye gukurikirana ibyabaye.
Abanyeshuri ba Kibogora Polytechnic basabwe guhiga imihigo ishingiye ku iterambere ry’igihugu, ubwo hatangizwaga urugerero rw’amezi atanu muri iri shuri rikuru.
Muri Afurika haracyagaragara ikibazo cy’abarimu bigisha imyuga mu mashuri ariko ugasanga nabo nta bumenyi buhagije bafite.
Inama Nkuru y’Amashuri Makuru na Kaminuza (HEC) yahaye uburenganzira Kaminuza ya Kigali (UoK) bwo gufungura ryayo mu Karere ka Musanze.
Kanyamanza Casssien, umaze imyaka 37 ari umwarimu, asaba abarimu bakiri bato gukunda uburezi n’abana bigisha aho gushaka ubukire bwa vuba.
Mu cyumweru cyahariwe ubumenyingiro n’ikoranabuhanga (TVT Week) mu Rwanda, uyu munsi hasuwe ikigo cy’ubumenyi ngiro cya Tumba College of Technology.
Ishuri ryisumbuye ry’ubuhinzi, ubworozi n’amashyamba rya Kabutare, tariki 5/10 ryatashye amazu ryubakiwe n’umuryango w’Ababirigi ufasha mu myigishirize y’imyuga, PAFP.